• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuhanzi akaba n’umudepite muri Uganda Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine muri iki gitondo Urukiko rwa gisirikare rwa Gulu mu majyaruguru ya Uganda rwavanyeho ibyaha yaregwaga byo kugira imbunda n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko arekurwa, nk’uko bivugwa na NTV.

Bobi Wine imbere y'Urukiko rwa gisirikare

Bobi Wine imbere y’Urukiko rwa gisirikare

Muri Uganda umwuka ni mubi cyane hagati y’ingabo, Police na Leta bahanganye n’abashyigikiye Bobi Wine na bagenzi be.

Umunyamakuru wa NTV wari mu rukiko Gulu avuga ko iburanisha ryari riyobowe na Lt. Gen. Gutti.

Bobi Wine akaba  agaragara ku mashusho nk’ufite intege nkeya cyane.

Urukiko rwahise rufata akaruhuko rumaze gutangaza Bobi Wine ibyaha aregwa bubivanyeho. Nyuma y’aka karuhuko umucamanza Lt. Gen. Gutti yatangaje ko uru rukiko rutabona impamvu y’ibiregwa Bobi Wine mu rukiko rwa gisirikare bityo rubimuvanyeho kandi rutegetse ko arekurwa.

Yarekuwe asohotse ageze hanze ahita amenyeshwa ko ATAWE MURI YOMBI nanone ngo ajyanwe ku rukiko rwa gisivire mu mugi wa Gulu kuburanirayo.

Bobi Wine bamusohora mu rukiko rwa gisirikare, imbere yarwo Police yahise yongera iramufata

Bobi Wine bamusohora mu rukiko rwa gisirikare, imbere yarwo Police yahise yongera iramufata

Bobi Wine ufite intege nke, aragendera ku mbago kandi anafashijwe n’abantu gutambuka.

Yahise yinjizwa mu modoka ajyanwa ku rukiko rwa gisiviri muri Gulu.

Ku rundi ruhande ariko Kizza Besigye nawe utavuga rumwe na Leta ya Uganda uyu munsi wari wafungiwe mu rugo rwe ngo adasohoka, yaje gutabwa muri yombi agerageza gusohoka iwe.

Besigye atabwa muri yombi muri iki gitondo iwe

Besigye atabwa muri yombi muri iki gitondo iwe

Urwa Gisiviri rwakomeje kumufunga

Urukiko rwa gisiviri rwa Gulu rwanze ikifuzo n’ingwate ngo rurekure Bobi Wine rutegeka ko akomeza gufungwa kugeza agaruwe mu rukiko tariki 30 Kanama akareganwa n’abandi bafatiwe hamwe mu gace ka Arua ibyaha birimo ubugambanyi.

Bobi Wine afunze kuva tariki 13 Kanama nyuma y’imyivumbagatanyo yabaye mu kwiyamamaza kw’aabadepite bashaka guhagararira aka karere, kwabereye Arua ndetse abantu bamwe bagatera amabuye imodoka ya Perezida Museveni.

Kugeza ubu Leta ya Uganda iri ku gitutu kinini mu gihugu no hanze yacyo cy’abasaba ko uyu mudepite akaba n’umuhanzi, ubu ufite imbaga nini imuri inyuma muri Uganda, basaba ko arekurwa.

Umunyamategeko we yavuze ko umukiliya we akwiye kurekurwa akivuza kuko yakorewe iyicarubozo ubuzima bwe bukaba buri mu kaga.

Urukiko rwabimwangiye kuko ngo nta bimenyetso bigaragaza ko ubuzima bwe bumeze nabi.

Bobi Wine waregwaga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ubu araregwa ubugambanyi, ubu akaba agiye gufungirwa muri gereza ya Gulu ategereje iburanishwa ryo kuwa 30 Kanama.

Bobi Wine afite intege nke, bigaragara ko ashobora kuba yarakorewe iyicarubozo, byemejwe n'abamushyigikiye, Mu7 avuga ko ari 'Fake News'

Bobi Wine afite intege nke, bigaragara ko ashobora kuba yarakorewe iyicarubozo, byemejwe n’abamushyigikiye, Mu7 avuga ko ari ‘Fake News’

Bamuvana mu modoka ngo ajye mu rukiko rwa gisiviri. Ku mashusho bigaragara ko afite ikibazo cy'ubuzima

Bamuvana mu modoka ngo ajye mu rukiko rwa gisiviri. Ku mashusho bigaragara ko afite ikibazo cy’ubuzima

 

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Liberat Mfumukeko, Umunyamabanga Mukuru wa EAC amaze guhunga ibikorwa byo Kwibuka inshuro enye mu myaka ine amaze ayobora uyu Muryango

Ubwanditsi 08 Apr 2020
Kisoro:  Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi

Kisoro: Bamwe mu Banyarwanda bafashwe bafungiwe ahatazwi

Ubwanditsi 09 Feb 2019
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Ubwanditsi 16 Dec 2024
Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Imigambi ya Museveni yo gushaka kuyobora u Rwanda, ikibazo ku mudendezo w’akarere

Ubwanditsi 17 Jun 2019

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 23, 20182:38 pm -

    CYANE ANYAMAKOSA BARASHYIGIKIRWA!!!IZOMBARAGA AFITE HANZE NO MUGIHUGU NIZIHE??RUSHYASHYA MURINJIJI KOKO!! NIMWE RUTWITSI YAKABIRI MURWANDA
    RTLM YA YAKABIRI MUGIHUGU !!UWATERA IMODOKA YUMUKURU WIGUHUGU
    CYU RWANDA YANAFUNGWA???KIZIBA KO TWIGARAGAMBIJE TWAKA IBYO KURYA
    POLICI NABASIRIKARE NTIBATURASHE NKAHO TURI ABANZI BIGIHUGU
    KANDI TWAKA IBYO KURYA GUSA!!NONE UWAMENNYE IMODOKA YUMUKURU WIGIHUGU CYA UGANDA NGO ARASHYIGIKIWE !!UBWO BUGORYI MWANDIKANA NAMARANGA MUTIMA
    MWABIVUYEMO MUKANDIKA KINYAMWUGA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia  & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi
Amakuru

Ikipe z’igihugu mu mukino wa Sitting Volleyball abagabo n’abagore zageze muri Bosnia & Herzegovina aho bagiye gukina shampiyona y’Isi

Ubwanditsi 02 Nov 2022
Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis
Amakuru

Andre Kazigaba wahoze muri RNC ubu akaba ari muri RRM ya Callixte Nsabimana yigambye kuri Ambasaderi Nikobisanzwe urupfu rw’Umunyarwanda Baziga Louis

Ubwanditsi 25 Jan 2021
Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare
ITOHOZA

Gereza ya Kimironko imfungwa zikomeje gutoroka kubera uburangare

Ubwanditsi 27 Dec 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru