• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Judith Heard ukomoka mu Rwanda yafungiwe muri Uganda kubera amafoto y’ubwambure

Ubwanditsi 01 Aug 2018 HIRYA NO HINO

Umunyamideli ukomeye muri Uganda, Judith Kantengwa uzwi nka Judith Heard yingingiye Polisi ya Kampala kumuha imbabazi ku bw’amafoto y’ubwambure bwe yasohotse muri Gicurasi bigateza impagarara mu bakoresha imbuga nkoranyambaga.

Judith Heard ni Umunyarwandakazi uzwi mu kwerekana imideli, yubatse izina muri Uganda. Ni umubyeyi w’abana barimo umwe yafashe akiyemeza kumurera ndetse n’impanga yabyaranye n’umugabo we, Umunyamerika Dr. Alex Heard unamwongerera imbaraga mu bikorwa bye byo kumurika no guhanga imideli.

Yasabye inzego zishinzwe umutekano kumubabarira nyuma y’aho zimutaye muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki 31 Nyakanga 2018, afatiwe ahegeranye na City Square muri Kampala, ngo asobanure impamvu yatumye yanga kwitaba impapuro zimuhamagaza ngo yisobanure inshuro ebyiri.

Chimp Reports yatangaje ko Judith Heard yisobanuye mu nyandiko mu bugenzacyaha ku bw’ayo mafoto ye. Iki kinyamakuru cyavuze ko yahise asaba imbabazi polisi avuga ko yafashwe n’uwari umukunzi we ku bw’impamvu zijyanye n’umushinga w’akazi ubwo yari akiri umunyamideli ndetse ngo ntabwo bateganyaga kuba bayasohora na rimwe.

Heard yavuze ko impamvu atitabye mbere ubwo polisi yamuhamagazaga inshuro ebyiri ari ukubera yari ari hanze y’igihugu mu Burayi yitabiriye ibikorwa bijyanye n’akazi ko kumurika imideli asanzwe akora.

Mbere y’uko atabwa muri yombi, Polisi yo mu Mujyi wa Kampala yari yavuze ko yahamagaje Judith Heard inshuro ebyiri ariko akananirwa kuyitaba. Iperereza ku mafoto y’ubwambure y’uyu mugore ryafunguwe mu kwezi kwa Kamena.

Yanditse kuri Facebook ati “Kuri buri musozo w’umuhanda, icy’ingenzi ni ugira inseko ya nyuma, na bariya bandika amakuru y’ibihuha ku bantu bafite imiryango ibakira mu rugo iyo bavuye ku kazi basoje umunsi muremure wo gushyira icyasha ku zina ry’umuntu.”

Yongeyeho ati “N’ubundi ubujiji bwa Pharaoh ntibwigeze buhagarika Moïse kubohoza abanya-Israel mu Misiri. Uzamererwa neza!!!”

Judith Heard yatawe muri yombi asaba imbabazi

Judith Heard abaye umuntu wa gatatu utawe muri yombi kuva muri Uganda hashyirwaho urwego rurwanya ibikorwa bya Poronogarafiya muri Kamena rukuriwe na Simon Lokodo. Uwa mbere wafunzwe ni uwitwa Lilian Rukundo wo muri Uganda Christian University na Ashburg Kato wanahamwe n’icyo cyaha agahanwa.

Ibyo uyu munyamideli yatangaje akemera gusaba imbabazi byatunguye benshi kuko mbere agihamagazwa na polisi yari yatsembye avuga ko abantu bababazwa n’ahashize he bazatakaza umwanya abandi bari mu bikorwa by’iterambere.

Uyu munyamideli byitezwe ko na we azagaragara mu rukiko nyuma yo gusubiza ibibazo mu iperereza ari gukorwaho.

Heard ari ku rutonde rw’abagomba kubazwa iby’amashusho y’urukozasoni yabo yasakajwe muri Uganda barimo na Sheila Patience uzwi nka Don Zella; rwiyemezamirimo witwa Jack Pemba; Zari Hassan; Desire Luzinda n’uwiyita Bad Black.

Judith Heard yavuze ko ubwo yahamagazwaga na polisi bwa mbere yari ari mu Bufaransa mu bikorwa by’akazi ke

Judith Heard yavuze ko ubwo yahamagazwaga na polisi bwa mbere yari ari mu Bufaransa mu bikorwa by’akazi ke

2018-08-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Rwanda-Uganda: hari ruswa mu iyambutswa ry’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 11 Apr 2019
Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Ubwanditsi 15 Apr 2020
‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Ubwanditsi 20 Mar 2020
Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Diamond wari umaze iminsi avuma Leta, yabonanye na Perezida Magufuli

Ubwanditsi 05 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye
IMIKINO

FA Cup: Chelsea yasezereye Leicester City biyigoye

Ubwanditsi 19 Mar 2018
Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa
Mu Mahanga

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Ubwanditsi 25 Feb 2016
CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda
Mu Rwanda

CNLG irashima u Budage bwohereje Twagiramungu mu Rwanda

Ubwanditsi 22 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru