• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

Ubwanditsi 16 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda ziri mu biganiro bigamije gucyura abantu bose bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo baburanishwe.

Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa gatandatu ushize na Ambasaderi w’u Rwanda I Kampala, Maj. Gen. Frank Mugambage, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi cyaberaga muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Kampala muri campus yayo yo mu Karere ka Bushenyi.

Ambasaderi Mugambage yavuze ko kuri ubu guverinoma z’ibihugu byombi ziri kurebera hamwe ukuntu abantu bafite dosiye zibashinja uruhare muri jenoside bari ku butaka bwa Uganda bagarurwa mu Rwanda bakagezwa imbere y’ubutabera.

Yavuze ko benshi mu bagize uruhare muri jenoside bakidegembya hirya no hino ku Isi badashyikirizwa ubutabera ngo bubahane nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Ambasaderi Mugambage ati: “Kurwanya jenoside bisaba ubushake n’imbaraga zihuriweho. Abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 n’abo bafatanyije biyemeje kugoreka ukuri ku bwende ku byabaye mu myaka 24 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, FDLR irakidegembya mu karere Isi irebera.”

Ambasaderi Mugambage yongeyeho ko benshi mu bacitse ubutabera baba mu Burayi nk’impunzi ariko bakwiye kugarurwa mu Rwanda bakabazwa ku mabi bakoze mu gihe cya jenoside.

Yakomeje atangaza ko mu rwego rw’ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi, ibikorwa byinshi nk’ijoro ryo kwibuka n’inyigisho zo mu ruhame bizakomeza muri kaminuza zitandukanye muri Uganda hakazabaho no kurambika indabyo ku rwibutso rwa Kasensero ruherereye mu Karere ka rakai kuwa 21 Mata.

Naho mu kwezi kwa gatandatu (Kamena), hazabaho igikorwa cyo gukusanya inkunga y’amafaranga yo kuvugurura urwibutso rwa jenoside rwa Ggolo mu Karere ka Mpingi.

Perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri Kaminuza Mpuzamahanga ya kampala, campus yo mu burengerazuba, Patrick Tumwiine, yasabye Abanyarwanda aho bari hose ku isi kwemera ko ibyabaye muri jenoside bibareba bakizeza kwishyira hamwe bagaha urugero rwiza urungano ruzaza kubw’ishema ry’u Rwanda.

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Afrika y’epfo habaye umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya cyangwa Osama Bin Laden w’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Feb 2019
Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Abicanyi bari bahitanye Gen Katumba Wamala Imana ikinga akaboko ariko umukobwa we n’umushoferi bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 01 Jun 2021
Ngo “uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe”  FDLR yuririyeho ku mvugo za Cardinal Ambongo na Muzito zihembera urwango

Ngo “uhiriye munzu ntaho adapfunda imitwe”  FDLR yuririyeho ku mvugo za Cardinal Ambongo na Muzito zihembera urwango

Ubwanditsi 14 Jan 2020
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Ubwanditsi 30 Aug 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus
UBUKUNGU

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Ubwanditsi 09 Apr 2020
Nta Himbara, nta shinge nta rugero
Amakuru

Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Ubwanditsi 15 Oct 2017
Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda
Uncategorized

Diamond Platnumz yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru