• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara yakubura hagati y’igisirikari cya Kongo n’umutwe wa M23, Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yatanze itegeko ryo guhiga bukware abo yise ’’intasi z’u Rwanda zinjiye mu nzego z’umutekano za Kongo’’. Iryo tegeko ryatangiye gukurikizwa, ababarirwa mu magana bakaba bamaze kwicwa, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda, cyangwa basa n’Abanyarwanda.

Imiryango idafite aho ibogamiye, isanzwe inatanga amakuru yizewe, iravuga ko tariki 31 Gicurasi 2022 honyine, hari abantu batari munsi ya 80 biciwe mu bigo bya gisirikari binyuranye, bikorwa n’abasirikari bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida, garde républicaine. Mu bicwa harimo abana, abagore n’abakobwa, batagize aho bahurira n’ibya gisirikari cyangwa iby’ubutasi.

Iyo miryango iratabaza amahanga ivuga ibiba muri Kongo ari Jenoside, dore ko abategetsi ba Kongo badasiba gushishikariza abaturage gutyaza imipanga bakica abo basangiye igihugu.
Nyamara, abakongomani bavuga ururimi rw’ ikinyarwanda banganya uburenganzira n’abandi Banyekongo, nk’uko biteganywa n’itegekonshinga rya Kongo. N’ ikimenyimenyi hari benshi bagiye bashingwa imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Kongo, nka Azarias Ruberwa wabaye Visi-Perezida wa Repubulika, ndetse akaniyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Wasobanura ute ko komisiyo ishinzwe amatora yakiriye kandidatire ya Ruberwa, akiyamamaza nk’abandi Bakongomani, ndetse urukiko rurinda itegekonshinga, ari narwo rusumba izindi muri Kongo, rukemeza ibyavuye mu matora, kandi intagondwa zitemera ko abavuga ikinyarwanda ari Abakongomani?

Urwango rurimo gukwirakwizwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, abagome bashishikariza abaturage kwica Abanyamulenge n’abandi Batutsi bo muri Kongo, Leta yabo ntibyamagane ahubwo ikarushaho kwatsa umuriro mu mbwirwaruhame z’ abategetsi, baba abasivili cyangwa abasirikari, birasa neza n’ibyakozwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi no mu gihe yashyirwaga mu bikorwa.

Umuryango mpuzamahanga warareberaga nk’uko n’ubu utitaye ku bibera muri Kongo. Ubwo amateka nabibabaza bazavuga ko habaye agakosa ka politiki(erreur politike) cyangwa kutamenya neza ibyabaga(mauvaise appréciation de la situation), nk’uko hari abatinyuka kubivuga iyo babajijwe impamvu ntacyo bakoze ngo batabare abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ingabo za Loni, MINUAR, nk’uko n’ubu muri Kongo hari MONUSCO. Ibi rero bitera kwibaza niba koko Loni ifite ubushake n’ubushobozi bwo kurwanya jenoside. Abazi neza imikorere ya Loni bahamya ko ahubwo hari abakozi bayo bafite inyungu mu ntambara na jenoside.

Kuva abajenosideri bo mu Rwanda bagera muri Kongo mu mwaka w’ 1994, bagafatwa nk’amata y’abashyitsi, bakemererwa kurema imitwe y’iterabwoba, na nyuma y’imyaka 28 bakaba bakivuga rikijyana, ingengabitekerezo ya jenoside yatangiye kwarika mu mitima y’ Abakongomani. Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye havuka imitwe yo kwirwanaho, irimo CNRDP yaje kubyara M23.

Abahanga mu bya politiki basanga igihe cyose Leta ya Kongo izaba igisigasira abicanyi barimo na FDLR, gutekereza umutekano muri icyo gihugu biri kure nk’ukwezi.

Ikibabaje ariko, Leta zose uko zasimburanye muri Kongo zananiwe gushaka umuti w’ikibazo nyakuri, buri gihe ikimwaro kikabategeka kwegeka ibibazo byabo ku Rwanda. Nk’ubu inyigaguhuma muri politiki, Martin Fayulu, arahamagarira abaturage kwirunda mu mihanda ngo baramagana uRwanda, nyamara imyaka ibaye imyaniko ntacyo iyo myigaragambyo y’imburamukoro igeraho, uretse gutukana no gusahura iby’abandi.

Icyakora burya ikinyoma ntikirara bushyitsi, dore ko nko mu nama ya Loni yabaye kuwa kabiri ushize, nta gihugu na kimwe cyagaragaje ko gishyigikiye ibinyoma bya Kongo, ahubwo hafi ya byose byashishishikarije iki gihugu gukemura ikibazo cy’ imiyoborere mibi, ituma imitwe yitwaje intwaro ihagira indiri.

Gutuka u Rwanda byo ntacyo bivuze kuko ntawe ukwiye guta umwanya we ku myitwarire y’ibigwari n’abatagira uburere. Icyakora gukomeza gushotorana, barasa ku butaka bw’ uRwanda, bashimuta abasirikari barwo, byo ni nko gukora intare mu jisho, kandi bagombye kuba babizi kurusha undi wese.

2022-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Sep 2020
Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Colonel Mpiranya Leon Cyprien alias Kagoma asimbuye Gen.BGDE Afurika Jean Michel k’umwanya w’umukuru w’inyeshyamba za RUD URUNANA

Ubwanditsi 18 Nov 2019
Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Umunyekongo Patrick MBEKO yahawe gasopo, asabwa kureka kugoreka amateka y’Abanyarwanda yiyita “umunyabwenge”

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Abapolisi bo mu karere ka Musanze batangiye amahugurwa yo kunoza neza  akazi kabo

Abapolisi bo mu karere ka Musanze batangiye amahugurwa yo kunoza neza akazi kabo

Ubwanditsi 15 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba
ITOHOZA

Rubavu : Njyanama yatunguwe no kwegura kwa Sinamenye bari bazi ko agaruka mu kazi vuba

Ubwanditsi 30 Aug 2017
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Ubwanditsi 23 Feb 2019
Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye
Mu Rwanda

Iburanisha risoza urubanza rw’ubujurire bwa Munyakazi ryaranzwe n’impaka zikomeye

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru