• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Ubwanditsi 28 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu minsi mike itambutse, ku mbuga nkoranyambaga hatambutse amagambo yuzuyemo urwango ya nyina wa Perezida Tshisekedi, ariwe Marthe Kasalu Jibikila, unavuga rikijya mu butegetsi bw’umuhungu we.

Uwo mukecuru w’imyaka 88 ubundi wagombye gutanga ubutumwa buhuza Abakongomani bose, cyane cyane muri ibi bihe by’intambara barimo, yareruye ashinja Abakongomani bavuga igiswayire, biganje cyane cyane mu burasirazuba bwa Kongo, kuba ari ” abagambanyi bashaka ko ako gace kiyomora kuri Kongo”.

Nko kwereka nyina ko nawe yanga urunuka abaturage bo mu burasirazuba bwa Kongo, Tshisekedi yatumye abiyahuzi be, maze ejo tariki 27 Gashyantare 2025, bajugunya ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Bukavu, ahitwa “Place du 24″, hari hateraniye imbaga y’abantu babarirwa mu bihumbi icumi(10.000) bari bitabiriye inama y’ubuyobozi bwa AFC/M23, umutwe uherutse kwigarurira uwo murwa mukuru wa Kivu y’Amajyepfo.

Imibare itangwa n’inzego z’ubutabazi ivuga ko abantu 13 bahise bitaba Imana, abasaga 75 barakomereka, harimo n’abarembye cyane.

Amakuru yizewe avuga ko uretse kwica abaturage benshi bashoboka, bazira ko bagaragaje ko bishimiye ubutegetsi bushya bwa AFC/M23, ubwo bugizi bwa nabi bwari bunagamije kwica abayobozi b’uwo mutwe, Corneille Nangaa na Bertrand Bisiimwa, ari nabo bari bayoboye iyo nama, ndetse n’abasirikari bakuru barimo Col Willy Ngoma, uzwi cyane mu barwanyi ba M23.

Hari amakuru atugeraho kandi ko mu bateye ibyo bisasu hari ababa bafashwe, barimo n’umugore, hakaba hitezwe ko bazasobanira neza uwari wabatumye n’indi migambi mibisha iteganyijwe mu bihe biri imbere.

Aya mahano akimara kuba Leta ya Kongo yihutiye gusohora itangazo” ryihanganisha” abagize ibyago, ariko ku mbuga nkoranyambaga huzuyeho ubutumwa bushinja iyo Leta” amarira y’ingona” kuko bidashidikanywa ko ari yo iri inyuma y’ubwo bwicanyi.

Igihugu cy’u Burundi nacyo kiratungwa agatoki muri icyo gikorwa cy’iterabwoba, kugitegura bikaba byabab byarabereye i Bujumbura, mu ruzinduko Ministiri Jean-Pierre Bemba wa Kongo yahagiriye mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Twibutse kandi ko mbere y’uko Bykavu n’ikibuga cy’ingege cya Kavumu bifatwa, byari birinzwe n’abasirikari b’uBurundi. Kuba barayambuwe batanarwanye rero bikaba byarabateye ipfunwe rikabije.

Ubu bugome kandi ngo bwaba bugamije gutera ubwoba abatuye mu mujyi wa Uvira, ngo batazayoboka bwangu AFC/ M23 nk’uko byahenze i Goma na Bukavu, dore ko iyo Uvira iri mu marembo ya Bujumbura, nayo idasigaje iminsi myinshi ngo abasore ba Gen Makenga babe bayitashyemo.

Uko iminsi ishira niko abaturage bagenda barambirwa intambara, ari nako bitandukanya n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, doreko abari mu turere tugenzurwa na AFC/ M23 bafite umutekano batigeze bagira hagitegekwa na Leta.

Magingo aya amajwi saba Tshisekedi gishyikirana na AFC /M23 ararushaho kuba menshi. Uretse abasenyeri gatolika bahagurukiye kumvisha Tshisekedi ko nta yandi mahitamo afite, n’abanyapolitiki bakomeye nka Vital Kamerhe utegeka inteko ishinga amategeko barasanga inzira y’ibiganiro ari wo muti rukumbi w’iyi ntambara.

Kuba Vital Kamerhe ukomoka muri Kivu y’Amajyepfo nawe ashyigikiye ko Leta ishyikirana n’abo Kinshasa yita” umutwe w’iterabwoba”, byongereye urwango Tshisekedi na nyina basanzwe bafitiye abava mu burasirazuba, bikaba bidatunguranye rero kuba Leta yatangiye kubateramo ibisasu. Vital Kamerhe we ari no mu bibazo byihariye, kuko abadepite biganjemo abashyigikiye ishyaka UDPS rya PerezidaTshisekedi, bahagurukiye kumukuraho icyizere, no kumwirukana ku mwanya wa Perezida w’inteko ishinga amategeko.

2025-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Ubwanditsi 09 Jun 2021
Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Imikino yo kwishyura y’intoki mu irushanwa rya BK Basketball League mu gice cyo kwishyura mu bagabo irakomeza mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 17 Sep 2021
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019
Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Sergeant Robert yasanze Tindifa muri Uganda Daily monitor yabyutse imukuramo Amangambure Abana yarabataye yijyanira n’Umugore

Ubwanditsi 25 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza
Amakuru

Umuryango wa Rusesabagina n’abandi ba rusisibiranya mu kurya imitsi abantu ngo barashaka amafaranga yo kumufunguza

Ubwanditsi 24 Nov 2021
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 05 Mata 2017
Mu Rwanda

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa 05 Mata 2017

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Itangazo rigenewe Abanyamakuru:  Ibikorwa byo #Kwibuka23 bizakorwa mu cyumwer cy’icyunamo
Mu Rwanda

Itangazo rigenewe Abanyamakuru: Ibikorwa byo #Kwibuka23 bizakorwa mu cyumwer cy’icyunamo

Ubwanditsi 07 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru