• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Perezida Kagame yaje mu baperezida batatu muri Afurika bavuga rikumvikana mu 2017

Ubwanditsi 08 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yaje mu bakuru b’ibihugu batatu b’Abanyafurika bashyizwe ku rutonde ngarukamwaka rwa New African Magazine, rugaragaza Abanyafurika 100 bavuga rikijyana kuri uyu mugabane.

Urwo rutonde ruhuriza hamwe amazina y’abantu bafite ijambo mu nzego umunani zirimo politiki n’imirimo ya leta; ubucuruzi n’imari; imiryango itegamiye kuri leta n’impirimbanyi; uburezi; ubumenyi, ikoranabuhanga no guhanga udushya; itangazamukuru; ubugeni n’umuco na siporo.

Harebwa ku banyafurika bafite ibyo bakoze bifatika, baba bari imbere muri uyu mugabane cyangwa hanze yawo, amazina yabo agatangwa n’ababazi cyangwa abakorana nabo mu rwego runaka.

New African Magazine yagize iti “Abakuru b’ibihugu batatu bonyine nibo baje ku rutonde muri uyu mwaka. Nana Akufo-Addo wa Ghana, Paul Kagame w’u Rwanda na Alpha Condé wa Guinea. Visi Perezida wa Nigeria Yemi Osinbajo nawe yaje kuri uru rutonde mu rwego rwa politiki n’imirimo ya leta kubera uburyo yabaye mu cyimbo cya Perezida Buhari ubwo atari mu gice kinini cya 2017.”

Icyo kinyamakuru cyavuze ko igitangaje, bwa mbere kuva cyatangira gusohora uru rutonde ngarukamwaka mu myaka itanu ishize, urwa 2017 ruriho abagore 42 mu bantu 100, ari nawo mubare uri hejuru ubonetse.

Nigeria niyo ifite abantu benshi kuri uru rutonde bagera kuri 21, Afurika y’Epfo ikayigwa mu ntege n’abantu 14. Muri rusange abari kuri urwo rutonde bava mu bihugu 31.

Gikomeza kigira kiti “Abantu bazwi binjiye kuri uru rutonde barimo ababyinnyi ba Triplets Ghetto Kids bo muri Uganda, umwanditsi ukomoka muri Ghana ukora mu kinyamakuru British Vogue, Edward Kobina Enninful n’umukinnyi w’iteramakofe mu bafite ibiro byinshi, Umunyanijeriya ufite ubwenegihugu bw’umwongereza, Anthony Joshua.”

Uru rutonde rugaragaraho n’abaherwe kuri uyu mugabane barimo Aliko Dangote (Nigeria), Mohammed Dewji (Tanzania) mu rwego rw’ubucuruzi, n’abandi nka Isabel dos Santos na Jean-Claude Bastos de Morais bo muri Angola.

Umwanditsi Mukuru w’iki kinyamakuru, Anver Versi, yasobanuye ko bajya gukora uru rutonde rw’abavuga rikijyana kuri uyu mugabane, harebwe abantu bakoze ibikorwa bifatika byazanye impinduka cyangwa bikabera abandi urugero.

Andi mazina azwi twavuga ari kuri uru rutonde

Turebye nko mu rwego rwa politiki, harimo nka Amina J. Mohammed wo muri Nigeria, ubu ni Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Umuryango w’Abibumbye.

Barimo George Weah wigeze kwegukana Ballon d’or uri guhatanira kuyobora Liberia; Umwami Mohammed VI wa Maroc; Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga rwa Kenya, David Maraga; Akinwumi Adesina uyobora Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB) na Vera Songwe wo muri Cameroon.

Barimo kandi Moussa Faki Mahamat uyobora Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika na Dr Tedros Ghebreyesus uyobora Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima.

Mu bucuruzi harimo Makhtar Diop, Visi Perezida wa Banki y’Isi muri Afurika, Jean-Claude Bastos de Morais wo muri Angola washinze Quantum Global, Strive Masiyiwa wo muri Zimbabwe washinze Econet Wireless na Elon Musk ukomoka muri Afurika y’Epfo washinze PayPal, SpaceX, Tesla na OpenAI.

Mu bafite impinduka baharanira, twavuga nka Haben Girma, Umukobwa w’imyaka 29 uvuka ku babyeyi bo muri Eritrea na Ethiopia, ufite ubumuga bwo kutumva no kutabona, ariko mu 2013 yarangije mu ishuri ry’amategeko muri Kaminuza ya Harvard. Ubu aharanira ko abafite ubumuga bahabwa uburenganzira busesuye hagendewe ku byo bakeneye.

Mu burezi harimo Fred Swaniker wo muri Ghana washinze African Leadership Academy; Carlos Lopes, umwarimu muri Kaminuza ya Cape Town; mu itangazamakuru harimo nka Julie Gichuru wo muri Kenya, Trevor Noah wo muri Afurika y’Epfo na Khadija Patel, Umwanditsi Mukuru wa Mail & Guardian muri Afurika y’Epfo.

Mu bugeni n’umuco harimo abahanzi nka WizKid wo muri Nigeria, Chimamanda Ngozi Adichie nawe wo muri Nigeria, Tinashe wo muri Zimbabwe, umunyamideli wo muri Somalia, Halima Aden, Triplets Ghetto Kids bo muri Uganda n’abandi.

Mu bakinnyi kandi harimo Mohammed Salah, Umunyamisiri ukinira Liverpool yo mu Bwongereza, Mo Farah ukomoka muri Somalia waciye uduhigo mu kwiruka, Caster Semenya wo muri Afurika y’Epfo, Eniola Aluko wo muri Nigeria ariko ukinira ikipe y’Umupira w’amaguru y’abagore y’u Bwongereza, Faith Kipyegon wo muri Kenya na Kagiso Rabada, umukinnyi ukomeye wa cricket muri Afurika y’Epfo.


2017-12-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Perezida Nkurunziza agomba kuryozwa ibyaha byose by’ihohoterwa bikorerwa mu Burundi- Raporo ya (UN)

Ubwanditsi 18 Sep 2019
Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Kubera iki Leta ya Nkurunziza idakozwa igitekerezo cy’inzibacyuho, igashyira imbere ko ibibazo bikemurwa n’ibihugu bigize EAC?

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Isi ikomeje kubabana nto: Umujenosideri Eric Tabaro Nshimiye yafatiwe muri Amerika

Ubwanditsi 22 Mar 2024
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Ubwanditsi 26 Mar 2016
ITANGAZO
Mu Mahanga

ITANGAZO

Ubwanditsi 31 May 2016
Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe
Mu Mahanga

Karongi : Polisi y’u Rwanda yagaruje ibyuma bikoreshwa mu kubaka imihanda byibwe

Ubwanditsi 01 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru