• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha Televiziyo mpuzamahanga ya Al Jazeera, aravuga ko Leta y’u Burundi yamaze kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo abasirikari benshi ndetse n’ Imbonerakure, urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi

Al Jazeera iravuga ko aya makuru akubiye mu cyegeranyo cyasohowe ejo kuwa gatatu n’Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Burundi, BHRI, wamagana kuba u Burundi bwohereza ku ngufu ingabo ndetse n’urubyiruko rutamenyereye ibya gisirikari, kujya gupfira muri Kongo.

Abo bose ngo bajyanwa ku gahato, bambaye imyenda isanzwe ya gisivili kugirango umuryango mpuzamahanga utabatahura.

BHRI kandi yahishuye ko hari abasirikari 40 biciwe mu Cibitoke mu bihe binyuranye, bazira ko banze kujya muri Kongo. Naho mu rwego rwo kubatera akanyabugabo, buri musore cyangwa inkumi y’ Imbonerakure ngo ahabwa hagati y’amafaranga y’amarundi 50 na 200 (ni hagati y’ ibihumbi 24 na 95 uvunje mu manyarwanda), kandi agasabwa kutagira uwo abwira ko agiye ku rugamba muri Kongo.

Umuntu uyoboye ibi bikorwa nk’uko BHRI yabibwiye Al Jaeera, ngo ni Mathias Niyonzima bakunda kwita “Kazungu”, akaba avuga rikijyana mu nzego z’iperereza mu Burundi. Uyu Mathias Niyonzima ni umwe mu bategetsi Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, byafatiye ibihano kubera uruhare mu bwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bwabaye muw’2015 aho mu Burundi.

Icyegeranyo cya BHRI kirahamya kandi ko kohereza abarwanyi b’Abarundi muri Kongo ntaho bihuriye n’icyemezo cy’Umuryango w’ Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba, cyo kohereza umutwe w’ingabo guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Kongo.

Mu cyumweru gishize umutwe w’iterabwoba wa FDLR nawo ufite indiri mu burasirazuba bwa Kongo, wasohoye itangazo wishimira ko u Burundi bugiye kohereza ingabo muri Kongo, ndetse abo bajenosideri banatangaza ko biteguye gufatanya nazo, baziha amakuru n’abarwanyi.

Umutwe w’abarwanyi b’Abanyamulenge”Twirwaneho”, ejo kuwa gatatu watangaje ko ufite amakuru ko igisirikari cy’uBurundi gifatanyije n’icya Kongo, bitegura kubagabaho ibitero simusiga.

Kugeza ubu Leta y’u Burundi, yaba na Leta ya Kongo, ntacyo ziravuga kuri ibi birego.

2022-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

‘Aho igihugu kiva turahazi, n’aho kijya nabyo birazwi’- Kagame

Ubwanditsi 08 Feb 2017
Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ubwanditsi 30 Mar 2023
Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Kigali yabaye ihuriro ry’ibitaramo mpuzamahanga bitewe n’ibikorwaremezo ndetse n’abakunzi ba Muzika bahari

Ubwanditsi 05 Nov 2021
Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Abashukwa n’umutekamutwe Claude Gatebuke bagomba kumenya ko ari inzira yo kwisanga mu mitwe yitwaje intwaro muri Kongo

Ubwanditsi 14 May 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa
Mu Mahanga

Abandi Banyarwanda batatu birukanwe ku butaka bwa Uganda nyuma yo gufungwa

Ubwanditsi 15 Mar 2019
# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye
INKURU NYAMUKURU

# OIF: Canada yateye umugongo umukandida wayo, Himbara arasebye

Ubwanditsi 10 Oct 2018
Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho
ITOHOZA

Gallican yihaye kwikoma Rushyashya none bimukozeho

Ubwanditsi 15 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru