• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Oda Gasinzigwa yatorewe gusimbura Bazivamo mu Nteko ya EALA

Ubwanditsi 19 Oct 2016 Mu Rwanda

Kuri uyu wa 19 Ukwakira 2016 Inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’abadepite yatoye Oda Gasinzigwa nk’umudepite ugomba gusimbura Bazivamo Christophe uherutse kwegura ku mwanya wo guhagararira u Rwanda mu nteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Abakandida babiri b’Umuryango RPF Inkotanyi ni bo bari bahatanye muri aya matora ari bo Gasinzigwa Oda wayoboye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF) ndetse na Kanamugire Callixte wigeze kuyobora Kacyiru.

Gasinzigwa yavuze ko kuba agiye guhagararira u Rwanda muri iyi Nteko ari akazi katoroshye ariko abona nk’ingenzi kuko afite ubunararibonye mu gukorera Abanyarwanda bityo ko yiteguye gufatanya n’abandi mu rugamba rwo guhangana no guteza imbere uyu muryango ndetse no guhangana n’imico itari myiza ikomeje kwinjirira ibi bihugu.

Yagize ati “Ni inshingano zitoroshye ariko z’ingenzi kuko ni igihe umuryango uhanganye n’ibibazo Isi irimo bijyanye n’ubukungu, umutekano, ubukene ndetse n’imico yinjira mu bihugu byacu nkumva mfatanije n’abandi bizamfasha kugira ngo tubashe kugira EAC ikora ibikorwa bifasha abaturage bawo.”

Gasinzigwa yavuze ko nk’uko u Rwanda rwagiye mu bihugu bya EAC kubera inyungu rwabibonagamo, na we yiteguye kwegera Abanyarwanda kugira ngo amahirwe avugwa muri uyu muryango ntabe amahirwe ari mu mpapuro.

-136.png

Mme Oda Gasinzigwa

Ati “Mpereye ku mahirwe nagiye ngira n’imirimo nagiye nkora yo kumenya ibyo igihugu; ibyo igihugu cyanjye cyifuza numva nzahagarara neza kugira ngo mbe navuganira ayo mategeko meza yadufasha kugira ngo inyungu dutegereje muri EAC mu bijyanye no kugira ngo abaturage bacu babashe kugira imibereho myiza mu kugira ngo habeho ubucuruzi buhamye bugirira inyungu abagize ibyo bihugu, n’ayo mahirwe avugwa ntabe ya mahirwe yo mu mpapuro gusa.”

Yakomeje avuga ko imigambi ajyanye ari ugufatanya n’abandi ariko na we akongeramo ubumenyi ndetse n’amateka afite kugira ngo abashe guhagararira neza Abanyarwanda.

Gasinzigwa yavutse mu 1967, afite umugabo n’abana bane, akagira icyiciro cya gatatu cya kaminuza mu bijyanye n’imibanire y’abantu n’amajyambere (Masters in Social sciences and development).

-4436.jpg

Christophe Bazivamo

Mu mirimo yakoze harimo uko yayoboye Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), ayobora Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire bw’umugabo n’umugore, akora mu mishinga yo gutuza ahari ishyamba rya Gishwati. Yayoboye kandi inama y’igihugu y’abagore, aba komiseri muri komisiyo y’ubumwe n’ubwiyunge, anakora muri banki igihe kigera ku myaka 8.

Gasinzigwa watowe ku majwi 71 kuri 75, agomba kurangiza manda ya Bazivamo Christophe kuri ubu wabaye Umunyamabanga Mukuru Wungurije w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba

Iyi manda yatangiye mu mwaka wa 2012 ikaba igomba kurangira mu mwaka wa 2017.

Source: Izuba rirashe

2016-10-19
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Abaturage b’I Rubavu bakora ubucuruzi bwambukiranya umupaka uhuza u Rwanda na DRC barashimira Leta yabagabanyirije ibiciro byo kwipimisha Covid 19

Ubwanditsi 30 Jan 2021
Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Perezida ntabwo azahangana n’ibibazo by’Ababiligi ngo yongereho n’ibibazo by’Umunywarumogi w’umudozi – Djihad

Ubwanditsi 13 Apr 2025
Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Handball rirashimira leta y’u Rwanda ku bwo kubaha ikibuga cy’umukino wayo mu nyubako ya Kigali Arena

Ubwanditsi 23 Nov 2021
APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

APR FC yanganyije na Etoile du Sahel yo muri Tunisia 1-1, mu mukino ubanza w’ijonjora rya kabiri wa CAF Champions League

Ubwanditsi 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie
Amakuru

AMAFOTO – Umuhanzikazi Clarisse Karasira yasezeranye imbere y’Imana na Ifashabayo Dejoie

Ubwanditsi 03 May 2021
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA
IMIKINO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Ubwanditsi 26 Oct 2018
Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali
Mu Mahanga

Impamvu itumye Ambasaderi Eugene Richard Gasana yahamagawe i Kigali

Ubwanditsi 12 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru