• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Ubwanditsi 03 Dec 2018 POLITIKI

Nyuma y’uko Leta y’u Burundi isohoreye impapuro zimuta muri yombi Pierre Buyoya, ashinjwa urupfu rwa Ndadaye, yavuze ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma kandi ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko.

Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize u Burundi bwasohoye impapuro zo guta muri yombi Buyoya n’abandi 16 bari abayobozi bakuru, bashinjwa kugira uruhare mu iyicwa ry’uwari umukuru w’igihugu wa mbere w’umuhutu watowe n’Abarundi.

Nk’uko BBC yabitangaje, Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi inshuro ebyiri avuga ko impapuro zimuta muri yombi we n’abo bantu, zishobora gukurura amacakubiri ashingiye ku moko kandi ko zishingiye ku nyungu za politiki.

Yagize ati “Nababajwe no kumva ibintu nshinjwa bikomeye cyane binteza urubwa bikananyambura uburenganzira”.

Urupfu rwa Melchior Ndadaye rwatumye haduka intambara ishingiye ku moko yahitanye abantu barenga 300.000 mu myaka 12 hagati y’igisirikare cya Leta cyari kigizwe n’abatutsi hamwe n’imitwe y’abahutu bitwaje intwaro.

Buyoya, ashinja Leta iyobowe na Perezida Nkurunziza, kutubahiriza amasezerano ya Arusha yavugaga ko ikibazo cy’iyicwa rya Ndadaye kigomba kubonerwa igisubizo binyuze mu kanama gashinzwe kumenyekanisha ukuri.

Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, tariki ya 2 Ukuboza 2018, yasohoye itangazo risaba Leta y’u Burundi kwirinda gufata ibyemezo bishobora gusubiza inyuma inzira y’ibiganiro bigamije amahoro.

Buyoya w’imyaka 69 y’amavuko yabaye Perezida w’u Burundi kuva 1988-1993 hamwe no mu 1996-2003 ubu ahagarariye Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

Yagize uruhare mu biganiro byo guhagarika intambara mu gihugu cye bituma haba amatora mu 2005, aho uwahoze ari umurwanyi Pierre Nkurunziza yatorewe kuba Perezida.

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

AU yemeje gukosora inyito yakoreshaga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 03 Jul 2018
Jean Mbanda yageze mu Rwanda bucece ibyo kwiyamamariza kuyobora igihugu abivamo

Jean Mbanda yageze mu Rwanda bucece ibyo kwiyamamariza kuyobora igihugu abivamo

Ubwanditsi 12 May 2017
Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Omega, Cirimwami, ibikundanye birajyanye!!

Ubwanditsi 28 Jan 2025
Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Museveni agize amahirwe yazisazira nka Mugabe

Ubwanditsi 13 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018
Mu Rwanda

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018
Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017
ITOHOZA

Ubushakashatsi byemeje Ko Isi izarangira muri uyu mwaka wa 2017

Ubwanditsi 05 Jan 2017
PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo
Mu Rwanda

PAM-Rwanda isanga hari ukuntu Afurika ishobora kugera ku bwigenge nyabwo

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru