• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Ubwanditsi 28 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu minsi mike itambutse, ku mbuga nkoranyambaga hatambutse amagambo yuzuyemo urwango ya nyina wa Perezida Tshisekedi, ariwe Marthe Kasalu Jibikila, unavuga rikijya mu butegetsi bw’umuhungu we.

Uwo mukecuru w’imyaka 88 ubundi wagombye gutanga ubutumwa buhuza Abakongomani bose, cyane cyane muri ibi bihe by’intambara barimo, yareruye ashinja Abakongomani bavuga igiswayire, biganje cyane cyane mu burasirazuba bwa Kongo, kuba ari ” abagambanyi bashaka ko ako gace kiyomora kuri Kongo”.

Nko kwereka nyina ko nawe yanga urunuka abaturage bo mu burasirazuba bwa Kongo, Tshisekedi yatumye abiyahuzi be, maze ejo tariki 27 Gashyantare 2025, bajugunya ibisasu byaturikiye mu mujyi wa Bukavu, ahitwa “Place du 24″, hari hateraniye imbaga y’abantu babarirwa mu bihumbi icumi(10.000) bari bitabiriye inama y’ubuyobozi bwa AFC/M23, umutwe uherutse kwigarurira uwo murwa mukuru wa Kivu y’Amajyepfo.

Imibare itangwa n’inzego z’ubutabazi ivuga ko abantu 13 bahise bitaba Imana, abasaga 75 barakomereka, harimo n’abarembye cyane.

Amakuru yizewe avuga ko uretse kwica abaturage benshi bashoboka, bazira ko bagaragaje ko bishimiye ubutegetsi bushya bwa AFC/M23, ubwo bugizi bwa nabi bwari bunagamije kwica abayobozi b’uwo mutwe, Corneille Nangaa na Bertrand Bisiimwa, ari nabo bari bayoboye iyo nama, ndetse n’abasirikari bakuru barimo Col Willy Ngoma, uzwi cyane mu barwanyi ba M23.

Hari amakuru atugeraho kandi ko mu bateye ibyo bisasu hari ababa bafashwe, barimo n’umugore, hakaba hitezwe ko bazasobanira neza uwari wabatumye n’indi migambi mibisha iteganyijwe mu bihe biri imbere.

Aya mahano akimara kuba Leta ya Kongo yihutiye gusohora itangazo” ryihanganisha” abagize ibyago, ariko ku mbuga nkoranyambaga huzuyeho ubutumwa bushinja iyo Leta” amarira y’ingona” kuko bidashidikanywa ko ari yo iri inyuma y’ubwo bwicanyi.

Igihugu cy’u Burundi nacyo kiratungwa agatoki muri icyo gikorwa cy’iterabwoba, kugitegura bikaba byabab byarabereye i Bujumbura, mu ruzinduko Ministiri Jean-Pierre Bemba wa Kongo yahagiriye mu ntangiriro z’iki cyumweru.

Twibutse kandi ko mbere y’uko Bykavu n’ikibuga cy’ingege cya Kavumu bifatwa, byari birinzwe n’abasirikari b’uBurundi. Kuba barayambuwe batanarwanye rero bikaba byarabateye ipfunwe rikabije.

Ubu bugome kandi ngo bwaba bugamije gutera ubwoba abatuye mu mujyi wa Uvira, ngo batazayoboka bwangu AFC/ M23 nk’uko byahenze i Goma na Bukavu, dore ko iyo Uvira iri mu marembo ya Bujumbura, nayo idasigaje iminsi myinshi ngo abasore ba Gen Makenga babe bayitashyemo.

Uko iminsi ishira niko abaturage bagenda barambirwa intambara, ari nako bitandukanya n’ubutegetsi bwa Tshisekedi, doreko abari mu turere tugenzurwa na AFC/ M23 bafite umutekano batigeze bagira hagitegekwa na Leta.

Magingo aya amajwi saba Tshisekedi gishyikirana na AFC /M23 ararushaho kuba menshi. Uretse abasenyeri gatolika bahagurukiye kumvisha Tshisekedi ko nta yandi mahitamo afite, n’abanyapolitiki bakomeye nka Vital Kamerhe utegeka inteko ishinga amategeko barasanga inzira y’ibiganiro ari wo muti rukumbi w’iyi ntambara.

Kuba Vital Kamerhe ukomoka muri Kivu y’Amajyepfo nawe ashyigikiye ko Leta ishyikirana n’abo Kinshasa yita” umutwe w’iterabwoba”, byongereye urwango Tshisekedi na nyina basanzwe bafitiye abava mu burasirazuba, bikaba bidatunguranye rero kuba Leta yatangiye kubateramo ibisasu. Vital Kamerhe we ari no mu bibazo byihariye, kuko abadepite biganjemo abashyigikiye ishyaka UDPS rya PerezidaTshisekedi, bahagurukiye kumukuraho icyizere, no kumwirukana ku mwanya wa Perezida w’inteko ishinga amategeko.

2025-02-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Bisengimana Justin wari umutoza wa Espoir FC yahagaritswe asimbuzwa Bipfubusa wari umutoza w’abanyezamu

Ubwanditsi 20 Dec 2022
Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Amashyaka ya opposition arasenyuka umusubirizo: FDLR na RNC ku isonga mu yashegeshwe

Ubwanditsi 30 Oct 2017
RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

RDC: Lt Col. Mabiala yakatiwe igifungo cya burundu azira ibyaha byibasiye inyokomuntu

Ubwanditsi 02 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe
Amakuru

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Ubwanditsi 22 Jul 2023
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi
Mu Rwanda

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19
INKURU NYAMUKURU

Bimwe mu bikorwa by’indashyikirwa byakozwe  na Leta y’u Rwanda muri iki gihe isi ihangane n’icyorozo cya Covi19

Ubwanditsi 11 May 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru