• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Ubwanditsi 16 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Ba mukerarugendo babiri bakomoka mu Bwongereza  bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga ku wa gatanu tariki 11 Gicurasi 2018 barekuwe ku cyumweru tairai ya 13 Gicurasi 2018 kimwe n’umushoferi bari kumwe w’umunyekongo nyuma y’uko hishyuwe amadolari 200.000 abari babashimuse.

Nk’uko bitangazwa na Mambo Kawaya, Perezida w’imiryango itagengwa na Leta muri Territoire ya Nyiragongo akaba yari no mu kanama kari kahawe inshingano zo gushakisha abo bakera rugendo yabitangarije abanyamakuru bakorera mu mujyi wa Goma.

Mambo Kawaya yemeje ko ayo madolari yahawe abashimuse abo bantu bageze muri Congo avuye mu Rwanda ku cyumweru tariki 13 Gicurasi 2018.

Aya magambo ya Mambo Kawaya avuguruza ibyatangajwe na Cosma Wilungula, umuyobozi w’ikigo cya Congo gishinzwe kwita ku bidukikije ICCN (Institut Congolais pour la Conservation de la Nature), watangaje ko irekurwa rya ba mukerarugendo bashimuswe ryabaye nta mafaranga atanzwe.
Image result for fdlr muri virunga

Cosma Wilungula we avuga ko abashimuse ba mukerarugendo b’abongereza babarekuye kubera igitutu bashyizweho n’ingabo za Congo (FARDC) zifatanije n’abarinzi ba pariki.

Nabibutsa ko imodoka y’ikigo cya Congo gishinzwe kwita ku bidukikije (ICCN) yerekezaga i Goma itwaye ba mukerarugendo 2 bakomoka mu Bwongereza, iherekejwe n’abarinzi ba Pariki yaguye mu mutego w’abantu bitwaje intwaro hagati ya Kilimanyoka na Kibumba muri Territoire ya Nyiragongo.

Muri icyo gitero kitagize ucyiyitirira, umwe mu barinzi ba Pariki yarishwe. Rachel Baraka yahitanywe n’ibikomere ageze mu bitaro.

Abakora isesengura ku bibera muri kariya gace baremeza ko nta mutwe w’abarwanyi ufite ubushobozi bwo gukora igikorwa nka kiriya ngo kandi uhite wishyurwa akayabo mu buryo bwihuse ndetse ntihabeho inkurikizi. Ibyo bikaba biganisha gukeka abahoze muri M23  cyangwa FDLR.

Kwirinda kuvuga umwirondoro w’abakoze iki gikorwa cy’ubushimusi ndetse ntibanashinje FDLR nk’uko byahindutse umuco bituma hibazwa niba nta kagambane ka bamwe mu basirikare b’ingabo za Congo karimo.

Niba atari igikorwa cy’ubujura gisanzwe umwe mubativuze izina ahamya ko  iki gikorwa gishobora kuba gifitanye isano n’intambara irimo itegurwa muri kariye gace. Ibi biraba mugihe impunzi z’Abanyecongo ziba mu Rwanda zimaze iminsi zigaragambya izindi zisaba gusubira iwabo muri Congo. Mugihe u Rwanda rwo ruvuga ko umutekano utaragaruka muri kariya karere ariko ko ari uburenganzira bwabo , abifuza gutaha bahabwa ibyangombwa bagasubira mugihugu cyabo .

2018-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

“Icy’ingenzi ntabwo ari ukwihutira gushyiraho ambasaderi, icyo dushaka ni ukugarura ubufatanye bwacu.” Emmanuel Macron

Ubwanditsi 24 May 2018
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Ubwanditsi 04 Nov 2021
Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 17 Nov 2021
Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Igisirikare cya Uganda kirimo gutera mu ngo z’Abanyarwanda gisaka imbunda

Ubwanditsi 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida  Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago
Amakuru

Gianni Infantino uyobora FIFA yashimye Perezida Paul Kagame ukomeje guteza imbere Ruhago

Ubwanditsi 27 Jul 2024
Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi
Mu Rwanda

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru
Mu Mahanga

Misiri: Hafashwe ubwato bwikoreye ibikoresho bya gisirikare bivuye muri Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru