• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubujurire bwa Diane Rwigara bwasubitswe, umubyeyi we ntiyitabye kubera uburwayi

Ubwanditsi 07 Nov 2017 Amakuru

Urukiko Rukuru rwasubitse iburanisha ku bujurire bwa Diane Rwigara na nyina, Mukangemanyi Adeline utagaragaye mu cyumba cy’ibunirasha kubera impamvu z’uburwayi ; nyuma y’uko abaregwa basabye ko batari biteguye kuburana.

Diane Rwigara na nyina Mukangemanyi Adeline Rwigara, bajuririye umwanzuro wo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 baheruka guhabwa n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge.

Iburanisha mu bujurire ryo kuri uyu wa kabiri, ubushinjacyaha bwari buhagarariwe na Nkusi Faustin, usanzwe ari Umuvugizi wabwo. Me Buhuru Pierre Celestin wunganiraga Diane Rwigara mu ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ntiyagaragaye mu rukiko, ahubwo Diane yunganirwaga na Me Gatera Gashabana wari umwavoka wa nyina Mukangemanyi mu ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.

Ubwo iburanisha ryatangiraga, Mushimiyimana Rwigara Diane, yabwiye urukiko ko umwavoka we yagize urundi rubanza ndetse atari yamenye ko agomba kwitaba urukiko uyu munsi.

Ngo yahawe urutonde rw’amazina y’abantu baraburana uyu munsi atamenyeshejwe ko aza kuburana, bigahurirana n’uko Me Buhuru umwunganira atabonetse kuko afite izindi manza.

Yahise asaba ko ashyikirizwa ‘assignation’, ndetse agahabwa undi munsi wo kuburana. Ikindi kandi ngo ejo [Ku wa Mbere] nibwo yabonanye n’umwunganizi we, bumvikana ko basaba undi munsi wo kuburana.

Me Gatera Gashabana wagaragaye mu rukiko uwo yunganira Mukangemanyi adahari, yavuze ko uwo umukiliya we atabashije kugera mu rukiko kubera uburwayi, asaba ko bahabwa undi munsi kandi icyo gihe bakazahamagarwa mu rukiko hakurikijwe ibiteganywa n’itegeko.

Ubushinjacyaha buhagarariwe na Mukunzi Faustin na Nkusi Faustin bwavuze ko kuba Me Buhuru yarabonye ko araburana uyu munsi ariko ntiyitabe ngo afite urundi rubanza, bibaza impamvu atanandikiye urukiko ngo arusobanurire urwo rubanza urwo arirwo, atari ukubivuga gutyo gusa.

Kuri Mukangemanyi utitabye ariko akandikira urukiko ko arwaye, we ngo yakoroherezwa agahabwa undi munsi, nubwo ubutaha byaba byiza ku ibaruwa bagiye bashyiraho icyemezo cya muganga.

Mu ibaruwa ye, Mukangemanyi yavuze ko Me Gashabana yamuburanira adahari, ariko Umushinjacyaha Nkusi avuga ko amategeko atabimwemerera kuko atamuburanira ahubwo amwunganira.

Diane Rwigara yasabye urukiko ko yahabwa undi munsi wo kuburana kuko ataburana umwavoka we adahari. Naho Me Gashabana yashimangiye ko hakwiye kubahirizwa ibiteganywa mu ihamagarwa mu rukiko kuko “assignation”, ari inyandiko ishyikirizwa uregwa amenyeshwa igihe azaburanira, aho guhabwa urutonde rw’abaraburana umunsi wose.

Ubushinjacyaha bwavuze ko mu gihe cy’ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo, kumenyeshwa ko umuntu azajya kuburana nk’uko Me Gashabana abivuga, ngo ari igihe urukiko ruba rwararegewe mu mizi, ariko muri uru rwego itegeko rigena ko Ubushinjacyaha bugeza uregwa ku rukiko, ku buryo kubamenyesha ko baburana byari bihagije.

Nyuma y’izo mpaka ku mpande zombie, urukiko rwafashe iminota 10 yo gufata umwanzuro kuri icyo kibazo, nyuma rwanzura ko kuba Mukangemanyi yandikiye urukiko ko arwaye, bitaba ikimenyetso ko aribyo kuko byakwemezwa n’ icyemezo cy’umuganga ubifitiye ubushobozi.

Gusa ngo kuba ubushinjacyaha bwemeza ko rwasubikwa ariko bigomba kugenda. Ikindi kandi urukiko rwavuze ko icyaha akurikiranyweho kitatuma aburanirwa n’umwavoka.

Kuri Diane Rwigara, nawe urukiko rwavuze ko kuba Me Buhuru atabonetse kubera ko afite izindi manza bitashingirwaho, ariko mu nyungu z’ubutabera no kugira ngo uburana yunganirwe, urubanza rwasubikwa.

Iburanisha ryimuriwe ku wa 16 Ugushyingo saa tatu mu Rukiko Rukuru ku Kimihurura.

Diane Rwigara ashinjwa gukora no gukoresha inyandiko mpimbano, agahurira n’umuvandimwe we Anne Rwigara n’umubyeyi wabo Adeline ku cyaha cyo kugambirira guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda ; Adeline we akiharira icyaha akekwaho cy’ivangura no gukurura amacakubiri.

2017-11-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Politiki mbiligi isanzwe iciriritse, ariko noneho Abakongomani bari mu Nteko y’Ububiligi barayirunduye!

Ubwanditsi 24 Nov 2024
Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Uburwayi bwo mu mutwe buravurwa bugakira, na Himbara David yemeye kunywa imiti yakira

Ubwanditsi 10 Oct 2022
Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Mu mpera ziki cyumweru abakekwaho Jenoside babiri bashyikirijwe ubutabera mu Rwanda no mu Bufaransa

Ubwanditsi 17 Apr 2021
Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ibuka yanenze ibihano bihabwa abagaragaza ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 17 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Donald Trump yiyeguriye Imana
POLITIKI

Donald Trump yiyeguriye Imana

Ubwanditsi 28 Jun 2016
Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe
Mu Rwanda

Urwandiko: Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame – intore izirusha Intambwe

Ubwanditsi 24 Jul 2017
Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira
Mu Rwanda

Kinshasa : Nubwo ibiganiro byatangiye bamwe mu abanyepoliti baracyatsimbaraye kutabyitabira

Ubwanditsi 02 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru