• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ubwanditsi 09 Aug 2019 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame wafunguye ihuriro ry’Ubucuruzi riri kubera i Kigali; yagarutse ku Isoko rusange ry’Umugabane wa Africa rigomba gutangira mu mwaka utaha wa 2020, avuga ko n’amasezerano y’urujya n’uruza rw’Abanyafurika ari kugenda yemezwa n’ibihugu bitandukanye kuko hatabaho kwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ngo abantu bo bakumirwe.

Iri huriro ryiswe Golden Business Forum, rifite insanganyamatsiko igira iti “Unlock Trade in Africa and The Wordl” cyangwa se “Gufungurira imiryango ubucuruzi muri Africa n’ubwo igirana n’Isi”.

Perezida Kagame wagarutse ku masezerano y’isoko rusange rya Africa yashyiriweho umukono i Kigali muri Werurwe 2018, yavuze ko hari intambwe nziza iri guterwa mu kuyemeza ndetse ko azatangira kubahirizwa muri Nyakanga umwaka utaha wa 2020.

Yavuze kandi ko amasezerano y’urujya n’uruza rw’abanyafurika nayo yasinywe ndetse ko ibihugu bikomeje kuyemeza ku buryo namara kwemezwa Abanyafurika batazongera gusabwa impushya (Visa) zo kugenda mu mugabane wabo ndetse bakagira n’ubundi burenganzira bw’agaciro mu Africa yabo.

Avuga ko Abanyafurika batakwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko bo ubwabo bakikoma.

Ati “Ni gute twaba tugiye kwemera urujya n’uruza rw’ibicuruzwa ariko ntitwemere urujya n’uruza rw’abantu?”

Abakoloni binjiye muri Africa bayiciyemo ibice bashyiraho imipaka mu kuyigabagabanya ari na ho havuye ibyo kubanza kwaka impushya kugira ngo bave mu gihugu bajya mu kindi {za Visa}.

Perezida Kagame avuga ko Abanyafurika bakwiye kumva iby’aya mategeko n’amabwiriza ababuza kugenderanira uko bashaka kuko mbere yayo bagenderaniraga “bakambuka imipaka waba ubahaye Visa cyangwa utayibahaye.”

Avuga ko ikibabaje ari uko aba banyafurika babanza kwaka impusa zo kugenderanirana ari abavandimwe “Ikibatandukanyije ari uko baba mu bice bitandukanye bitandukanywa n’ibizwi nk’umupaka.”

Ati “Ni ahacu abayobozi kubyoroshya kuko byose bizaba bigamije tubyungukiyemo nta mwihariko ubayemo.”

Perezida Kagame yanagarutse ku masezerano y’isoko ry’ikirere kimwe azwi nka SAATM (Single African Air Transport Market), yafunguye mu ntangiro z’umwaka ushize ubwo yari ayoboye AU, avuga ko agamije gukuraho imbogamizi z’igendo zo mu kirere muri Africa.

Ati “Aya masezerano yose agamije kongera kubyutsa ubukungu bwa Africa, akazanira amahirwe abashoramari biteguye kuyabyaza umusaruro.”

Avuga ko uko abanyafurika bazarushaho guhahirana bizanabafasha kohereza ibicuruzwa ku yindi migabane “ariko biradusaba kongera ubwumvikane tukanagirana imibanire myiza hagati y’abaturanyi bacu.”

Kagame uvuga ko ibi bitanga ikizere ko bizatuma Kompanyi nyafurika ziza ku isonga ku Isi, avuga ko mu myaka 15 ishize hari ibihugu bya Africa byari mu myanya myiza muri raporo ya Banki y’Isi ku byerekeye ubucuruzi.

Avuga ko iterambere ryahoze ari umukoro wa za Guverinoma n’Imiryango itari iya Leta, ku buryo ubucuruzi bwahoraga mu biganiro, gusa ngo abacuruzi na bo bahoze bafite uruhare rukomeye mu majyambere.

Ati “Iyo myitwarire yadusubije inyuma nk’u Rwanda n’umugabane wose ariko inzira yo kwiyemeza impinduka iri kugenda neza.”

Agaragaza ko kwibumbira hamwe nk’umugabane bizawuzanira impinduka nziza kuko hari ingero z’ibyiza byo kwishyira hamwe nk’ibiriho bigerwaho mu bihugu bigize Umuryango wa Africa y’Uburasirazuba birimo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uhuriweho, ibikorwaremezo no gusangira ingufu z’amashanyarazi.

Perezida Kagame yahamagariye abikorera gukomeza kugira uruhare mu mpinduka z’umugabane wa Africa.

Perezida Kagame, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda Soraya Hakuziyaremye n’Umuyobozi w’abikorera Robert Bapfakurera

Perezida Kagame yavuze ko ari ngombwa kwihutisha urujya n’uruza rw’abantu

Iyi nama yitabiriwe n’abagera kuri 600 baturutse mu bihugu 20 byo hirya no hino ku Isi

2019-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Claude Muhayimana yafunguwe mu ibanga mu Kuboza 2022, amaze umwaka umwe gusa muri gereza.

Ubwanditsi 07 Jan 2023
Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Politiki y’interahamwe n’ibigarasha ni nk’uburozi bucuruzwa ngo bwice abazima, ikwiye kwamaganwa ; Rusesabagina utanga amapeti ashuka abantu azi nuko akurikirana ?

Ubwanditsi 22 Jul 2020
Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Ubwanditsi 26 May 2020
Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Akanyamuneza ku baturage ba Mozambike mu ntara ya Cabo Delgado basubiye mu byabo nyuma y’imyaka ine bameneshejwe n’inyeshyamba

Ubwanditsi 30 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC ikomeje kugira Ihuriro P5 ikimoteri ndetse n’ikusanyirizo ry’ibindi bigarasha
INKURU NYAMUKURU

RNC ikomeje kugira Ihuriro P5 ikimoteri ndetse n’ikusanyirizo ry’ibindi bigarasha

Ubwanditsi 25 Nov 2019
Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza
Mu Mahanga

Polisi iratangaza ko amatora y’Abajyanama yabaye mu mutekano usesuye kandi arangira neza

Ubwanditsi 23 Feb 2016
Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada
Amakuru

Iradukunda Bertrand uheruka gutandukana na Musanze FC, yerekeje muri Canada

Ubwanditsi 20 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru