• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 14 Jun 2016 Mu Mahanga

Mu gihe Polisi y’u Rwanda ikomeje icyumweru cyahariwe ibikorwa byayo byibanda ku bukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana, kikaba kigeze ku munsi wacyo wa 3, kuwa mbere Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo batanze ibiganiro ku bukangurambaga bwibanze ku icuruzwa ry’abantu.
Mu biganiro byatanzwe na bamwe mu bayobozi ba Polisi ku maradiyo no ku mateleviziyo atandukanye akorera hano mu gihugu, bakanguriye abanyeshuri n’abanyarwanda kurwanya iicuruzwa ry’abantu

Mu batanze ibyo biganiro harimo umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, umuyobozi w’ishami rya Polisi mpuzamahanga n’ubutwererane muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Anthony Kulamba, umuyobozi w’ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire ngengamikorere muri Polisi y’u Rwanda ACP Jean Nepo Mbonyumuvunyi n’abandi bibanze ku gutanga amakuru ku gihe kuri iki cyaha.

Ubwo yari ari gutanga ikiganiro kuri Radio Rwanda, ACP Kulamba yavuze birambuye ku kibazo cy’icuruzwa ry’abantu, asobanura uko rikorwa n’ibyo abarikora bashukisha abo bashaka kujyana. Yijeje abanyarwanda ko hari ingamba zikomeye zashyizweho zigamije kurwanya icuruzwa ry’abantu nk’icyaha cyugarije isi, hakaba harimo ubufatanye mpuzamahanga n’ubukangurambaga buhabwa abaturage.

Yagize ati:” Polisi y’u Rwanda n’abafatanyabikorwa bayo yakanguriye abanyarwanda kumenya ubucuruzi bw’abantu bakarifata nk’ubucakara bwo muri iki gihe, aho abantu bacuruzwa nk’ibicuruzwa.”

Yakomeje agira ati:”ubufatanye dufitanye n’imiryango mpuzamahanga na za Polisi z’ibindi bihugu byo ku isi, buhuzwa n’imbaraga Leta y’u Rwanda ishyira mu guhashya iki cyorezo, twifashishije ubwo bufatanye, twakoze ubukangurambaga mpuzamahanga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu, n’ubukangurambaga dukorera abaturage nabwo bugira uruhare runini mu kumenyesha abaturage uko icuruzwa ry’abantu rikorwa, ibyo abarikora bashukisha abantu, ababa bashakishwa cyane, aho abenshi berekezwa n’ingaruka abacuruzwa bahura nazo.”

Yaboneyeho umwanya wo gusaba ababyeyi, abarezi b’abana, n’abanyarwanda muri rusange, kuba maso no kumenya ibi byose kandi bagatungira agatoki inzego z’umutekano uwo ariwe wese bakeka ko akora cyangwa ashaka kwishora mu icuruzwa ry’abantu.

Akaba yagize ati:”Turizera ko mu bukangurambaga buhoraho nk’ubu, abantu bazumva ko icuruzwa ry’abantu rihari, bigatuma nabo bagira amakenga y’umuntu wese uza abizeza ibitangaza anabaha impano. Turasaba abanyarwanda kudafata ibyo bahawe nk’impano n’abantu batazi, ahubwo abantu nk’abo bakabageza ku nzego z’ubuyobozi kandi turizera ko bizagira akamaro abantu ntibagumye gushorwa mu icuruzwa ry’abantu.”

ACP Mbonyumuvunyi we ubwo yari ari kuri Radio Flash FM, yibanze ku mategeko ahana icyaha cy’icuruzwa ry’abantu, avuga ko amategeko y’u Rwanda atihanganira umuntu wese ukora icuruzwa ry’abantu, kandi ko inzego zo kuyashyira mu bikorwa zihari.

Ingingo ya 252 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, ivuga ko icuruzwa ry’abantu rihanishwaigifungo kuva ku myaka irindwi (7) kugeza ku myaka icumi (10) n’ihazabu y’amafaranga y‟u Rwanda kuva kuri miliyoni eshanu (5.000.000) kugeza kuri miliyoni icumi (10.000.000).

Ubwo yari ari gutanga ikiganiro kuri TV 1, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Celestin Twahirwa wari uri kumwe na Chief Superintendent of Police (CSP) Teddy Ruyenzi yashimiye uruhare abaturage bagize mu kwicungira umutekano muri iyi myaka 16 Polisi y’u Rwanda imaze ishinzwe.

Akaba yagize ati:”Mu myaka 16 ishize, twakoranye bya hafi n’abaturage, amahuriro yo kwicungira umutekano atandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye mu kubungabunga umutekano w’abanyarwanda, tukaba tubibashimira.”

CSP Ruyenzi nawe yamwunganiye avuga ko ibyagezweho mu kubungabunga umutekano muri iyi myaka 16, byatumye u Rwanda ruba kimwe mu bihugu by’isi bifite umutekano usesuye.

-2954.jpg

Yagize ati:Raporo z’ibigo n’imiryango itandukanye irimo umuryango mpuzamahanga ku bukungubwavugaga ku baturage bafitiye icyizere inzego z’umutekano z’ibihugu byabo, raporo ya 2015 yakozwe na Gallup Law and Order, iya 2015 ya Human Development, iya The World Travel Guide nayo yo muri 2015 n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere, zashyize u Rwanda mu bihugu bya mbere ku isi bifite umutekano aho abantu batagira ubwoba igihe cyose, haba ku manywa cyangwa n’ijoro.”

RNP

2016-06-14
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Itangazo ryo kubika ryasohowe na FDLR rijijisha urupfu rwa Ge. Mudacumura

Ubwanditsi 19 Sep 2019
Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN :  Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Udushya mu mukino wa mbere wa CHAN : Ubujura bukabije mu matike yo kwinjira

Ubwanditsi 19 Jan 2016
Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Burundi: Abanyamahanga barimo umuzungukazi bafatiwe muri Rweru baburiwe irengero

Ubwanditsi 05 Nov 2018
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Ubwanditsi 03 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga
UBUKUNGU

Haracyari impungenge ku ihererekanywa ry’amafaranga hakoreshejwe ikoranabuhanga

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Igitaramo  cy’Imbaturamugabo  kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa  mu marembo ya Stade amahoro
Mu Rwanda

Igitaramo cy’Imbaturamugabo kiswe ‘Kigali Intsinzi Concert’ kirategurwa mu marembo ya Stade amahoro

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura
IMIKINO

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru