• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibitego, uduhigo, amarira… Ibihe bidasanzwe byagize Lionel Messi igihangange ku Isi   |   01 Sep 2026

  • Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi   |   31 Aug 2026

  • Wazalendo yafashe abasirikare babiri b’Abarundi i Baraka, bajyanwa i Kinshasa: Ubwumvikane buke hagati ya FARDC n’ingabo z’u Burundi bwaturutse he?   |   31 Aug 2026

  • Police FC yasezereye Rayon Sports igera ku mukino wa nyuma wa Super Cup 2026 isanzeyo Kiyovu SC yo yasezereye Mukura VS   |   28 Aug 2026

  • U Rwanda rwabonye inguzanyo ya miliyari 280 Frw yo kuzamura ibikorwaremezo   |   26 Aug 2026

  • Volleyball: Mu mikino y’igikombe cy’Afurika mu Bagore iri kubera muri Kenya, U Rwanda rwandagaje Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC)   |   26 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Ubwanditsi 08 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yaje mu bakuru b’ibihugu batatu b’Abanyafurika bashyizwe ku rutonde ngarukamwaka rwa New African Magazine, rugaragaza Abanyafurika 100 bavuga rikijyana kuri uyu mugabane.

Urwo rutonde ruhuriza hamwe amazina y’abantu bafite ijambo mu nzego umunani zirimo politiki n’imirimo ya leta; ubucuruzi n’imari; imiryango itegamiye kuri leta n’impirimbanyi; uburezi; ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga udushya; itangazamukuru; ubugeni n’umuco na siporo.

Harebwa ku banyafurika bafite ibyo bakoze bifatika, baba bari imbere muri uyu mugabane cyangwa hanze yawo, amazina yabo agatangwa n’ababazi cyangwa abakorana nabo mu rwego runaka.

New African Magazine yagize iti “Abakuru b’ibihugu batatu bonyine nibo baje ku rutonde muri uyu mwaka. Nana Akufo-Addo wa Ghana, Paul Kagame w’u Rwanda na Alpha Condé wa Guinea. Visi Perezida wa Nigeria Yemi Osinbajo nawe yaje kuri uru rutonde mu rwego rwa politiki n’imirimo ya leta kubera uburyo yabaye mu cyimbo cya Perezida Buhari ubwo atari mu gice kinini cya 2017.”

Icyo kinyamakuru cyavuze ko igitangaje, bwa mbere kuva cyatangira gusohora uru rutonde ngarukamwaka mu myaka itanu ishize, urwa 2017 ruriho abagore 42 mu bantu 100, ari nawo mubare uri hejuru ubonetse.

Nigeria niyo ifite abantu benshi kuri uru rutonde bagera kuri 21, Afurika y’Epfo ikayigwa mu ntege n’abantu 14. Muri rusange abari kuri urwo rutonde bava mu bihugu 31.

Gikomeza kigira kiti “Abantu bazwi binjiye kuri uru rutonde barimo ababyinnyi ba Triplets Ghetto Kids bo muri Uganda, umwanditsi ukomoka muri Ghana ukora mu kinyamakuru British Vogue, Edward Kobina Enninful n’umukinnyi w’iteramakofe mu bafite ibiro byinshi, Umunyanijeriya ufite ubwenegihugu bw’umwongereza, Anthony Joshua.”

Uru rutonde rugaragaraho n’abaherwe kuri uyu mugabane barimo Aliko Dangote (Nigeria), Mohammed Dewji (Tanzania) mu rwego rw’ubucuruzi, n’abandi nka Isabel dos Santos na Jean-Claude Bastos de Morais bo muri Angola.

Umwanditsi Mukuru w’iki kinyamakuru, Anver Versi, yasobanuye ko bajya gukora uru rutonde rw’abavuga rikijyana kuri uyu mugabane, harebwe abantu bakoze ibikorwa bifatika byazanye impinduka cyangwa bikabera abandi urugero.

Andi mazina azwi twavuga ari kuri uru rutonde

Turebye nko mu rwego rwa politiki, harimo nka Amina J. Mohammed wo muri Nigeria, ubu ni Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye.

Barimo George Weah wigeze kwegukana Ballon d’or uri guhatanira kuyobora Liberia; Umwami Mohammed VI wa Maroc; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya, David Maraga; Akinwumi Adesina uyobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) na Vera Songwe wo muri Cameroon.

Barimo kandi Moussa Faki Mahamat uyobora Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na Dr Tedros Ghebreyesus uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima.

Mu bucuruzi harimo Makhtar Diop, Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Jean-Claude Bastos de Morais wo muri Angola washinze Quantum Global, Strive Masiyiwa wo muri Zimbabwe washinze Econet Wireless na Elon Musk ukomoka muri Afurika y’Epfo washinze PayPal, SpaceX, Tesla na OpenAI.

Mu bafite impinduka baharanira, twavuga nka Haben Girma, Umukobwa w’imyaka 29 uvuka ku babyeyi bo muri Eritrea na Ethiopia, ufite ubumuga bwo kutumva no kutabona, ariko mu 2013 yarangije mu ishuri ry’amategeko muri Kaminuza ya Harvard. Ubu aharanira ko abafite ubumuga bahabwa uburenganzira busesuye hagendewe ku byo bakeneye.

Mu burezi harimo Fred Swaniker wo muri Ghana washinze African Leadership Academy; Carlos Lopes, umwarimu muri Kaminuza ya Cape Town; mu itangazamakuru harimo nka Julie Gichuru wo muri Kenya, Trevor Noah wo muri Afurika y’Epfo na Khadija Patel, Umwanditsi Mukuru wa Mail & Guardian muri Afurika y’Epfo.

Mu bugeni n’umuco harimo abahanzi nka WizKid wo muri Nigeria, Chimamanda Ngozi Adichie nawe wo muri Nigeria, Tinashe wo muri Zimbabwe, umunyamideli wo muri Somalia, Halima Aden, Triplets Ghetto Kids bo muri Uganda n’abandi.

Mu bakinnyi kandi harimo Mohammed Salah, Umunyamisiri ukinira Liverpool yo mu Bwongereza, Mo Farah ukomoka muri Somalia waciye uduhigo mu kwiruka, Caster Semenya wo muri Afurika y’Epfo, Eniola Aluko wo muri Nigeria ariko ukinira ikipe y’Umupira w’amaguru y’abagore y’u Bwongereza, Faith Kipyegon wo muri Kenya na Kagiso Rabada, umukinnyi ukomeye wa cricket muri Afurika y’Epfo.


2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Rudasingwa Theogene, umubeshyi kabuhariwe n’impuguke mu kugoreka amateka

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ukuri kuraryana, abonse amashereka y’ingengabitekerezo ya jenoside bibumbiye mu gatsiko “JAMBO ASBL”, ubu baravuza iyabahanda , bikoma ababashyize ku Karubanda

Ubwanditsi 01 Aug 2020
Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Interahamwe n’ibigarasha byabaga muri Zambiya byatangiye gukwira imishwaro nyuma y’aho polisi y’icyo gihugu n’iy’u Rwanda ziyemereje gufatanya mu guhashya abanyabyaha

Ubwanditsi 21 Dec 2020
MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

MENYA UKURI: AMATEKA N’IMITERERE YA IDAMANGE IRYAMUGWIZA YVONNE

Ubwanditsi 15 Feb 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa
SHOWBIZ

Floyd Mayweather yatewe n’ Abajura baramucucura yibereye mu kabyiniro n’ Abakobwa

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Amafoto – Ibyishimo ni byinshi ku muryango w’umuhanzi Patient Bizimana wibarutse umwana w’imfura w’umuhungu
Amakuru

Amafoto – Ibyishimo ni byinshi ku muryango w’umuhanzi Patient Bizimana wibarutse umwana w’imfura w’umuhungu

Ubwanditsi 23 Sep 2022
Amakipe  yo mu mujyi umwe  i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza
IMIKINO

Amakipe yo mu mujyi umwe i Manshester akomeje kwitwara nabi muri shampiyona y’u Bwogereza

Ubwanditsi 15 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru