• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje icyumweru cyahariwe ibikorwa byayo byibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, kikaba kigeze ku munsi wacyo wa 3, kuwa mbere Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo batanze ibiganiro ku bukangurambaga bwibanze ku icuruzwa ry’abantu.
Mu biganiro byatanzwe na bamwe mu bayobozi ba Polisi ku maradiyo no ku mateleviziyo atandukanye akorera hano mu gihugu, bakanguriye abanyeshuri n’abanyarwanda kurwanya iicuruzwa ry’abantu

Mu batanze ibyo biganiro harimo umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, umuyobozi w’ishami rya Polisi mpuzamahanga n’ubutwererane muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Anthony Kulamba, umuyobozi w’ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire ngengamikorere muri Polisi y’u Rwanda ACP Jean Nepo Mbonyumuvunyi n’abandi bibanze ku gutanga amakuru ku gihe kuri iki cyaha.

Ubwo yari ari gutanga ikiganiro kuri Radio Rwanda, ACP Kulamba yavuze birambuye ku kibazo cy’icuruzwa ry’abantu, asobanura uko rikorwa n’ibyo abarikora bashukisha abo bashaka kujyana. Yijeje abanyarwanda ko hari ingamba zikomeye zashyizweho zigamije kurwanya icuruzwa ry’abantu nk’icyaha cyugarije isi, hakaba harimo ubufatanye mpuzamahanga n’ubukangurambaga buhabwa abaturage.

Yagize ati:” Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo yakanguriye abanyarwanda kumenya ubucuruzi bw’abantu bakarifata nk’ubucakara bwo muri iki gihe, aho abantu bacuruzwa nk’ibicuruzwa.”

Yakomeje agira ati:”ubufatanye dufitanye n’imiryango mpuzamahanga na za Polisi z’ibindi bihugu byo ku isi, buhuzwa n’imbaraga Leta y’u Rwanda ishyira mu guhashya iki cyorezo, twifashishije ubwo bufatanye, twakoze ubukangurambaga mpuzamahanga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu, n’ubukangurambaga dukorera abaturage nabwo bugira uruhare runini mu kumenyesha abaturage uko icuruzwa ry’abantu rikorwa, ibyo abarikora bashukisha abantu, ababa bashakishwa cyane, aho abenshi berekezwa n’ingaruka abacuruzwa bahura nazo.”

Yaboneyeho umwanya wo gusaba ababyeyi, abarezi b’abana, n’abanyarwanda muri rusange, kuba maso no kumenya ibi byose kandi bagatungira agatoki inzego z’umutekano uwo ariwe wese bakeka ko akora cyangwa ashaka kwishora mu icuruzwa ry’abantu.

Akaba yagize ati:”Turizera ko mu bukangurambaga buhoraho nk’ubu, abantu bazumva ko icuruzwa ry’abantu rihari, bigatuma nabo bagira amakenga y’umuntu wese uza abizeza ibitangaza anabaha impano. Turasaba abanyarwanda kudafata ibyo bahawe nk’impano n’abantu batazi, ahubwo abantu nk’abo bakabageza ku nzego z’ubuyobozi kandi turizera ko bizagira akamaro abantu ntibagumye gushorwa mu icuruzwa ry’abantu.”

ACP Mbonyumuvunyi we ubwo yari ari kuri Radio Flash FM, yibanze ku mategeko ahana icyaha cy’icuruzwa ry’abantu, avuga ko amategeko y’u Rwanda atihanganira umuntu wese ukora icuruzwa ry’abantu, kandi ko inzego zo kuyashyira mu bikorwa zihari.

Ingingo ya 252 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko icuruzwa ry’abantu rihanishwaigifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y‟u Rwanda kuva kuri miliyoni eshanu (5.000.000) kugeza kuri miliyoni icumi (10.000.000).

Ubwo yari ari gutanga ikiganiro kuri TV 1, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Celestin Twahirwa wari uri kumwe na Chief Superintendent of Police (CSP) Teddy Ruyenzi yashimiye uruhare abaturage bagize mu kwicungira umutekano muri iyi myaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.

Akaba yagize ati:”Mu myaka 16 ishize, twakoranye bya hafi n’abaturage, amahuriro yo kwicungira umutekano atandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye mu kubungabunga umutekano w’abanyarwanda, tukaba tubibashimira.”

CSP Ruyenzi nawe yamwunganiye avuga ko ibyagezweho mu kubungabunga umutekano muri iyi myaka 16, byatumye u Rwanda ruba kimwe mu bihugu by’isi bifite umutekano usesuye.

-2954.jpg

Yagize ati:Raporo z’ibigo n’imiryango itandukanye irimo umuryango mpuzamahanga ku bukungubwavugaga ku baturage bafitiye icyizere inzego z’umutekano z’ibihugu byabo, raporo ya 2015 yakozwe na Gallup Law and Order, iya 2015 ya Human Development, iya The World Travel Guide nayo yo muri 2015 n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere, zashyize u Rwanda mu bihugu bya mbere ku isi bifite umutekano aho abantu batagira ubwoba igihe cyose, haba ku manywa cyangwa n’ijoro.”

RNP

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Perezida Kagame asanga amashanyarazi ya Gaz Methan azateza imbere Karongi

Ubwanditsi 17 May 2016
Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Icyo uwemerewe gutora asabwa mu matora y’Abayobozi b’Inzego z’Ibanze

Ubwanditsi 07 Feb 2016
Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu
IMIKINO

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha
Mu Mahanga

Rubavu: Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku magare bashyizeho amahuriro 17 yo gukumira ibyaha

Ubwanditsi 12 Feb 2016
Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka
Mu Rwanda

Abayobozi bakuru ba Polisi z’u Rwanda na Uganda baganiriye ku kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 17 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru