• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rwatesheje agaciro ubusabe bwa Dr Mpozayo Christophe, wareze Leta y’u Rwanda ayishinja guhonyora uburenganzira bwe bw’ibanze.

Dr Mpozayo yahoze ari umukozi w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Yatawe muri yombi muri Mata 2014 ashinjwa gukwirakwiza ibihuha bigamije guteza imvururu muri rubanda. Tariki 8 Mata 2015 Urukiko Rukuru rwamuhamije ibyo byaha rumukatira igifungo cy’imyaka icumi.

Dr Mpozayo yajuririye Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba arusaba kwemeza ko Leta y’u Rwanda yavogereye uburenganzira bwe bw’ibanze haba mu buryo yafashwemo, uko yafunzwe ndetse n’uko yaburanishijwe binyuranyije n’amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’ay’u Rwanda.

Yasabye urwo rukiko gutesha agaciro ibyemezo yafatiwe n’Urukiko Rukuru mu Rwanda.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, urukiko rwa EAC rwatangaje ko twatesheje agaciro ikirego cya Dr Mpozayo.

Rwatangaje ko urega nta bimenyetso bigaragara yatanze by’uko Leta y’u Rwanda koko yaravogereye uburenganzira bwe bw’ibanze bityo ko rudashobora kubyemeza.

Rwanze kandi gutesha agaciro ibyemezo byafashwe n’inkiko zo mu Rwanda ngo kuko bitari mu bubasha bwarwo kandi byaba ari ukuvogera inkiko z’igihugu.

Atanga ikirego, Dr Mpozayo yasabye urukiko kumuha n’indishyi z’akababaro.

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rwatangaje ko ubusanzwe indishyi zitangwa mu gihe urubanza rwakiriwe rukaburanwa bityo ko we adashobora kuzihabwa ko nta bimenyetso bishimangiro ikirego yigeze agaragaza.

Urukiko kandi rwateye utwatsi ubusabe Mpozayo yarugejejeho bw’umushahara w’ukwezi atahembwe. Rwanzuye ko icyo ari ikirego gisaba ibimenyetso atigeze agaragaza.

Urukiko rwavuze ko ahubwo Dr Mpozayo yari akwiriye kwishyura ibyo Leta y’u Rwanda yatakaje mu rubanza yayishoyemo, icyakora ruramusonera kubera ko nta bushobozi afite dore ko n’umunyamategeko wamuburaniye ari uwo yahawe ku buntu.

Rwanzuye ko mu nyungu z’ubutabera, buri wese mu baburanyi yiyishyurira ikiguzi cy’urubanza.

Joel Kimutai Bosek na Moureen Okoth bunganira uregwa bahise basaba imyanzuro y’urukiko kugira ngo babashe kujurira mu rugereko rwisumbuye.

Mu bimenyetso urukiko rukuru mu Rwanda rwashingiyeho ruhamya Dr Mpozayo icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda, harimo ibiganiro yakoze yifashishije Skype na Watsapp aganira na Munyampeta Jean Damascene utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda nkuko byagaragaye muri mudasobwa ye.

Mu Ugushyingo 2013 nabwo Mpozayo yari yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha birimo gutunga intwaro, gusa aza kugirwa umwere.

2018-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye

Mugwiza Desire yongeye kwiyamamariza kuyobora FERWABA, Ibyagezweho, imbogamizi n’ibiteganywa gukorwa kuri manda ye

Ubwanditsi 20 Dec 2024
Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Turibuka n’Abatutsi bishwe mbere ya Mata 1994 – MINUBUMWE

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Jul 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo
Mu Rwanda

Kagame yasobanuye impamvu Abanyarwanda bagira uruhare mu bukerarugendo

Ubwanditsi 29 Aug 2017
Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016
David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court
ITOHOZA

David Himbara kuri uyu wa Gatanu arongera kwitaba Urukiko rwa Toronto East Court

Ubwanditsi 17 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru