• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha Televiziyo mpuzamahanga ya Al Jazeera, aravuga ko Leta y’u Burundi yamaze kohereza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo abasirikari benshi ndetse n’ Imbonerakure, urubyiruko rw’ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi

Al Jazeera iravuga ko aya makuru akubiye mu cyegeranyo cyasohowe ejo kuwa gatatu n’Umuryango Uharanira Uburenganzira bwa Muntu mu Burundi, BHRI, wamagana kuba u Burundi bwohereza ku ngufu ingabo ndetse n’urubyiruko rutamenyereye ibya gisirikari, kujya gupfira muri Kongo.

Abo bose ngo bajyanwa ku gahato, bambaye imyenda isanzwe ya gisivili kugirango umuryango mpuzamahanga utabatahura.

BHRI kandi yahishuye ko hari abasirikari 40 biciwe mu Cibitoke mu bihe binyuranye, bazira ko banze kujya muri Kongo. Naho mu rwego rwo kubatera akanyabugabo, buri musore cyangwa inkumi y’ Imbonerakure ngo ahabwa hagati y’amafaranga y’amarundi 50 na 200 (ni hagati y’ ibihumbi 24 na 95 uvunje mu manyarwanda), kandi agasabwa kutagira uwo abwira ko agiye ku rugamba muri Kongo.

Umuntu uyoboye ibi bikorwa nk’uko BHRI yabibwiye Al Jaeera, ngo ni Mathias Niyonzima bakunda kwita “Kazungu”, akaba avuga rikijyana mu nzego z’iperereza mu Burundi. Uyu Mathias Niyonzima ni umwe mu bategetsi Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi ndetse na Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, byafatiye ibihano kubera uruhare mu bwicanyi n’ubundi bugizi bwa nabi bwabaye muw’2015 aho mu Burundi.

Icyegeranyo cya BHRI kirahamya kandi ko kohereza abarwanyi b’Abarundi muri Kongo ntaho bihuriye n’icyemezo cy’Umuryango w’ Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba, cyo kohereza umutwe w’ingabo guhashya imitwe yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Kongo.

Mu cyumweru gishize umutwe w’iterabwoba wa FDLR nawo ufite indiri mu burasirazuba bwa Kongo, wasohoye itangazo wishimira ko u Burundi bugiye kohereza ingabo muri Kongo, ndetse abo bajenosideri banatangaza ko biteguye gufatanya nazo, baziha amakuru n’abarwanyi.

Umutwe w’abarwanyi b’Abanyamulenge”Twirwaneho”, ejo kuwa gatatu watangaje ko ufite amakuru ko igisirikari cy’uBurundi gifatanyije n’icya Kongo, bitegura kubagabaho ibitero simusiga.

Kugeza ubu Leta y’u Burundi, yaba na Leta ya Kongo, ntacyo ziravuga kuri ibi birego.

2022-07-28
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Sebudidimba John, arwariye bikomeye mu Kigo Nderabuzima cya Cyanika aho ashinja ingabo z’igihugu cye cya Uganda kumukubita zimwita Umunyarwanda.

Ubwanditsi 13 Dec 2019
Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Impamvu Museveni yahinduye igihugu cya Uganda indiri ya RNC n’ubuhungiro bw’ abajenosideri n’inzira inyuzwamo abashaka gutoroka u Rwanda bose.

Ubwanditsi 17 Apr 2020
Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Imana ihora ihoze: Wa musenateri wo muri Amerika, Bob Menendez wahozaga u Rwanda ku nkeke yafatanywe igihanga cya ruswa.

Ubwanditsi 17 Jul 2024
Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ese koko Ngeze Hassan yaba ari gusabirwa gufungurwa n’Agathe Kanziga?

Ubwanditsi 06 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urujijo K’Umunyamakuru Wakoreye The New Times Yaburiwe Irengero Muri Uganda

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Rwanda: Amafaranga  ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50
UBUKUNGU

Rwanda: Amafaranga ashyirwa mu buzima yatumye kuramba biva ku myaka 50

Ubwanditsi 08 Mar 2018
RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya
Mu Mahanga

RDC: ADF yongeye kwica abasirikare benshi ba Monusco barimo Umunyatanzaniya

Ubwanditsi 17 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru