• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019 IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wa gicuti waberaga kuri sitade Amahoro ku gica munsi cy’uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2019. Iranzi Jean Claude (Rayon Sports) na Kitegetse Bogarde (AS Kigali) buri umwe yahawe ikarita itukura.

Muri uyu mukino, AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 25′ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Farouk Ruhinda Saifi mbere gato ko Bizimana Yannick yishyurira Rayon Sports ku munota wa 26′ w’umukino.

Sekamna Maxime (Iburyo) na Bizimana Yannick (Ibumoso) bishimira igitego

AS Kigali yari mu mukino ibizi neza ko mu mukino wa gicuti baheruka gukina batsinzwe na Rayon Sports kuri sitade ya Kigali bityo bakaba basabwaga kwishyura. Hakiri kare nibwo Farouk Ruhinda Saifi yahise ashyiramo igitego.

AS Kigali bamaze gutsinda igitego cya mbere mu mukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cyo kwishyura

Muri uyu mukino, Alain Kirasa umutoza wasigaranye Rayon Sports nyuma y’igenda rya Robertinho, yari yatanze amahirwe kuri bamwe mu bakinnyi batakinnye n’abatarabanje mu kibiga bahura na Al-Hilal FC ari nabwo abakinnyi nka Runanira Hamza, Mazimpaka Andre, Nizeyimana Mirafa, Iragire Saidi, Bizimana Yannick na Sekamana Maxime babanzaga mu kibuga.

Kuba Rayon Sports yari ifite Iragire Saidi na Runanira Hamza mu mutima w’ubwugarizi, byatumye Habimana Hussein Eto’o usanzwe muri uyu mwanya ajya hagati mu kibuga gufatanya na Nizeyimana Mirafa mu gihe imbere y’abo hari Cyiza Hussein wakinaga inyuma gato ya Bizimana Yannick.

Habimana Hussein yakinaga hagati mu kibuga

Mazimpaka Andre yabanje mu izamu

Sekamana Maxime yakinaga aca ku ruhande rumwe, Mugisha Gilbert agaca ku rundi rw’ibumoso. Runanira Hamza, Iragire Saidi, Irambona Eric Gisa (C) na Iradukunda Etri Radou bari mu bwugarizi.

AS Kigali yari yagumye kuri gahunda yayo yo gukoresha abakinnyi n’ubundi bazitabaza mu mukino bazasuramo KMC FC muri Tanzania kuko Bate Shamiru yari mu izamu, Nshimiyimana Marc Govin aca iburyo, Ishimwe Christian agaca ibumoso.

Bishira Latif na Songayingabo Shaffy bari mu mutima w’ubwugarizi, Kalisa Rachid, Ntamuhanga Thumaine Titty na Nsabimana Eric Zidane bari hagati mu kibuga, Benedata Janvier aca ku ruhande rumwe bityo Farouk Ruhinda Saifi na Nshimiyimana Ibrahim bagataha izamu.

Ntamuhanga Thumaine (12) aganganye na Sekamana Maxime

Bitewe n’uko abatoza bombi bari muri gahnda yo gushakira abakinnyi imikino ihagije, nyuma y’igihe cya mbere bose bakoze impinduka ari nabwo nka rayon Sports bahinduye ikipe yabanjemo bahereye mu izamu. Gusa, Bizimana Yannick na Iragire Saidi nibo baje kugumamo abandi bazamo ari bashya.

Abandi bajemo ni nka; Mazimpaka Andre, Nyandi Saddam, Eric Rutanga Alba (C), Ndizeye Samuel wanaje kugira imvune akava mu kibuga, Nshimiyimana Amran, Sarpong Michael, Omar Sidibe n’abandi.

Ku ruhande rwa AS Kigali bazanye Ndayishimiye Eric Bakame, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya, Haruna Niyonzima n’abandi bakinnyi bose bava hanze y’u Rwanda bari muri iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Haruna Niyonzima agora Nshimiyimana Amran

Sarpong Michael ashaka inzira yoroshye

Habimana Hussein (20) inyuma ya Kalisa Rachid

Gusa n’ubwo wari umukino wa gicuti, buri kipe yabonye ikarita itukura kuko Kitegetse Bogarde wa AS Kigali niwe wayibonye mbere ku munota wa 68′ azira gukubita umugeri Amran Nshimiyimana wa Rayon Sports mu gihe Iranzi Jean Claude yayihawe nyuma yo kugusha Haruna Niyonzima ku munota wa 89′ w’umukino baje kongeraho iminota ine y’inyongera.

Songayingabo Shaffy imbere ya Bizimana Yannick

Bishira Latif (5) mu kirere ashaka umupira

Cyiza Hussien agenzura umupira

Abakinnyi babanje mu kibuga:

AS Kigali XI: Bate Shamiru (GK,21), Nshimiyimana Marc Govinho 16, Bishira Latif 5, Songayingabo Shaffy 22, Christian Ishimwe 6, Farouk Ruhinda Saifi 23, Nsabimana Eric Zidane 30, Ntamuhanga Thumaine Tity (C,22), Kalisa Rachid 3, Benedata Janvier 10 na Nshimiyimana Ibrahim 20

11 ba AS Kigali babanjemu kibuga

Rayon Sports XI: Mazimpaka Andre (GK,30), Iradukunda Eric Radou 14, Irambona Eric Gisa (C,17), Habimana Hussein Eto’o 20, Runanira Hamza 6, Nizeyimana Mirafa 8, Iragire Said 2, Mugisha Gilbert 12, Cyiza Hussein 10, Sekamana Maxime 24, Bizimana Yannick 23

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Songayingabo Shaffy yari yazonze Bizimana Yannick (23)

Abafana muri sitade Amahoro

Nyandwi Saddam (16) ahanganye na Jean Paul Ahoyikuye

Komezusenge Daniel umunyabanga mukuru wa AS Kigali

Eric Nshimiyimana umutoza mukuru wa AS Kigali

Nshimiyimana Marc Govin myugariro wa AS Kigali

Nsabimaan Eric Zidane yica inyota

Abasifuzi n’akapiteni

Abakinnyi basuhuzanya

Iragire Saidi (2) na Runanira Hamza (6) batangiye bakinana mu mutima w’ubwugarizi bwa Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Abanyamakur: Uva ibumoso: Bugingo Fidele (Imvaho Nshya), Niyosenga Gakwandi Felix (Authentic), Kalisa Bruno Taifa (City Radio), Amon B Nuwamanaya (Authentic) na Jules Craig (BTN TV)

Olokwei Commodore ku mupira imbere ya Haruna Niyonzima

Munyakazi Sadate (Iburyo) perezida wa Rayon Sports

Umukino wari urimo ishyaka riri hejuru

Kitegetse Bogarde asohoka nyuma yo kubona ikarita itukura

Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya azamura umupira

Haruna Niyonzima agenzura umupira hagati mu kibuga

Cyiza Hussein ku mupira ashaka kwuzamura imbere y’izamu

Source : Inyarwanda

2019-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ferwafa: Nkuko bisanzwe umugati watswe Bonie Mugabe utamikwa Emery Kamanzi

Ubwanditsi 10 Aug 2016
Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Nyuma y’imyaka isaga itatu ari umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Francois Regis yeguye kuri uyu mwanya

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi

Abakinnyi ba filme 9 bakunzwe mu Rwanda bazajya bahembwa buri kwezi

Ubwanditsi 18 Feb 2016
Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Ubwanditsi 21 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22
Mu Mahanga

UBUTUMWA ABAHANZI BAHIMBAZA IMANA BAHAYE ABANYARWANDA MURI IKI GIHE CYO KWIBUKA KU NSHURO YA 22

Ubwanditsi 15 Apr 2016
“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya
Amakuru

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Ubwanditsi 02 Jun 2021
Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe
Mu Mahanga

Kenya: Umunyamategeko warahije Odinga yirukanywe mu gihugu Ntaneguza Ahawe

Ubwanditsi 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru