• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

U Rwanda na Uganda biri kuganira uko abagize uruhare muri jenoside bagarurwa

Ubwanditsi 16 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Uganda ziri mu biganiro bigamije gucyura abantu bose bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ngo baburanishwe.

Ibi bikaba byatangajwe kuri uyu wa gatandatu ushize na Ambasaderi w’u Rwanda I Kampala, Maj. Gen. Frank Mugambage, mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 24 Jenoside yakorewe Abatutsi cyaberaga muri Kaminuza Mpuzamahanga ya Kampala muri campus yayo yo mu Karere ka Bushenyi.

Ambasaderi Mugambage yavuze ko kuri ubu guverinoma z’ibihugu byombi ziri kurebera hamwe ukuntu abantu bafite dosiye zibashinja uruhare muri jenoside bari ku butaka bwa Uganda bagarurwa mu Rwanda bakagezwa imbere y’ubutabera.

Yavuze ko benshi mu bagize uruhare muri jenoside bakidegembya hirya no hino ku Isi badashyikirizwa ubutabera ngo bubahane nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga.

Ambasaderi Mugambage ati: “Kurwanya jenoside bisaba ubushake n’imbaraga zihuriweho. Abakoze Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 n’abo bafatanyije biyemeje kugoreka ukuri ku bwende ku byabaye mu myaka 24 nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, FDLR irakidegembya mu karere Isi irebera.”

Ambasaderi Mugambage yongeyeho ko benshi mu bacitse ubutabera baba mu Burayi nk’impunzi ariko bakwiye kugarurwa mu Rwanda bakabazwa ku mabi bakoze mu gihe cya jenoside.

Yakomeje atangaza ko mu rwego rw’ibikorwa byo kwibuka jenoside yakorewe Abatutsi, ibikorwa byinshi nk’ijoro ryo kwibuka n’inyigisho zo mu ruhame bizakomeza muri kaminuza zitandukanye muri Uganda hakazabaho no kurambika indabyo ku rwibutso rwa Kasensero ruherereye mu Karere ka rakai kuwa 21 Mata.

Naho mu kwezi kwa gatandatu (Kamena), hazabaho igikorwa cyo gukusanya inkunga y’amafaranga yo kuvugurura urwibutso rwa jenoside rwa Ggolo mu Karere ka Mpingi.

Perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri Kaminuza Mpuzamahanga ya kampala, campus yo mu burengerazuba, Patrick Tumwiine, yasabye Abanyarwanda aho bari hose ku isi kwemera ko ibyabaye muri jenoside bibareba bakizeza kwishyira hamwe bagaha urugero rwiza urungano ruzaza kubw’ishema ry’u Rwanda.

2018-04-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubuhamya bw’Umunyarwandakazi wafungiwe umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’uburetwa

Ubwanditsi 10 Jun 2019
Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Perezida Museveni akomeje kwiyerurutsa ku bibazo Uganda ifitanye n’u Rwanda

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Umukino Nkurunziza na Museveni barimo wo kuvanga u Rwanda mu bibazo byabo uzabageza he?

Ubwanditsi 07 Dec 2018
Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Perezida mushya wa Congo-Kinshasa , Felix Tshisekedi arasura u Rwanda mu byumweru bibiri

Ubwanditsi 13 Mar 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi
Mu Mahanga

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano
Amakuru

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Ubwanditsi 01 Nov 2017
Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa
Mu Rwanda

Ibikorwa by’icyumweru cya Polisi 2018: Hatangijwe icyumweru cyahariwe kurwanya ruswa

Ubwanditsi 05 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru