• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Nyuma yo gutsindwa na Mushikiwabo k’Ubuyobozi bwa OIF Michaella Jean yatangiye kwivanga muri politiki y’u Rwanda

Ubwanditsi 09 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Umunya-Canada, Michaëlle Jean, uherutse gutsindwa bikomeye na Louise Mushikiwabo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), yokejwe igitutu ku mbuga nkoranyambaga nyuma yo kwita Diane Rwigara impirimbanyi y’uburenganzira bwo gutanga ibitekerezo n’uko urubanza rwe rukwiye gukurikiranwa byihariye.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano ubwo yashakaga kwiyamamariza kuyobora igihugu, agahurira n’umubyeyi we Mukangemanyi Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda. Mukangemanyi yiharira icyaha cy’ivangura n’amacakubiri.

Bombi kuri uyu wa Gatatu Ubushinjacyaha bwabasabiye gufungwa imyaka 22, igihe urukiko rwaba rubahamije ibyaha baregwa.

Mbere y’uko urubanza rwabo rusomwa, Michaëlle Jean uri mu minsi ye ya nyuma muri OIF dore ko azatanga imfunguzo z’ubunyamabanga muri Mutarama 2019, yanditse kuri Twitter ko urubanza rwabo rukwiye gukurikiranwa mu buryo bw’umwihariko.

Yagize ati “Dukurikirane n’ubushishozi bukomeye urubanza ruregwamo mu Rwanda impirimbanyi y’ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo Diane Rwigara na nyina baherutse gufungurwa by’agateganyo mu Ukwakira, bashinjwa mu Rukiko rw’i Kigali ‘guteza imvururu’.”

Umunya-Canada yahise yamaganwa, yerekwa ko ari kurengera.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane ushinzwe Umuryango wa Afurika y‘Iburasirazuba, Amb. Nduhungirehe Olivier, yahise amusubiza ati “ipfunwe ryo gutsindwa ryatumye uta umutwe.”

Yakomeje agira ati “Umunyamabanga Mukuru mushya yaratowe kandi muri ibi byumweru bike usigaje, nta burenganzira ufite bwo gukoresha umwanya urimo mu guha umurongo Mushikiwabo ugusimbuye n’igihugu cye.”

Si Nduhungirehe gusa wihanije Michaëlle Jean, hisukiranyije ubutumwa bw’abandi bantu batandukanye, bibaza ku magambo ye.

Uwitwa Utumatwishima yagize ati “Ni uku umuntu yirangiza. Waratsinzwe, icyiza ni uko wakwicecekera. U Rwanda na Mushikiwabo barakurenze, nta bushobozi muri politiki ufite bwo kubavugaho.”

Uwitwa Providence Tuyisabe we yabwiye Michaëlle Jean ko yajyaga amufata nk’umunyabwenge ariko ati “urantengushye. Ubu mpise nemeranya n’abanya-Canada bagukuyeho amaboko i Erevan.”

Michaëlle yaterewe icyizere bikomeye mu minsi ye ya nyuma nk’umuyobozi wa OIF, ndetse harabura amasaha make ngo amatora y’Umunyamabanga Mukuru mushya abe, Canada nk’igihugu cye cyari cyaragaragaje ko cyifuza ko yongererwa manda, cyamuvanyeho amaboko, kiyoboka umukandida ushyigikiwe na benshi, Louise Mushikiwabo.

Ni ibintu byariye Michaëlle kuko amaze kubona ko amaherezo asigaye wenyine, mu ijambo yavugiye imbere y’abakuru b’ibihugu i Erevan hatangizwa inama ya OIF, yabazaga niba biteguye gutatira amahame ya OIF kubera ubwumvikane bwa bamwe, asa n’uvuga ko yagambaniwe.

Mu mvugo ye yibajijweho cyane, hari n’aho yabajije abakuru b’ibihugu niba “twiteguye kwemera ko Demokarasi, uburenganzira n’ubwigenge bisigara ari amagambo.”

Gusa mu kiganiro aheruka guha RFI na France 24, Perezida Kagame yavuze ko uburakari bwa Michaelle nta gaciro bufite.

Yavuze ko Michaëlle akwiye kwibuka ko ajya guhabwa uwo mwanya habayeho gucikamo ibice hagati y’ibice bigize uwo muryango, bitandukanye na Mushikiwabo kuko we yatowe ku bwumvikane kandi ibihugu byinshi bikagaragaza ko bimushyigikiye.

Yavuze ko gushinja OIF akagambane ari igitutsi ku bihugu biyigize.

Ati “Kuvuga gutyo ni igitutsi ku buhanga bw’abantu benshi n’ibihugu bigize Francophonie. Ariko ndabyumva yakigize ikibazo cye bwite, bituma arakara, biragaragara mu mbwirwaruhame ye yari arakaye cyane.”

Gusa kuri Perezida Kagame, ngo ntacyo byari bimubwiye kuko imyitwarire nk’iyo yahuye nayo inshuro nyinshi.

2018-11-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishusho nshya y’inkiko mu rwanda muri 2018 : Guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza

Ishusho nshya y’inkiko mu rwanda muri 2018 : Guhamagarira abacamanza gushyira imbere kumvikanisha ababuranyi kurusha kubacira imanza

Ubwanditsi 05 Jun 2018
Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Perezida Kagame yihanganishije abaturage ba Burkina- Faso nyuma y’igitero cy’iterabwoba cyahagabwe

Ubwanditsi 03 Mar 2018
Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Uganda: Ese koko Gen Kale Kayihura yaba yahungiye mu Rwanda cyangwa yatawe muri yombi?

Ubwanditsi 13 Jun 2018
Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ngo “kirya abandi, bajya kukirya kikishaririza

Ubwanditsi 16 Dec 2023

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    November 9, 20189:38 am -

    Nyamara mwitondere amagambo muvuga ,cyane Ambassadeur Olivier; Wagirango si umu ..Diplomate , none se ko Michaelle yatsinzwe kuki nawe yagukoresha amakosa yo gukoresha imvugo imeze nk itarimo uburere??
    Ambassadeur ntabwo aterana amagambo atanya ahubwo arunga .
    Muraza kubibona vuba.

    Subiza
  2. katsibwenene
    November 11, 20189:03 am -

    US REPRESENTATIVE WE KO YAVUZE MUKABA MUTAMUTUTSE???????? MW’IJURU HARI IMANA IRENGANURA IMFUBYI N’ABAPFAKAZI

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umunya- Argentine Marco Trungelliti yegukanye igikombe cy’icyumweru cya kabiri cya Rwanda Challenger atsinze Clément Tabour amaseti 2-0
Amakuru

Umunya- Argentine Marco Trungelliti yegukanye igikombe cy’icyumweru cya kabiri cya Rwanda Challenger atsinze Clément Tabour amaseti 2-0

Ubwanditsi 11 Mar 2024
Uganda: Ukekwaho kugira inkomoko mu Rwanda  yafashwe ashinjwa urupfu rwa ASP Kirumira
ITOHOZA

Uganda: Ukekwaho kugira inkomoko mu Rwanda yafashwe ashinjwa urupfu rwa ASP Kirumira

Ubwanditsi 04 Oct 2018
“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame
INKURU NYAMUKURU

“Nzi ibyo nkora, nzi ibimbereye. Ntabwo nkeneye kubibwirwa n’uwo ari we wese.”-Perezida Kagame

Ubwanditsi 01 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru