• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Abongereza babiri bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga barekuwe hatanzwe 200,000 $

Ubwanditsi 16 May 2018 INKURU NYAMUKURU

Ba mukerarugendo babiri bakomoka mu Bwongereza  bari bashimutiwe muri Pariki ya Virunga ku wa gatanu tariki 11 Gicurasi 2018 barekuwe ku cyumweru tairai ya 13 Gicurasi 2018 kimwe n’umushoferi bari kumwe w’umunyekongo nyuma y’uko hishyuwe amadolari 200.000 abari babashimuse.

Nk’uko bitangazwa na Mambo Kawaya, Perezida w’imiryango itagengwa na Leta muri Territoire ya Nyiragongo akaba yari no mu kanama kari kahawe inshingano zo gushakisha abo bakera rugendo yabitangarije abanyamakuru bakorera mu mujyi wa Goma.

Mambo Kawaya yemeje ko ayo madolari yahawe abashimuse abo bantu bageze muri Congo avuye mu Rwanda ku cyumweru tariki 13 Gicurasi 2018.

Aya magambo ya Mambo Kawaya avuguruza ibyatangajwe na Cosma Wilungula, umuyobozi w’ikigo cya Congo gishinzwe kwita ku bidukikije ICCN (Institut Congolais pour la Conservation de la Nature), watangaje ko irekurwa rya ba mukerarugendo bashimuswe ryabaye nta mafaranga atanzwe.
Image result for fdlr muri virunga

Cosma Wilungula we avuga ko abashimuse ba mukerarugendo b’abongereza babarekuye kubera igitutu bashyizweho n’ingabo za Congo (FARDC) zifatanije n’abarinzi ba pariki.

Nabibutsa ko imodoka y’ikigo cya Congo gishinzwe kwita ku bidukikije (ICCN) yerekezaga i Goma itwaye ba mukerarugendo 2 bakomoka mu Bwongereza, iherekejwe n’abarinzi ba Pariki yaguye mu mutego w’abantu bitwaje intwaro hagati ya Kilimanyoka na Kibumba muri Territoire ya Nyiragongo.

Muri icyo gitero kitagize ucyiyitirira, umwe mu barinzi ba Pariki yarishwe. Rachel Baraka yahitanywe n’ibikomere ageze mu bitaro.

Abakora isesengura ku bibera muri kariya gace baremeza ko nta mutwe w’abarwanyi ufite ubushobozi bwo gukora igikorwa nka kiriya ngo kandi uhite wishyurwa akayabo mu buryo bwihuse ndetse ntihabeho inkurikizi. Ibyo bikaba biganisha gukeka abahoze muri M23  cyangwa FDLR.

Kwirinda kuvuga umwirondoro w’abakoze iki gikorwa cy’ubushimusi ndetse ntibanashinje FDLR nk’uko byahindutse umuco bituma hibazwa niba nta kagambane ka bamwe mu basirikare b’ingabo za Congo karimo.

Niba atari igikorwa cy’ubujura gisanzwe umwe mubativuze izina ahamya ko  iki gikorwa gishobora kuba gifitanye isano n’intambara irimo itegurwa muri kariye gace. Ibi biraba mugihe impunzi z’Abanyecongo ziba mu Rwanda zimaze iminsi zigaragambya izindi zisaba gusubira iwabo muri Congo. Mugihe u Rwanda rwo ruvuga ko umutekano utaragaruka muri kariya karere ariko ko ari uburenganzira bwabo , abifuza gutaha bahabwa ibyangombwa bagasubira mugihugu cyabo .

2018-05-16
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Musabyimana Gaspard, maneko mukuru wa Habyarimana na Kayumba Rugema mukubiba urwango mu buswa bukabije ku bayobozi b’i Kigali

Ubwanditsi 19 Mar 2020
Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Perezida Kagame yongeye kuburira abatekereza guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 20 Dec 2019
Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Depite Björn Anseeuw yavuze ko kuba Laure Uwase akiri muri Komisiyo yiga kuri Kongo ari agahomamunwa kuri Komisiyo ubwayo inteko ishinga amategeko n’Ububiligi muri rusange

Ubwanditsi 14 Oct 2020
Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Leah Karegeya yifatiye ku gahanga Kayumba Nyamwasa aramwandagaza kubera gushaka kuburizamo umuhango wo kwibuka Patrick Karegeya, byose byagiye hanze

Ubwanditsi 22 Mar 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Vice Mayor wa Nyarugenge yafunzwe
Mu Rwanda

Vice Mayor wa Nyarugenge yafunzwe

Ubwanditsi 06 Mar 2019
Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame Ni Umwe Mu Bakuru B’ibihugu Bitabiriye Umuhango W’irahira Rya Perezida Mnangagwa – Amafoto

Ubwanditsi 26 Aug 2018
Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou
Amakuru

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ubwanditsi 18 Jan 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru