• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019 IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wa gicuti waberaga kuri sitade Amahoro ku gica munsi cy’uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2019. Iranzi Jean Claude (Rayon Sports) na Kitegetse Bogarde (AS Kigali) buri umwe yahawe ikarita itukura.

Muri uyu mukino, AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 25′ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Farouk Ruhinda Saifi mbere gato ko Bizimana Yannick yishyurira Rayon Sports ku munota wa 26′ w’umukino.

Sekamna Maxime (Iburyo) na Bizimana Yannick (Ibumoso) bishimira igitego

AS Kigali yari mu mukino ibizi neza ko mu mukino wa gicuti baheruka gukina batsinzwe na Rayon Sports kuri sitade ya Kigali bityo bakaba basabwaga kwishyura. Hakiri kare nibwo Farouk Ruhinda Saifi yahise ashyiramo igitego.

AS Kigali bamaze gutsinda igitego cya mbere mu mukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cyo kwishyura

Muri uyu mukino, Alain Kirasa umutoza wasigaranye Rayon Sports nyuma y’igenda rya Robertinho, yari yatanze amahirwe kuri bamwe mu bakinnyi batakinnye n’abatarabanje mu kibiga bahura na Al-Hilal FC ari nabwo abakinnyi nka Runanira Hamza, Mazimpaka Andre, Nizeyimana Mirafa, Iragire Saidi, Bizimana Yannick na Sekamana Maxime babanzaga mu kibuga.

Kuba Rayon Sports yari ifite Iragire Saidi na Runanira Hamza mu mutima w’ubwugarizi, byatumye Habimana Hussein Eto’o usanzwe muri uyu mwanya ajya hagati mu kibuga gufatanya na Nizeyimana Mirafa mu gihe imbere y’abo hari Cyiza Hussein wakinaga inyuma gato ya Bizimana Yannick.

Habimana Hussein yakinaga hagati mu kibuga

Mazimpaka Andre yabanje mu izamu

Sekamana Maxime yakinaga aca ku ruhande rumwe, Mugisha Gilbert agaca ku rundi rw’ibumoso. Runanira Hamza, Iragire Saidi, Irambona Eric Gisa (C) na Iradukunda Etri Radou bari mu bwugarizi.

AS Kigali yari yagumye kuri gahunda yayo yo gukoresha abakinnyi n’ubundi bazitabaza mu mukino bazasuramo KMC FC muri Tanzania kuko Bate Shamiru yari mu izamu, Nshimiyimana Marc Govin aca iburyo, Ishimwe Christian agaca ibumoso.

Bishira Latif na Songayingabo Shaffy bari mu mutima w’ubwugarizi, Kalisa Rachid, Ntamuhanga Thumaine Titty na Nsabimana Eric Zidane bari hagati mu kibuga, Benedata Janvier aca ku ruhande rumwe bityo Farouk Ruhinda Saifi na Nshimiyimana Ibrahim bagataha izamu.

Ntamuhanga Thumaine (12) aganganye na Sekamana Maxime

Bitewe n’uko abatoza bombi bari muri gahnda yo gushakira abakinnyi imikino ihagije, nyuma y’igihe cya mbere bose bakoze impinduka ari nabwo nka rayon Sports bahinduye ikipe yabanjemo bahereye mu izamu. Gusa, Bizimana Yannick na Iragire Saidi nibo baje kugumamo abandi bazamo ari bashya.

Abandi bajemo ni nka; Mazimpaka Andre, Nyandi Saddam, Eric Rutanga Alba (C), Ndizeye Samuel wanaje kugira imvune akava mu kibuga, Nshimiyimana Amran, Sarpong Michael, Omar Sidibe n’abandi.

Ku ruhande rwa AS Kigali bazanye Ndayishimiye Eric Bakame, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya, Haruna Niyonzima n’abandi bakinnyi bose bava hanze y’u Rwanda bari muri iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Haruna Niyonzima agora Nshimiyimana Amran

Sarpong Michael ashaka inzira yoroshye

Habimana Hussein (20) inyuma ya Kalisa Rachid

Gusa n’ubwo wari umukino wa gicuti, buri kipe yabonye ikarita itukura kuko Kitegetse Bogarde wa AS Kigali niwe wayibonye mbere ku munota wa 68′ azira gukubita umugeri Amran Nshimiyimana wa Rayon Sports mu gihe Iranzi Jean Claude yayihawe nyuma yo kugusha Haruna Niyonzima ku munota wa 89′ w’umukino baje kongeraho iminota ine y’inyongera.

Songayingabo Shaffy imbere ya Bizimana Yannick

Bishira Latif (5) mu kirere ashaka umupira

Cyiza Hussien agenzura umupira

Abakinnyi babanje mu kibuga:

AS Kigali XI: Bate Shamiru (GK,21), Nshimiyimana Marc Govinho 16, Bishira Latif 5, Songayingabo Shaffy 22, Christian Ishimwe 6, Farouk Ruhinda Saifi 23, Nsabimana Eric Zidane 30, Ntamuhanga Thumaine Tity (C,22), Kalisa Rachid 3, Benedata Janvier 10 na Nshimiyimana Ibrahim 20

11 ba AS Kigali babanjemu kibuga

Rayon Sports XI: Mazimpaka Andre (GK,30), Iradukunda Eric Radou 14, Irambona Eric Gisa (C,17), Habimana Hussein Eto’o 20, Runanira Hamza 6, Nizeyimana Mirafa 8, Iragire Said 2, Mugisha Gilbert 12, Cyiza Hussein 10, Sekamana Maxime 24, Bizimana Yannick 23

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Songayingabo Shaffy yari yazonze Bizimana Yannick (23)

Abafana muri sitade Amahoro

Nyandwi Saddam (16) ahanganye na Jean Paul Ahoyikuye

Komezusenge Daniel umunyabanga mukuru wa AS Kigali

Eric Nshimiyimana umutoza mukuru wa AS Kigali

Nshimiyimana Marc Govin myugariro wa AS Kigali

Nsabimaan Eric Zidane yica inyota

Abasifuzi n’akapiteni

Abakinnyi basuhuzanya

Iragire Saidi (2) na Runanira Hamza (6) batangiye bakinana mu mutima w’ubwugarizi bwa Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Abanyamakur: Uva ibumoso: Bugingo Fidele (Imvaho Nshya), Niyosenga Gakwandi Felix (Authentic), Kalisa Bruno Taifa (City Radio), Amon B Nuwamanaya (Authentic) na Jules Craig (BTN TV)

Olokwei Commodore ku mupira imbere ya Haruna Niyonzima

Munyakazi Sadate (Iburyo) perezida wa Rayon Sports

Umukino wari urimo ishyaka riri hejuru

Kitegetse Bogarde asohoka nyuma yo kubona ikarita itukura

Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya azamura umupira

Haruna Niyonzima agenzura umupira hagati mu kibuga

Cyiza Hussein ku mupira ashaka kwuzamura imbere y’izamu

Source : Inyarwanda

2019-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Amafoto – Jimmy Gatete yahuriye i Kinshasa n’abakinnyi ndetse n’abayobozi ba AS Kigali abona n’umwanya wo kuganira nabo bitegura guhura n’ikipe ya DCMP

Ubwanditsi 21 Oct 2021
Bwa mbere mu mateka tombola ya UEFA Champions League yasubiwemo nyuma y’amakosa yari yabaye mu ya mbere

Bwa mbere mu mateka tombola ya UEFA Champions League yasubiwemo nyuma y’amakosa yari yabaye mu ya mbere

Ubwanditsi 14 Dec 2021
Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Rutahizamu w’ikipe ya Police FC, Patrick Sibomana “Papy” yinjiye mu bucuruzi bw’ibikoresho bya Siporo ahereye ku nkweto z’abakinnyi b’umupira w’amaguru

Ubwanditsi 11 Mar 2021
CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

CAN2023: U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Mozambique,  Benin na  Senegal mu guhatanira itike y’igikombe cya Afurika 2023

Ubwanditsi 19 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi
ITOHOZA

Methodiste: Rurageretse hagati y’abakristo n’Umushumba Pasiteri Sekimonyo Fidele wabagurishirije urusengero n’ibikoresho by’ubuvuzi

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Feb 2017
Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi
ITOHOZA

Perezida Kagame n’igisirikare bafitiwe icyizere kiri hejuru cyane n’abaturage – Ubushakashatsi

Ubwanditsi 15 Nov 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru