• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Imvugo z’Uburyarya no kwivuguruza kw’Abanyapolitiki biyita ko bari muri Opposition

Ubwanditsi 26 Dec 2016 POLITIKI

Bamwe mu banyapolitiki bitwako batavuga rumwe na Leta y’u Rwanda bakomeje gutangaza ko 2017, baziyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu, ariko abasesengura imvugo zabo muri ikigihe bavuga ko zirimo uburyarya no kwivuguruza.

Frank Habineza, Umuyobozi mukuru w’ishyaka rya Green Party ritavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Rwanda aheruka gushimira umukuru w’igihugu Perezida Paul Kagame ndetse yishimiye ugutumirwa mu mushyikirano avuga ko yiteguye gukumira ingengabitekerezo ya Jenoside.

Atanga igitekerezo mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano, Frank Habineza, yagize ati “Ndabashimira ko mwabashije kuduhesha agaciro nk’Abanyarwanda …Nkiri mu gihugu cya Uganda numvaga ko kuba Umunyarwanda ari icyaha. Ariko turabashimira nyakubahwa perezida wa Repubulika kuko twabashije kubona agaciro n’ishema ryo kuba Umunyarwanda”.

Yongeyeho ati “Ikindi mbashimira ni uko mwemeye ibitekerezo binyuranye ku Banyarwanda bose”.

-5152.jpg

Frank Habineza

Frank Habineza kandi yavuze ko nk’Umunyapolitiki yemeye kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse no kubikangurira Abanyapolitiki muri rusange n’Abanyarwanda bose.

Ukwivuguruza

Dr Frank Habineza , Umuyobozi w’ishyaka riharanira Demokarasi no Kurengera Ibidukikije yavuze ko kuba abaturage bafata ibyakozwe byose bakabyitira ishyaka riri ku butegetsi atari byo, ko kandi nabo bagize amahirwe yo kujya kuri uwo mwanya ngo bakora ibirenzeho.

Ibi Frank Habineza yabitangaje mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye mu mpera z’icyumweru gishize, nyuma yo kwemezwa n’inama ya biro politiki y’iryo shyaka nk’umukandida waryo mu matora ya Perezida wa Repubuika ateganyijwe umwaka utaha.

Uyu muyobozi yabajijwe aho abona ishyaka rye rizapfumurira n’icyizere cyo gutsinda mu gihe abaturage bashima ishyaka riri ku butegetsi FPR INKOTANYI kubw’ibyiza ryabagejejeho, cyane cyane gahunda zo kwivana mu bukene zirimo VUP, Girinka n’izindi.

Dr Habineza yavuze ko hari abayobozi basobanurira abaturage nabi, bagafata ibyakozwe na Leta bakabyitira ishyaka riri ku butegetsi kandi byagizwemo uruhare n’abanyarwanda bose n’amashyaka atari ku butegetsi arimo.

Yagize ati “Izo nka uzajye umenya ko atari inka FPR yatanze.Inka zatanzwe na Leta y’u Rwanda.Leta y’u Rwanda nanjye ndimo, nawe urimo nkuko utanga umusoro nanjye ntanga umusoro.Imisoro yacu niyo bakoresheje MINAGRI irazigura kuri budget ya Leta.”

Yakomeje agira ati “Nuko ari bantu bagenda gutya bakibihindura, uzabaze niba FPR yarafashe mu mufuka wayo ikajya kuzigura.Nusanga aribyo uzandege.Ibyo ntabwo ari ibintu byadukanga.Iyo Leta nanjye nyiyoboye naha inzungu eshanu buri muntu.”

Gahunda ya Girinka yatangijwe na Guverinoma y’u Rwanda mu mwaka wa 2006, ifite gahunda yo guteza imbere abaturage no kurwanya imirire mibi.

Muri Werurwe uyu mwaka Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi cyatangaje ko inka zimaze gutangwa ari ibihumbi 220, bikaba byitezwe ko umwaka wa 2017 uzarangira inka ibihumbi 350 zimaze gutangwa.

Ishyaka Green Party rivuga ko ryiteguye gutsinda mu matora ngo kuko rifite abayoboke barenga miliyoni mu gihugu kandi rikaba ryiteze no kuzajya kwiyamamaza rigaragaza imigabo n’imigambi yaryo.

-5151.jpg

Thomas Nahimana

Padiri Nahimana Thomas avuga ko arwanya ubutegetsi bwa Perezida Paul Kagame, yemera ibikorwa byinshi by’indashyikirwa yagejeje ku banyarwanda, kandi ibi arabimushimira cyane. Aha yagize ati: “Perezida Kagame nk’umukuru w’igihugu hari ibikorwa bikomeye nanjye nshima. Iyo ni inshingano ye, iyo atabikora nibwo hari kuba hari ikibazo. Ariko ikiruta byose nshima Perezida Kagame, ni uko u Rwanda ubu rutameze nka Siriya, rukaba atari igihugu kivogerwa n’ubonetse wese.”

Umwanditsi wacu

2016-12-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025
Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady  we yaba yageze mu Rwanda

Advance Party ya Padiri Nahimana na First lady we yaba yageze mu Rwanda

Ubwanditsi 29 Jan 2016
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025
Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Umusore ufite inkomoko mu Rwanda yatorewe kuba Umudepite mu Bufaransa

Ubwanditsi 19 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi
ITOHOZA

Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza
HIRYA NO HINO

Bobi Wine mu rukiko yavuze ko aticuza

Ubwanditsi 02 May 2019
Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu
Mu Rwanda

Perezida Zuma yishyuye amafaranga yaregwaga ko yibye igihugu

Ubwanditsi 13 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru