• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Perezida Kagame ategerejwe bidasanzwe muri Cote D’Ivoire

Ubwanditsi 18 Dec 2018 ITOHOZA, POLITIKI

Guverinoma y’igihugu cya Cote d’Ivoire iratangaza ko Perezida w’u Rwanda Paul Kagame azagenderera Cote d’Ivoire  kuri uyu wagatatu , mu ruzinduko rw’iminsi ibiri kuva tariki 19 kugeza tariki 20 Ukuboza, mu ruzinduko rw’akazi.

Aya makuru yatangajwe na leta ya Cote d’Ivoire, bivugirwa mu nama y’abaminisitiri y’icyo gihugu yabaye kuwa gatatu w’icyumweru gishize.

Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Cote d’Ivoire

Hatangajwe ko Perezida Kagame azaba ajyanwe no gutsura umuno n’iki gihugu cyo muburengerazuba bw’Afurika.

Minisitiri Sidi Tiémoko Touré, umuvugizi wa leta ya Cote d’Ivoire, yabwiye bagenzi be bagize guverinoma iby’uru ruzinduko agira ati “Mu rwego rwo guteza imbere umubano wa Cote d’Ivoire n’u Rwanda, nshimishijwe no kubamenyesha ko Perezida Paul Kagame azadusura tariki 19 na 20 Ukuboza 2018”.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame azagirana ibiganiro na Mugenzi we Perezida Ouattara bireba ibihugu byombi, ariko kandi bakanagaruka ku bireba Afurika muri rusange, kuko Perezida Kagame ayoboye umuryango w’ubumwe bw’Afurika.

Mu kwezi kwa kane uyu mwaka dusoza, perezida Alassane Ouattara wa Cote d’Ivoire nawe yasuye u Rwanda.

2018-12-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

U Rwanda rwaje ku isonga muri Afurika mu kugira ubuyobozi bukorera mu mucyo

Ubwanditsi 22 Nov 2017
Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

Ishoramari mvamahanga ryageze kuri miliyari 1.598,3 Frw mu mwaka umwe

RUSHYASHYA 19 Feb 2026
Umugabo  wo mu Karere ka Nyamasheke ‘Nzirabatinya Emmanuel’ yiyemeje kwiyamamaza nk’umukandida wigenga, nk’uko ngo yabisabwe n’Imana

Umugabo wo mu Karere ka Nyamasheke ‘Nzirabatinya Emmanuel’ yiyemeje kwiyamamaza nk’umukandida wigenga, nk’uko ngo yabisabwe n’Imana

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Akabajenosideri kashobotse J. Claude Seyoboka uregwa Jenoside nawe aragezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 17 Nov 2016

3 Ibitekerezo

  1. Umurungi alice
    December 18, 20186:51 pm -

    Amaradio mpuzamahanga yatangajeko indege Perezida Kagame yikodeshaho imaze gutwara arenga miliyari 8. Zagaragajeko izo ngendo zinarengeje amafaranga ateganyirijwe perezidansi yose kandiko uwayarekera igihugu, yagiteza imbere cyane. Urugendo rero wo muri Cote d’Ivoire ruje guhuhura igihugu yuko umusaruro nyawo ukemangwa.

    Subiza
    • AL
      December 19, 20185:59 am -

      Umvanyine ko ari Radio Muzamahanga nyine. ntabwo ari abanyarwanda babivuze kd ibyo abanyarwanda bavuga twe nibyo duha agaciro..Kd indenge ya H.E ntabwo ikodeshwa kd nibyo abagiyemo nibifitiye igihugu akamaro .

      Subiza
  2. katagruma
    December 19, 20188:02 am -

    Ntabwo Perezida Kagame apfa kugenda, abafite gahunda ifashe kandi ifitiye akamaro twebwe
    abanyarwanda, naho ibya matike yindege b n,amafaranga ya mission , ibyatuzanira murizo ngendo
    byikubye inshuro nyinsi izo expenses zababaje, muaragira ngo nawe ajye yirirwa mu mirima y’ibishyimbo
    n’urutoki nk’umuturanyi wacu ?nyamara baca umugani iwabo ngo akanyoni katagurutse nti kamenye
    iyo bweze, mujye muvuga ibyo muzi mureke kwivanga mubyo mutazi ngo amahanga yavuze, ubuse ikiza
    yavuga u Rwanda niki?ibyo ayo mahanga yadukorerye nicyo akidukorera murakiyobewe?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi
Amakuru

Umusaruro w’ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda muri Mozambike watangiye kugera no ku babirwanyije: Gaz ivuye mu ntara ya Cabo Delgado igiye gutabara Abanyaburayi

Ubwanditsi 16 Nov 2022
APR FC  yatsindiwe na Djoliba muri Mali
IMIKINO

APR FC yatsindiwe na Djoliba muri Mali

Ubwanditsi 08 Mar 2018
Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure
HIRYA NO HINO

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Ubwanditsi 01 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru