• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Ubwanditsi 23 Aug 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuhanzi akaba n’umudepite muri Uganda Robert Kyagulanyi uzwi cyane nka Bobi Wine muri iki gitondo Urukiko rwa gisirikare rwa Gulu mu majyaruguru ya Uganda rwavanyeho ibyaha yaregwaga byo kugira imbunda n’amasasu mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko arekurwa, nk’uko bivugwa na NTV.

Bobi Wine imbere y'Urukiko rwa gisirikare

Bobi Wine imbere y’Urukiko rwa gisirikare

Muri Uganda umwuka ni mubi cyane hagati y’ingabo, Police na Leta bahanganye n’abashyigikiye Bobi Wine na bagenzi be.

Umunyamakuru wa NTV wari mu rukiko Gulu avuga ko iburanisha ryari riyobowe na Lt. Gen. Gutti.

Bobi Wine akaba  agaragara ku mashusho nk’ufite intege nkeya cyane.

Urukiko rwahise rufata akaruhuko rumaze gutangaza Bobi Wine ibyaha aregwa bubivanyeho. Nyuma y’aka karuhuko umucamanza Lt. Gen. Gutti yatangaje ko uru rukiko rutabona impamvu y’ibiregwa Bobi Wine mu rukiko rwa gisirikare bityo rubimuvanyeho kandi rutegetse ko arekurwa.

Yarekuwe asohotse ageze hanze ahita amenyeshwa ko ATAWE MURI YOMBI nanone ngo ajyanwe ku rukiko rwa gisivire mu mugi wa Gulu kuburanirayo.

Bobi Wine bamusohora mu rukiko rwa gisirikare, imbere yarwo Police yahise yongera iramufata

Bobi Wine bamusohora mu rukiko rwa gisirikare, imbere yarwo Police yahise yongera iramufata

Bobi Wine ufite intege nke, aragendera ku mbago kandi anafashijwe n’abantu gutambuka.

Yahise yinjizwa mu modoka ajyanwa ku rukiko rwa gisiviri muri Gulu.

Ku rundi ruhande ariko Kizza Besigye nawe utavuga rumwe na Leta ya Uganda uyu munsi wari wafungiwe mu rugo rwe ngo adasohoka, yaje gutabwa muri yombi agerageza gusohoka iwe.

Besigye atabwa muri yombi muri iki gitondo iwe

Besigye atabwa muri yombi muri iki gitondo iwe

Urwa Gisiviri rwakomeje kumufunga

Urukiko rwa gisiviri rwa Gulu rwanze ikifuzo n’ingwate ngo rurekure Bobi Wine rutegeka ko akomeza gufungwa kugeza agaruwe mu rukiko tariki 30 Kanama akareganwa n’abandi bafatiwe hamwe mu gace ka Arua ibyaha birimo ubugambanyi.

Bobi Wine afunze kuva tariki 13 Kanama nyuma y’imyivumbagatanyo yabaye mu kwiyamamaza kw’aabadepite bashaka guhagararira aka karere, kwabereye Arua ndetse abantu bamwe bagatera amabuye imodoka ya Perezida Museveni.

Kugeza ubu Leta ya Uganda iri ku gitutu kinini mu gihugu no hanze yacyo cy’abasaba ko uyu mudepite akaba n’umuhanzi, ubu ufite imbaga nini imuri inyuma muri Uganda, basaba ko arekurwa.

Umunyamategeko we yavuze ko umukiliya we akwiye kurekurwa akivuza kuko yakorewe iyicarubozo ubuzima bwe bukaba buri mu kaga.

Urukiko rwabimwangiye kuko ngo nta bimenyetso bigaragaza ko ubuzima bwe bumeze nabi.

Bobi Wine waregwaga intwaro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, ubu araregwa ubugambanyi, ubu akaba agiye gufungirwa muri gereza ya Gulu ategereje iburanishwa ryo kuwa 30 Kanama.

Bobi Wine afite intege nke, bigaragara ko ashobora kuba yarakorewe iyicarubozo, byemejwe n'abamushyigikiye, Mu7 avuga ko ari 'Fake News'

Bobi Wine afite intege nke, bigaragara ko ashobora kuba yarakorewe iyicarubozo, byemejwe n’abamushyigikiye, Mu7 avuga ko ari ‘Fake News’

Bamuvana mu modoka ngo ajye mu rukiko rwa gisiviri. Ku mashusho bigaragara ko afite ikibazo cy'ubuzima

Bamuvana mu modoka ngo ajye mu rukiko rwa gisiviri. Ku mashusho bigaragara ko afite ikibazo cy’ubuzima

 

2018-08-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Uganda : Abambari ba RNC, Pasiteri Busigo Christopher na Frank Ruhinda kwihisha inyuma y’ifungwa ry’abayoboke ba ADEPR mu Rusengero

Ubwanditsi 26 Jul 2019
#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

Amateka Mwasangiye n’abandi kugirango ahinduke abanyarwanda bose bagomba kubigiramo Uruhare

RUSHYASHYA 25 Mar 2026
Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Ubwanditsi 17 Mar 2020

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    August 23, 20182:38 pm -

    CYANE ANYAMAKOSA BARASHYIGIKIRWA!!!IZOMBARAGA AFITE HANZE NO MUGIHUGU NIZIHE??RUSHYASHYA MURINJIJI KOKO!! NIMWE RUTWITSI YAKABIRI MURWANDA
    RTLM YA YAKABIRI MUGIHUGU !!UWATERA IMODOKA YUMUKURU WIGUHUGU
    CYU RWANDA YANAFUNGWA???KIZIBA KO TWIGARAGAMBIJE TWAKA IBYO KURYA
    POLICI NABASIRIKARE NTIBATURASHE NKAHO TURI ABANZI BIGIHUGU
    KANDI TWAKA IBYO KURYA GUSA!!NONE UWAMENNYE IMODOKA YUMUKURU WIGIHUGU CYA UGANDA NGO ARASHYIGIKIWE !!UBWO BUGORYI MWANDIKANA NAMARANGA MUTIMA
    MWABIVUYEMO MUKANDIKA KINYAMWUGA!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturiye umupaka bokeje igitutu leta basaba ubutaka bwometswe ku Rwanda

Ubwanditsi 10 Sep 2018
‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame
Mu Rwanda

‘Intego yacu ntiyagerwaho tudakoreye hamwe, tukaguma mu kwihugiraho mu bidutanya ‘ -Perezida Kagame

Ubwanditsi 10 Mar 2017
Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna
ITOHOZA

Abandi Banyarwanda biganjemo abana bajugunywe ku mupaka wa Gatuna

Ubwanditsi 09 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru