• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rwatesheje agaciro ubusabe bwa Dr Mpozayo Christophe, wareze Leta y’u Rwanda ayishinja guhonyora uburenganzira bwe bw’ibanze.

Dr Mpozayo yahoze ari umukozi w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Yatawe muri yombi muri Mata 2014 ashinjwa gukwirakwiza ibihuha bigamije guteza imvururu muri rubanda. Tariki 8 Mata 2015 Urukiko Rukuru rwamuhamije ibyo byaha rumukatira igifungo cy’imyaka icumi.

Dr Mpozayo yajuririye Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba arusaba kwemeza ko Leta y’u Rwanda yavogereye uburenganzira bwe bw’ibanze haba mu buryo yafashwemo, uko yafunzwe ndetse n’uko yaburanishijwe binyuranyije n’amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’ay’u Rwanda.

Yasabye urwo rukiko gutesha agaciro ibyemezo yafatiwe n’Urukiko Rukuru mu Rwanda.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, urukiko rwa EAC rwatangaje ko twatesheje agaciro ikirego cya Dr Mpozayo.

Rwatangaje ko urega nta bimenyetso bigaragara yatanze by’uko Leta y’u Rwanda koko yaravogereye uburenganzira bwe bw’ibanze bityo ko rudashobora kubyemeza.

Rwanze kandi gutesha agaciro ibyemezo byafashwe n’inkiko zo mu Rwanda ngo kuko bitari mu bubasha bwarwo kandi byaba ari ukuvogera inkiko z’igihugu.

Atanga ikirego, Dr Mpozayo yasabye urukiko kumuha n’indishyi z’akababaro.

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rwatangaje ko ubusanzwe indishyi zitangwa mu gihe urubanza rwakiriwe rukaburanwa bityo ko we adashobora kuzihabwa ko nta bimenyetso bishimangiro ikirego yigeze agaragaza.

Urukiko kandi rwateye utwatsi ubusabe Mpozayo yarugejejeho bw’umushahara w’ukwezi atahembwe. Rwanzuye ko icyo ari ikirego gisaba ibimenyetso atigeze agaragaza.

Urukiko rwavuze ko ahubwo Dr Mpozayo yari akwiriye kwishyura ibyo Leta y’u Rwanda yatakaje mu rubanza yayishoyemo, icyakora ruramusonera kubera ko nta bushobozi afite dore ko n’umunyamategeko wamuburaniye ari uwo yahawe ku buntu.

Rwanzuye ko mu nyungu z’ubutabera, buri wese mu baburanyi yiyishyurira ikiguzi cy’urubanza.

Joel Kimutai Bosek na Moureen Okoth bunganira uregwa bahise basaba imyanzuro y’urukiko kugira ngo babashe kujurira mu rugereko rwisumbuye.

Mu bimenyetso urukiko rukuru mu Rwanda rwashingiyeho ruhamya Dr Mpozayo icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda, harimo ibiganiro yakoze yifashishije Skype na Watsapp aganira na Munyampeta Jean Damascene utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda nkuko byagaragaye muri mudasobwa ye.

Mu Ugushyingo 2013 nabwo Mpozayo yari yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha birimo gutunga intwaro, gusa aza kugirwa umwere.

2018-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi bahabwa umwanya wo kwikosora, bo bakabifata nko kubatinya. Kubajenjekera bizarangira ryari?

Ubwanditsi 08 Mar 2021

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025
Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye  iterabwoba n’uburinzi budasanzwe

Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye iterabwoba n’uburinzi budasanzwe

Ubwanditsi 21 Nov 2017
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 03 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya  Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

RNC : Abagore b’ibigarasha mu Bubiligi mu mihango yo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 01 May 2017
USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca
ITOHOZA

USA: Mu rubanza rw’ushinjwa Jenoside, impuguke yagarutse ku ngufu z’inkiko Gacaca

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Imbonerakure ziratungwa agatoki mu rupfu rwa René Pacifique Ntwari, w’imyaka 20 wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 01 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru