• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’iperereza bivugwa ko ryamaze umwaka wose, ibitangazamakuru the Guardian-Australia na ABC ibinyujije mu kiganiro cyayo “Four Corners”, bimaze gushyira ahagaragara inkuru icukumbuye, igaragaza ko muri Australia hari Abanyarwanda 2 bashakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo ni Froduald Rukeshangabo wahoze ari umugenzuzi w’amashuri mu karere ka Ngoma mu ntara y’Uburasirazuba, na Céléstin Munyaburanga wari umuyobozi w’ishuri rya Hanika mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo.

Ubu bibereye ahitwa Brisbane, aho Rukeshangabo yigisha gutwara imodoka, naho mugenzi we icyo akora kikaba kitazwi neza.

Ubwo abanyamakuru ba Four Corners na the Guardian bamubazaga icyo avuga ku byaha aregwa, Froduald Rukeshangabo yarabihakanye, yemeza ko ngo azira”kutavuga rumwe”n’ubutegetsi bw’u Rwanda. Céléstin Munyaburanga we yayabangiye ingata, yanga kuvugisha abo banyamakuru.

Abo bicanyi bombi baciriwe imanza mu nkiko Gacaca badahari, maze mu mwaka wa 2007 Rukeshangabo akatirwa gufungwa imyaka 30, naho Munyaburanga ahanishwa gufungwa burundu mu w’2008.

Mu iperereza ryabyo, ibyo bitangazamakuru byohereje intumwa no mu Rwanda, maze zigerera aho bivugwa ko Rukeshangabo na Munyaburanga bakoreye ibyaha. Zaganiriye n’abo mu miryango yiciwe n’abo bajenosideri, ndetse n’abo bafatanyije mu gutsemba Abatutsi ndetse banemera ibyaha. Abo bose bashinje Rukeshangabo na Munyaburanga uruhare rutaziguye muri Jenoside, aho batangaga amabwiriza yo kwica Abatutsi, abandi bakabiyicira ubwabo, haba mu bitero, ndetse no kuri za bariyeri bayoboraga.

Ibi bitangazamakuru rero byanzura byibaza impamvu Froduald Rukeshangabo na Céléstin Munyaburanga badatabwa muri yombi, kandi Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumaze imyaka myinshi bwarashyikirije ubwa Australia impapuro zikubiyemo ibyo baregwa, zikanasaba ko boherezwa mu Rwanda ngo bakurikiranwe.

Muri Australia havugwa Abanyarwanda b’abajenosideri benshi, bakaba ndetse barashinze ishyirahamwe Rwandan Association of Queensland (RAQ), rishinzwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri bo twavuga Théogène Rukundo unayobora RAQ, Amiel Nubaha( umuhungu wa ruharwa Rukeshangabo twavuze haruguru) n’abandi benshi.

Uretse no kwanga kubashyikiriza ubutabera kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Guverinoma ya Australia iranabarebera mu bikorwa byo guhakana no gupfobya iyo Jenoside, ahanini bagakingirwa ikibaba na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu nabo bari muri uwo mugambi.

2024-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Perezida Kagame yageze muri Cuba yaherukagamo mu myaka 36

Ubwanditsi 15 Sep 2023
Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Ubwanditsi 12 Feb 2018
Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Usengimana Dany yatandukanye na Police FC, Manzi Thierry na Usengimana Faustin bahinduye amakipe

Ubwanditsi 22 Jul 2023
Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Col Jean Baptiste Bagaza wayoboye u Burundi yitabye Imana

Ubwanditsi 04 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona
Amakuru

FERWABA yatangaje ko imikino y’ikiciro cya kabiri izatangira mu ntangiriro za Mata inaboneraho kumurika ikirango gishya cya shampiyona

Ubwanditsi 24 Mar 2022
Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos
POLITIKI

Perezida Kagame yitabiriye Inama Mpuzamahanga yiga ku bukungu i Davos

Ubwanditsi 23 Jan 2019
Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho
Mu Mahanga

Ku mva ya Radio Mowzey Hubatswe inzu izajya ikorerwamo amasengesho

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru