• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Hon. Dr.Habineza avuga ko n’abanyereza ibya Leta bakwiye kwamburwa Ubutore

Ubwanditsi 26 Oct 2018 HIRYA NO HINO

Perezida w’Ishyaka Riharanira Demokorasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), ntiyemeranya n’umuyobozi w’itorero ry’u Rwanda, Bamporiki Edouard, wambuye Ubutore umuhanzikazi, Uzamberumwana uzwi ku izina rya Oda Paccy.

Ku wa Gatatu tariki ya 24 Ukwakira 2018, nibwo umuyobozi w’itorero ry’u Rwanda, Bamporiki Edouard yasohoye itangazo anarishyiraho umukono avuga ko ku bw’ububasha ahabwa n’umutoza w’ikirenga, yambuye Paccy ubutore.

Ibaruwa yambura ubutore, Oda Paccy

Kwamburwa ubutore, byatewe n’ifoto yamamaza indirimbo ye yitwa ‘Ibyatsi’, aho yakoresheje ifoto igaragaza ikibuno cy’umukobwa wambaye uko yavutse, yafashwe nk’idakwiye mu muco nyarwanda, bityo bimuviramo kubwamburwa burundu.

Hon. Dr Habineza avuga ko ibyo Paccy yakoze atari icyaha, ahubwo ko ari ikosa, bityo ko adakwiye guhutazwa yamaganwa, ahubwo ko abanyereza imitungo ya Leta baraciye mu Itorero ry’Igihugu, aribo bakwiye gufatirwa ingamba mbere y’abandi bakamburwa ubwo butore.

Abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, Hon Dr Habineza yagize ati “umuraperi Uzamberumwana Odda Paccy nta cyaha yakoze, ni ikosa gusa kandi nta mpamvu yo gukomeza kumuhutaza yamaganwa, ntibikwiye ko afatirwa ibindi bihano birenze ibyo kumukura mu Ntore, abasaba ko ibihangano bye bihagarika, natwe tubasabye kudakomeza”.

Abantu benshi bakomeje kugaruka kuri iki cyemezo Bamporiki yafatiye Odda Paccy, bamwe bavuga ko atari we muntu wa mbere ukoze ikosa kandi yaraciye mu itorero, bamwe bakavuga ko n’abo bose bakwiye kubwamburwa.

Hagendewe ku bitekerezo by’abantu batandukanye bagiye bagaruka kuri iyi myanzuro yafatiwe uyu muhanzikazi, Bwiza.com yabajije Hon Dr Habineza Frank, iti “Ese kuba hari abayobozi banyereza imitungo ya Leta n’ibindi byaha bikorwa kandi baraciye mu itorero, ubihuje n’ibi Oda Passy yakoze, ubona bo bakwiye iki?

Yasubiye agira ati “Abo nibo bakwiriye kwirukanwa mu itorero,… Njyewe mbona nta cyaha yakoze, nk’umuhanzi yari yatekereje ko yakoze agashya kandi biri mu burenganzira bwe, Ntabwo bikwiriye kumwamagana”.

Umwe mu bakurikiranira hafi ibya politiki yo mu Rwanda, Ndahayo Gerrard [izina ryahinduwe] abajijwe ku cyemezo cyafatiwe Paccy, yagize ati “ariko abantu ntibakirize nkana ku bandi, nkaho bo ari mikese igoroye, uru Rwanda rufite abibye amakariso n’amaserengeri, abize bakopera, rufite abarya ruswa, abambura abaturage, abarya Girinka n’abandi, none ngo Ibyatsi ni ikibazo”.

Aha aragaruka cyane kuri iyi ngingo y’uko n’abanyereza ibya Leta ndetse n’abanyunyuza imitsi y’abaturage ku bw’ingunyu zabo bwite nabo bagakwiye kwambura Ubutore.

Ati “Aba Meya n’abagitifu barya Girinka se, abahombya amamiliyari se nizo Ntore u Rwanda rushaka, Ingabire yavuze ko ukoze ibyoroshye ahanwa, uw’ibikomeye akagororerwa, none arabihamije. Paccy nta mukati yatswe, nakomeze yikorere akazi, kuko u Rwanda ni igihugu kigendera ku mategeko”.

Undi na we yagarutse ku muhanzi nyarwanda uherutse gukubita umugore we akamukura amenyo, uwo na we ari mu bahanzi batojwe gitore, mu ‘Indatabigwi’ , ariko nta byemezo yigeze afatirwa ngo na we abe yakwamburwa Ubutore.

Yagize ati “Mu minsi ishize umwe mu bahanzi batojwe n’Itorero muyobora [….] yakubise umugore amukuramo amenyo anavuga ko azamugurira andi ya zahabu (niko twumvise) ko nta baruwa imwambura izina ry’Ubutore, kandi hakaba hashize igihe, cyangwa dukomeze gutegereze?

Akomeza avuga ko ikosa yakoze ryaba riremereye kurusha irya Paccy, ko we yanakoze iryo gukubita umuntu akanamukuramo ingingo z’umubiri, ariko ngo n’iyi saha, nta baruwa imwambura ubutore irasohoka.

Akibona iri tangazo, Paccy yavuze ko ifoto ye ari iy’ubugeni ndetse ko ntaho ihuriye n’ibyo umuntu yahita atekereza, intego ye ko ariyo kwamamaza indirimbo ye ‘Ibyatsi’.

Uzamberumwana Pacifique uzwi nka Oda Paccy ni umuraperikazi wamamaye mu Rwanda ku ndirimbo ze zitandukanye, zirimo nka ‘Kano, Igikuba, Rendez-Vous’,… umwaka ushize nabwo yaragarutsweho mu itangazamakuru ubwo yasohoraga indirimbo ‘Order’ yikinze ku ikoma yambaye ubusa.

Ifoto yatumye Paccy afatirwa ibihano bikakaye

 

2018-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Zari yakwepye umusore washakaga kumuha impano y’imodoka ihenze- AMAFOTO

Ubwanditsi 12 May 2018
Amateka ya Col. Muammar Gaddafi ndetse nuko yakojeje agati mu ntozi aca umurongo utukura mu nyanja ngo ahangane na Amerika

Amateka ya Col. Muammar Gaddafi ndetse nuko yakojeje agati mu ntozi aca umurongo utukura mu nyanja ngo ahangane na Amerika

Ubwanditsi 22 Jan 2018
Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Umuhanzi wo muri Uganda Ziggy Wine, wari inshuti ya hafi ya Bobi Wine, yapfuye urw’agashinyaguro nyuma yo kumara igihe atotezwa mu buryo bukomeye.

Ubwanditsi 07 Aug 2019
Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Tumenye kandi twamagane MUSABYIMANA Gaspard, Interahamwe kabombo ikomeje ubugizi bwa nabi.

Ubwanditsi 24 Jun 2021

Igitekerezo kimwe

  1. Kamari
    November 7, 20186:19 am -

    Bamooriki ni asubize itorero umutoza w’ikirenga ryamunaniye. Ubwo se niba Odda Paccy ari kwishakishiriza akaba ntawe yibye, akaba adahembwa ku musoro, … Bamporiki amushakaho iki??? Ubwo Itorero ry’Igihugu rihindutse Traffic Police niyo igushinja icyaha, ikakuburanisha, ikanahita iguhana utavuze n’ijambo rimwe

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora
IKORANABUHANGA

Amerika yagabye igitero cya mudasobwa ku ntwaro za Irani zimara igihe zidakora

Ubwanditsi 24 Jun 2019
Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Mu mukino w’ikirarane, APR FC yatsinze Bugesera FC 2-0 ifata umwanya wa Gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 27 Nov 2024
Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Imvugo zihembera urwango za Rusesabagina ntizigomba kwihanganirwa

Ubwanditsi 23 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru