• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Abahezanguni n’inyangabirama, nyirabayazana w’umwuka mubi ututumba mu Bayisilamu bo mu Rwanda

Ubwanditsi 25 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda

Kuva muri Mata 2024, Abayisilamu bo mu Rwanda bari mu matora, akorwa mu byiciro, agamije gusyiraho Mufti w’u Rwanda mushya.

Amatora yo muri iryo Dini rifite abayoboke bangana na 2% by’Abaturarwanda, yagendaga neza kugeza ubwo agatsiko k’abahezanguni n’inyangabirama kayazanyemo umwiryane, kavuga ko ‘atari kunyura mu mucyo’.
Ako gatsiko kavuga ko kagizwe n’Abayisilamu baba muri diaspora, ndetse ko kandikiye inzego zitandukanye muri Guverinoma y’u Rwanda gasaba ko ayo matora yahagarikwa.
Nk’aho ibyo bidahagije, ako gatsiko kagiye no mu itangazamakuru gakwiza ibihuha ko Leta y’u Rwanda ‘ifite ukuboko’ muri ayo matora.
Umuryango w’ Abayisilamu mu Rwanda (RMC) usobanura ko amatora arimo gukorwa mu buryo bwubahirije amategeko n’amabwiriza ; ukemeza ko Aba-Sheikh bo hirya no hino mu gihugu bagomba kuzemeza Mufti mu buryo bukwiye, busobanutse kandi bugaragarira buri wese.

Uburyo burimo kwifashishwa mu matora si bushya. Bwifashishijwe kuva mu myaka myinshi ishize, kandi abatora ntibigeze bigaragambya na rimwe. Buri gihe bagaragaza ko banyuzwe n’ibyayavuyemo.

Leta y’u Rwanda ntiyigeze yivanga mu matora y’Abayisilamu, cyangwa mu zindi gahunda zabo izo ari zo zose zibasaba kwifatira umwanzuro. Uko ni ko bigenda no ku yandi madini.
Mufti w’u Rwanda uriho, Sheikh Salim Hitimana, yatorewe manda y’imyaka itanu mu 2016.

Amatora arimo kuba muri uyu mwaka yari ateganyijwe mu 2020 ariko akomwa mu nkokora na COVID-19.
Mu gihe arimo akorwa mu buryo n’ayayabanjirije yose yakozwemo, agatsiko k’abahenzanguni n’inyangabirama kashatse kuyadobya kumvikanisha ko ‘atari gukorwa neza’ nyamara ko kifitiye izindi nyungu zako kimirije imbere.

Muri abo harimo uwitwa Imanzi Fahd Al-Sud n’uwitwa Rubangisa Antoine Souleiman, bakora iyo bwabaga ngo babone ababashyigikira mu migambi mibisha yabo.
Umuntu yakwibaza ngo aba ni bantu ki? Kuki bateza umwiryane mu Bayisilamu bo mu Rwanda?

Aba bombi bahurira ku kuba ahahise habo n’ubundi hararanzwe no kwijandika mu byaha n’andi mabi, ibintu bituma ababazi neza batatungurwa n’ umugambi wabo wo guteza umwiryane mu Bayisilamu, kubiba urwango n’amacakubiri ndetse no kugumura abaturage kuri Leta.
Bucumi Sudi Djuma, wiyise Imanzi Fahd Al-Sud, abamuzi bibuka ukuntu mu 1998 yateguye akanayobora imyigaragambyo yamagana ubuyobozi bw’ishuri yigagaho.

Icyo gihe yarirukanywe ariko aza kugaruka atarahindutse ahubwo yararushijeho kuba icyihebe, kugeza n’ubwo yateye grenade mu kigo igahitana umuntu umwe. Yabifungiwe imyaka irindwi.

Mu 2014, nabwo Imanzi yakatiwe imyaka itanu amaze guhamywa ingengabitekerezo ya jenoside n’ibindi byaha bifitanye isano nayo.
Uyu Imanzi yabaye umwe mu barwanyije ubuyobozi bwa Sheikh Habimana Saleh bivuye inyuma, akaba ari nabyo arimo gukora ku buyobozi bwa Sheikh Salim Hitimana.

Imanzi agamije gusa kuzana umwuka mubi n’ivangura mu Bayisilamu bo mu Rwanda, ari nako asebya ubuyobozi bwabo buriho ubu akoresheje imbuga nkoranyambaga.

Umuntu nk’uwo kumwitegaho kuvuga ko amatora ya Mufti w’u Rwanda yagenze neza, uwavuga ko bidashoboka ntiyaba agiye kure y’ukuri.

Rubangisa Antoine Souleiman ufatwa nk’uri inyuma y’ibikorwa byose by’imbere mu gihugu bizamura umwuka mubi mu Bayisilamu, yashyize imbaraga ze zose mu kurwanya ko hagira ubwumvikane buba hagati y’iryo Dini na Guverinoma y’u Rwanda, ibyo yita ko kwaba ari ukugambanira Abayisilamu.
Rubangisa akorana bya hafi n’abantu bo hanze bamwoherereza amafaranga atabasha gusobanura ibyayo, akabeshya ko ari ugushyigikira ibikorwa by’iyobokamana, ibintu binyuranyije n’amahame y’Idini ya Islam ndetse n’amabwiriza ya RMC.

Uretse abo babiri, hari abandi bari muri ako gatsiko bazwiho gukorana bya hafi n’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda.
Abo barimo uwitwa Mubrak Kalisa, umuyoboke wa RNC ukorera muri Australie. Iyi RNC Abaturarwanda bayibukira ku bitero bya grenades byibasiye Kigali mu myaka ya 2010.
Uwitwa Issa Rutayisire n’uwitwa Abdallah Akishuli nabo bari muri ako gatsiko, ni abayoboke ba FDU-Inkingi na PRM, imitwe izwiho gushyigikira ibikorwa by’iterabwoba byibasira u Rwanda.

Iyi mitwe ikorana bya hafi n’umutwe wa FDLR washinzwe na bamwe mu bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ukaba waragabye ibitero ku Rwanda mu bihe bitandukanye birimo n’ibyo mu 2019 byishe abantu 14 mu Kinigi.

Ni gute aba barazwa ishinga n’umucyo mu matora ya Mufti w’u Rwanda, mu gihe batifuza kubona u Rwanda rutekanye?
Ibikorwa by’iterabwoba bamenyekanyemo n’imyitwarire idahwitse bazwiho birahagije ngo buri wese abone ko ari ibirura bigerageza kwiyambika uruhu rw’intama.

Uretse kubiba umwiryane, abagize ako gatsiko ntibabarizwa mu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, ndetse ntibemerewe gutora. Bararwana gusa no kwinjiza urwango bafitiye Leta y’u Rwanda mu Bayisilamu.
Bibwira ko kuvuga ko amatora ya Mufti w’u Rwanda ‘atarimo umucyo’ ari byo bizababera iturufu yo guteza invururu mu Bayisilamu bo mu Rwanda, bakabasha kugarura amacakubiri mu Idini no mu Banyarwanda muri rusange.

2024-05-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Aba “contre-succès” nibashakishe ibindi birego, naho icyo gusambanya abagore ku ngufu nticyafata RDF

Ubwanditsi 17 Oct 2024
Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Ubwanditsi 20 Oct 2023
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 19 Apr 2022
Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Impuhwe za Bihehe FDLR, yateguye Misa yo gusabira Kizito Mihigo kuri iki cyumweru

Ubwanditsi 22 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS
POLITIKI

Imiyoborere ya Perezida Kagame mu byatumye Neil Turok abenguka u Rwanda akahashinga AIMS

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana
Mu Mahanga

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016
Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC
Amakuru

Julien Mette wari umaze amezi 5 ari Umutoza wa Rayon Sports yayisezeyeho nyuma yo kubuzwa gutoza umukino bahuye na APR FC

Ubwanditsi 17 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru