• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Rayon Sports yagabanye amanota na AS Kigali mu mukino wabonetsemo amakarita abiri atukura

Ubwanditsi 16 Aug 2019 IMIKINO

Rayon Sports yanganyije na AS Kigali igitego 1-1 mu mukino wa gicuti waberaga kuri sitade Amahoro ku gica munsi cy’uyu wa Kane tariki 15 Kanama 2019. Iranzi Jean Claude (Rayon Sports) na Kitegetse Bogarde (AS Kigali) buri umwe yahawe ikarita itukura.

Muri uyu mukino, AS Kigali yafunguye amazamu ku munota wa 25′ w’umukino ku gitego cyatsinzwe na Farouk Ruhinda Saifi mbere gato ko Bizimana Yannick yishyurira Rayon Sports ku munota wa 26′ w’umukino.

Sekamna Maxime (Iburyo) na Bizimana Yannick (Ibumoso) bishimira igitego

AS Kigali yari mu mukino ibizi neza ko mu mukino wa gicuti baheruka gukina batsinzwe na Rayon Sports kuri sitade ya Kigali bityo bakaba basabwaga kwishyura. Hakiri kare nibwo Farouk Ruhinda Saifi yahise ashyiramo igitego.

AS Kigali bamaze gutsinda igitego cya mbere mu mukino

Abakinnyi ba Rayon Sports bishimira igitego cyo kwishyura

Muri uyu mukino, Alain Kirasa umutoza wasigaranye Rayon Sports nyuma y’igenda rya Robertinho, yari yatanze amahirwe kuri bamwe mu bakinnyi batakinnye n’abatarabanje mu kibiga bahura na Al-Hilal FC ari nabwo abakinnyi nka Runanira Hamza, Mazimpaka Andre, Nizeyimana Mirafa, Iragire Saidi, Bizimana Yannick na Sekamana Maxime babanzaga mu kibuga.

Kuba Rayon Sports yari ifite Iragire Saidi na Runanira Hamza mu mutima w’ubwugarizi, byatumye Habimana Hussein Eto’o usanzwe muri uyu mwanya ajya hagati mu kibuga gufatanya na Nizeyimana Mirafa mu gihe imbere y’abo hari Cyiza Hussein wakinaga inyuma gato ya Bizimana Yannick.

Habimana Hussein yakinaga hagati mu kibuga

Mazimpaka Andre yabanje mu izamu

Sekamana Maxime yakinaga aca ku ruhande rumwe, Mugisha Gilbert agaca ku rundi rw’ibumoso. Runanira Hamza, Iragire Saidi, Irambona Eric Gisa (C) na Iradukunda Etri Radou bari mu bwugarizi.

AS Kigali yari yagumye kuri gahunda yayo yo gukoresha abakinnyi n’ubundi bazitabaza mu mukino bazasuramo KMC FC muri Tanzania kuko Bate Shamiru yari mu izamu, Nshimiyimana Marc Govin aca iburyo, Ishimwe Christian agaca ibumoso.

Bishira Latif na Songayingabo Shaffy bari mu mutima w’ubwugarizi, Kalisa Rachid, Ntamuhanga Thumaine Titty na Nsabimana Eric Zidane bari hagati mu kibuga, Benedata Janvier aca ku ruhande rumwe bityo Farouk Ruhinda Saifi na Nshimiyimana Ibrahim bagataha izamu.

Ntamuhanga Thumaine (12) aganganye na Sekamana Maxime

Bitewe n’uko abatoza bombi bari muri gahnda yo gushakira abakinnyi imikino ihagije, nyuma y’igihe cya mbere bose bakoze impinduka ari nabwo nka rayon Sports bahinduye ikipe yabanjemo bahereye mu izamu. Gusa, Bizimana Yannick na Iragire Saidi nibo baje kugumamo abandi bazamo ari bashya.

Abandi bajemo ni nka; Mazimpaka Andre, Nyandi Saddam, Eric Rutanga Alba (C), Ndizeye Samuel wanaje kugira imvune akava mu kibuga, Nshimiyimana Amran, Sarpong Michael, Omar Sidibe n’abandi.

Ku ruhande rwa AS Kigali bazanye Ndayishimiye Eric Bakame, Ahoyikuye Jean Paul Mukonya, Haruna Niyonzima n’abandi bakinnyi bose bava hanze y’u Rwanda bari muri iyi kipe y’umujyi wa Kigali.

Haruna Niyonzima agora Nshimiyimana Amran

Sarpong Michael ashaka inzira yoroshye

Habimana Hussein (20) inyuma ya Kalisa Rachid

Gusa n’ubwo wari umukino wa gicuti, buri kipe yabonye ikarita itukura kuko Kitegetse Bogarde wa AS Kigali niwe wayibonye mbere ku munota wa 68′ azira gukubita umugeri Amran Nshimiyimana wa Rayon Sports mu gihe Iranzi Jean Claude yayihawe nyuma yo kugusha Haruna Niyonzima ku munota wa 89′ w’umukino baje kongeraho iminota ine y’inyongera.

Songayingabo Shaffy imbere ya Bizimana Yannick

Bishira Latif (5) mu kirere ashaka umupira

Cyiza Hussien agenzura umupira

Abakinnyi babanje mu kibuga:

AS Kigali XI: Bate Shamiru (GK,21), Nshimiyimana Marc Govinho 16, Bishira Latif 5, Songayingabo Shaffy 22, Christian Ishimwe 6, Farouk Ruhinda Saifi 23, Nsabimana Eric Zidane 30, Ntamuhanga Thumaine Tity (C,22), Kalisa Rachid 3, Benedata Janvier 10 na Nshimiyimana Ibrahim 20

11 ba AS Kigali babanjemu kibuga

Rayon Sports XI: Mazimpaka Andre (GK,30), Iradukunda Eric Radou 14, Irambona Eric Gisa (C,17), Habimana Hussein Eto’o 20, Runanira Hamza 6, Nizeyimana Mirafa 8, Iragire Said 2, Mugisha Gilbert 12, Cyiza Hussein 10, Sekamana Maxime 24, Bizimana Yannick 23

11 ba Rayon Sports babanje mu kibuga

Songayingabo Shaffy yari yazonze Bizimana Yannick (23)

Abafana muri sitade Amahoro

Nyandwi Saddam (16) ahanganye na Jean Paul Ahoyikuye

Komezusenge Daniel umunyabanga mukuru wa AS Kigali

Eric Nshimiyimana umutoza mukuru wa AS Kigali

Nshimiyimana Marc Govin myugariro wa AS Kigali

Nsabimaan Eric Zidane yica inyota

Abasifuzi n’akapiteni

Abakinnyi basuhuzanya

Iragire Saidi (2) na Runanira Hamza (6) batangiye bakinana mu mutima w’ubwugarizi bwa Rayon Sports

Abasimbura ba Rayon Sports

Abanyamakur: Uva ibumoso: Bugingo Fidele (Imvaho Nshya), Niyosenga Gakwandi Felix (Authentic), Kalisa Bruno Taifa (City Radio), Amon B Nuwamanaya (Authentic) na Jules Craig (BTN TV)

Olokwei Commodore ku mupira imbere ya Haruna Niyonzima

Munyakazi Sadate (Iburyo) perezida wa Rayon Sports

Umukino wari urimo ishyaka riri hejuru

Kitegetse Bogarde asohoka nyuma yo kubona ikarita itukura

Ahoyikuye Jean Paul bita Mukonya azamura umupira

Haruna Niyonzima agenzura umupira hagati mu kibuga

Cyiza Hussein ku mupira ashaka kwuzamura imbere y’izamu

Source : Inyarwanda

2019-08-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze ry’igikombe cy’Amahoro 2018

Ubwanditsi 23 Jan 2018
Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana

Ku myaka 94, Nancy Reagan Yitabye Imana

Ubwanditsi 07 Mar 2016
Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Miroplast FC yananiwe kugera ku kibuga, Rayon Sports itahana amanota idakinnye

Ubwanditsi 28 May 2018
Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Kiyovu SC igereye mukebo Sunrise FC yigeze kuyibuza igikombe, iyitsinda 4-0 biyiganisha habi

Ubwanditsi 03 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?
POLITIKI

Kwiyamamariza kuyobora OIF kwa Mushikiwabo bisobanuye iki ku Rwanda mu mubano n’u Bufaransa?

Ubwanditsi 21 May 2018
APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu
IMIKINO

APR Fc yatsinze Amagaju isimbura Rayon Sports ku mwanya wa gatatu

Ubwanditsi 04 Mar 2016
Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali
Mu Rwanda

Imihanda izaba ifunze n’izaba yemerewe gukoreshwa mu gihe cy’Inama Idasanzwe ya A.U i Kigali

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru