• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Impanuro z’Umukuru w’Igihugu Perezida Kagame i Nyagatare

Ubwanditsi 18 Feb 2017 Mu Mahanga

Mu ruzinduko yakoreye muri ako karere ku wa Mbere tariki ya 13 Gashyantare 2017, Umukuru w’Igihugu yagejejweho ibibazo bitandukanye, ariko hari n’abatarabonye amahirwe yo kubimugezaho.

Ibyo bibazo usanga bisaba kubicukumbura, kugera aho byabereye n’ibindi ku buryo byose atari ko yahita abitangira igisubizo.

Ibibazo byibanze ku bantu bavugaga ko barenganyijwe n’inzego z’ibanze, nk’uwavuze ko yatanze isambu ngo yubakwemo inyubako zifitiye abaturage akamaro, ariko ntahabwe ingurane, ndetse n’uwavuze ko yatanze isambu ye muri ubwo buryo akaguranirwa mu gishanga kandi ari aha leta.

Impanuro Umukuru w’Igihugu yahaye Abayobozi bako Karere ka Nyagatare n’Abaturage bo mu Murenge wa Matimba n’uwa Karangazi, yavuze ko hari ibyo Igihugu kiba cyashakishije cyagezeho igisigaye akaba ari uko Abayobozi babigeza ku baturage, ariko anenga ko rimwe na rimwe babinyuza ku ruhande.

Yagize ati “Ntabwo ari byo ntibikwiye, mujye mwumva ko bidakwiye, nta muyobozi ukwiriye kuba abikora cyangwa se abigira ibye, abayobozi nabo bafite ibyabo bibareba nk’Abanyarwanda ariko nta muntu wo kwigwizaho iby’abandi, byose akabigira ibye.”

Yakomeje yibutsa ko abaturage bafite uburenganzira bwo kubaza abayobozi ibyo bemerewe batahawe.

Yagize ati “Mufite uburenganzira bwo kwishyuza umuyobozi utabagejejeho ibyamugezeho byanyu tubagomba kuko birahaba kenshi. Mujye mubibabaza nibatabasubiza mushake inzira yindi natwe yatugeraho tubibabaze ntibisubire.”

Aha Kagame yatunze urutoki ibibazo by’amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza afatwa agashyirwa mu bindi, n’ibindi bibazo byo kudaha abaturage ibyo bagenewe.

Uretse ibyo kuvuga ku bayobozi batageza ku baturage ibibagenerwa, Umukuru w’Igihugu yafashe umwanya wo kuganira n’abaturage ku bikorwa by’iterambere.

Abaturage bagera kuri 80% ba Nyagatare batunzwe n’ubuhinzi n’ubworozi.
Umushinga wo kuhira hegitari 900 mu mirenge ya Matimba, Musheri na Kagitumba umaze gutanga umusaruro ugaragara aho kuri hegitari hasarurwaga toni eshatu ariko ubu zikaba ari zirindwi.

Ku munsi aka karere kagurisha litiro ibihumbi 40 z’amata, zinjiza miliyoni 204 ku kwezi.

Perezida Kagame yabwiye abaturage ko intambwe imaze guterwa ari nziza ariko hakiri byinshi byo gukora, kandi ubushake n’ubufatanye n’inzego za leta bizatuma byose babigeraho, bagasezerera ubukene kuko atari umuturanyi mwiza.

-5739.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-5741.jpg

-5742.jpg

Perezida Kagame yasuye Inzu y’icyicaro cy’umupaka wa Kagitumba woroshya Ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Uganda

Yakomeje yibutsa abaturage kwita ku burezi bw’abana n’ubuzima, abasezeranya ko ibikorwa remezo nk’amavuriro, amazi meza n’amashanyarazi bizabageraho vuba bagasezerera umwijima n’akatadowa.

Umutekano mu byibanze

Yagarutse ku mutekano avuga ko ariwo nkingi y’iterambere kuko iyo udahari ibyakozwe bisenyuka, ibitarakorwa ntibikorwe.

Ati “Umutekano w’Igihugu cyacu twese dukwiye kuwukomeraho, umutekano iyo ubuze biriya byose twavugaga by’amashuri, ibijyanye n’ubuzima, imisaruro iva mu bikorwa bitandukanye, ntabwo bigerwaho.”

Guverinoma yashoye miliyari 4.4 z’amafaranga y’u Rwanda mu mushinga wo kugeza amazi meza ku baturage bangana na 36 000 mu 2017. Uyu wiyongeraho ku wundi wa Banki y’Isi ufite agaciro ka miliyari esheshatu wo gukwirakwiza amazi y’inka.

Mu karere ka Nyagatare Umukuru w’Igihugu yanasuye hoteli y’icyitegererezo y’abikorera, EPIC, biteganyijwe ko izuzura muri Gicurasi uyu mwaka. Iyi hoteli ifite agaciro ka miliyari 16.4 z’amafaranga y’u Rwanda.

Yanasuye uruganda rukora amakaro East African Granite Industries Ltd (EAGI), rumaze imyaka itanu rukora.

Yanasuye inzu y’icyicaro cy’umupaka wa Kagitumba woroshya ubucuruzi hagati y’u Rwanda na Uganda, yatangiye kubakwa mu 2013 ikorerwamo mu Ukuboza 2015.

Nk’uko bisanzwe mu ngendo z’umukuru w’Igihugu asanzwe akora mu kwegera abaturage, yabahaye umwanya bamugezaho bimwe mu bibazo bafite, akajya ahita abiha umurongo byakemukamo.

-5740.jpg

Perezida Kagame asuhuza abaturage

2017-02-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burera: Abagore bane bafashwe binjiza inzoga mu buryo bwa magendu n’izitemewe mu Rwanda

Burera: Abagore bane bafashwe binjiza inzoga mu buryo bwa magendu n’izitemewe mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Jun 2016
Police FC yatsinze AS Kigali

Police FC yatsinze AS Kigali

Ubwanditsi 04 Apr 2016
Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa  kwirengera ingaruka z’inyandiko  zibiba  urwango mu gihe cy’Amatora

Muri Kenya abayobozi b’Imbuga nkoranyambaga baraburirwa kwirengera ingaruka z’inyandiko zibiba urwango mu gihe cy’Amatora

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Igisebo kuri Kiliziya Gatolika yo mu Bubiligi: Ba babikira b’abajenosideri basubiye mu mirimo yabo, ubu baryohewe n’ubuzima nk’aho abo bishe nta gaciro bari bafite

Ubwanditsi 06 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi
INKURU NYAMUKURU

Mu rwego rwo guhunga ubutabera Kayumba Nyamwasa yatahiye umuzulukazi

Ubwanditsi 31 Jan 2018
Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza
ITOHOZA

Abifuza guhungabanya umutekano w’u Rwanda bararota – IGP Munyuza

Ubwanditsi 17 Nov 2018
Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside
ITOHOZA

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ubwanditsi 16 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru