• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Yari yiyemeje kwiyahura iyo Kagame atongera kuyobora u Rwanda

Ubwanditsi 07 Aug 2017 Mu Rwanda

Uwiragiye Emmerance, umubyeyi mu myaka ibiri ishize wavuze ko aziyahura u Rwanda nirutayoborwa na Perezida Paul Kagame nyuma y’umwaka wa 2017, ubu ari mu byishimo bidasanzwe nyuma y’uko Kagame atorewe kongera kuyobora u Rwanda.

Uwiragiye ni umubyeyi utuye mu Mudugudu wa Cyivugiza, Akagari ka Mburabuturo, Umurenge wa Muko mu Karere ka Musanze.

Inkuru y’uwo mubyeyi yumvikanye ku wa 17 Werurwe 2015, icyo gihe Abanyarwanda benshi by’umwihariko abanyuzwe n’imiyoborere ya Perezida Kagame impungenge zari zose ko batazongera kumubona abayobora; ibintu bahuzaga no kuba manda ebyiri yari yemerewe zari kurangira mu mwaka wa 2017.

Uwiragiye na bagenzi be mu Murenge wa Muko batumye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Francis Kaboneka wari wabasuye, kubasabira Perezida Kagame kubemerera gukomeza kubayobora binyuze mu guha umugisha ivugura ry’Itegeko Nshinga; ibintu baje kwemeza mu mpera za 2015.

Impamvu nyamukuru Uwiragiye yavugaga ko ashaka gukomeza kuyoborwa na Perezida Kagame ni imiyoborere ye myiza no kuba azi kubana neza n’amahanga; abintu yahuzaga no kuba umwana we w’imfura yaravuwe ku buntu indwara y’ibibari n’inzobere z’abaganga zari zaraje mu Rwanda ku ngunga ya Perezida Kagame.

Icyo gihe Uwiragiye yagize ati “…Impamvu mpagaze hano ni ibyishimo byinshi ariko bayobozi nkaba ndi kubatuma kuri Perezida wacu Kagame, ku ruhande rwanjye ibyo mushimira ni uko abana neza; afite inshuti nyinshi hirya no hino zidufitiye akamaro… abagore bo mu Muko nanjye ubwanjye turabizi, twiteguye kumutora ijana ku ijana, none rwose Itegeko Nshinga baridusubiriremo, turamutse tudatoye Perezida wacu Paul Kagame ahubwo no kwiyahura na kwiyahura!”

Mu kiganiro Uwiragiye yahaye Ikinyamakuru www.izubarirashe.rw dukesha iyi nkuru kuri iki Cyumweru tariki ya 06 Kanama 2017, yavuze ko yanejejwe no kubona Itegeko Nshinga rivugururwa maze Perezida Kagame akemererwa kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, gusa ngo ibyishimo byabaye agahebuzo nyuma yo kumenya ko ku buryo bw’agateganyo Kagame ari we watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu.

Yagize ati “Ntiwareba mfite ibyishimo birenze urugero; nkimara kumva ko muzehe wacu [Perezida Kagame] yatsinze naricaye hamwe n’umuryango wanjye maze mu bushobozi bwacu bukeya turihemba twishimira iyo ntsinzi, ubu ndi kumva maze kwiyongeraho ibiro bitatu kuko tugiye gukomezanya na Kagame indi myaka irindwi.”

Yungamo ati “Nk’uko cya gihe nari nabibwiye minisitiri Kaboneka, nari kwiyahura iyo tudakomeza kuyoborwa na muzehe Kagame, rwose kuri uriya wa Gatanu mba narigiye nkiroha mu Mugezi wa Mukungwa cyane ko nturanye nawo.”

Uwiragiye avuga ko yiteguye gufasha Perezida Kagame kwesa imihigo itandukanye afitiye Abanyarwanda muri iyi myaka irindwi iri imbere, ati ‘Nta cyiza nko kuyoborwa n’umuntu twe abaturage twibonamo, rwose niteguye gukomeza gukorana nawe iterambere ry’igihugu cyacu rikihuta.”

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) itangaza ko ku buryo bw’agateganyo Paul Kagame ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu n’amajwi 98.63%.

-7501.jpg


Uwiragiye mu mwaka wa 2015 ubwo yavugaga ko aziyahura u Rwanda nirudakomeza kuyoborwa na Perezida Kagame (Ifoto/Regis Umurengezi)

2017-08-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Hakomeje gukorwa ubukangurambaga bufasha ababaswe n’ibiyobyabwenge n’Uburara kubivamo burundu

Ubwanditsi 18 Dec 2021
Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo  ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Perezida Kagame ntagishaka imvugo ngo ‘Abanyafurika ni bo bisenya ‘

Ubwanditsi 10 May 2017
Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ikipe ya Etincelles yahagaritse umuvuduko wa AS Kigali, Police FC isubira Musanze FC, Mukura VS ikomeza kujya habi.

Ubwanditsi 11 May 2021
Umunyamakuru Shyaka Kanuma  aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana  ibyaha ashinjwa

Umunyamakuru Shyaka Kanuma aracyagundagurana n’Ubutabera, ahakana ibyaha ashinjwa

Ubwanditsi 15 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu
ITOHOZA

Raporo y’impuguke z’Umuryango w’Abibumbye ziri muri Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo yagaragaje ko hari imitwe itatu ishaka gutera u Burundi iyobowe na Hussein Radjabu

Ubwanditsi 16 Aug 2017
Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abadipolomate bakemanze umwanzuro wo gutegeka ibigo guhagarika abanyamakuru basaga 30

Ubwanditsi 04 May 2019
Uganda:  Gen Kale Kayihura  yatawe muri yombi hakoreshejwe kajugujugu
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Gen Kale Kayihura yatawe muri yombi hakoreshejwe kajugujugu

Ubwanditsi 13 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru