• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi   |   29 Sep 2023

  • Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere   |   28 Sep 2023

  • Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB   |   28 Sep 2023

  • Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”   |   27 Sep 2023

  • Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana   |   27 Sep 2023

  • APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League   |   26 Sep 2023

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Editorial 28 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha Televiziyo mpuzamahanga ya Al Jazeera, aravuga ko Leta y’u Burundi yamaze kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo abasirikari benshi ndetse n’ Imbonerakure, urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi

Al Jazeera iravuga ko aya makuru akubiye mu cyegeranyo cyasohowe ejo kuwa gatatu n’Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Burundi, BHRI, wamagana kuba u Burundi bwohereza ku ngufu ingabo ndetse n’urubyiruko rutamenyereye ibya gisirikari, kujya gupfira muri Kongo.

Abo bose ngo bajyanwa ku gahato, bambaye imyenda isanzwe ya gisivili kugirango umuryango mpuzamahanga utabatahura.

BHRI kandi yahishuye ko hari abasirikari 40 biciwe mu Cibitoke mu bihe binyuranye, bazira ko banze kujya muri Kongo. Naho mu rwego rwo kubatera akanyabugabo, buri musore cyangwa inkumi y’ Imbonerakure ngo ahabwa hagati y’amafaranga y’amarundi 50 na 200 (ni hagati y’ ibihumbi 24 na 95 uvunje mu manyarwanda), kandi agasabwa kutagira uwo abwira ko agiye ku rugamba muri Kongo.

Umuntu uyoboye ibi bikorwa nk’uko BHRI yabibwiye Al Jaeera, ngo ni Mathias Niyonzima bakunda kwita “Kazungu”, akaba avuga rikijyana mu nzego z’iperereza mu Burundi. Uyu Mathias Niyonzima ni umwe mu bategetsi Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, byafatiye ibihano kubera uruhare mu bwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bwabaye muw’2015 aho mu Burundi.

Icyegeranyo cya BHRI kirahamya kandi ko kohereza abarwanyi b’Abarundi muri Kongo ntaho bihuriye n’icyemezo cy’Umuryango w’ Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba, cyo kohereza umutwe w’ingabo guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Kongo.

Mu cyumweru gishize umutwe w’iterabwoba wa FDLR nawo ufite indiri mu burasirazuba bwa Kongo, wasohoye itangazo wishimira ko u Burundi bugiye kohereza ingabo muri Kongo, ndetse abo bajenosideri banatangaza ko biteguye gufatanya nazo, baziha amakuru n’abarwanyi.

Umutwe w’abarwanyi b’Abanyamulenge”Twirwaneho”, ejo kuwa gatatu watangaje ko ufite amakuru ko igisirikari cy’uBurundi gifatanyije n’icya Kongo, bitegura kubagabaho ibitero simusiga.

Kugeza ubu Leta y’u Burundi, yaba na Leta ya Kongo, ntacyo ziravuga kuri ibi birego.

2022-07-28
Editorial

IZINDI NKURU

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera;  Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Mozambique: Ubugizi bwa nabi ku banyarwanda bukomeje gufata indi ntera; Hitimana Vital yarasiwe mu modoka ye

Editorial 17 Mar 2018
Abayoboke ba PL  bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Abayoboke ba PL bavanye amasomo ku byabaye, ku buryo biyemeje kutazasubira muri ibyo bibazo- Mukabalisa

Editorial 16 Jul 2016
“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

Editorial 02 Jul 2021
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Editorial 23 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

20 Sep 2023
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

15 Sep 2023
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

10 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

05 Sep 2023
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

30 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

24 Sep 2023
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

20 Sep 2023
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

20 Sep 2023
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

29 Aug 2023
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

26 Aug 2023
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

22 Aug 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

22 Aug 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru