• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Nta Himbara, nta shinge nta rugero

Ubwanditsi 15 Oct 2017 Amakuru

Maze iminsi nsoma ibivugwa kuri Himbara David nkagira ngo si Himbara nzi mbonye ifoto ndamwibuka. Mbega ishyano! Ni aka wa mugani ngo umubiri ubyara udahatse cyangwa ngo akamasa kazamara inka kazivukamo. Nta wakwemera ko uko u Rwanda yarukamye rukamukundira yakwirirwa aruharabika kariya kageni uretse ko mbona abikorana umuvuduko wa giswa ari nawo wakunze kumuranga aho yakoze hose haba mu gihe cy’inzibacyuho ndetse n’icya Guverinoma y’Ubumwe bw’Abanyarwanda.

Nta gitangaje ariko kuko iyo wumvise amajwi y’abiyita abanyepolitiki barwanya Leta y’u Rwanda, usanga ari abo yari yarashyize ku ibere bakaza gukurwamo kubera impamvu zinyuranye ariko akenshi biturutse ku mikorere mibi yabo. Nta wabarondora ngo abarangize ariko mu gihe gito namenye uriya Himbara, nta cyiza nzi cyamuvamo.

Uwamubona atamuzi yagira ngo ni umuntu w’icyitegererezo ariko uko umwegereye ni ko utungurwa n’amafuti ye aka ya mvugo nyandagazi ngo ‘uko inguge irushaho gutumbagira igiti ni ko igaragaza ubusa bwayo.’

Uko namumenye

Mubona bwa mbere hari ahagana muri za 1997 aho yasiragiraga hagati ya Afurika y’Epfo n’u Rwanda, mweretswe n’inshuti ye imbwira ko u Rwanda rugiye kubona umuntu w’umunyabwenge uzafasha Leta kubaka inzego z’abakozi ba Leta. Ku bari mu Rwanda icyo gihe, muribuka ko Leta koko yiyubakaga mu buryo bwose ari nako ishishikariza abantu bafite ubushobozi gutahuka bagafasha abandi kubaka urwababyaye.

Nyuma naje kumenya ko afite abavandimwe bazwi ndetse ko ari mukuru wa (Colonel) Byabagamba Tom warindaga uwari Visi Perezida Paul Kagame akaza no gukomeza kumurinda aho atorewe kuba Perezida wa Repubulika nyuma akaza gufungwa.

Himbara ukimubona ntushobora kumenya niba ari umusore cyangwa umusaza. Yari afite uruti ruto, umutwe we warumoye nta gasatsi cyangwa icyitwa ubwanwa wamubonaho. Ijisho ryari indubaruba kandi yitwa ko nta nzoga cyangwa itabi anywa, yavugaga Icyongereza gusa Ikinyarwanda atagikozwa.

Nakomeje kugira amatsiko yo kumenya amakuru ye nza gusanga ko ngo yaba yarajyanywe akiri muto za Canada avanywe mu nkambi n’abagiraneza. Ubwo ayo makuru hari abayazi neza kundusha ariko ubwo nanamenye aho kumera nk’uwiyoberanya yitwara kinyamahanga byaturutse.

Ibindi ntamenye neza nyuma y’imyitwarire ye idasanzwe ngo ni uko kera yari umurasta wo mu rwego rwo hejuru ndetse ko yanywaga ibiyobyabwenge (ibyo nabyo bijyanye n’ubuzima bwe bwite) uwacukumbura kurushaho yabimenya. Bakavuga ko byose yabivuyeho aho aziye gushaka imyanya mu Rwanda.

Nigeze kuvuga ko yavugaga Icyongereza cyinshi ariko mu kungikanya amagambo ukabura ireme ry’ibyo avuga (turi bubigarukeho). Yari kandi impirimbanyi mu gushaka imirimo ihemba neza dore ko iby’intica ntikize byo muri Leta atabikozwaga.

Yirirwaga azenguruka za Minisiteri zose akavuga ko agiye kuzibonera umurundo w’amafaranga, abemeragato bakamubonamo igitangaza kubera amagambo ye mu nama nyunguranabitekerezo zari urudaca muri icyo gihe. Bucyeye naje kumva ko akora muri UNDP ahembwa agatubutse ari nako ajujubya abo bakoranaga cyane cyane Madame Fafin ngo bajye bamenya ko ari ijisho ry’uwari Visi Perezida Paul Kagame. Yasimbukaga inzego zose akavuga ko raporo ze zijya ibukuru gusa.

Budateye kabiri aba avuye muri UNDP ati ngomba gukorera muri MIFOTRA ngakurikirana neza ivugururwa ry’inzego z’ubutegetsi bwite bwa Leta ari nako bihwihwiswa ko ashobora kuzayobora iyo Minisiteri.

Sinakubwira rero inkeke n’ibikabyo bye ngo nibamuhe ibiro byiza n’ibikoresho bigezweho, akirirwa muri urwo bukamwiriraho ntaho abarizwa haba muri UNDP haba muri MIFOTRA. Yasaga n’ukorera mu kirere ariko imodoka y’akazi yahawe ikamworohereza haba amanywa n’ijoro.

Ngo wirukankana kenshi umugabo ukamumara ubwoba, yaje gusubira muri UNDP, asanga iserire y’ibiro barayihinduye,urufunguzo rwa ya modoka ntiyamenya aho ruburiye aba abuze intama n’ibyuma. Aritotomba biratinda mu gitondo azindukana Land Cruiser ya Tom Byabagamba na Plaque za MOD [igisirikare] aba agonganye n’amategeko ya UN asohokana ibaruwa imuhagarika ku kazi.

Aba agarutse muri MIFOTRA ati mukampa ibiro n’imodoka ariko nkazajya mpembwa na UNDP (ibintu bitumvikana na gato). Bose bakubitwa n’inkuba, nibwo kubera gukomeza gushyashyana yaje guhabwa kuyobora Ikigo cy’i Murambi ya Muhanga cyakoreragamo RIAM.

Inzu zose ati nimushyire hasi. Nta nyigo ,nta ngengo y’imari yateganijwe. Akirirwa muri Prado nshya hagati ya Kigali na Muhanga ageze aho nawe akorwa n’isoni arongera arahambira asubira muri Afurika y’Epfo.

Nyuma ariko ngo abifashijwemo n’inshuti ze,yaje kongera guhatiriza , icyizere kigenda kigaruka aza kuba Umujyanama wihariye (Personal Assistant) wa [Nyakubahwa] Perezida wa Repubulika aza no gushingwa ishami rikomeye PSU (Strategic Planning Unit).

Imikorere ye ageze muri izo nzego sinayikurikiranye ariko igomba kuba itari ihwitse ahari bakamupfa agasoni kuko hari inkuru zacicikanaga zivuga ko ntacyo akora. Rimwe yigeze guhinguka muri Bar Resto Kacyiru acuranga Accordion asa n’uwanyoye ibiyobyabwenge abari aho bose bakubitwa n’inkuba.

Ubundi ngo afata imodoka y’akazi ayisiga ku Kibuga cy’Indege (ababizi impamo bazatubwira) ari nabwo yagiye burundu tuza kumva mu buryo budatunguranye ko ari mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi RNC ariko ko by’umwihariko akorana n’umunyemari Rujugiro.

Yagiye anashingwa indi mirimo inyuranye harimo no kuba Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ya IPAR Rwanda ariko nta kintu namba yayimariye uretse gutera hejuru abakozi n’abagize Inama y’Ubutegetsi, kujya mu ngendo zo hanze z’urudaca ari nako yitwaje akayabo k’amadolari yafatwaga nk’amafaranga ya Perezida w’Inama y’Ubutegetsi ugiye mu butumwa bwo hanze.

-8293.jpg

David Himbara

Biriya mwumvise ngo anenga Leta y’u Rwanda ko iteza imbere abagore ntibagire icyo bayimarira ni amaco y’inda. Abakoze muri MIGEPROF icyo gihe baribuka neza ko yirirwaga azenguraka mu biro avuga ko guteza imbere abagore ari politiki nziza, kubera kugira akarimi keza bakamuhemba neza nk’impuguke (expert consultant) none ibishimwa n’isi yose yifashe ku gahanga abihinduye ubusa.

Biriya byo kwirirwa asabiriza amadolari yo gutagaguza, kwirirwa mu ndege, mu mahoteli ahenze nibyo yiberamo. Kuvuga Icyongereza kidafite umutwe n’ikibuno, gukoresha inyandiko avoma muri Google niwo mukino abeshyeshya abaswa. Niriya nama yagiye guharabikamo u Rwanda mwabonye ko yabuze icyo anenga gifatika haba kuri Leta y’u Rwanda haba k’utarahwemye kumukamira ariwe Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Kubera kuvuga amagambo adafatika no gusubira mu byo abandi bavuze (ngaho ingingo z’Itegeko Nshinga, ngaho ibyavuzwe na Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda ku matora ya Perezida wa Repubulika,…) aho kurasa ku ntego, iminota yaramushiranye bakomeza kumwoherereza udupapuro tumuhagarika agasa n’utatubonye, bamucira amarenga ngo ahagarare akabyirengagiza. Yarinze arangiza asa n’udashoje.Uretse ahari kumutinyira akayabo k’amadolari yatanze kugira ngo atumirwe ntawakwibeshya avuga ko ibisubizo bye byagawe ku mugaragaro kuko abo yabwiraga bamuhaga ingero zifatika zivuguruza ibyo yavugaga.

Nguwo David Himbara. Abamutuma ntacyo azabagezaho. Icyakora amagambo yo azayasuka yirirwe mu ngendo, mu mahoteli, mu minsi mikuru, mu misangiro, mu bitaramo.

Akabaye icwende ntikoga. Nta Himbara, nta shinge nta rugero!

Ngabo Steve, Umusomyi

2017-10-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

Urubanza rwa Sosthène Munyemana rukomeje mu bujurire mu Bufaransa

RUSHYASHYA 15 Oct 2025
Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2025
Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Amafoto – Ikipe ya Gisagara VC mu bagabo ndetse na Rwanda Revenu Authority mu bagore begukanye igikombe cy’irushanwa rya Taxpayers Appreciation 2021

Ubwanditsi 29 Nov 2021
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Ubwanditsi 14 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Arusha: urubanza Lt Gen Kayumba yarezemo u Rwanda rwahinduwe impfabusa kubera kurenza igihe
ITOHOZA

Arusha: urubanza Lt Gen Kayumba yarezemo u Rwanda rwahinduwe impfabusa kubera kurenza igihe

Ubwanditsi 28 Mar 2017
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturage umutekano mu bihe byo kwibuka

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro
IMIKINO

Impamvu abagabo bakunda gusinzira nyuma yo gutera akabariro

Ubwanditsi 07 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru