• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Ubwanditsi 24 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma yuko FPR Inkotanyi ihagaritse Jenoside yakorerwaga Abatutsi, ikabohora n’u Rwanda muri Nyakanga 1994, ambasade zose z’u Rwanda zari zikiri mu maboko y’abahagarariye Leta y’abicanyi ; niko byari bimeze na New York aho Ambasaderi Bizimana Jean Damascene wari uhagarariye u Rwanda mu kanama gashinzwe umutekano ku isi yibye umutungo wose n’inyandiko maze ambasade isigara yambaye ubusa. Iki cyari kimwe mu bibazo Leta yari iyobowe na FPR Inkotanyi yihutiye gukemura nubwo nta mikoro yari ifite.

Mu ruzinduko uwari Perezida Bizimungu yagiriye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika m’Ukwakira 1994 yitabiriye Inteko rusange ya LONI yari aherekejwe nuwari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga icyo gihe ariwe Jean Marie Vianney Ndagijimana yitwaje amafaranga kugirango ambasade yongere isubukure ibikorwa byayo.

Ambasade y’u Rwanda yirukanwe mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye hagati mu kwezi kwa Kamena 1994 nuko abari abakozi b’Ambasade babona umwanya wo kwiba amafaranga yose n’inyandiko z’ibanga. Mu mezi atanu yari amaze, Ambasaderi Jean Damascene Bizimana yibye n’ibikoresho bishyashya abijyana aho yari acumbitse. Inzego z’umutekano z’Amerika zaramenyeshejwe igihe ambasaderi mushya yari yoherejwe muri icyo gihugu maze igisubizo kiza kivuga ko gushaka Bizimana ari nko gushakira urushinge mu byatsi kuko yihishahisha.

Ibyo byose Leta y’ubumwe yari iyobowe na FPR Inkotanyi yari ibizi kuko ambasade hafi ya zose z’u Rwanda niko byari bimeze. Ababikurikiraniraga hafi icyo gihe harimo na JMV Ndagijimana wari Ministiri w’ububanyi n’amahanga kandi Jenoside ikimara guhagarikwa ntabwo uburyo bwo kohereza amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga byashobokaga.

Mu ruzinduko Perezida Bizimungu yagiriye muri Amerika m’Ukwakira 1994, Leta y’u Rwanda mu bushobozi bwayo buke yitwaje amadorali ibihumbi 187 kugirango amasade y’u Rwanda ibone uko ikora. Ayo mafaranga yatwawe na JMV Ndagijimana wari mu itsinda ryari riherekeje Perezida wa Repubulika.

Bakigera muri Amerika, ambasade yahise ibwirwako amafaranga yoherejwe maze Ndagijimana abwira uwari Ambasaderi icyo gihe Manzi Bakuramutsa ko amafaranga yabikijwe kuri Hotel kugirangi agire umutekano.

Ku munsi wakurikiyeho Perezida yabajije Ambasaderi Bakuramutsa niba yakiriye amafaranga igisubizo kiba oya. Ku munsi wa gatatu, Perezida yohereje abantu batatu kujya gufata ayo mafaranga ngo bayashyikirize ambasade barimo Dr Charles Murigande na Joseph Mutaboba. Umujura Ndagijimana yababwiye ko bazahurira kuri ambasade ku munsi ukurikiyeho ku isaha ya saa tanu akaba amafaranga.

Kuri uwo munsi Ambasaderi Manzi Bakuramutsa yarazindutse agiye gufata amafaranga ategereza saa tanu araheba birinda bigera saa sita. Bigeze saa saba bahamagaye kuri Hotel yari imucumbikiye mazi babwirwako Ndagijimana yasezeye muri Hotel.

Babanje gukeka ko yahinduye Hotel cyangwa yagiye gusura inshuti ariko bigeze mu masaha ya nimugoroba bahitamo kubibwira inzego z’umutekano. Ambasaderi Bakuramutsa yabanje guhamagara abari bashinzw umutekano wa Perezida Bizimungu bababwira ko hari umuntu wabuze kandi afite amafaranga menshi. Izo nzego z ‘umutekao zabahuje na Polisi zaje gukora iperereza riza kubwira Amasaderi Bakuramutsa ko Ndagijimana yageze mu gihugu cy’Ubufaransa. Inkuru yabaye kimomo maze ibinyamakuru bikomeye muri Amerika byandika iyo nkuru harimo na New York Times.

Nyuma yuko inkuru isohotse uwari ukuriye umuryango utegamiye kuri Leta AmeriCare yaje kwegera ambasade y’u Rwanda ibabwira ko yaba ibagurije amafaranga yatwawe na Ndagijimana akazishyurwa mu gihe cy’amezi atandatu. Nyuma y’amezi atandatu ayo mafaranga yarishyuwe maze bose batangarira ubunyangamugayo bwa Leta y’u Rwanda.

Ubwo CARE yagurizaga Ambasade amafranga, yatumiye itangazamakuru maze u Rwanda ruri kurangiza umwenda narwo rutumiza itangazamakuru. Mu gutumira itangazamakuru AmeriCare yahaye ambasade icyapa kimeze nka Cheque handitseho ngo « From AmeriCares to the people of Rwanda” maze u Rwanda rumaze kwishyura narwo rukora cheque yanditseho ngo « From People of Rwanda to the AmeriCares »

Ni iby’Agaciro ku gihugu nk’u Rwanda cyari kimaze kuva mu mateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Tugarutse kuri Ndagijimana wigize umuntu uharanira uburenganzira bwa muntu yirirwa asebya u Rwanda igihugu yahemukiye ariko ntabwo yari aziko umutima w’u Rwanda ukomeye ubu umaze kugera kuri byinshi. Ikindi sinzi niba agifite ayo mafaranga dore ko asigaye yirirwa ashakishiriza ubuzima kuri YouTube asebya u Rwanda.

Na Faustin Twagiramungu wari Minisitiri w’Intebe icyo gihe kandi basangiye ishyaka yamaganye ibyo bikorwa bya Ndagijimana by’ubujura.

2023-05-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Umuryango wa Habyarimana ukomeje uruhare rukomeye mu bikorwa by’ivangura n’amacakubiri mu buhungiro

Ubwanditsi 04 Sep 2025
Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Bane bafunzwe bacyekwaho guha ruswa abapolisi kugira ngo bakorerwe ibinyuranije n’amategeko

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Nyuma yo guhamwa n’icyaha cya ruswa abahoze ari abakozi ba WASAC bakatiwe imyaka 3 y’igifungo

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Kivu y’Amajyepfo: Abantu batanu baguye mu bitero 2 bitandukanye by’abantu bitwaje intwaro

Kivu y’Amajyepfo: Abantu batanu baguye mu bitero 2 bitandukanye by’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 27 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mukamabano Madeleine  wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa  Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro
Mu Rwanda

Mukamabano Madeleine wahoze ari Umunyamakuru wa RFI yambitse ubusa Amashyaka ya Opozisiyo ikorera mu buhungiro

Ubwanditsi 10 Aug 2017
Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro
Mu Mahanga

Musanze: 300 bahawe ubumenyi ku nkongi z’imiriro

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda
Mu Mahanga

Ibyemezo bya CAF bitumye U Rwanda U20 rusezerera Uganda

Ubwanditsi 13 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru