• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Ubwanditsi 09 Feb 2018 Mu Rwanda

Muri iyi minsi inkuru iri kuvugwa cyane mu myidagaduro hano mu Rwanda, ni irushanwa rya Miss Rwanda 2018. Nyuma y’aho abapasiteri barimo Bishop Rugagi na Rev Kayumba batangaje uzaba Miss Rwanda, habonetse undi ubanyomoza.
Prophet Jean Bosco Nsabimana uzwi cyane nka Pastor Fire, ni umuyobozi mukuru w’itorero Patmos of Faith church akaba nawe azwiho guhanura no gukora ibitangaza ndetse aherutse gutangaza ko hari abantu batatu yasengeye bakazuka.  Pastor Fire yagize icyo avuga ku irushanwa rya Miss Rwanda.
Nkuko Inyarwanda yabitangaje, avuga ko adakunze gukurikirana cyane iri rushanwa. Ariko Pastor Fire yeruye avuga  ko adashyigikiye irushanwa ry’ubwiza na cyane ko abantu bose ngo Imana yabaremye ari beza.

Pastor Fire

Prophet Bosco Nsabimana uzwi cyane nka Pastor Fire

Pastor Fire yatangaje ibi nyuma y’inkuru  iherutse  gusohoka  y’abapasiteri bahanuye abakobwa bazatwara ikamba mu irushanwa rya Miss Rwanda 2018, abo bapasiteri akaba ari Bishop Rugagi na Rev Kayumba Fraterne wabwirije ubutumwa bwiza Miss Rwanda 2009[ Bahati Grace ]. Bishop Rugagi Innocent yavuze ko umukobwa usengera mu itorero rye witwa Umunyana Shanitah ari we Miss Rwanda 2018.

Bishop Rugagi yagize ati: “Ntabwo nari nzi ko hano dufite abakobwa bafite impano zitandukanye. Dufite umukobwa witwa Shanitah, ari hehe, arahari, yaje?, Naze hano…Oh my God (Mana yanjye mbega umukobwa w’uburanga),….Haleluya uyu ni Miss wacu 2018 (uyu ni Miss Rwanda 2018). Bishop Rugagi yahise asaba abakristo be gutora Shanitah kenshi gashoboka nibura buri umwe akamutora inshuro 600 ku munsi, anababwira ko intsinzi ya Shanitah atari iye gusa ahubwo ari iy’abakristo bose b’itorero Abacunguwe.

Image result for bISHOP rUGAGI INNOCENT MISS RWANDA

Bishop Rugagi avuga ko Umunyana Shanitah ari we Miss Rwanda 2018

Rev Kayumba usanzwe ari umuraperi mu muziki w kuramya no guhimbaza Imana, yavuze  ko ashyigikiye irushanwa rya Miss Rwanda ndetse akaba ajya afata umwanya agasengera abakobwa bitabira iri rushanwa.

Rev Kayumba, avuga ku iyerekwa yahawe ry’umukobwa uzatwara ikamba rya Miss Rwanda 2018, uwo akaba ari Ishimwe Noriella utorerwa kuri nimero 22.

Image result for Rev Kayumba MISS RWANDA

Rev Kayumba ngo yeretswe mu nzozi Ishimwe Noriella yabaye Miss Rwanda 2018

Prophet Jean Bosco Nsabimana ari we Pastor Fire avuga ko hari amakuru aherutse kubona mu binyamakuru ajyanye n’ubuhanuzi bw’abapasiteri bahanuye umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018.

Mu kiganiro yahaye itangazamakuru , Prophet Bosco (Pastor Fire) yanyomoje ku byo Bishop Rugagi na Rev Kayumva bahanuye, avuga ko abakobwa babiri bagaragaje (Umunyana Shanitah nimero 1 na Ishimwe Noriella nimero 22) nta n’umwe uzaba Miss Rwanda. Yagize ati:

Ntabwo binaniye kumuhanurira (uzaba Miss Rwanda) ahubwo ndangira ngo menyeshe ko n’abahanuye nta Miss urimo. Uzatoranywa ni uwo nguwo uzaba watoranyijwe, ni ko kuri. Ikijyanye rero n’uwo Imana yampishurira, ni uko abahanuye batandukanye ntawe urimo (Nta miss Rwanda urimo).

Pastor Fire ajya akurikirana irushanwa rya Miss Rwanda? Arivugaho iki?

Pastor Fire yatangiye avuga ko adakunze gukurikirana cyane irushanwa rya Miss Rwanda, gusa yungamo ko adashyigikiye irushanwa ry’ubwiza na cyane ko abantu bose Imana yaremye ari beza. Yanenze cyane abakristo bahuza irushanwa ry’ubwiza n’inkuru ya Esiteri yo muri Bibiliya, we avuga ko Esiteri yatoranyijwe kugira ngo abe umwamikazi mu gihe ab’uburanga batorwa muri iki gihe mu marushanwa y’ubwiza birangirira aho.

Pastor Fire: Igihugu cy’u Rwanda kiri mu bihe byiza bitandukanye mu muco,iterambere n’ibyiza bitatse u Rwanda, ni byiza ko habaho ibikorwa bitandukanye. Ntabwo dushobora gutenguha gushyigikira igikorwa Leta yashyizemo imbaraga ndetse ishyigikiye, natwe (abanyamadini) turabyumva tukabiha agaciro. Oya (Ntabwo njya nkurikirana iri rushanwa), impamvu ni iyihe, ni kubw’inshingano zitandukanye kandi zinsaba ko mfata umurongo w’ubuzima butandukanye.

Pastor Fire yavuze uko abona irushanwa rya Miss Rwanda ndetse asobanura umukobwa mwiza uwo ari we

Pastor Fire: Miss Rwanda,…Ibi rwose ni byiza kuko ari umurongo w’igihugu, ariko ku bubaha Imana twese turi beza. Erega Bibiliya iratubwira ngo twese turi abageni ba Kristo, waba umugabo uri umugeni, waba igitsinagore uri umugeni ariko ntabwo ari uburanga bw’inyuma, ni bwa buranga bw’imbere mu buryo bw’umwuka. Ubw’inyuma rero, usiganwa neza agira urugo rwiza, uburanga bwiza ni ubuduhesha urugo rwiza, ni ubuduhesha ishema ku gihugu, ni ubuduhesha ishema mu muco wa Kristo.

Igihugu nikigira abanyaburanga beza, tuzagira ingo nziza zitarimo amakimbirane, umwiryane,….Abari muri icyo gikorwa (Miss Rwanda 2018) Imana ibarinde, ibayobore ibahe ibyo imitima yabo yifuza,…Uwiteka ni we uzi ubwiza bw’umuntu kurenza umuntu naho ibindi ni ibihinduka, isi irahinduka. Uzatorwa rero, azagirire umumaro Imana, azagirire umumaro ababyeyi bamubyaye, hanyuma ikindi tuzashima Imana tubonye ageze mu bwabwi bwa Data.

 

2018-02-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bakurikiye umukino wa BAL wahuje ikipe ya Patriots BBC yo mu Rwanda na US Monastir yo muri Tunisia. 

Ubwanditsi 23 May 2021
Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Abanyarwanda baba muri Congo no mu Burundi ntibemerewe gutorerayo

Ubwanditsi 04 Aug 2017
Urukiko rwategetse ko  Anne  arekurwa,   Diane Rwigara na nyina  bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Byinshi wamenya kuri Bombe Hydrogene Koreya ya Ruguru yagerageje igakangaranya Isi.

Ubwanditsi 05 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA  na NATO
ITOHOZA

Icyoba ni cyose hagati y’UBURUSIYA na NATO

Ubwanditsi 14 Nov 2016
Urwikekwe : Muri RNC,  barahiga bukware utanga amakuru i Kigali ngo Rushyashya yaba ifite ibyitso muribo
ITOHOZA

Urwikekwe : Muri RNC, barahiga bukware utanga amakuru i Kigali ngo Rushyashya yaba ifite ibyitso muribo

Ubwanditsi 12 Sep 2016
Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame
INKURU NYAMUKURU

Afurika y’Epfo mu mugambi wo kwitambika amavugururwa muri AU arangajwe imbere na Kagame

Ubwanditsi 05 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru