• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Buyoya yavuze ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko

Ubwanditsi 03 Dec 2018 POLITIKI

Nyuma y’uko Leta y’u Burundi isohoreye impapuro zimuta muri yombi Pierre Buyoya, ashinjwa urupfu rwa Ndadaye, yavuze ko ibyo ashinjwa ari ibinyoma kandi ko mu Burundi hashobora kwaduka amacakubiri ashingiye ku moko.

Kuwa Gatanu w’icyumweru gishize u Burundi bwasohoye impapuro zo guta muri yombi Buyoya n’abandi 16 bari abayobozi bakuru, bashinjwa kugira uruhare mu iyicwa ry’uwari umukuru w’igihugu wa mbere w’umuhutu watowe n’Abarundi.

Nk’uko BBC yabitangaje, Buyoya wabaye Perezida w’u Burundi inshuro ebyiri avuga ko impapuro zimuta muri yombi we n’abo bantu, zishobora gukurura amacakubiri ashingiye ku moko kandi ko zishingiye ku nyungu za politiki.

Yagize ati “Nababajwe no kumva ibintu nshinjwa bikomeye cyane binteza urubwa bikananyambura uburenganzira”.

Urupfu rwa Melchior Ndadaye rwatumye haduka intambara ishingiye ku moko yahitanye abantu barenga 300.000 mu myaka 12 hagati y’igisirikare cya Leta cyari kigizwe n’abatutsi hamwe n’imitwe y’abahutu bitwaje intwaro.

Buyoya, ashinja Leta iyobowe na Perezida Nkurunziza, kutubahiriza amasezerano ya Arusha yavugaga ko ikibazo cy’iyicwa rya Ndadaye kigomba kubonerwa igisubizo binyuze mu kanama gashinzwe kumenyekanisha ukuri.

Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, tariki ya 2 Ukuboza 2018, yasohoye itangazo risaba Leta y’u Burundi kwirinda gufata ibyemezo bishobora gusubiza inyuma inzira y’ibiganiro bigamije amahoro.

Buyoya w’imyaka 69 y’amavuko yabaye Perezida w’u Burundi kuva 1988-1993 hamwe no mu 1996-2003 ubu ahagarariye Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika muri Mali.

Yagize uruhare mu biganiro byo guhagarika intambara mu gihugu cye bituma haba amatora mu 2005, aho uwahoze ari umurwanyi Pierre Nkurunziza yatorewe kuba Perezida.

2018-12-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

Ubwanditsi 05 Jan 2019
Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje  kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ijambo rya Perezida Kagame yagejeje kubitabiriye ‘ Vibrant Gujarat Summit’

Ubwanditsi 11 Jan 2017
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rugiye gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi

Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha(ICC) rugiye gukora iperereza ku byaha by’ubwicanyi mu Burundi

Ubwanditsi 10 Nov 2017
Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Biravugwa ko umuyobozi wa CIA yerekeje muri Koreya ya Ruguru kubonana na Kim Jong un

Ubwanditsi 18 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka
Mu Rwanda

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 27 Apr 2017
APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo
Amakuru

APR FC yisubije umwanya wa mbere, PSG academy Rwanda yatwaye igikombe cy’isi, Keny Gasana yahawe ubwenegihugu – ibyaranze umunsi wa mbere w’icyumweru muri siporo

Ubwanditsi 24 May 2022
Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 
INKURU NYAMUKURU

Uko Perezida Museveni yahaye abana ibisuguti n’imitobe byarangije igihe 

Ubwanditsi 07 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru