• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Umugabo usilamuye afite amahirwe 60% yo kutandura virusi itera SIDA

Ubwanditsi 29 Mar 2019 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga wita ku Buzima (OMS) bwagaragaje ko igitsina cy’umugabo cyakaswe (bizwi cyane nko gusilamura), aba afite amahirwe angana na 60% yo kutandura agakoko gatera SIDA. Ibi kandi bikaba byemezwa na Muganga HITIMANA Janvier ushinzwe gutanga ubukangurambaga ku kurwanya SIDA mu Karere ka Bugesera

Igitsina cy’umugabo kitakaswe byagaragaye ko kibika imyanda irimo udukoko dutera indwara zitandukanye zirimo kanseri y’igitsina, indwara zifata urwungano rw’inkari. Kibika kandi indi myanda yaba iva mu mubiri cyangwa iva hanze ako gahu ko ku gitsina kakaba gashobora kuba indiri ya za mikorobe zishobora kugirira nabi umubiri kandi iyo myanda kuyivanamo biragorana

Ubusanzwe kugira ngo habeho kwandura agakoko gatera SIDA mu mibonano mpuzabitsina, ni uko amaraso y’umwe ahura n’ay’undi bitewe no gukubanaho hagati y’uwanduye n’utarandure. Igihu cy’utarasilamuye gikomereka vuba kandi n’umubiri we uba woroshye, mu gihe uw’igitsina gisilamuye uba warakomeye ku buryo udakomereka byoroshye.

Ese koko kwisilamuza bigabanya ibyago byo kwandura SIDA?

Nkuko ubushakashatsi bubigaragaza, kwisiramuza bigabanya ibyago byo kuba wakwandura SIDA mu gihe wakoze imibonano idakingiye. Ubushakashatsi bwakorewe ku bantu bakoze imibonano idakingiye basilamuye ndetse n’abadasilamuye bwagaragaje ko kwisilamuza bigabanya ibyago byo kuba wakwandura SIDA ku kigero kingana na 60%.

N’ubwo bigabanya ibyago ariko si ijana ku ijana ahubwo bishatse kuvuga ko umuntu aramutse akoze imibonano mpuzabitsina idakingiye n’umuntu wanduye aba afite mahirwe angana na 60% yo kuba atakwandura.

Kwisilamuza ni iki?

Kwisiramuza cyangwa gukebwa ni igikorwa cyo gukuraho agahu kaba gakikije kakanatwikira umutwe w’igitsina cy’umugabo.

Abanyamakuru batandukanye bitabiriye amahugurwa yo ku rwanya SIDA mu Karere ka Bugesera

Umuntu asilamurwa ku myaka iyo ari yo yose, bikaba byiza k’ umwana ukivuka kuko ashobora gusilamurwa mu gihe cy’amasaha 72 ni ukuvuga iminsi ibiri mu gihe byifujwe n’ababyeyi be.

Umuco wo gusilamurwa wahozeho kuva kera hashize imyaka myinshi, amateka agaragaza ko hashize imyaka irenga Ibihumbi bine (4000) mbere y’ivuka rya Yezu. Akaba ari umuco wihariye w’Abayuda ndetse n’Abayisilamu.

Src :  ABASIRWA 

2019-03-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Amafoto – Mu mukino wa gicuti, ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Ibanda FC yo muri RDC 0-0

Ubwanditsi 18 Nov 2021
Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Uburyo umutekano ari inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye

Ubwanditsi 24 Aug 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 
INKURU NYAMUKURU

Ku busabe bwa Kayumba Nyamwasa, Deo Nyirigira yitabye CMI gusobanura uburyo yiyunze na Jean Paul Turayishimye 

Ubwanditsi 29 Jul 2020
Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Mu rugo rwa Gen Salim Saleh hibwe imbunda

Ubwanditsi 18 May 2018
Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga
Mu Rwanda

Muhanga: Umuzamu yiciwe ku kabari yarindaga

Ubwanditsi 15 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru