• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

  • Urwibutso rwa Paris ruzarinda ukuri kwa Jenoside kwibagirana no kubungabunga amateka, kurinda ukuri kutazimira uko imyaka izagenda ishira   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame ari mu gihugu cya Djibouti ku butumire bwa mugenzi we Ismail Omar Guelleh aho bagomba kwifatanya mu muhango wo gufungura ku mugaragaro isoko ry’ubucuruzi mpuzamahanga.

Kuri uyu wa 5 Nyakanga 2018, ni bwo igihugu cya Djibouti gifungura ku mugaragaro isoko mpuzamahanga ry’ubucuruzi nk’uko byamaze kugenda bikorwa no mu bindi bihugu bitandukanye ku mugabane w’Afurika aho usanga ibicuruzwa bimwe na bimwe byarakuriweho imisoro ibindi bigasora macye bitewe n’ibikubiye muri ayo masezerano, akaba ari muri urwo rwego u Rwanda nka kimwe muri ibyo bihugu rwatumiwe muri uriya muhango.

Uretse kandi kuba u Rwanda ruri mu bihugu bikora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ndetse rwanafunguye amarembo ku banyamahanga bashaka gukorera bizinesi zabo mu gihugu, runafitanye amasezerano y’ubufatanye n’iki gihugu cya Djibouti bityo ayo masezerano akaba agomba no gutangira gushyirwa mu bikorwa.
Ismaïl Omar Guelleh, Perezida wa Djibouti na Paul Kagame mu kiganiro n’abanyamakuru muri 2017

U Rwanda rumaze igihe ruasinyanye amasezerano y’ubufatanye na kiriya gihugu, cyaruhaye ubutaka bungana na Hegitari 20 buherereye ku cyambu cya Djibouti ahakunze gukorerwa ubucuruzi no kunyuzwa ibicuruzwa ku Nyanja Itukura mu mwaka wa 2013.

Muri Mata 2017, nibwo perezida kagame yagiriye uruzinduko muri kiriya gihugu aho hanaganiriwe ku buryo ubutaka byahanye bwabyazwa umusaruro.

Muri Werurwe 2016, u Rwanda na rwo rwahaye Djibouti ubutaka bwa Hegitari 10 mu gace kahariwe inganda.

Perezida Kagame witabiriye itangizwa ry’agace k’ubuhahirane (Djibouti International Free Trade Zone) muri Djibouti yagaragaje ko kazafasha mu kunoza ubucuruzi muri Afurika.

Yagize ati “Ndashaka kugaragaza ibyishimo mfite byo kuba nifatanyije na Perezida (Ismaïl Omar Guelleh) n’abayobozi bo muri aka karere mu gutangiza ku mugaragaro aka gace katazafasha Djibouti gusa ahubwo n’umugabane wose.”

Yakomeje ati “Turabashyigikiye mu ishyirwa mu bikorwa ry’uyu mushinga kandi nizeye ko uzadufasha twese, kugeza mu Majyepfo y’u Rwanda n’ahandi.”

Biteganyijwe ko Perezida Kagame yitabira Inama y’Ubukungu ihuza Afurika n’u Bushinwa n’imurikagurisha mpuzamahanga hagati yo ku wa 5 na 7 Nyakanga 2018 mu bikorwa biri muri gahunda y’icyerekezo 2035 cya Djibouti.

Umuhango wo gutaha agace k’ubuhahirane kazafasha kompanyi zitanga serivisi zitandukanye nk’iz’ubwikorezi, ibigo by’ubucuruzi n’inganda zitandukanye ndetse biteganyijwe ko kazakurura abashoramari baturutse muri Afurika n’ahandi ku Isi, witabiriwe n’abarenga 700.

Djibouti International Free Trade Zone izaba yubatse ku buso bwa kilometero kare 48 nyuma yo kwagurwa, ni kamwe mu duce tw’ubucuruzi twagutse muri Afurika ndetse kazakurura izindi nganda zikora imodoka n’iz’ikora ibijyanye n’ibikoresho byifashisha amashanyarazi.

Aka gace kazafasha Afurika mu mujyo wo gushyira mu bikorwa amasezerano ashyiraho Isoko rusange rya Afurika, AfCFTA, aho ibihugu 49 birimo na Djibouti bimaze kuyashyiraho umukono.

Amasezerano yo kubaka aka gace yashyizweho umukono muri Werurwe Mutarama 2016 nk’uburyo bw’u Bushinwa bwo kwagura imihanda y’ahakorerwa ubucuruzi bw’iki gihugu muri Afurika. Ateganya no kibura aka gace kazinjiza miliyari zirindwi z’amadolari ya Amerika bitarenze imyaka ibiri.

Aka gace gaherereye mu bilometero 25 uvuye mu Mujyi wa Djibouti, kazajya kakira abagenzi miliyoni 1.5 ku mwaka mu gihe izakira imizigo ingana na toni 100,000.

U Rwanda na Djibouti bifitanye amasezerano atandukanye arimo ajyanye n’ingendo zo mu kirere, iterambere n’umutekano w’ishoramari, ubwikorezi mu by’indege, ubufatanye mu ikoranabuhanga, gukuriraho ikiguzi cya visa abadipolomate ndetse n’abafite pasiporo za serivisi n’ayandi.

Djibouti yahaye u Rwanda ubutaka bungana na hegitari 40 bwo gukoreraho ibikorwa by’ubucuruzi n’ishoramari nyuma yaho mu 2013 nabwo yari yatanze ubungana na hegitari 20 ku cyambu cya Djibouti.

Muri Werurwe 2016, mu ruzinduko rwa Perezida wa Djibouti, Ismaïl Omar Guelleh i Kigali, Leta y’u Rwanda nayo yahaye icyo gihugu hegitari 10 z’ubutaka mu gice cyagenewe inganda (Kigali Special Economic Zone) mu Karere ka Gasabo.

Icyo gihe Perezida Kagame yasabye abikorera gushora imari muri Djibouti ubutaka u Rwanda rwahawe bukabyazwa umusaruro bukarubera nk’icyambu cy’ibicuruzwa biva hakurya y’inyanja itukura.

Abayobozi batandukanye bitabiriye uyu muhango beretswe igishushanyo mbonera cy’aka gace

Perezida Kagame witabiriye itangizwa ry’agace k’ubuhahirane (Djibouti International Free Trade Zone) muri Djibouti yagaragaje ko kazafasha mu kunoza ubucuruzi muri Afurika

Perezida Kagame yakirwa na Ismaïl Omar Guelleh wa Djibouti

Perezida wa Djibouti Ismaïl Omar Guelleh ari kumwe na Perezida Kagame ndetse na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, muri uyu muhango

Amafoto: Village Urugwiro

 

2018-07-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Burundi: Nyuma yo gufunga BBC na VOA ngo zitagaragariza amahanga itekinika muri referendum leta yisubiyeho ku bihano

Ubwanditsi 24 May 2018
Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Ubwanditsi 02 Aug 2022
Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Depite Habineza Frank yaba yaratorewe kuba umuvugizi w’imitwe y’iterabwoba irwanya Leta y’u Rwanda? 

Ubwanditsi 19 Aug 2022
Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ariko bamwe mu Banyamerika barega u Rwanda “gushimuta” icyihebe Paul Rusesabagina, bibuka ibyo igihugu cyabo cyakoze muri Libya, Pakistan n’ahandi henshi?

Ubwanditsi 20 May 2022

2 Ibitekerezo

  1. MAOMBI jOHN
    July 5, 20181:44 pm -

    MUBWIRE DGIBUTI IBATABARE NYAMWASA KO MWESE MURI ABA NYLOTIQUES( YA EMPIRE HIMA IZARANGIRIRA MUNZOZI) MWARAHINYUWE!!!1

    Subiza
    • mbarushe J.
      July 5, 20183:24 pm -

      Ok, ntawabuza INYONI KUYOMBA. Komereza aho ubwo ibyo utekereza ukanavuga nibyo bikubaka. Ese bikubaka positivement( positively?) or negatively?.

      Jya mbere waharuriwe umuhanda.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Kigali Convention Center
Mu Mahanga

Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Kigali Convention Center

Ubwanditsi 08 Jul 2016
Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi
ITOHOZA

Afrika Y’epfo : Umuhungu Wa Ngeze Hassan Yasanzwe Muri Hotel Yimanitse Mu Mugozi

Ubwanditsi 18 Jun 2018
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.
Amakuru

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru