• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Inda ninini isumbye indagu, umuhanzi Jean Paul Samputu, nawe abaye ikigarasha gikoreshwa nUbutegetsi bwa Uganda ngo kigambanire gakondo!!!

Ubwanditsi 09 Apr 2021 Amakuru, Mu Mahanga, POLITIKI, SHOWBIZ

Amakuru yizewe aravuga ko Jean Paul Samputu nawe yamaze gutapfuna isente za Gen Abel Kandiho, uyobora urwego rw’ubutasi muri Uganda, CMI, ngo ajye mu mubare wa ba ”mpemukendamuke, batunzwe no guharabika igihugu cyabo, batitaye ku ngaruka zikunze kuba ku ntati.

Ababanye n’uyu muhanzi Jean Paul Samputu, ntibatunguwe n’amahano yuyu mutekamutwe. Abo twaganiriye, baba abo babanye muri Orchestre Ingeri, baba abo bakuranye banakomoka hamwe mu Matyazo ya Huye, bavuga ko kuva na kera ubunyangamugayo bwe bwari hafi ya ntabwo. Basanga buhabanye cyane n’uburere yaherewe mu muryango wa Muzehe Samputu wangaga umugayo cyane.

Nubwo ariko basanzwe bazi ko Jean Paul ari umuriganya, batubwiye ko ntawatekerezaga ko yagera ku rwego rwo kurya akatagabuye ngo agambanire u Rwanda, cyane cyane ubuyobozi bwa RPF-Inkotanyi bwamuhaye byose, none akaba abubereye wa mutindi baha amata akaruka amaraso.

Nubwo Jean Paul Samputu yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, ntiyigeze yitwara nk’umuntu wababajwe n’ibyabaye, ahubwo yabibonyemo uburyo bwo kwishakira amaramuko. Nguko yagiye yakira amafaranga yabishe iwabo, agatangariza ku maradiyo mpuzamahanga ko yatanze imbabazi, kandi ahubwo yarahawe udufaranga ngo agambane, ndetse akaba yarabipfuye cyane n’abavandimwe be barimo murumuna we Patrick Samputu, umugabo uzwiho ubuhanga, ubunyangamugayo n’ubusirimu bwinshi, utarumvaga ukuntu ubusambo bwatuma umuntu muzima agambanira ababyeyi be.

Magingo aya inyinshi mu nkoramutima za Jean Paul Samputu ni abajenosideri, ababakomokaho, nabandi bahagurukiye kurwanya uRwanda.

Jean Paul Samputu yagiye ahunga uR inshuro nyinshi, ahanini amaze kwiba abantu cyangwa yagaragaye mu migambi yangiza isura y’Igihugu. Yageze aho yigira umurokore, agamije indonke no kwamamaza ibyo yitaga ubwiyunge no kubabarira, ariko abamuzi neza baramaze kuvumbura ko ari ubutekamutwe bwamuranze kuva mu bwana , akaba abusazanye. Abo yahemukiye bagiye bamwihanganira, bibwira ko inda nini izageraho igahaga, akumva inama nyinshi zamushishikarizaga kureka ubuhemu. Ntiyahagaritse imyitwarire isebya umuryango wa Nyakwigendera Samputu, ahubwo yakomeje kwiba abantu batabarika abizeza kubajyana i Burayi na Canada, akabaka akayabo k’amadolari, ari nayo yagize impamba ubwo yahungaga bwa nyuma ava mu Rwanda.

Urwego rwUbugenzacyaha mu Rwanda, rugikorera muri Polisi y’Igihugu, rwamuhamagaye kenshi rumusaba gusubiza utw’abandi, ndetse akanabyemera, ariko ntiyigeze yubahiriza isezerano yahaga Afande Tony Kuramba wageragezaga kumugarura mu nzira nziza. Nguwo umugabo-gito wigize intyoza mu guharabika Urwamubyaye

Muri izo nshuro yahunze, hari ubwo yabaga ari Kampala muri Uganda. Yahakoreye ibitaramo byinshi, aririmba indirimbo zisingiza Perezida Museveni na murumuna we Salim Salleh, biza gutuma aba umwana mu rugo kwa Museveni nibyegera bye. Ubutegetsi bwa Museveni bwamunagamo umuntu woroshye gukoresha mu kubangamira u Rwanda.

Nguko uko Gen Abel Kandiho,yakomeje kumwiyegereza no kumushukisha udufaranga, amwumvisha ko kuba yararokotse Jenoside yakorewe Abatutsi , akaba n’umuhanzi uzwi, byamugira igitangaza muri politiki. Ibi nibyo bakoreye Mihigo Kizito, aho yiyahuriye bategura Jean Paul Samputu ngo asimbure Kizito. Samputu yabuze ubushishozi, ngo atahure ko umutego abanzi b’uRwanda bagushijemo Mihigo Kizito, nawe ariwo uzamushibukana. Ubu aririrwa ku mbuga nkoranyambaga, kuri ya maradiyo y’interahamwe n’ibigarasha, si ugukwiza ibinyoma akiva inyuma. Iyo aza kugira umutimanama yari kwibuka ko ibikorwa bye bigayitse bishengura abazi ubupfura bw’umuryango akomokamo.

Jean Paul Samputu ubundi atuye muri Canada, ariko akora ingendo nyinshi muri Uganda, aho ajya gufata amafaranga n’amabwiriza kwa Gen Kandiho. Ubu noneho ari mu mushinga wo gushinga umutwe wa politiki ngo wo kuvuganira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, nkaho hari umwahaye iyo nshingano. Icyo kiryabarezi ngo ni ishyaka agihuriyemo n’abantu nka Denise Zaneza, René Mugenzi, Claude Gatebuke, n’abandi birirwa bahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Nkukotwabivuze haruguru, kuba Jenoside yarahitanye ababyeyi be, Jean Paul Samputu ntacyo bimubwiye, apfa kwibonera icyuzuza igifu cye. Nguwo rero Jean Paul Samputu abenshi bamaze guha izina rya Bangamwabo, wemeye kurwiyambika ngo atatire gakondo. Nakomeze akurikire akaryoshye munsi y’ibuye, azahakura inda y’akabati. Kaguta Museveni, Abel Kandiho, Salim Salleh n’ibindi bikomerezwa byo muri Uganda byo birabyinira ku rukoma, kuko burya usenya urwe umutiza umuhoro.

Nubwo ariko bibwira ko bageze ku ntego yo kwangisha bamwe mu Banyarwanda igihugu cyabo, bakwiye kumenya ko amaherezo amateka azabaryoza amaraso yabo bashora mu migambi ibashyira mu kaga. Agatinze kazaza?

2021-04-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Kwipimisha no kuba warakingiwe COVID-19 ni bimwe mu bizibandwaho kugirango abafana bazitabire imikino Nyafurika ya Baskeball na Volleyball izabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 20 Aug 2021
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Ubwanditsi 17 Jul 2023
RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

RDF yatangaje ko nta mikoranire n’ubufasha yahaye umutwe wa M23 mu gitero wagabye nkuko byamamazwa na Uganda

Ubwanditsi 09 Nov 2021
Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Gorilla FC yayobotse isoko ry’i Burundi izana Cédrick Mavugo wa Vitalo’o na Irakoze Darcy wa Olympic Star

Ubwanditsi 22 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024
Amakuru

Amafoto – Abarimo Jimmy Gatete bageze i Kigali aho baje mu ihuriro ryo gutegura igikombe cy’isi cy’abahoze bakina umupira w’amaguru kizabera mu Rwanda muri 2024

Ubwanditsi 11 Oct 2022
Abagamije guhungabanya umutekano baraburirwa ko batazihanganirwa
Mu Mahanga

Abagamije guhungabanya umutekano baraburirwa ko batazihanganirwa

Ubwanditsi 17 Sep 2016
Polisi y’u Rwanda yataye  muri yombi  itsinda ry’abantu  biyitirira akazi badakora
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi itsinda ry’abantu biyitirira akazi badakora

Ubwanditsi 11 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru