• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR FC na Rayon Sports zageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026, zizahatanira miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda   |   14 May 2026

  • Karasira Aimable yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo   |   14 May 2026

  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Karasira Aimable yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo

Karasira Aimable yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo

RUSHYASHYA 14 May 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Karasira Uzaramba Aimable uherutse kwitaba Imana ubwo yari arangije igifungo cy’imyaka itanu mu Igororero rya Nyarugenge riri i Mageragere yashyinguwe.

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa 14 Gicurasi 2026 aho wabanje no kumusezeraho bwa nyuma hagarukwa ku byaranze ubuzima bwe bikurikirwa n’Igitambo cya Misa yo kumusezeraho cyaturiwe muri Kiliziya ya Regina Pacis i Remera mu Mujyi wa Kigali.

Yashyinguwe mu Irimbi rya Rusororo mu Mujyi wa Kigali.

Mu buhamya bwatanzwe n’umwe mu banyeshuri yigishije ndetse akayobora mu mushinga we wo kwandika igitabo yavuze ko yari umwalimu utarihanganiraga ko umunyeshuri yiga isomo arica hejuru ahubwo agaharanira ko ibyo yiga abyumva neza.

Karasira apfuye afite imyaka 49 kuko yavutse mu 1977. Yavukiye mu Murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye akaba yari mwene Karasira Claver na Mukaruzamba Marie Goreth.

Ababyeyi be bimukiye mu Mujyi wa Kigali ubwo yari afite imyaka itatu cyangwa ine yiga amashuri abanza n’ayisumbuye mu Mujyi wa Kigali naho aya kaminuza ayiga muri Kaminuza y’u Rwanda no muri Suède.

Yakoze mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubwiteganyirize RSSB kikitwa Caisse Sociale du Rwanda mu ishami rijyanye n’ikoranabuhanga ndetse yigisha no muri Kaminuza y’u Rwanda i Huye, i Rusizi n’i Kigali mu bijyanye n’ikoranabuhanga kugeza mu 2019 ubwo yatangiraga kwikorera.
Karasira Aimable yitabye Imana ku itariki 6 Gicurasi 2026 ubwo yari arangije igifungo cy’imyaka itanu yari yarakatiwe nyuma yo kunywa imiti myinshi mu yari isanzwe imufasha mu burwayi bwo mu mutwe yari afite.

Karasira wamenyekanye nka Prof Nigga yari yarahamijwe icyaha cyo gukurura amacakubiri muri rubanda. Yari arangije igihano cy’imyaka itanu yari yakatiwe.

Icyo gihano yagihawe n’Urukiko Rukuru, Urugereko rwihariye rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye i Nyanza ku wa 30 Nzeri 2025.

Ugendeye ku buryo iminsi igize umwaka mu Igororero ibarwa, Karasira yarangije igihano cye ku wa 6 Gicurasi 2026.

Yashinjwaga ibyaha birimo guhakana Jenoside, guha ishingiro Jenoside, gukurura amacakubiri no gutangaza amakuru y’ibihuha. Ibindi byaba byari iyezandonke no kudasobanura inkomoko y’umutungo we urimo amafaranga yafatanywe (cash) n’ayari kuri konti ze zitandukanye zirimo iza banki na Mobile Money.

Ubushinjacyaha bwari bwajuririye icyemezo cy’Urukiko cyo gufungwa imyaka itanu, urubanza mu bujurire rukaba rutari rwakaburanishijwe.

Igororero ryo ryagaragaje ko iyo bugiye gufungura umuntu burebera gusa ku cyemezo kimufunga cyashyizwe muri sisitemu y’ikoranabuhanga yifashishwa.

 

Murumuna wa Karasira Aimable witwa Uyisenga Aimé yaherekeje mukuru we

 

 

Karasira Aimable yashyinguwe

 

Misa yo guherekeza Karasira yasomewe muri Regina Pacis

 

 

 

 

2026-05-14
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Akabaye icwende ntikoga

Akabaye icwende ntikoga

Ubwanditsi 04 Jan 2016
Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Partiots BBC yateye intambwe iyigeza muri 1/2 cya Basketball Africa League, ni nyuma yo gutsinda Ferroviário de Maputo amanota 73 kuri 71.

Ubwanditsi 28 May 2021
Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Ubwanditsi 26 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Yitabiriye Ubutumire Bwa Mugenzi We Omar Guelleh Muri Djibouti

Ubwanditsi 05 Jul 2018
Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD
INKURU NYAMUKURU

Bujumbura: Abaturage barahatwa ikiboko bahatirwa kujya muri mitingi za CNDD-FDD

Ubwanditsi 09 May 2018
Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu
POLITIKI

Tanzania: Perezida Magufuli Yirukanye Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa By’imbere Mu Gihugu

Ubwanditsi 03 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru