• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ari mu gihugu cya Djibouti ku butumire bwa mugenzi we Ismail Omar Guelleh aho bagomba kwifatanya mu muhango wo gufungura ku mugaragaro isoko ry’ubucuruzi mpuzamahanga.

Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2018, ni bwo igihugu cya Djibouti gifungura ku mugaragaro isoko mpuzamahanga ry’ubucuruzi nk’uko byamaze kugenda bikorwa no mu bindi bihugu bitandukanye ku mugabane w’Afurika aho usanga ibicuruzwa bimwe na bimwe byarakuriweho imisoro ibindi bigasora macye bitewe n’ibikubiye muri ayo masezerano, akaba ari muri urwo rwego u Rwanda nka kimwe muri ibyo bihugu rwatumiwe muri uriya muhango.

Uretse kandi kuba u Rwanda ruri mu bihugu bikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse rwanafunguye amarembo ku banyamahanga bashaka gukorera bizinesi zabo mu gihugu, runafitanye amasezerano y’ubufatanye n’iki gihugu cya Djibouti bityo ayo masezerano akaba agomba no gutangira gushyirwa mu bikorwa.
Ismaïl Omar Guelleh, Perezida wa Djibouti na Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru muri 2017

U Rwanda rumaze igihe ruasinyanye amasezerano y’ubufatanye na kiriya gihugu, cyaruhaye ubutaka bungana na Hegitari 20 buherereye ku cyambu cya Djibouti ahakunze gukorerwa ubucuruzi no kunyuzwa ibicuruzwa ku Nyanja Itukura mu mwaka wa 2013.

Muri Mata 2017, nibwo perezida kagame yagiriye uruzinduko muri kiriya gihugu aho hanaganiriwe ku buryo ubutaka byahanye bwabyazwa umusaruro.

Muri Werurwe 2016, u Rwanda na rwo rwahaye Djibouti ubutaka bwa Hegitari 10 mu gace kahariwe inganda.

Perezida Kagame witabiriye itangizwa ry’agace k’ubuhahirane (Djibouti International Free Trade Zone) muri Djibouti yagaragaje ko kazafasha mu kunoza ubucuruzi muri Afurika.

Yagize ati “Ndashaka kugaragaza ibyishimo mfite byo kuba nifatanyije na Perezida (Ismaïl Omar Guelleh) n’abayobozi bo muri aka karere mu gutangiza ku mugaragaro aka gace katazafasha Djibouti gusa ahubwo n’umugabane wose.”

Yakomeje ati “Turabashyigikiye mu ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga kandi nizeye ko uzadufasha twese, kugeza mu Majyepfo y’u Rwanda n’ahandi.”

Biteganyijwe ko Perezida Kagame yitabira Inama y’Ubukungu ihuza Afurika n’u Bushinwa n’imurikagurisha mpuzamahanga hagati yo ku wa 5 na 7 Nyakanga 2018 mu bikorwa biri muri gahunda y’icyerekezo 2035 cya Djibouti.

Umuhango wo gutaha agace k’ubuhahirane kazafasha kompanyi zitanga serivisi zitandukanye nk’iz’ubwikorezi, ibigo by’ubucuruzi n’inganda zitandukanye ndetse biteganyijwe ko kazakurura abashoramari baturutse muri Afurika n’ahandi ku Isi, witabiriwe n’abarenga 700.

Djibouti International Free Trade Zone izaba yubatse ku buso bwa kilometero kare 48 nyuma yo kwagurwa, ni kamwe mu duce tw’ubucuruzi twagutse muri Afurika ndetse kazakurura izindi nganda zikora imodoka n’iz’ikora ibijyanye n’ibikoresho byifashisha amashanyarazi.

Aka gace kazafasha Afurika mu mujyo wo gushyira mu bikorwa amasezerano ashyiraho Isoko rusange rya Afurika, AfCFTA, aho ibihugu 49 birimo na Djibouti bimaze kuyashyiraho umukono.

Amasezerano yo kubaka aka gace yashyizweho umukono muri Werurwe Mutarama 2016 nk’uburyo bw’u Bushinwa bwo kwagura imihanda y’ahakorerwa ubucuruzi bw’iki gihugu muri Afurika. Ateganya no kibura aka gace kazinjiza miliyari zirindwi z’amadolari ya Amerika bitarenze imyaka ibiri.

Aka gace gaherereye mu bilometero 25 uvuye mu Mujyi wa Djibouti, kazajya kakira abagenzi miliyoni 1.5 ku mwaka mu gihe izakira imizigo ingana na toni 100,000.

U Rwanda na Djibouti bifitanye amasezerano atandukanye arimo ajyanye n’ingendo zo mu kirere, iterambere n’umutekano w’ishoramari, ubwikorezi mu by’indege, ubufatanye mu ikoranabuhanga, gukuriraho ikiguzi cya visa abadipolomate ndetse n’abafite pasiporo za serivisi n’ayandi.

Djibouti yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 40 bwo gukoreraho ibikorwa by’ubucuruzi n’ishoramari nyuma yaho mu 2013 nabwo yari yatanze ubungana na hegitari 20 ku cyambu cya Djibouti.

Muri Werurwe 2016, mu ruzinduko rwa Perezida wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh i Kigali, Leta y’u Rwanda nayo yahaye icyo gihugu hegitari 10 z’ubutaka mu gice cyagenewe inganda (Kigali Special Economic Zone) mu Karere ka Gasabo.

Icyo gihe Perezida Kagame yasabye abikorera gushora imari muri Djibouti ubutaka u Rwanda rwahawe bukabyazwa umusaruro bukarubera nk’icyambu cy’ibicuruzwa biva hakurya y’inyanja itukura.

Abayobozi batandukanye bitabiriye uyu muhango beretswe igishushanyo mbonera cy’aka gace

Perezida Kagame witabiriye itangizwa ry’agace k’ubuhahirane (Djibouti International Free Trade Zone) muri Djibouti yagaragaje ko kazafasha mu kunoza ubucuruzi muri Afurika

Perezida Kagame yakirwa na Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti

Perezida wa Djibouti Ismaïl Omar Guelleh ari kumwe na Perezida Kagame ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, muri uyu muhango

Amafoto: Village Urugwiro

 

2018-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Muri Kongo abadepite barigaragambya binubira kudahembwa. Ko u Rwanda rwikorezwa imizigo yose ya Kongo, ibi nabyo rubifitemo uruhare?

Ubwanditsi 07 Jun 2022
Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye

Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye

RUSHYASHYA 24 Aug 2026
Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Abajenerali mu gisirikari cya Kongo bagiye gushirira mu buroko bashinjwa ubugwari mu ntambara icyo gisirikari kirbarwana na M23

Ubwanditsi 16 Feb 2023
Agahuru k’Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera

Agahuru k’Abajenosideri mu Bubiligi Kahiye, Batatu Batawe muri Yombi na Marcel Sebatware Dosiye ye Ishyikirizwa Ubutabera

Ubwanditsi 03 Oct 2020

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 5, 20181:44 pm -

    MUBWIRE DGIBUTI IBATABARE NYAMWASA KO MWESE MURI ABA NYLOTIQUES( YA EMPIRE HIMA IZARANGIRIRA MUNZOZI) MWARAHINYUWE!!!1

    Subiza
    • mbarushe J.
      July 5, 20183:24 pm -

      Ok, ntawabuza INYONI KUYOMBA. Komereza aho ubwo ibyo utekereza ukanavuga nibyo bikubaka. Ese bikubaka positivement( positively?) or negatively?.

      Jya mbere waharuriwe umuhanda.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND
Amakuru

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo
Mu Mahanga

Gen Pihno ukuriye inyeshyamba za Antibalaka muri Centrafrica yafatiwe muri Congo

Ubwanditsi 18 May 2018
Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we
POLITIKI

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Ubwanditsi 14 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru