• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Ubwanditsi 15 Feb 2016 Mu Mahanga

​Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye, Chief Superintendent (CSP) Francis Muheto, yasabye abaturage kwirinda malariya bazirikana kuryama mu nzitiramibu kandi iteye umuti.

Ubu butumwa, CSP Muheto akaba yarabutanze mu mpera z’iki cyumweru mu kiganiro yakoreye kuri radiyo y’abaturage y’akarere ka Huye.

Iki kiganiro kikaba cyaratanzwe muri gahunda yatangijwe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego za Leta, yo kurushaho kurwanya indwara ya malariya mu gihugu.

Umuyobozi wa Polisi muri aka karere yavuze ko, Huye ari akarere gashyuha ndetse usanga karangwamo imibu myinshi, akaba aribyo bitera ubwiyongere bwa malariya muri aka karere.

Yakomeje asaba abaturage kwirinda iyi ndwara ya malariya bazirikana gutema ibihuru bikikije ingo zabo no kwirinda ibiziba bireka kuko bishobora kororokeramo imibu.

Aha yagize ati:Turabasaba kujya muzirikana buri gihe gukinga inzugi n’amadirishya mu masaha y’umugoroba kugira ngo imibu itinjira mu mazu yanyu.

CSP Muheto yakomeje asaba abaturage bafite ingeso yo gukoresha inzitiramibu mu bindi bikorwa nk’uburobyi kubicikaho ahubwo bakayikoresha uko bisabwa kuko ari bwo buryo bashobora guhangana no guca burundu indwara ya malariya.

Yaboneyeho umwanya wo gusaba abaturage kwimakaza umuco w’ubufatanye n’inzego z’umutekano hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye.

Abaturage bagize icyo bavuga kuri iki kiganiro, bifashishije telefoni, bagaragajeko koko malariya ari icyorezo cyugarije ubuzima bw’abaturage, ariko bagaragaza ko nyuma y’inama bagiriwe na Polisi bagiye nabo gushyira mu bikorwa ibyo basabwe byose kandi ko ntakabuza iki cyorezo kizacika burundu.

Mu rwego rwo kwita ku buzima bw’abaturarwanda, Polisi y’u Rwanda itanga serivisi z’ubuvuzi mu bitaro byayo biri ku Kacyiru kandi ifite ikigo giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’abana bahohotewe (Isange One Stop Center)kibaha serivisi zo kubasuzuma, kubavura, no kubagira inama bitewe n’ubwoko bw’ihohoterwa bakorewe, kandi ibi byose bikaba bikorwa ku buntuikaba ifite amashami 17 mu turere tw’igihugu.

Polisi y’u Rwanda ifite kandi ibigo nderabuzima 12 mu bice bitandukanye by’igihugu, ikaba yarabyubatse mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi .

Mu myaka itatu ishize, Polisi y’u Rwanda yahaye inzitiramubu imiryango 5000 ndetse irihira ubwishingizi bwo kwivuza imiryango 5000 itishoboye.

RNP

2016-02-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Uganda: Umusore w’imyaka 19 afunzwe akurikiranyweho gutuka Perezida Museveni

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022
Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Burundi: Utazi umwanzi acirira FDLR.

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abakobwa Bose Bashaka Guhatanira Ikamba Ryo Kuba Miss Rwanda 2018 Kwiyandikisha Byatangiye 
SHOWBIZ

Abakobwa Bose Bashaka Guhatanira Ikamba Ryo Kuba Miss Rwanda 2018 Kwiyandikisha Byatangiye 

Ubwanditsi 15 Dec 2017
Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu
ITOHOZA

Uganda: Gen Kale Kayihura arahakana ko yabujijwe gusohoka mu gihugu

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura
INKURU NYAMUKURU

Ibitaravuzwe kuri Jenerali Tumukunde, inkomoko y’urwango na Kale Kayuhura

Ubwanditsi 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru