• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Urukiko rwa EAC rwatesheje agaciro ikirego Dr Mpozayo yarezemo Leta y’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACJ) rwatesheje agaciro ubusabe bwa Dr Mpozayo Christophe, wareze Leta y’u Rwanda ayishinja guhonyora uburenganzira bwe bw’ibanze.

Dr Mpozayo yahoze ari umukozi w’Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA).

Yatawe muri yombi muri Mata 2014 ashinjwa gukwirakwiza ibihuha bigamije guteza imvururu muri rubanda. Tariki 8 Mata 2015 Urukiko Rukuru rwamuhamije ibyo byaha rumukatira igifungo cy’imyaka icumi.

Dr Mpozayo yajuririye Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba arusaba kwemeza ko Leta y’u Rwanda yavogereye uburenganzira bwe bw’ibanze haba mu buryo yafashwemo, uko yafunzwe ndetse n’uko yaburanishijwe binyuranyije n’amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba n’ay’u Rwanda.

Yasabye urwo rukiko gutesha agaciro ibyemezo yafatiwe n’Urukiko Rukuru mu Rwanda.

Mu itangazo rigenewe abanyamakuru, urukiko rwa EAC rwatangaje ko twatesheje agaciro ikirego cya Dr Mpozayo.

Rwatangaje ko urega nta bimenyetso bigaragara yatanze by’uko Leta y’u Rwanda koko yaravogereye uburenganzira bwe bw’ibanze bityo ko rudashobora kubyemeza.

Rwanze kandi gutesha agaciro ibyemezo byafashwe n’inkiko zo mu Rwanda ngo kuko bitari mu bubasha bwarwo kandi byaba ari ukuvogera inkiko z’igihugu.

Atanga ikirego, Dr Mpozayo yasabye urukiko kumuha n’indishyi z’akababaro.

Urukiko rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba rwatangaje ko ubusanzwe indishyi zitangwa mu gihe urubanza rwakiriwe rukaburanwa bityo ko we adashobora kuzihabwa ko nta bimenyetso bishimangiro ikirego yigeze agaragaza.

Urukiko kandi rwateye utwatsi ubusabe Mpozayo yarugejejeho bw’umushahara w’ukwezi atahembwe. Rwanzuye ko icyo ari ikirego gisaba ibimenyetso atigeze agaragaza.

Urukiko rwavuze ko ahubwo Dr Mpozayo yari akwiriye kwishyura ibyo Leta y’u Rwanda yatakaje mu rubanza yayishoyemo, icyakora ruramusonera kubera ko nta bushobozi afite dore ko n’umunyamategeko wamuburaniye ari uwo yahawe ku buntu.

Rwanzuye ko mu nyungu z’ubutabera, buri wese mu baburanyi yiyishyurira ikiguzi cy’urubanza.

Joel Kimutai Bosek na Moureen Okoth bunganira uregwa bahise basaba imyanzuro y’urukiko kugira ngo babashe kujurira mu rugereko rwisumbuye.

Mu bimenyetso urukiko rukuru mu Rwanda rwashingiyeho ruhamya Dr Mpozayo icyaha cyo guteza imvururu muri rubanda, harimo ibiganiro yakoze yifashishije Skype na Watsapp aganira na Munyampeta Jean Damascene utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda nkuko byagaragaye muri mudasobwa ye.

Mu Ugushyingo 2013 nabwo Mpozayo yari yatawe muri yombi ashinjwa ibyaha birimo gutunga intwaro, gusa aza kugirwa umwere.

2018-10-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 25 Apr 2025
Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Bobi Wine akomeje kwiyegereza urubyiruko mu rugamba rwo kurwanya Perezida Museveni

Ubwanditsi 15 Oct 2018
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ubwanditsi 20 Jul 2023
Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Ubwanditsi 13 Jan 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478
Mu Mahanga

Perezida Kagame yahaye ipeti rya Sous-Lieutenant abasirikare ba Ofisiye 478

Ubwanditsi 23 Feb 2017
Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire
Amakuru

Imyaka irenga 25 y’imfabusa kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 19 Sep 2022
Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.
Amakuru

Polisi Mpuzamahanga, Interpol, irahiga bukware ikigarasha Gasana Eugène Richard, ngo kiryozwe gusambanya umwana w’umukobwa ku ngufu.

Ubwanditsi 15 Dec 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru