• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Ubwanditsi 25 Mar 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Mu gitondo cyo ku wa gatandatu tariki ya 22 werurwe 2025 abanyarwanda bakangukiye ku nkuru y’inshamugongo y’urupfu rw’umunyamakuru w’inararibonye n’umunyabigwi Jean Lambert Gatare, wapfiriye mu Buhinde aho yari amaze ibyumweru bibiri yivuza. Mu bitangazamakuru, ku mbuga nkoranyambaga, ku materefone n’ubundi buryo bw’itumanaho, abantu barahamagarana, kandi bahanahana amakuru, bihanganishanya, bakomezanya, bamwifuriza kuruhukira mu mahoro.

Nyuma y’iyi nkuru y’akababaro, umunyamakuru wa Radio Rwanda, wakoranye na we akaba n’inshuti ye magara, Bwana Rutagarama Marcel yagiye ku rubuga rwa X agira ati “Urupfu ni cyo cyonyine kiduhemukira tukabura aho twanatanga ubujurire. Nta musimbura mfite kuri wowe.”

Jean Lambert Gatare yari icyamamare kuko yamenyekanye mu mwuga w’itangazamakuru yari amazemo imyaka isaga 25. Nyuma yo gukorera ibigo bitandukanye bya Leta mu ishami ry’itumanaho, yinjiye mu mu mwuga w’itangazamakuru. Yakoze mu itangazamakuru ryandika, irya Radio na Televiziyo, ndetse agakunda gutanga ibitekerezo no ku mbuga nkoranyambaga.

Asigiye umurange ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare wakunze guhina izina rye mu nyuguti eshatu JLG atabarutse akiri muto ku myaka 56. Nyamara ariko igihe cye yagikoresheje neza aho yanyuze kuri BBC Gahuzamiryango, Radio Rwanda, Isango Star na Rushyashya yari abereye Umwanditsi Mukuru.

JLG ibinyanye n’itumanaho byose yabinyuzemo kandi abikora neza kinyamwuga. Abakoranye na we bamuziho gukunda umurimo, kugira umurava no kugira ubushobozi bwo gukora ibintu byinshi igihe kimwe kandi akabikora neza kugera ku musozo.

Mu buhamya bw’abo bakoranye kuri Radio Rwanda, bavuga ko yakoze mu ishami ry’amakuru mu Kinyarwanda aho yavugaga amakuru kandi akajya no gutara amakuru mu nama n’ahandi hanze ya studio. Icyo gihe kandi yakoraga mu ishami ry’ibiganiro aho yakoraga ikiganiro “abatwandikiye”, “urubuga rw’imikino”, no gusemura imbwirwaruhame z’abayobozi ziri mu ndimi z’amahanga harimo n’iya Perezida wa Repubulika.

JLG yahagarariye ORINFOR (ubu yabaye RBA) i Arusha muri Tanzaniya ku rukiko mpanabyaha rwa Loni rwari rwarashyiriweho u Rwanda kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994. Iyo mirimo yose, JLG yayibangikanyaga no gukora amatangazo yo kwamamaza ibikorwa by’ibigo bya Leta, iby’abikorera n’imiryango itari iya Leta yaba iyo mu Rwanda na Mpuzamahanga.

Atabarutse yari mu bayobozi bakuru ba Isango Star, ariko umwanya w’ubuyobozi yakomeje kuwufatanya n’akazi k’ubunyamakuru nko kuyobora ibiganiro bya Politiki n’iby’imikino, gutegura no kuvuga amakuru, kwandika inkuru mu binyamakuru, hamwe no kwamamaza mu ijwi n’inganzo yihariye yakunzwe na benshi.

JLG mu nganzo ye yari n’umwisi

JLG yari umunyampano akaba n’umunyendimi. Hari amagambo mashya yahanze cyane cyane muri ruhago nyarwanda kandi yafashe. Amawe muri yo ni aho yise abakinnyi bakomoka i Rubvu ababreziliye (Bresilien) rirahama, igikurankota Bokota (wakiniye APR FC, Rayon Sports n’Amavubi). Hari n’abakinnyi yahimbye amazina arafata nka Haruna Fabregas, Pekeyake Pekinho, Fabrice Twizerimana Ndikukazi, Ndayishimiye Jean Luc Bakame n’abandi benshi.

Mu kiganiro “Abatwandikiye” kuri Radio Rwanda yakundaga kwita abamukurikiye “abanywanyi” akabasuhuza atyo akanabasezera atyo. Iryo zina ryaje gufata, birangira na we rimugarukiye ku buryo besnhi mu nshuti ze bamwitaga umunywanyi; bakamusuhuza bakagira bati “uraho neza munywanyi.”

Mu buzima busanzwe, JLG yaranzwe n’ubupfura, ubunyangamugayo, urukundo no kubanira neza abandi. Yari umuntaramyi, umunyamashyengo, akazira umwaga. Yakundaga abantu na bo bakamukunda, aho yabaga ari nta rungu.

Jean Lambert Gatare, wowe wushije ikivi cyawe, ukaba utabarutse utanduranyije, ruhukira mu mahoro. Twihanganishije kandi dukomeje umuryango wawe, inshuti n’abo mwasangiye umwuga ngo bakomere muri iki gihe cy’akababaro dutewe n’icyuho usize.

Tuzagukumbura.

Anastase Rwabuneza 

2025-03-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Gusohorwa mu nzu kw’abakinnyi, kubura aho kwitoreza bimwe mu bibazo byugarije Kiyovu SC yaraye itsinze ikipe ya Marines FC 2-1

Ubwanditsi 15 Oct 2023
Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Tanzania yihanganishije u Rwanda nyuma y’aho Abanyarwanda 3 bahiriye mu modoka

Ubwanditsi 02 Jul 2016
Mukura VS yatsinze Rayon Sports 2-1, ikuraho agahigo ko kudatsindwa mu gice kibanza cya shampiyona

Mukura VS yatsinze Rayon Sports 2-1, ikuraho agahigo ko kudatsindwa mu gice kibanza cya shampiyona

Ubwanditsi 11 Jan 2025
Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Ubwanditsi 26 Jan 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye
Mu Mahanga

Burundi: Ibyavuye mu matora ya referandumu birara bimenyekanye

Ubwanditsi 21 May 2018
Abapolisi  bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa
Mu Mahanga

Abapolisi bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro batangiye amahugurwa

Ubwanditsi 07 Jun 2016
I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye  mu muhango wo guherekeza muka Rusagara
ITOHOZA

I LONDON : Winnie Byanyima umufasha wa Dr. Kizza Besigye mu muhango wo guherekeza muka Rusagara

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru