• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon   |   13 Jun 2026

  • AMAFOTO – Ikipe y’igihugu ya Mexique yakiriye igikombe cy’Isi 2026 na Koreya y’Epfo zatangiye zitsinda imikino yayo   |   12 Jun 2026

  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Ubwanditsi 01 Jul 2019 HIRYA NO HINO, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Umwera uturutse ibukuru ngo bucya wakwiriye hose. Mu gihe mu nzego z’ubuyobozi bwo hejuru muri Uganda buregwa ruswa, uri ku isonga akaba Perezida Museveni na Sam Kahamba Kutesa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga ndetse Abadepite mu nteko nshinga mategeko muri Uganda bakaba barasabye ko Sam Kutesa yakwegura nyuma yaho agaragaweho ruswa yahawe muri 2016. Iyo ruswa bayimuhaye ubwo yari Perezida w’inama rusanga y’umuryango w’abibumbye maze ayo mafaranga anoherezwa muri Uganda.

Si uyu muyobozi wa Uganda gusa uvugwaho ruswa kuko hari n’abandi byabayeho; muri Mata uyu mwaka, umunyamabanga wa Leta ushinzwe umurimo n’inganda muri Uganda, Herbert Kabafunzaki, yatawe muri yombi na polisi afatiwe mu cyuho yakira ruswa ayihawe n’umwe mu baherwe bakomeye muri Uganda.

Ubu rero noneho Ruswa iravuza ubuhuha mu nzego za Uganda zikorera ku mipaka Uganda ihuriyeho n’uRwanda. Urugero ni akaga ba mukerarugendo bahura nako kubera ruswa yayogoje inzego za Uganda ku mipaka.

Umutangabuhamya akaba umwe muri ba mukerarugendo basuye Uganda, yanditse amarorerwa yahuye nayo yakwa ruswa mu buryo bukabije ubwo we na mugenzi we bambukaga umupaka bava mu Rwanda berekeza muri Uganda.

Nyirukwandika ibyamubayeho na mugenzi we yavuze ko kuva mu Rwanda byari byoroshye, hakurikijwe ibisabwa. Ibintu byaje guhinduka ubwo bakandagiraga ku butaka bwa Uganda. Umukozi w’umugore w’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka muri Uganda yarebye pasiporo zabo maze azishyikiriza police ikorera k’umupaka. Kasim na mugenzi we batekereje ko ari ibisanzwe ariko ibyo batekerezaga byaje guhinduka ukundi.

Ako kanya babwiwe ko bidashoboka kwambuka, ko tugomba gusubira inyuma tukajya kunyura ku kibuga cy’indege i Kigali niba dushaka kwinjira muri Uganda, ariko bwari uburyo bwo kubatera ubwoba ngo babone icyuho cyo kubaka ruswa.

Nyuma baje kubwirwa ko visa bari bafite (East African Tourist visa) itemewe gukoreshwa kubaca ku mipaka y’ubutaka.

Kasim na mugenzi we bakomeje gusobanura ariko biba iby’ubusa. Kasim ntiyakozwaga igitekerezo cyo gutanga ruswa ngo bakomeze urugendo rwabo ariko mugenzi we amwereka ko nta mahitamo uretse gusubira i Kigali. Nibwo bahise babaza uwo mupolice wa Uganda uburyo bafashwa namafaranga batanga.

Uwo mu police yahise agaragaza akanyamuzena ku maso bitandukanye n’isura yari yafunze ubwo yababwiraga ko batinjira; maze bamuha amadolari 20 kuri we na mugenzi we wa imigration, wahise ayatera utwatsi asaba amadolari 200! Bamusobanuriye ko iyo baza kugira amadolari 200 bari gufata indege batari kwirirwa baca k’umupaka wo hasi.

Kasim na mugenzi we bongeye kugerageza kubaha ibihumbi 25 by’amanyarwanda (bingana n’amadolari 27) ariko biranga biba iby’ubusa.

Bategereje isaha irenga, nyuma yuko abandi bagenzi bamaze kurangiza ibisabwa byo kwinjira muri Uganda, bo basigara bonyine.

Byaje kugera aho mugenzi wa Kasim amwaka ama pound 50 (angana n’amadolari 63) kugirango bayatange abagande bayagabane, ubwo ninako aba police baje kuba batatu buri wese agenda agira umubare w’amafaranga (ruswa) yaka.

Baje guha ama pound 50 umwe mu ba police, nawe ayashyira wa mugore wo muri imigration wagombaga kubonaho akabona kubaterera uruhushya (stamp) rubemerera kwinjira.

Mu gihe bari biruhukije ko bikemutse batanze ruswa bagiye gukomeza, umwe muri baba police yaje abakirikiye abaka ya mafaranga y’amanyarwanda, bitaba ibyo agatesha agaciro uruhushya (stamp) bari bamaze kubona.

Yaje gufata pasiporo ya Kasim maze asiba stamp yari irimo, biba ngombwa ko bamwongera ama pound 16 kugirango Kasim abone indi stamp.

Nguwo rero wa mwera uturutse ibukuru…Umushinjacyaha w’umunyamerika yahamije ibyaha abagabo babiri guha ruswa ministiri  muri leta ya Uganda ushinzwe ububanyi n’amahanga Sam Kahamba Kutesa n’undi muyobozi mu gihugu cya Chad.

Dr. Chi Ping Patrick Ho, ufite imyaka 68 akaba umwenegihugu wa  Hong Kong, na  Cheikh Gadio, ufite imyaka 61, akaba umunya Senegal bahamijwe n’urukiko rwa Manhattan muri New York nyuma yo guha ruswa y’amadolari 500,000 (miliyari imwe na miliyoni Magana umunani mu mashilingi ya Uganda).

2019-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuwa 11 Mata 1994 Guverinoma y’Abatabazi yimukiye i Gitarama nyuma yo gutakaza uduce tw’ingenzi muri Kigali

Kuwa 11 Mata 1994 Guverinoma y’Abatabazi yimukiye i Gitarama nyuma yo gutakaza uduce tw’ingenzi muri Kigali

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Nyamagabe:abayobozi b’amadini n’amatorero barasabwa kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore

Ubwanditsi 07 Jun 2021
Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee

Rwanda’s human rights record to be reviewed by UN Committee

Ubwanditsi 17 Mar 2016
AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

PSD yirukanye  Professeur Ndayishimiye Eric  kubera imyitwarire idahwitse
Mu Mahanga

PSD yirukanye Professeur Ndayishimiye Eric kubera imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 13 Oct 2016
Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’
KWAMAMAZA

Israel Mbonyi yasohoye indirimbo ya mbere kuri album ye nshya ’Sinzibagirwa’

Ubwanditsi 13 May 2017
Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.
Amakuru

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru