• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila
Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa na EU gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye

EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila

Ubwanditsi 11 Dec 2018 POLITIKI

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wongereye igihe ku bihano wafatiye Emmanuel Ramazani Shadary, umukandida watanzwe na Perezida Joseph Kabila, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, tariki ya 23 uku kwezi.

Ibi bihano kandi byongeye guhabwa abandi bantu 13 ba hafi ba Perezida Kabila, ibintu ubutegetsi bwe bwamaganiye kure.

Nubwo Leta ya Perezida Kabila yagiye ivuga ko ibi bihano bigomba kuvanwaho, uyu muryango wongereye ibi bihano kugeza tariki ya 12 Ukuboza 2019.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bari bateraniye mu Bubiligi, nibo bafashe icyemezo kuri ibi bihano birimo; kubuzwa gutemberera mu bihugu 28 bihuriye muri EU no gufatira imitungo yabo, nk’uko Jeune Afrique yabyanditse.

Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa n’uyu muryango gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye, ubwo yari Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere, bamwe mu bamaganaga manda za Perezida Kabila bakaba baragiye bicwa bari mu myigaragambyo.

Jean-Claude Mokeni, umwe mu bagize itsinda rishinzwe kwamamaza Emmanuel Ramazani Shadary akaba no muri Sena y’iki gihugu, yamaganye iki cyemezo aho yagize “Twe turemeza ko iki ari icyemezo kitari cyiza, gishobora gukongeza umuriro muri iki gihugu kubera ko kugeza uyu munsi abatavuga rumwe n’ubutegetsi urabona ko batangiye kucyuririraho bangiza izina ry’umukandida wacu.”

Mokeni yanavuze ko mu gihe Shadary ngo yaba atsinze amatora ibi bihano bizavanwaho, ariko akongera kwemeza ko ibi bihano bibangamiye demokarasi muri iki gihugu n’amatora arimo gutegurwa.

Shadary w’imyaka 58 yavukiye mu Ntara ya Maniema ahitwa Kilungay, mu Karere ka Kabambare, akaba mu mabyiruka ye yarakuze abwirwa ko azaba umuhanga n’umuntu ukomeye.

Mu 2015, Shadary yagizwe umunyamabanga wungirije w’ishyaka PPRD rya Joseph Kabila Kabange, mu mwaka wakurikiyeho ku itariki ya 19 Ukuboza 2016, agirwa Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu kugeza kuwa 22 Gashyantare 2018.

2018-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Umuhanzi Eddy Kenzo wakunze gushyigikira Museveni yitandukanyije nawe

Ubwanditsi 14 Nov 2018
Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

Nduhungirehe yatamaje ibinyoma bya Muyaya wa RDC ukomeje gutagatifuza FDLR

RUSHYASHYA 23 Feb 2026
Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Perezida Kagame yahuye na Faure Gnassingbé wakozwe ku mutima n’iterambere ry’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2017
RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

RDC: Félix Tshisekedi utavuga rumwe n’ubutegetsi yatanze kandidatire mu matora ya Perezida

Ubwanditsi 08 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa
IMIKINO

FIFA yohereje Constant Omari nk’indorerezi mu matora ya Perezida wa Ferwafa

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli
Mu Rwanda

Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli

Ubwanditsi 10 Jul 2017
7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk’Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène
Amakuru

7 Basezerewe, Jimmy Mulisa atangazwa nk’Umutoza uyobora Amavubi, Umutoza Yves asimburwa na Sosthène

Ubwanditsi 18 Dec 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru