• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Abanyekongo bavuga ikinyarwanda, cyane cyane abo mu bwoko bw’Abatutsi, barimo kwicirwa mu bigo bya gisirikari, bitwa intasi z’ u Rwanda

Ubwanditsi 02 Jun 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuva intambara yakubura hagati y’igisirikari cya Kongo n’umutwe wa M23, Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yatanze itegeko ryo guhiga bukware abo yise ’’intasi z’u Rwanda zinjiye mu nzego z’umutekano za Kongo’’. Iryo tegeko ryatangiye gukurikizwa, ababarirwa mu magana bakaba bamaze kwicwa, bazira gusa ko bavuga ikinyarwanda, cyangwa basa n’Abanyarwanda.

Imiryango idafite aho ibogamiye, isanzwe inatanga amakuru yizewe, iravuga ko tariki 31 Gicurasi 2022 honyine, hari abantu batari munsi ya 80 biciwe mu bigo bya gisirikari binyuranye, bikorwa n’abasirikari bo mu mutwe ushinzwe kurinda Perezida, garde républicaine. Mu bicwa harimo abana, abagore n’abakobwa, batagize aho bahurira n’ibya gisirikari cyangwa iby’ubutasi.

Iyo miryango iratabaza amahanga ivuga ibiba muri Kongo ari Jenoside, dore ko abategetsi ba Kongo badasiba gushishikariza abaturage gutyaza imipanga bakica abo basangiye igihugu.
Nyamara, abakongomani bavuga ururimi rw’ ikinyarwanda banganya uburenganzira n’abandi Banyekongo, nk’uko biteganywa n’itegekonshinga rya Kongo. N’ ikimenyimenyi hari benshi bagiye bashingwa imyanya ikomeye mu butegetsi bwa Kongo, nka Azarias Ruberwa wabaye Visi-Perezida wa Repubulika, ndetse akaniyamamariza umwanya w’umukuru w’igihugu. Wasobanura ute ko komisiyo ishinzwe amatora yakiriye kandidatire ya Ruberwa, akiyamamaza nk’abandi Bakongomani, ndetse urukiko rurinda itegekonshinga, ari narwo rusumba izindi muri Kongo, rukemeza ibyavuye mu matora, kandi intagondwa zitemera ko abavuga ikinyarwanda ari Abakongomani?

Urwango rurimo gukwirakwizwa mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, abagome bashishikariza abaturage kwica Abanyamulenge n’abandi Batutsi bo muri Kongo, Leta yabo ntibyamagane ahubwo ikarushaho kwatsa umuriro mu mbwirwaruhame z’ abategetsi, baba abasivili cyangwa abasirikari, birasa neza n’ibyakozwe mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi no mu gihe yashyirwaga mu bikorwa.

Umuryango mpuzamahanga warareberaga nk’uko n’ubu utitaye ku bibera muri Kongo. Ubwo amateka nabibabaza bazavuga ko habaye agakosa ka politiki(erreur politike) cyangwa kutamenya neza ibyabaga(mauvaise appréciation de la situation), nk’uko hari abatinyuka kubivuga iyo babajijwe impamvu ntacyo bakoze ngo batabare abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, mu Rwanda hari ingabo za Loni, MINUAR, nk’uko n’ubu muri Kongo hari MONUSCO. Ibi rero bitera kwibaza niba koko Loni ifite ubushake n’ubushobozi bwo kurwanya jenoside. Abazi neza imikorere ya Loni bahamya ko ahubwo hari abakozi bayo bafite inyungu mu ntambara na jenoside.

Kuva abajenosideri bo mu Rwanda bagera muri Kongo mu mwaka w’ 1994, bagafatwa nk’amata y’abashyitsi, bakemererwa kurema imitwe y’iterabwoba, na nyuma y’imyaka 28 bakaba bakivuga rikijyana, ingengabitekerezo ya jenoside yatangiye kwarika mu mitima y’ Abakongomani. Iyi ni imwe mu mpamvu zatumye havuka imitwe yo kwirwanaho, irimo CNRDP yaje kubyara M23.

Abahanga mu bya politiki basanga igihe cyose Leta ya Kongo izaba igisigasira abicanyi barimo na FDLR, gutekereza umutekano muri icyo gihugu biri kure nk’ukwezi.

Ikibabaje ariko, Leta zose uko zasimburanye muri Kongo zananiwe gushaka umuti w’ikibazo nyakuri, buri gihe ikimwaro kikabategeka kwegeka ibibazo byabo ku Rwanda. Nk’ubu inyigaguhuma muri politiki, Martin Fayulu, arahamagarira abaturage kwirunda mu mihanda ngo baramagana uRwanda, nyamara imyaka ibaye imyaniko ntacyo iyo myigaragambyo y’imburamukoro igeraho, uretse gutukana no gusahura iby’abandi.

Icyakora burya ikinyoma ntikirara bushyitsi, dore ko nko mu nama ya Loni yabaye kuwa kabiri ushize, nta gihugu na kimwe cyagaragaje ko gishyigikiye ibinyoma bya Kongo, ahubwo hafi ya byose byashishishikarije iki gihugu gukemura ikibazo cy’ imiyoborere mibi, ituma imitwe yitwaje intwaro ihagira indiri.

Gutuka u Rwanda byo ntacyo bivuze kuko ntawe ukwiye guta umwanya we ku myitwarire y’ibigwari n’abatagira uburere. Icyakora gukomeza gushotorana, barasa ku butaka bw’ uRwanda, bashimuta abasirikari barwo, byo ni nko gukora intare mu jisho, kandi bagombye kuba babizi kurusha undi wese.

2022-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%

Amatora muri RPF : Paul Kagame yongeye gutorerwa kuba Chairman n’amajwi 99.9%

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Munyantwari Alphonse wayoboye intara y’Amajyepfo n’iy’i Burengerazuba yagizwe umuyobozi wa Police FC

Ubwanditsi 28 Apr 2023
MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

MICT ngo si yo yabazwa iby’urupfu rwa Eliezer Niyitegeka wari ufungiye muri Mali kubera jenoside

Ubwanditsi 10 Apr 2018
PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame

PSD yemeje ko umukandida izatanga mu matora ari Paul Kagame

Ubwanditsi 03 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye  umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida  w’u Rwanda
Amakuru

Ambasaderi wa Uganda muri Loni, Adonia Ayebare, yamaganye umukozi mukuru muri Perezidansi ya Uganda watutse Perezida w’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Sep 2021
#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima
INKURU NYAMUKURU

#Umwiherero15: Amafoto y’umunsi wa gatatu w’abayobozi mu biganiro byibanze ku burezi n’ubuzima

Ubwanditsi 01 Mar 2018
U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwemerewe inguzanyo ya miliyari 235 Frw azarufasha gukwirakwiza amashanyarazi

Ubwanditsi 02 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru