• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Abagenzacyaha 160 basoje amahugurwa yo kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije

Ubwanditsi 26 Jun 2017 Mu Rwanda

Ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru, kuri iki cyumweru tariki ya 25 Kamena, hasojwe amahugurwa y’iminsi 2 yahuzaga abagenzacyaha 160 bo ku rwego rw’akarere bakorera mu turere twose tw’igihugu, abo ku rwego rw’intara ndetse na bamwe mu bagenzacyaha bakorera ku cyicaro gikuru cy’ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, bakaba bahugurwaga ku kurwanya ibyaha byibasira ibidukikije, amahugurwa yari afite insanganyamatsiko igira iti:” Turwanye ibyaha byibasira ibidukikije- Dufatanyije birashoboka.”

Ni amahugurwa yateguwe n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije na Polisi y’u Rwanda.

Mu muhango wo gusoza aya mahugurwa, Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda IGP Emmanuel K. Gasana, yabwiye aba bagenzacyaha ko igihugu na Polisi y’u Rwanda baha agaciro akazi gakomeye bakora, ariko bakajya bakora bafite intego n’icyerekezo.

Aha yababwiye ati:”Buri gihe mujye muzirikana ko ibyo mukora bihura n’icyerekezo cy’igihugu, intego ya Polisi y’u Rwanda, muharanire kuva mu rujijo, kandi mushake ubumenyi.”

Yakomeje ababwira ati:”Igihugu gishishikajwe no kubashakira ibikoresho bishoboka ngo mukore akazi kanyu neza, ariko byose bizagerwaho ari uko murangwa na disipuline, indangagaciro, kugendana n’igihe ndetse no gutangira amakuru ku gihe.”

IGP Gasana yasoje abasaba ko ibyo bigiye muri aya mahugurwa birimo kurengera ibidukikije, kurwanya ruswa n’ibindi, byatuma batahana ukwiyemeza gushya, bakarushaho gukora akazi neza no guha serivisi nziza ababagana.

Umuyobozi wungirije w’ishami ry’ubugenzacyaha (CID) muri Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Morris Murigo, yasabye aba bagenzacyaha gukora kazi kabo neza, bakagenza ibyaha uko bikwiye, kugirango abanyarwanda babone ubutabera bukwiye.

Aha yavuze ati:”Ubutabera ni ingenzi mu iterambere ry’igihugu n’iry’abaturage. Musobanukirwe amategeko mukoresha mu mwuga w’ubugenzacyaha, ariko munamenye ko nimutarangwa na disipuline n’indangagaciro mutazuzuza inshingano zanyu neza.”

-7092.jpg

Basoza amahugurwa

Mu biganiro bahawe n’abakozi b’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije, byibanze ku gufatanya n’iki kigo ku kurengera urusobe rw’ibinyabuzima, kurengera ahantu nyaburanga no gukangurira baturage kwirinda kwinjiza amashashi mu gihugu no kuyata aho babonye, abarenze kuri ibi byose bakabihanirwa.

Baganiriye kandi ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, basaba ko ubucukuzi bwayo nabwo bugomba kurengera ibidukikije.

Source : RNP

2017-06-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya amatora  ya Perezida agiye gusubirwamo

Kenya amatora ya Perezida agiye gusubirwamo

Ubwanditsi 01 Sep 2017
Impaka za ngo ‘Turwane ‘  hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Impaka za ngo ‘Turwane ‘ hagati ya Bob Mugabe, Depite Gatabazi, Amb.Nduhungirehe na Fred Muvunyi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Ababyeyi barasabwa kudaha inzoga no kujyana abana mu tubari

Ubwanditsi 15 May 2017
Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe
Mu Mahanga

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Ubwanditsi 17 Dec 2016
Uganda: ubwato bwari butwaye abakinnyi bwarohamye 3 barapfa abandi baburirwa irengero
Mu Mahanga

Uganda: ubwato bwari butwaye abakinnyi bwarohamye 3 barapfa abandi baburirwa irengero

Ubwanditsi 20 May 2019
Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano
Mu Mahanga

Gicumbi-Gatuna : Bane bafunze bagerageza guha ruswa abashinzwe umutekano

Ubwanditsi 09 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru