• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu gitondo cyo ku wa gatandatu tariki ya 22 werurwe 2025 abanyarwanda bakangukiye ku nkuru y’inshamugongo y’urupfu rw’umunyamakuru w’inararibonye n’umunyabigwi Jean Lambert Gatare, wapfiriye mu Buhinde aho yari amaze ibyumweru bibiri yivuza. Mu bitangazamakuru, ku mbuga nkoranyambaga, ku materefone n’ubundi buryo bw’itumanaho, abantu barahamagarana, kandi bahanahana amakuru, bihanganishanya, bakomezanya, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

Nyuma y’iyi nkuru y’akababaro, umunyamakuru wa Radio Rwanda, wakoranye na we akaba n’inshuti ye magara, Bwana Rutagarama Marcel yagiye ku rubuga rwa X agira ati “Urupfu ni cyo cyonyine kiduhemukira tukabura aho twanatanga ubujurire. Nta musimbura mfite kuri wowe.”

Jean Lambert Gatare yari icyamamare kuko yamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru yari amazemo imyaka isaga 25. Nyuma yo gukorera ibigo bitandukanye bya Leta mu ishami ry’itumanaho, yinjiye mu mu mwuga w’itangazamakuru. Yakoze mu itangazamakuru ryandika, irya Radio na Televiziyo, ndetse agakunda gutanga ibitekerezo no ku mbuga nkoranyambaga.

Asigiye umurange ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare wakunze guhina izina rye mu nyuguti eshatu JLG atabarutse akiri muto ku myaka 56. Nyamara ariko igihe cye yagikoresheje neza aho yanyuze kuri BBC Gahuzamiryango, Radio Rwanda, Isango Star na Rushyashya yari abereye Umwanditsi Mukuru.

JLG ibinyanye n’itumanaho byose yabinyuzemo kandi abikora neza kinyamwuga. Abakoranye na we bamuziho gukunda umurimo, kugira umurava no kugira ubushobozi bwo gukora ibintu byinshi igihe kimwe kandi akabikora neza kugera ku musozo.

Mu buhamya bw’abo bakoranye kuri Radio Rwanda, bavuga ko yakoze mu ishami ry’amakuru mu Kinyarwanda aho yavugaga amakuru kandi akajya no gutara amakuru mu nama n’ahandi hanze ya studio. Icyo gihe kandi yakoraga mu ishami ry’ibiganiro aho yakoraga ikiganiro “abatwandikiye”, “urubuga rw’imikino”, no gusemura imbwirwaruhame z’abayobozi ziri mu ndimi z’amahanga harimo n’iya Perezida wa Repubulika.

JLG yahagarariye ORINFOR (ubu yabaye RBA) i Arusha muri Tanzaniya ku rukiko mpanabyaha rwa Loni rwari rwarashyiriweho u Rwanda kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Iyo mirimo yose, JLG yayibangikanyaga no gukora amatangazo yo kwamamaza ibikorwa by’ibigo bya Leta, iby’abikorera n’imiryango itari iya Leta yaba iyo mu Rwanda na Mpuzamahanga.

Atabarutse yari mu bayobozi bakuru ba Isango Star, ariko umwanya w’ubuyobozi yakomeje kuwufatanya n’akazi k’ubunyamakuru nko kuyobora ibiganiro bya Politiki n’iby’imikino, gutegura no kuvuga amakuru, kwandika inkuru mu binyamakuru, hamwe no kwamamaza mu ijwi n’inganzo yihariye yakunzwe na benshi.

JLG mu nganzo ye yari n’umwisi

JLG yari umunyampano akaba n’umunyendimi. Hari amagambo mashya yahanze cyane cyane muri ruhago nyarwanda kandi yafashe. Amawe muri yo ni aho yise abakinnyi bakomoka i Rubvu ababreziliye (Bresilien) rirahama, igikurankota Bokota (wakiniye APR FC, Rayon Sports n’Amavubi). Hari n’abakinnyi yahimbye amazina arafata nka Haruna Fabregas, Pekeyake Pekinho, Fabrice Twizerimana Ndikukazi, Ndayishimiye Jean Luc Bakame n’abandi benshi.

Mu kiganiro “Abatwandikiye” kuri Radio Rwanda yakundaga kwita abamukurikiye “abanywanyi” akabasuhuza atyo akanabasezera atyo. Iryo zina ryaje gufata, birangira na we rimugarukiye ku buryo besnhi mu nshuti ze bamwitaga umunywanyi; bakamusuhuza bakagira bati “uraho neza munywanyi.”

Mu buzima busanzwe, JLG yaranzwe n’ubupfura, ubunyangamugayo, urukundo no kubanira neza abandi. Yari umuntaramyi, umunyamashyengo, akazira umwaga. Yakundaga abantu na bo bakamukunda, aho yabaga ari nta rungu.

Jean Lambert Gatare, wowe wushije ikivi cyawe, ukaba utabarutse utanduranyije, ruhukira mu mahoro. Twihanganishije kandi dukomeje umuryango wawe, inshuti n’abo mwasangiye umwuga ngo bakomere muri iki gihe cy’akababaro dutewe n’icyuho usize.

Tuzagukumbura.

Anastase Rwabuneza 

2025-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

PL yasabye abagihembera ingengabitekerezo mu mahanga gutaha mu rwababyaye

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Walk to Remember

Madamu Jeannette Kagame yitabiriye Walk to Remember

Ubwanditsi 08 Apr 2018
“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

“Clarisse Kayisire wiyise Ariane Mukundente, aho gufasha abe kwivana mu bukene n’ibindi bibazo batewe na Jenoside, atanga akayabo mu gushyigikira abajenosideri.” – Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 06 Jun 2021
Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba  ya Leta bakabitwikamo amakara
Mu Mahanga

Nyaruguru: Abantu icumi bafungiwe gutema ibiti mu mashyamba ya Leta bakabitwikamo amakara

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021
Amakuru

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu bagabo mu Rwanda 2021/2022 yegejwe ho inyuma ibyumweru bibiri, izatangirira rimwe n’iyo mu cyiciro cya kabiri tariki 30 Ukwakira 2021

Ubwanditsi 28 Sep 2021
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Ubwanditsi 23 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru