• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila
Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa na EU gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye

EU yongereye igihe ku bihano yafatiye umukandida Shadary watanzwe na Perezida Kabila

Ubwanditsi 11 Dec 2018 POLITIKI

Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, wongereye igihe ku bihano wafatiye Emmanuel Ramazani Shadary, umukandida watanzwe na Perezida Joseph Kabila, mu matora y’umukuru w’igihugu azaba muri Repubulika Iharanira demokarasi ya Congo, tariki ya 23 uku kwezi.

Ibi bihano kandi byongeye guhabwa abandi bantu 13 ba hafi ba Perezida Kabila, ibintu ubutegetsi bwe bwamaganiye kure.

Nubwo Leta ya Perezida Kabila yagiye ivuga ko ibi bihano bigomba kuvanwaho, uyu muryango wongereye ibi bihano kugeza tariki ya 12 Ukuboza 2019.

Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi bari bateraniye mu Bubiligi, nibo bafashe icyemezo kuri ibi bihano birimo; kubuzwa gutemberera mu bihugu 28 bihuriye muri EU no gufatira imitungo yabo, nk’uko Jeune Afrique yabyanditse.

Emmanuel Ramazani Shadary ashinjwa n’uyu muryango gukora bimwe mu byaha, birimo guhonyora uburenganzira bwa muntu mu gihugu cye, ubwo yari Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere, bamwe mu bamaganaga manda za Perezida Kabila bakaba baragiye bicwa bari mu myigaragambyo.

Jean-Claude Mokeni, umwe mu bagize itsinda rishinzwe kwamamaza Emmanuel Ramazani Shadary akaba no muri Sena y’iki gihugu, yamaganye iki cyemezo aho yagize “Twe turemeza ko iki ari icyemezo kitari cyiza, gishobora gukongeza umuriro muri iki gihugu kubera ko kugeza uyu munsi abatavuga rumwe n’ubutegetsi urabona ko batangiye kucyuririraho bangiza izina ry’umukandida wacu.”

Mokeni yanavuze ko mu gihe Shadary ngo yaba atsinze amatora ibi bihano bizavanwaho, ariko akongera kwemeza ko ibi bihano bibangamiye demokarasi muri iki gihugu n’amatora arimo gutegurwa.

Shadary w’imyaka 58 yavukiye mu Ntara ya Maniema ahitwa Kilungay, mu Karere ka Kabambare, akaba mu mabyiruka ye yarakuze abwirwa ko azaba umuhanga n’umuntu ukomeye.

Mu 2015, Shadary yagizwe umunyamabanga wungirije w’ishyaka PPRD rya Joseph Kabila Kabange, mu mwaka wakurikiyeho ku itariki ya 19 Ukuboza 2016, agirwa Minisitiri w’Intebe wungirije akaba na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu kugeza kuwa 22 Gashyantare 2018.

2018-12-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Uko umubare w’Abanyarwanda waba ungana kose, ntibizigera bibaho ko Umunyarwanda aba impunzi kandi afite igihugu cye. “Paul Kagame”

Ubwanditsi 24 Jun 2024
Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Nduhungirehe yihanangirije Tshisekedi ku birego bya ‘Jenoside muri RDC’

Ubwanditsi 25 Sep 2025
Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Côte d’Ivoire: Perezida Ouattara mu nzira zo guhindura Itegeko Nshinga

Ubwanditsi 08 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside
ITOHOZA

Malawi igiye kujuririra icyemezo cyo kutohereza mu Rwanda Murekezi ukekwaho Jenoside

Ubwanditsi 10 Jan 2018
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho
ITOHOZA

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Ubwanditsi 15 Mar 2016
Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC
Amakuru

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Ubwanditsi 07 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru