• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Ubwanditsi 24 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero n’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane ku Isi, Transparency International (TI), nk’umwe mu bayobozi bashyize imbere politiki yo kurwanya ruswa mu bihugu byabo bituma igihugu ayoboye kiri mu birangwamo nke.

Transparency International muri raporo yayo yasohowe ku wa 21 Gashyantare 2018 igaragaza ibipimo by’uko ruswa ihagaze, yerekana ko icyegeranyo cy’uyu mwaka kiri mu murongo wa 2018 w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) ugamije gushyira imbaraga mu kurwanya ruswa.

Muri iki gihe, Afurika ihombera nibura miliyari 50 z’amadolari ya Amerika ku mwaka mu bikorwa bitemewe byo guhanahana amafaranga. Aya mafaranga aruta kure ayo uyu mugabane uhabwa nk’inkunga. Ni mu gihe kandi mu myaka 50 ishize, Afurika yahombye miliyari 1000 $ zingana n’amafaranga agenewe ibikorwa by’iterambere yahawe muri icyo gihe.

TI ivuga ko mu buryo bumwe hari icyizere ko ahazaza ha Afurika hazaba heza, ibishingiye ku iterambere ry’u Rwanda na Cape Vert, ibihugu bikomeje kwerekana ko ruswa ishobora kurwanywa mu gihe hashyizwemo ingufu.

Indi mpamvu ni ingamba z’igihe kirekire zo kurwanya ruswa nko mu bihugu bya Côte d’Ivoire na Senegal ariko mu bindi bihugu nka Somalia na Sudani y’Epfo haracyari guseta ibirenge mu kuyirandura.

Mu gihe hakiri ibihugu bimwe biri inyuma mu kurandura ruswa bituma uyu mugabane uri mu hantu yiganje cyane, TI isobanura ko ibihugu birimo u Rwanda, Botswana, Seychelles, Cap Vert na Namibia byose byateye imbere mu kuyirwanya ugereranyije n’ibindi nk’u Butaliyani, u Bugereki na Hongrie.

Muri ubu bushakashatsi, u Rwanda rufite amanota 55 aho rwavuye ku mwanya wa 50 rwariho mu 2016 rukagera ku wa 48 mu 2017 mu bihugu birimo ruswa nke ku Isi.

Kuri rutonde rugaragaza uko ibihugu bikurikirana, Botswana ni yo iri ku mwanya wa mbere muri Afurika, igakurikirwa na Cap Vert, u Rwanda rukaza ari urwa gatatu, umwanya ruhuriyeho n’Ibirwa bya Maurice.

Raporo ya TI hari aho igira iti “Icyo ibihugu bya Afurika biza imbere bihuriyeho ni ubuyobozi budateshuka ku kwiyemeza kurwanya ruswa.”

Ikomeza igira iti “Uhereye ku ngamba za Perezida Kagame zijyanye n’imiyoborere mu Rwanda, ukagera ku buryo Perezida Jorge Fonseca yateje imbere ibijyanye no gukorera mu mucyo kw’inzego cyangwa se uburyo bwo guhanga udushya bwa Perezida Ian Khama muri gahunda yo kurwanya ruswa muri za Minisiteri zo muri Botswana; ibi bihugu byamenye ibyo bigomba gukora binabishyira mu bikorwa ku bushake.”

Perezida Kagame ntahwema gushishikariza abayobozi b’u Rwanda kurwanya ruswa bivuye inyuma ndetse aherutse kwemerera abacamanza n’abandi bakora mu nzego z’ubutabera ko uko bazajya bagira uruhare mu kuyihashya ariko imibereho yabo izajya irushaho kuba myiza.

Ati ’’Uko muzajya mugabanya gufata iriya nkunga idakwiye ni ko nzajya nzamura ikwiye kandi buriya iyo bigabanutse, turwanyije ibigenda mu buryo butaribwo hose no hanze y’ubutabera ariko byanashingira no ku butabera igihugu kirunguka.’’

U Rwanda muri Afurika y’Iburasirazuba (EAC ) ruza ku mwanya wa mbere mu kurwanya ruswa rugakurikirwa na Tanzania iri ku mwanya wa 103 ku Isi n’amanota 36, Kenya ni iya gatatu muri EAC iri mu mwanya wa 143 ku Isi ikagira amanota 28.

Uganda ni iya kane muri EAC ikaza ku mwanya wa 151 ikagira amanota 26 mu gihe u Burundi buza ku mwanya wa nyuma n’amanota 22 bukaba buri ku mwanya wa 157 ku Isi.

Mu Rwanda hashyizweho ingamba mu gukumira no kurwanya ruswa mu gihugu; harimo amategeko, ubushake bwa politiki, kutihanganira na gato abijandika muri ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo.

Ibindi bigarukwaho ni uburyo kugeza ubu himakajwe ikoranabuhanga mu masoko no gusaba akazi hifashishijwe.

Ruswa ni icyaha gihanwa mu Rwanda aho uyitanze n’uyakiriye bose bakurikiranwa n’ubutabera ku buryo bashobora guhabwa ibihano biri hagati y’imyaka ibiri n’itanu.

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

2018-02-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Abo kwa Paul Rusesabagina bongeye gukama ikimasa. Bari bizeye ko Umunyamabanga w’ Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Antony Blinken uri mu Rwanda, amutahana ariko azarangiza igihano cye!

Ubwanditsi 11 Aug 2022
Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Minisitiri w’intebe wa Congo yagaragaje akavuyo mu miyoborere y’igihugu cye ubwo yashinjaga u Rwanda kuyibuza kurwanya ihindagurika ry’ikirere

Ubwanditsi 14 Nov 2024
IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

IBYO KAYUMBA NYAMWASA YARI KUBA YARABAJIJWE MURI TWITTER SPACE IYO UMURONGO UBA UFUNGUYE KU BANTU BOSE

RUSHYASHYA 17 Nov 2025
U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame
Mu Mahanga

Papa niba asabira imbabazi abafashe abana, yanazisabiye abakoze Jenoside – Kagame

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba
INKURU NYAMUKURU

Ubutumwa bwa  Major Cobra wahoze muri FDLR, bwatitije Col BEM Balthazar Ndengeyinka na Rugema Kayumba

Ubwanditsi 12 May 2019
Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi
INKURU NYAMUKURU

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Ubwanditsi 12 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru