• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Umujenosideri Anastase Munyandekwe wakiriwe na Perezida Museveni ni muntu ki?

Ubwanditsi 17 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Mu mwaka wa 2019, amakuru yageze hanze avuga ko Perezida Museveni yakiriye umujenosideri Anastase Munyandekwe Mutovu wakatiwe n’inkiko z’u Rwanda igifungo cya burundu adahari kubera ibyaha bya Jenoside yakoreye mu Biryogo naho avuka iwabo mu cyahoze ari Gikongoro mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru. Akaba ari inshuro ya gatandatu yarageze muri Uganda.

Anasatse Munyandekwe Mutovu akirangiza amashuri ye yakoze mu kigo cy’igihugu cy’Iposita, akazi yahawe kubera Pauline Nyiramasuhuko wari inshuti magara ya Agathe Kanziga umugore wa Juvenal Habyarimana.

Pauline Nyiramasuhuko ava inda imwe na Celine Nyiraneza umugore wa Anastase Munyandekwe Mutovu. Iposita yabarizwaga mu cyahoze ari Minisiteri yo gutwara abantu n’itumanaho (MINITRANSCO)

Umurongo wa Politiki wa Munyandekwe wamenyekanye igihe hadukaga amashyaka menshi mu Rwanda mu mwaka wa 1991. Yagiye muri MDR ya Twagiramungu Faustin ariko ari ijisho cyangwa intumwa ya MRND. Abayoboke nyabo ba MDR barabimenye nuko bamuhimba izina rya Kimwamwanya nkuko byatangajwe mu kinyamakuru Le Partisan no 18 cyasohotse kuri 15 Ukwakira 1993.

Igihe umurwanashayaka mukuru wa MDR, Emmanuel Gapyisi yicwaga, bivugwako Munyandekwe nk’intumwa ya MRND ari mu itsinda ryari inyuma y’urupfu rwe cyane cyane ko Emmanuel Gapyisi ataryaga indimi arwanya akazu k’abakiga mu nzego zose za leta.

Mu gihe cya Jenoside nkuko byagaragajwe n’inkiko Gacaca mu turere twa Nyarugenge, Nyamagabe na Nyaruguru, Munyandekwe yagize uruhare rukomeye mu itegurwa no mu ishyirwa mu bikorwa by’umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba yarakatiwe gufungwa burundu, igihano gikuru kubera uruhare rwe.

Amaze guhunga kimwe nabari bagize Guverinoma yakoze Jenoside, Munyandekwe yahise nawe ajya muri FDLR aho yagize n’imyanya mu buyobozi bukuru. Yabaye umuvugizi wayo nuko aza kuvanwa kuri uwo mwanya nyuma yo kunyereza amadorali ibihumbi 29 yigurira imodoka.

Protais Zigiranyirazo, muramu wa Perezida Habyarimana

Munyandekwe kandi nkuko yabaga muri MDR ari ijisho rya MDR ari mu bambere bashinze igice cya MDR Power cyakoze Jenoside. Muri Werurwe 2007, yagiye Arusha gushinjura Protais Zigiranyirazo, muramu wa Perezida Habyarimana.

Muri urwo rubanza, Munyandekwe wari ukiri umuvugizi wa FDLR yaboneyeho umwanya wo gutanga ubutumwa bwa FDLR aho yagize ati “Urukiko rw’Arusha rurabogamye n’abaturage ntibarwiyumvamo, rufata inzirakarengane zikarushinja Jenoside kandi abateguye n’abakoze Jensodie ari FPR” Uwari uyoboye inteko iburanisha, Umunya Argentine Ines Weinberg de Roca, yibukije Munyandekwe ko bari mu rubanza rwa Zigiranyirazo Atari umwanya wo kumvikanisha amatwara ye ya politiki.

Munyandekwe yatunguye abacamanza muri urwo rubanza, ubwo yavugaga ko nubwo yabaga mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Habyarimana ko ariko Habyarimana yari umuntu mwiza ndetse MRND yayoboraga igihugu neza. Byaje kugaragaza ko Munyandekwe yabaga muri MDR akorera MRND.

Nguwo umushyitsi w’imena wa Perezida Museveni.

“Sinitaye kuri politiki yawe sinitaye kuwo uri we, igihe cyose uzaba urwanya u Rwanda nzagufasha” iyi ni intengo nyamukuru ya Perezida Museveni wa Uganda

Nyuma yo gushyirwa ku karubanda mu binyamakuru, ko yakiriye abayobozi bakuru ba RNC, barimo Mukankusi Charlotte, Eugene Gasana na Tribert Ayabatwa Rujugiro, Perezida Museveni mu ibaruwa yandikiye Perezida Kagame, yemeye ko yabonanye nabo bimutunguye, nyuma haje no kumenyekana amakuru ko bahawe inzandiko z’inzira za Uganda mu gihe gito iya Mukankusi iba igeze mu binyamakuru.

Usibye kwakira abayobozi ba RNC, Museveni yatumiye abayobozi bakuru ba FDLR aribo umuvugizi Ignace Nkaka uzwi nka La Forge Bazeye Fils n’ushinzwe iperereza Nsekanabo Jean Pierre uzwi nka Abega Theophile basubiye muri Kongo bafatirwa ku mupaka nyuma boherezwa mu Rwanda.

Mu rubanza rwa Callixte Nsabimana wiyise Sankara, nawe yavuzeko Uganda yari ishyigikiye kandi igafasha umutwe wabo wa FLN.

Munyandekwe kandi yari umuvugizi wa FDLR igihe umukuru wayo Maj Gen Paul Rwarakabije yatahaga.

Uwariwe wese urwanya u Rwanda afite karibu ihoraho muri Perezidansi ya Uganda.

2021-11-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Abayobozi b’Ibiro bya Polisi Mpuzamahanga muri aka karere bagiranye inama i Kigali

Ubwanditsi 29 Aug 2016
U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

U Rwanda rwahawe igihembo kubera ingamba zihamye zo kurwanya COVID-19 , abirirwaga bakoronga ngo amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo abangamiye uburenganzira bwa muntu bakorwa n’ikimwaro!!

Ubwanditsi 16 Oct 2020
Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Burundi : Abana babiri bacukuriwe imva yo kubahambamo ari bazima.

Ubwanditsi 17 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka
IMIKINO

Amavubi u20 yatsinzwe na Zambia, amahirwe ya CAN arayoyoka

Ubwanditsi 13 May 2018
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira
Amakuru

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi
Mu Rwanda

Kurwanya ruswa: Bane bafunzwe bacyekwaho kuyiha abapolisi

Ubwanditsi 26 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru