• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Ubwanditsi 29 Mar 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) bwagaragaje ko igitsina cy’umugabo cyakaswe (bizwi cyane nko gusilamura), aba afite amahirwe angana na 60% yo kutandura agakoko gatera SIDA. Ibi kandi bikaba byemezwa na Muganga HITIMANA Janvier ushinzwe gutanga ubukangurambaga ku kurwanya SIDA mu Karere ka Bugesera

Igitsina cy’umugabo kitakaswe byagaragaye ko kibika imyanda irimo udukoko dutera indwara zitandukanye zirimo kanseri y’igitsina, indwara zifata urwungano rw’inkari. Kibika kandi indi myanda yaba iva mu mubiri cyangwa iva hanze ako gahu ko ku gitsina kakaba gashobora kuba indiri ya za mikorobe zishobora kugirira nabi umubiri kandi iyo myanda kuyivanamo biragorana

Ubusanzwe kugira ngo habeho kwandura agakoko gatera SIDA mu mibonano mpuzabitsina, ni uko amaraso y’umwe ahura n’ay’undi bitewe no gukubanaho hagati y’uwanduye n’utarandure. Igihu cy’utarasilamuye gikomereka vuba kandi n’umubiri we uba woroshye, mu gihe uw’igitsina gisilamuye uba warakomeye ku buryo udakomereka byoroshye.

Ese koko kwisilamuza bigabanya ibyago byo kwandura SIDA?

Nkuko ubushakashatsi bubigaragaza, kwisiramuza bigabanya ibyago byo kuba wakwandura SIDA mu gihe wakoze imibonano idakingiye. Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu bakoze imibonano idakingiye basilamuye ndetse n’abadasilamuye bwagaragaje ko kwisilamuza bigabanya ibyago byo kuba wakwandura SIDA ku kigero kingana na 60%.

N’ubwo bigabanya ibyago ariko si ijana ku ijana ahubwo bishatse kuvuga ko umuntu aramutse akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye n’umuntu wanduye aba afite mahirwe angana na 60% yo kuba atakwandura.

Kwisilamuza ni iki?

Kwisiramuza cyangwa gukebwa ni igikorwa cyo gukuraho agahu kaba gakikije kakanatwikira umutwe w’igitsina cy’umugabo.

Abanyamakuru batandukanye bitabiriye amahugurwa yo ku rwanya SIDA mu Karere ka Bugesera

Umuntu asilamurwa ku myaka iyo ari yo yose, bikaba byiza k’ umwana ukivuka kuko ashobora gusilamurwa mu gihe cy’amasaha 72 ni ukuvuga iminsi ibiri mu gihe byifujwe n’ababyeyi be.

Umuco wo gusilamurwa wahozeho kuva kera hashize imyaka myinshi, amateka agaragaza ko hashize imyaka irenga Ibihumbi bine (4000) mbere y’ivuka rya Yezu. Akaba ari umuco wihariye w’Abayuda ndetse n’Abayisilamu.

Src :  ABASIRWA 

2019-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Hari abakomeretse byoroheje mu nkongi ya Gereza ya Gasabo – CGP Rwigamba

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Aug 2017
Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Umunyamidelikazi w’umunyarwanda Mimi Mirage uherutse guha imodoka Mwiseneza Josiane yavuze uburyo asa na Tanasha

Ubwanditsi 13 Feb 2019
Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho  ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Prophet Bosco yahakanye yivuye imyuma ibyamuvuzweho ko yavuze kuri Apôtre Gitwaza

Ubwanditsi 29 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri
Amakuru

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Ubwanditsi 06 Feb 2025
Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yageze muri Qatar mu ruzinduko rw’iminsi ibiri

Ubwanditsi 15 Nov 2018
RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora
UBUKERARUGENDO

RwandAir yinjiye mu bufatanye buzatuma abayikoresha bazigamira ingendo bakora

Ubwanditsi 26 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru