• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Rayon Spotrs yasinyanye amasezerayo y’ubufatanye na Bank of Kigali y’igihe cy’imyaka 5, ikazabona arenga Miliyari 1 ku mwaka   |   18 Jul 2026

  • Dr Eugène Rwamucyo yahamijwe ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi, akatirwa imyaka 27 y’igifungo mu Bufaransa   |   18 Jul 2026

  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?

Ese iyo Kongo iza kuba ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR, Amerika n’Uburayi byari kubirenza ingohe?

Ubwanditsi 09 Jan 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Bimaze kugaragara ko ibikorwa by’iterabwoba bihangayikisha abanyamerika n’abanyaburayi iyo bibangamiye inyungu zabo gusa. Iyo iterabwoba ryibasiye abo mu bindi bice by’isi, cyane cyane Afrika, rifatwa nk’ibisanzwe, kuko amaraso yabo nta gaciro afite nk’ay’abatuye mu burengerazuba bw’isi.

Ibyegeranyo mpuzamahanga binyuranye ndetse n’ibimenyetso simusiga, byagaragaje ko ubutegetsi bwa Kongo bukorana bya hafi n’imitwe y’iterabwoba iri muri icyo gihugu, cyane cyane umutwe w’abajenosideri wa FDLR. Nyamara uretse kubivuga mu magambo byo kwiyerurutsa, abanyabubasha bo muri Amerika n’Uburayi nta kintu na kimwe bakora ngo ubwo bufatanye hagati y’ubutegetsi bwa Kongo n’abo bagizi ba nabi buhagarare. 

Nimutekereze akaga Kongo yari guhura na ko iyo iza gufatirwa mu cyuho ikorana na Al-Qaeda nk’uko ikorana na FDLR. Nta gusidikanya, ubu imvura y’amasasu y’Abanyamerika yari kuba yarahinduye Kongo umuyonga, nk’uko byagenze muri Irak, Iran,  Afghanisatan, Somaliya, Libya, Syria, n’ahandi henshi hagiye havugwa Al-Qaeda, rimwe na rimwe ari no kubeshya kubera izindi nyungu, cyane cyane iz’ubukungu.

Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni kimwe mu bihugu byashyize FDLR ku rutonde rw’imitwe y’iterabwoba. Kubivuga gusa ntihagire igikorwa ngo uwo mutwe usenywe burundu, si ukwiyerurutsa no kudaha agaciro Abanyarwanda n’Abanyekongo batabarika, bambuwe ubuzima n’abo bicanyi ruharwa?

FDLR ni n’imungu y’amahoro muri aka karere, kuko yirirwa yigisha ingengabitekerezo ya jenoside yibasira Abatutsi, nk’uko Al-Qaeda igizwe n’abahezanguni bagambiriye gutsemba ku isi uwo ariwe wese badahuje imyumvire. Abanyamerika n’Abanyaburayi batandukanya bate iyi mitwe yombi y’iterabwoba?

Uru sirwo rugero rwonyine rwerekana ko amaraso y’abirabura, by’umwihariko Abanyarwanda, atagira agaciro nk’ay’abandi batuye isi. Ubwo Paul Rusesabagina yafatwaga ngo aburaniswe ku byaha bifitanye isano n’iterabwoba, hari abategetsi bo mu Burayi n’Amarika basakuje ngo “impirimbanyi ya demokarasi” yarashimuswe. Nyamara Amerika yagabye ibitero utamenya umubare mu bihugu binyuranye, byanaguyemo abo yise”ibyihebe”, nk’icyahitanye Oussama Bin Laden muri Pakistan. Abanyamerika bashimuse abantu benshi bashinjwa kuba abayoboke ba Al-Qaeada, ndetse bakicwa batanagejejwe imbere y’ubutabera. Ko Paul Rusesabagina nawe ari Bin Laden ku Banyarwanda, ndetse we akaba yaranaburanishijwe mu buryo buboneye agahamwa n’ibyaha, induru zivuzwa ku Rwanda ngo narekurwe, ni iz’iki, niba atari rya rondaruhu twavuze haruguru?

Burya arigira, yakwibura agapfa. Abanyarwanda dukwiye gukomeza umuco wo kwishakira ibisubizo nk’uko twabitangiye, tukima amatwi abaturangaza bagamije gukoma mu nkokora inzira turimo yo kwiteza imbere. 

 

2023-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Umujenosideri Augustin Ngirabatware wakatiwe igifungo cy’imyaka 32 agiye kurangiriza igihano cye muri Senegal.

Ubwanditsi 23 Jul 2021
Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Perezida Kagame yasobanuye ko ntaho uRwanda ruhuriye n’umutwe wa M23. Kenya ntiyajya mu mikino yo kwegekanaho umutwaro kuko ntacyo yakemura”-William Ruto, Perezida wa Kenya.

Ubwanditsi 26 Sep 2022
Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Perezida Kagame yatunguye benshi kubera ijambo yavuze ubwo yatangaga ikiruhuko kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 05 Jul 2019
Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Ubwanditsi 23 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)
Amakuru

Minisiteri ya Siporo mu Rwanda yahaye FERWAFA uburenganzira bwo gusubukura amarushanwa y’ikiciro cya 2 mu bagabo ndetse n’ayo mu kiciro cya 1 n’icya 2 mu bagore (2021)

Ubwanditsi 17 Aug 2021
Perezida Kagame  yasesekaye  mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe  umutekano hirindwa imyigaragambyo
Mu Rwanda

Perezida Kagame yasesekaye mu mujyi wa Ndjamena wakajijwe umutekano hirindwa imyigaragambyo

Ubwanditsi 08 Aug 2016
Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka
Amakuru

Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Ubwanditsi 22 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru