• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26   |   31 May 2026

  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo arasaba ubufatanye mu kurwanya ibihungabanya umutekano

Ubwanditsi 31 Aug 2016 Mu Mahanga

Nyuma y’amakuru y’ubuhezanguni amaze iminsi atangazwa , ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’ubuyobozi bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda ndetse n’ubuyobozi bw’ibanze, barimo gukora ubukangurambaga bugenewe abayoboke b’iryo dini bubakangurira kwirinda ingengabitekerezo z’ubuhezanguni , ubutagondwa n’iterabwoba.

Ubukangurambaga bwa vuba ni ubwabaye kuri 29 Kanama, bwahuje abayobozi b’imisigiti 75 yo mu Ntara y’Amajyepfo n’ababungirije, bukaba bwarayobowe n’Umuyobozi w’iyo Ntara, Alphonse , umuyobozi wa Polisi muri iyi Ntara, Assistant Commissioner of Police (ACP) Dismas Rutaganira na Mufti w’u Rwanda, Sheikh Salim Habimana.

Mu ijambo yagejeje kuri ba Imam(abayobozi b’imisigiti), guverineri yavuze ko ahamaze kugaragara ubutagondwa ari hake ariko hagomba kubera isomo abandi ngo bitabire ubufatanye mu kubirwanya.

Munyentwari yagize ati:”Buri Imam akwiye kumenya abayoboke be , aho baba, abo babana ndetse n’imibereho yabo.Igihe cyose mugize amakenga ku muyoboke wanyu, mwihutire kubimenyesha inzego zishinzwe umutekano.”

ACP Rutaganira yavuze birambuye ku butangondwa , avuga ko buri gihe abakora iterabwoba bifashisha ikoranabuhanga ngo boreke imbaga y’inzirakarengane harimo no gucengeza amatwara y’ubutagondwa.

Aha yagize ati:” Uburyo bwiza bwo kubirwanya ni ukwifashisha ikoranabuhanga n’imbuga nkoranyambaga kugirango dushyire ibintu mu buryo kandi twongera amajwi y’abashaka ikiza.”

Yakomeje agira ati:”Guhagarika Jenoside no kongera kubaka igihugu kugeza aho kigeze ubu byatanzweho ikiguzi kinini ku buryo tutakwihanganira utu dutsiko dushaka kudusubiza mu icuraburindi,…ni ngombwa ko dukomezaa kuba maso tugahangana n’iki kibazo biciye mu bukangurambaga, kuko bishobora kuba ikibazo ku mutekano.”

Muri iyo nama, Mufti Habimana yatanze ubutumwa nk’ubwo abamubanjirije batanze aho yagize ati:”Abakunda amahoro bose bazi ko Isilamu ibuza ibihungabanya umutekano n’ibikorwa byose bikomoka ku butagondwa bidafite aho bihuriye n’ibyo idini ryacu yemera.”

Nyuma y’iyi nama, abayobozi muri Isilamu biyemeje gushyiraho ihuriro ,aho buri gihe bazajya baganiriramo na Polisi bahanahana amakuru y’aho bakeka umuntu ufite aho ahuriye n’ibikorwa by’ubutagondwa.

Kuri uriya munsi kandi, ubukangurambaga nka buriya bwabereye mu turere twa Bugesera, Rwamagana , Musanze na Kicukiro , aho abapolisi bahuye n’amatsinda y’Abayisilamu atandukanye ,urubyiruko n’abayobozi maze baganira ku mutekano n’aho uhuriye n’idini yabo.

By’umwihariko, mu karere ka Kicukiro, umuyobozi wako, Dr Jeanne Nyirahabimana n’umuyobozi wa Polisi muri ako karere, Senior Superintendent of Police (SSP) Gerard Habiyambere batanze ubutumwa ku isano iri hagati y’idini , umutekano n’iterambere.

Babagiriye inama yo kuba indashyikirwa mu kurwanya ubutagondwa n’ubuhezanguni ari na byo bibyara iterabwoba.

-3908.jpg

Umuyobozi w’Akarere ka Huye Eugene Muzuka na Alphonse Munyantwali Guverineri w’Intara y’Amajyepfo

2016-08-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Polisi y’u Rwanda yakajije imikwabu mu gihe iminsi mikuru yegereje

Ubwanditsi 14 Dec 2016
U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye

Ubwanditsi 28 Dec 2025
Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Mbere yo gutokora u Rwanda, abategetsi b’Ububiligi bajye babanza bikize umugogo uri mu jisho ryabo!

Ubwanditsi 31 Jul 2021
Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Abashaka kuba ba Mayor mu turere 30 tw’u Rwanda baratangira kubisaba

Ubwanditsi 05 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti
Mu Rwanda

Abapolisi b’u Rwanda 140 berekeje mu butumwa bw’amahoro muri Haiti

Ubwanditsi 25 Aug 2017
Sankara Arahigwa Bukware Na RNC ya Kayumba : impamvu  ngo ni uko yagurishije Stratégie Za RNC Mu Burundi [ Ibihumbi 20 USD ]
INKURU NYAMUKURU

Sankara Arahigwa Bukware Na RNC ya Kayumba : impamvu ngo ni uko yagurishije Stratégie Za RNC Mu Burundi [ Ibihumbi 20 USD ]

Ubwanditsi 30 Aug 2018
RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda
Mu Rwanda

RMC yashyize igorora Abanyarwanda bifuza gutunga Moto zikorerwa mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru