• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yuko FPR Inkotanyi ihagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ikabohora n’u Rwanda muri Nyakanga 1994, ambasade zose z’u Rwanda zari zikiri mu maboko y’abahagarariye Leta y’abicanyi ; niko byari bimeze na New York aho Ambasaderi Bizimana Jean Damascene wari uhagarariye u Rwanda mu kanama gashinzwe umutekano ku isi yibye umutungo wose n’inyandiko maze ambasade isigara yambaye ubusa. Iki cyari kimwe mu bibazo Leta yari iyobowe na FPR Inkotanyi yihutiye gukemura nubwo nta mikoro yari ifite.

Mu ruzinduko uwari Perezida Bizimungu yagiriye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika m’Ukwakira 1994 yitabiriye Inteko rusange ya LONI yari aherekejwe nuwari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga icyo gihe ariwe Jean Marie Vianney Ndagijimana yitwaje amafaranga kugirango ambasade yongere isubukure ibikorwa byayo.

Ambasade y’u Rwanda yirukanwe mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye hagati mu kwezi kwa Kamena 1994 nuko abari abakozi b’Ambasade babona umwanya wo kwiba amafaranga yose n’inyandiko z’ibanga. Mu mezi atanu yari amaze, Ambasaderi Jean Damascene Bizimana yibye n’ibikoresho bishyashya abijyana aho yari acumbitse. Inzego z’umutekano z’Amerika zaramenyeshejwe igihe ambasaderi mushya yari yoherejwe muri icyo gihugu maze igisubizo kiza kivuga ko gushaka Bizimana ari nko gushakira urushinge mu byatsi kuko yihishahisha.

Ibyo byose Leta y’ubumwe yari iyobowe na FPR Inkotanyi yari ibizi kuko ambasade hafi ya zose z’u Rwanda niko byari bimeze. Ababikurikiraniraga hafi icyo gihe harimo na JMV Ndagijimana wari Ministiri w’ububanyi n’amahanga kandi Jenoside ikimara guhagarikwa ntabwo uburyo bwo kohereza amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga byashobokaga.

Mu ruzinduko Perezida Bizimungu yagiriye muri Amerika m’Ukwakira 1994, Leta y’u Rwanda mu bushobozi bwayo buke yitwaje amadorali ibihumbi 187 kugirango amasade y’u Rwanda ibone uko ikora. Ayo mafaranga yatwawe na JMV Ndagijimana wari mu itsinda ryari riherekeje Perezida wa Repubulika.

Bakigera muri Amerika, ambasade yahise ibwirwako amafaranga yoherejwe maze Ndagijimana abwira uwari Ambasaderi icyo gihe Manzi Bakuramutsa ko amafaranga yabikijwe kuri Hotel kugirangi agire umutekano.

Ku munsi wakurikiyeho Perezida yabajije Ambasaderi Bakuramutsa niba yakiriye amafaranga igisubizo kiba oya. Ku munsi wa gatatu, Perezida yohereje abantu batatu kujya gufata ayo mafaranga ngo bayashyikirize ambasade barimo Dr Charles Murigande na Joseph Mutaboba. Umujura Ndagijimana yababwiye ko bazahurira kuri ambasade ku munsi ukurikiyeho ku isaha ya saa tanu akaba amafaranga.

Kuri uwo munsi Ambasaderi Manzi Bakuramutsa yarazindutse agiye gufata amafaranga ategereza saa tanu araheba birinda bigera saa sita. Bigeze saa saba bahamagaye kuri Hotel yari imucumbikiye mazi babwirwako Ndagijimana yasezeye muri Hotel.

Babanje gukeka ko yahinduye Hotel cyangwa yagiye gusura inshuti ariko bigeze mu masaha ya nimugoroba bahitamo kubibwira inzego z’umutekano. Ambasaderi Bakuramutsa yabanje guhamagara abari bashinzw umutekano wa Perezida Bizimungu bababwira ko hari umuntu wabuze kandi afite amafaranga menshi. Izo nzego z ‘umutekao zabahuje na Polisi zaje gukora iperereza riza kubwira Amasaderi Bakuramutsa ko Ndagijimana yageze mu gihugu cy’Ubufaransa. Inkuru yabaye kimomo maze ibinyamakuru bikomeye muri Amerika byandika iyo nkuru harimo na New York Times.

Nyuma yuko inkuru isohotse uwari ukuriye umuryango utegamiye kuri Leta AmeriCare yaje kwegera ambasade y’u Rwanda ibabwira ko yaba ibagurije amafaranga yatwawe na Ndagijimana akazishyurwa mu gihe cy’amezi atandatu. Nyuma y’amezi atandatu ayo mafaranga yarishyuwe maze bose batangarira ubunyangamugayo bwa Leta y’u Rwanda.

Ubwo CARE yagurizaga Ambasade amafranga, yatumiye itangazamakuru maze u Rwanda ruri kurangiza umwenda narwo rutumiza itangazamakuru. Mu gutumira itangazamakuru AmeriCare yahaye ambasade icyapa kimeze nka Cheque handitseho ngo « From AmeriCares to the people of Rwanda” maze u Rwanda rumaze kwishyura narwo rukora cheque yanditseho ngo « From People of Rwanda to the AmeriCares »

Ni iby’Agaciro ku gihugu nk’u Rwanda cyari kimaze kuva mu mateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Tugarutse kuri Ndagijimana wigize umuntu uharanira uburenganzira bwa muntu yirirwa asebya u Rwanda igihugu yahemukiye ariko ntabwo yari aziko umutima w’u Rwanda ukomeye ubu umaze kugera kuri byinshi. Ikindi sinzi niba agifite ayo mafaranga dore ko asigaye yirirwa ashakishiriza ubuzima kuri YouTube asebya u Rwanda.

Na Faustin Twagiramungu wari Minisitiri w’Intebe icyo gihe kandi basangiye ishyaka yamaganye ibyo bikorwa bya Ndagijimana by’ubujura.

2023-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Impinduka mu bakinnyi 31 b’Amavubi bahamagawe bitegura gukina na Mali na Kenya mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2022

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Imyitwarire ya Jean Luc Musana ntiyatunguye benshi Burya arya akaribwa n’akataribwa

Ubwanditsi 17 Aug 2022
Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Ubwanditsi 27 Nov 2023
RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango

RNC yabuze ayo icira nayo imira nyuma yaho uwabakingiraga ikibaba yeretswe umuryango

Ubwanditsi 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’
Mu Rwanda

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%
UBUKUNGU

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Ubwanditsi 13 Dec 2018
Amagambo atangaje ya Twagiramungu  ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘
Mu Rwanda

Amagambo atangaje ya Twagiramungu ati ’Nta wambuza kuvuga kereka andashe mu kanwa ‘

Ubwanditsi 13 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru