• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Ubwanditsi 07 May 2018 ITOHOZA

Abarundi batatu bari mu bantu benshi bari mu maboko y’Igipolisi cya Uganda nyuma y’umukwabu wo kuwa 28 Mata wakozwe ku Musigiti wa Usafi, aho abantu 154 igipolisi kivuga ko cyarokoye bafashwe bugwate.

Umuvugizi w’igiplisi wungirije, SP Patrick Onyango, wemeje aya makuru, avuga ko igipolisi kuri ubu cyataye muri yombi abagore 28, abakobwa 63 n’abasore 63. Uyu muvugizi akaba avuga ko aba Barundi banze kugira icyo batangariza abashinzwe iperereza.

Mu gitondo cyo kuwa 28 Mata, nk’uko tubikesha Chimpreports, igipolisi cyari gikurikiranye abakekwaho gushimuta no kwica Susan Magara gifatanyije n’izindi nzego z’umutekano bagiye ku musigiti wa Usafi, maze nyuma yo kurasana kwasize umupolisi umwe akomeretse, hafashwe abantu 36 hicwa abandi babiri.

Bikavugwa ko icyo gihe umwe mu bakekwaho uruhare mu rupfu rwa Magara yafatiwe aho agatangira gufatanya na polisi hagatabwa muri yombi abandi bantu bakekwa.

Kuri ubu igipolisi kikaba kivuga ko mu guhata ibibazo abo bafashwe kimwe n’abagore batabawe muri uwo musigiti ndetse n’abana, cyaguye ibikorwa by’iperereza.

Igipolisi kikavuga ko uyu watawe muri yombi yagiye avugwa mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi, burimo gushimuta hagamijwe kwaka ingurane, ubwicanyi, gucuruza abantu, ihohotera rishingiye ku gitsina n’ibindi.

Igipolisi kiti: “Bamwe mu bakekwa bari muri kasho kuri ubu bagize uruhare mu guhohotera bamwe muri aba bana batabawe, abacurujwe ndetse basambanya ku ngufu abandi.”

Cyongeyeho ko amatsinda atandukanye ashinzwe iperereza yagiye agera ahantu hagiye hapangirwa umugambi wo kwica Susan Magara nyuma ugashyirwa mu bikorwa. Ibimenyetso byinshi ngo byakuwe aho hantu nubwo bitatangajwe kubera ko iperereza rikomeje.

Kuri aba bana batabawe, igipolisi kivuga ko ubu kiri gushaka ababyeyi babo ngo basubizwe iwabo mu miryango yabo.

Bikaba biteganyijwe ko abatawe muri yombi bazagezwa imbere y’urukiko mu mpera z’iki cyumweru.

Susan Magara yari muntu ki?

Susan Magara wishwe afite imyaka 28 y’amavuko, ngo yari umuntu wicisha bugufi nubwo yari yaravutse mu muryango ukize muri Bunyoro. Ikinyamakuru daily Monitor kikaba kivuga ko byashobokaga cyane ko iyo adashimutwa Abagande benshi batari kumenya byinshi ku buzima bwe, ariko aho ashimutiwe akaba yaragarutsweho cyane mu nteko ishinga amategeko, mu nzego z’umutekano, ku mbuga nkoranyambaga ndetse no mu binyamakuru byinshi byo muri Uganda.

Susan Magara akaba ari umukobwa w’umunyemari, John Fitzgerald Magara ufite ibikorwa nka Bwendero Daily Farm na Nyati Rice Mills, ukunze no gufasha abahinzi mu buhinzi bw’umuceri n’ibigori, aho ikigo cye kibagurira umusaruro ku giciro cyiza.

Susan akaba yarashimutiwe I Kampala kuwa 7 Gashyantare 2018 n’abantu bataramenyekana neza kugeza ubu, baza kumwica umurambo we bawujugunya hagati ya Kigo na kijjansi ku muhanda munini wa Entebbe kuwa 27 Gashyantare.

 

2018-05-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Umwongerezakazi Uwamahoro Violette yafatiwe mu Rwanda akekwaho ubugizi bwa nabi

Ubwanditsi 03 Mar 2017
“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

“Demokarasi yanyu irababereye, nimuyigumanire, twe muduhe amahoro”-Tito Rutaremara abwira ba mpatsibihugu

Ubwanditsi 18 Jul 2024
Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Gusara ni ugushishikara koko. Thomas Nahimana n’abasazi be ngo barose bafashe ubutegetsi mu Rwanda!

Ubwanditsi 19 Aug 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abaturage batangiye kwiba ibyo kurya,Polisi imaze gufunga 14

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje  Amavubi yatsinze South Sudan 2-1
Amakuru

Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire yacyeje Amavubi yatsinze South Sudan 2-1

Ubwanditsi 29 Dec 2024
Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Abanyarwanda umunani bakatiwe igifungo cy’amezi 13

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru