• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Editorial 02 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara yakubura hagati y’igisirikari cya Kongo n’umutwe wa M23, Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yatanze itegeko ryo guhiga bukware abo yise ’’intasi z’u Rwanda zinjiye mu nzego z’umutekano za Kongo’’. Iryo tegeko ryatangiye gukurikizwa, ababarirwa mu magana bakaba bamaze kwicwa, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda, cyangwa basa n’Abanyarwanda.

Imiryango idafite aho ibogamiye, isanzwe inatanga amakuru yizewe, iravuga ko tariki 31 Gicurasi 2022 honyine, hari abantu batari munsi ya 80 biciwe mu bigo bya gisirikari binyuranye, bikorwa n’abasirikari bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida, garde républicaine. Mu bicwa harimo abana, abagore n’abakobwa, batagize aho bahurira n’ibya gisirikari cyangwa iby’ubutasi.

Iyo miryango iratabaza amahanga ivuga ibiba muri Kongo ari Jenoside, dore ko abategetsi ba Kongo badasiba gushishikariza abaturage gutyaza imipanga bakica abo basangiye igihugu.
Nyamara, abakongomani bavuga ururimi rw’ ikinyarwanda banganya uburenganzira n’abandi Banyekongo, nk’uko biteganywa n’itegekonshinga rya Kongo. N’ ikimenyimenyi hari benshi bagiye bashingwa imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Kongo, nka Azarias Ruberwa wabaye Visi-Perezida wa Repubulika, ndetse akaniyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Wasobanura ute ko komisiyo ishinzwe amatora yakiriye kandidatire ya Ruberwa, akiyamamaza nk’abandi Bakongomani, ndetse urukiko rurinda itegekonshinga, ari narwo rusumba izindi muri Kongo, rukemeza ibyavuye mu matora, kandi intagondwa zitemera ko abavuga ikinyarwanda ari Abakongomani?

Urwango rurimo gukwirakwizwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, abagome bashishikariza abaturage kwica Abanyamulenge n’abandi Batutsi bo muri Kongo, Leta yabo ntibyamagane ahubwo ikarushaho kwatsa umuriro mu mbwirwaruhame z’ abategetsi, baba abasivili cyangwa abasirikari, birasa neza n’ibyakozwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi no mu gihe yashyirwaga mu bikorwa.

Umuryango mpuzamahanga warareberaga nk’uko n’ubu utitaye ku bibera muri Kongo. Ubwo amateka nabibabaza bazavuga ko habaye agakosa ka politiki(erreur politike) cyangwa kutamenya neza ibyabaga(mauvaise appréciation de la situation), nk’uko hari abatinyuka kubivuga iyo babajijwe impamvu ntacyo bakoze ngo batabare abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ingabo za Loni, MINUAR, nk’uko n’ubu muri Kongo hari MONUSCO. Ibi rero bitera kwibaza niba koko Loni ifite ubushake n’ubushobozi bwo kurwanya jenoside. Abazi neza imikorere ya Loni bahamya ko ahubwo hari abakozi bayo bafite inyungu mu ntambara na jenoside.

Kuva abajenosideri bo mu Rwanda bagera muri Kongo mu mwaka w’ 1994, bagafatwa nk’amata y’abashyitsi, bakemererwa kurema imitwe y’iterabwoba, na nyuma y’imyaka 28 bakaba bakivuga rikijyana, ingengabitekerezo ya jenoside yatangiye kwarika mu mitima y’ Abakongomani. Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye havuka imitwe yo kwirwanaho, irimo CNRDP yaje kubyara M23.

Abahanga mu bya politiki basanga igihe cyose Leta ya Kongo izaba igisigasira abicanyi barimo na FDLR, gutekereza umutekano muri icyo gihugu biri kure nk’ukwezi.

Ikibabaje ariko, Leta zose uko zasimburanye muri Kongo zananiwe gushaka umuti w’ikibazo nyakuri, buri gihe ikimwaro kikabategeka kwegeka ibibazo byabo ku Rwanda. Nk’ubu inyigaguhuma muri politiki, Martin Fayulu, arahamagarira abaturage kwirunda mu mihanda ngo baramagana uRwanda, nyamara imyaka ibaye imyaniko ntacyo iyo myigaragambyo y’imburamukoro igeraho, uretse gutukana no gusahura iby’abandi.

Icyakora burya ikinyoma ntikirara bushyitsi, dore ko nko mu nama ya Loni yabaye kuwa kabiri ushize, nta gihugu na kimwe cyagaragaje ko gishyigikiye ibinyoma bya Kongo, ahubwo hafi ya byose byashishishikarije iki gihugu gukemura ikibazo cy’ imiyoborere mibi, ituma imitwe yitwaje intwaro ihagira indiri.

Gutuka u Rwanda byo ntacyo bivuze kuko ntawe ukwiye guta umwanya we ku myitwarire y’ibigwari n’abatagira uburere. Icyakora gukomeza gushotorana, barasa ku butaka bw’ uRwanda, bashimuta abasirikari barwo, byo ni nko gukora intare mu jisho, kandi bagombye kuba babizi kurusha undi wese.

2022-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Manizabayo Eric na Nirere Xaverine begukanye isiganwa ry’umunsi w’intwari “Heroes Cycling Cup”

Editorial 21 Jan 2024
Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Abahagarariye amakipe 26, bahuguwe na FERWAFA kuri ‘CAF Club Licencing’ ikoresha ikoranabuhanga

Editorial 13 Mar 2024
Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Shampiyona y’u Rwanda yahagaritswe hamaze gukinwa imikino y’umunsi wa 11, Kiyovu Sports iyoboye urutonde rw’agateganyo

Editorial 31 Dec 2021
Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Editorial 15 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakipe yo mu Rwanda, REG VC na RRA WVC begukanye irushanwa rya KAVC ryaberaga muri Uganda
Amakuru

Amakipe yo mu Rwanda, REG VC na RRA WVC begukanye irushanwa rya KAVC ryaberaga muri Uganda

Editorial 05 Aug 2024
Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi”  – Perezida Emmanuel Macron.
Amakuru

Abanyuze mu ijoro ry’Icuraburindi muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Nibo bonyine bafite ubushobozi bwo kutubabarira. Dusabye iyo mpano y’imbabazi” – Perezida Emmanuel Macron.

Editorial 27 May 2021
PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi
POLITIKI

PL yasezeranyije abahinzi n’aborozi ubuvugizi kuri Banki n’Ikigega cy’ubwishingizi

Editorial 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru