• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu gitondo cyo ku wa gatandatu tariki ya 22 werurwe 2025 abanyarwanda bakangukiye ku nkuru y’inshamugongo y’urupfu rw’umunyamakuru w’inararibonye n’umunyabigwi Jean Lambert Gatare, wapfiriye mu Buhinde aho yari amaze ibyumweru bibiri yivuza. Mu bitangazamakuru, ku mbuga nkoranyambaga, ku materefone n’ubundi buryo bw’itumanaho, abantu barahamagarana, kandi bahanahana amakuru, bihanganishanya, bakomezanya, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

Nyuma y’iyi nkuru y’akababaro, umunyamakuru wa Radio Rwanda, wakoranye na we akaba n’inshuti ye magara, Bwana Rutagarama Marcel yagiye ku rubuga rwa X agira ati “Urupfu ni cyo cyonyine kiduhemukira tukabura aho twanatanga ubujurire. Nta musimbura mfite kuri wowe.”

Jean Lambert Gatare yari icyamamare kuko yamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru yari amazemo imyaka isaga 25. Nyuma yo gukorera ibigo bitandukanye bya Leta mu ishami ry’itumanaho, yinjiye mu mu mwuga w’itangazamakuru. Yakoze mu itangazamakuru ryandika, irya Radio na Televiziyo, ndetse agakunda gutanga ibitekerezo no ku mbuga nkoranyambaga.

Asigiye umurange ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare wakunze guhina izina rye mu nyuguti eshatu JLG atabarutse akiri muto ku myaka 56. Nyamara ariko igihe cye yagikoresheje neza aho yanyuze kuri BBC Gahuzamiryango, Radio Rwanda, Isango Star na Rushyashya yari abereye Umwanditsi Mukuru.

JLG ibinyanye n’itumanaho byose yabinyuzemo kandi abikora neza kinyamwuga. Abakoranye na we bamuziho gukunda umurimo, kugira umurava no kugira ubushobozi bwo gukora ibintu byinshi igihe kimwe kandi akabikora neza kugera ku musozo.

Mu buhamya bw’abo bakoranye kuri Radio Rwanda, bavuga ko yakoze mu ishami ry’amakuru mu Kinyarwanda aho yavugaga amakuru kandi akajya no gutara amakuru mu nama n’ahandi hanze ya studio. Icyo gihe kandi yakoraga mu ishami ry’ibiganiro aho yakoraga ikiganiro “abatwandikiye”, “urubuga rw’imikino”, no gusemura imbwirwaruhame z’abayobozi ziri mu ndimi z’amahanga harimo n’iya Perezida wa Repubulika.

JLG yahagarariye ORINFOR (ubu yabaye RBA) i Arusha muri Tanzaniya ku rukiko mpanabyaha rwa Loni rwari rwarashyiriweho u Rwanda kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Iyo mirimo yose, JLG yayibangikanyaga no gukora amatangazo yo kwamamaza ibikorwa by’ibigo bya Leta, iby’abikorera n’imiryango itari iya Leta yaba iyo mu Rwanda na Mpuzamahanga.

Atabarutse yari mu bayobozi bakuru ba Isango Star, ariko umwanya w’ubuyobozi yakomeje kuwufatanya n’akazi k’ubunyamakuru nko kuyobora ibiganiro bya Politiki n’iby’imikino, gutegura no kuvuga amakuru, kwandika inkuru mu binyamakuru, hamwe no kwamamaza mu ijwi n’inganzo yihariye yakunzwe na benshi.

JLG mu nganzo ye yari n’umwisi

JLG yari umunyampano akaba n’umunyendimi. Hari amagambo mashya yahanze cyane cyane muri ruhago nyarwanda kandi yafashe. Amawe muri yo ni aho yise abakinnyi bakomoka i Rubvu ababreziliye (Bresilien) rirahama, igikurankota Bokota (wakiniye APR FC, Rayon Sports n’Amavubi). Hari n’abakinnyi yahimbye amazina arafata nka Haruna Fabregas, Pekeyake Pekinho, Fabrice Twizerimana Ndikukazi, Ndayishimiye Jean Luc Bakame n’abandi benshi.

Mu kiganiro “Abatwandikiye” kuri Radio Rwanda yakundaga kwita abamukurikiye “abanywanyi” akabasuhuza atyo akanabasezera atyo. Iryo zina ryaje gufata, birangira na we rimugarukiye ku buryo besnhi mu nshuti ze bamwitaga umunywanyi; bakamusuhuza bakagira bati “uraho neza munywanyi.”

Mu buzima busanzwe, JLG yaranzwe n’ubupfura, ubunyangamugayo, urukundo no kubanira neza abandi. Yari umuntaramyi, umunyamashyengo, akazira umwaga. Yakundaga abantu na bo bakamukunda, aho yabaga ari nta rungu.

Jean Lambert Gatare, wowe wushije ikivi cyawe, ukaba utabarutse utanduranyije, ruhukira mu mahoro. Twihanganishije kandi dukomeje umuryango wawe, inshuti n’abo mwasangiye umwuga ngo bakomere muri iki gihe cy’akababaro dutewe n’icyuho usize.

Tuzagukumbura.

Anastase Rwabuneza 

2025-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Malawi: Mu masaha abarirwa ku ntoki urubanza rwa Murekezi ruratangira gusubirishwamo

Ubwanditsi 09 Apr 2017
Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Hagati yikipe ya Gicumbi FC, Heroes FC, Amagaju FC na Etoile de l’Est harara hamenyekanye amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 12 Oct 2021
Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Kuva muri RDR kugeza muri DALFA-Umurinzi: Impamvu Ingabire Victoire atigeze ahinduka

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Umudepite w’umufaransa ukomoka mu Rwanda yatewe ubwoba ko azicwa

Umudepite w’umufaransa ukomoka mu Rwanda yatewe ubwoba ko azicwa

Ubwanditsi 12 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intandaro  y’ibibazo n’intambara y’urudaca biri muri RNC
ITOHOZA

Intandaro y’ibibazo n’intambara y’urudaca biri muri RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”
ITOHOZA

Umumarayika yagendereye umuyisilamu amwigisha ko Yesu ariwe gitambo cy’ukuri kuruta icya “Aid el adha”

Ubwanditsi 04 Oct 2017
Musenyeri Smaragde yavuye ku izima
Mu Mahanga

Musenyeri Smaragde yavuye ku izima

Ubwanditsi 11 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru