• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Itangazamakuru ryo muri Australia ryatahuye abajenosideri 2 bari muri icyo gihugu

Ubwanditsi 26 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nyuma y’iperereza bivugwa ko ryamaze umwaka wose, ibitangazamakuru the Guardian-Australia na ABC ibinyujije mu kiganiro cyayo “Four Corners”, bimaze gushyira ahagaragara inkuru icukumbuye, igaragaza ko muri Australia hari Abanyarwanda 2 bashakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abo ni Froduald Rukeshangabo wahoze ari umugenzuzi w’amashuri mu karere ka Ngoma mu ntara y’Uburasirazuba, na Céléstin Munyaburanga wari umuyobozi w’ishuri rya Hanika mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo.

Ubu bibereye ahitwa Brisbane, aho Rukeshangabo yigisha gutwara imodoka, naho mugenzi we icyo akora kikaba kitazwi neza.

Ubwo abanyamakuru ba Four Corners na the Guardian bamubazaga icyo avuga ku byaha aregwa, Froduald Rukeshangabo yarabihakanye, yemeza ko ngo azira”kutavuga rumwe”n’ubutegetsi bw’u Rwanda. Céléstin Munyaburanga we yayabangiye ingata, yanga kuvugisha abo banyamakuru.

Abo bicanyi bombi baciriwe imanza mu nkiko Gacaca badahari, maze mu mwaka wa 2007 Rukeshangabo akatirwa gufungwa imyaka 30, naho Munyaburanga ahanishwa gufungwa burundu mu w’2008.

Mu iperereza ryabyo, ibyo bitangazamakuru byohereje intumwa no mu Rwanda, maze zigerera aho bivugwa ko Rukeshangabo na Munyaburanga bakoreye ibyaha. Zaganiriye n’abo mu miryango yiciwe n’abo bajenosideri, ndetse n’abo bafatanyije mu gutsemba Abatutsi ndetse banemera ibyaha. Abo bose bashinje Rukeshangabo na Munyaburanga uruhare rutaziguye muri Jenoside, aho batangaga amabwiriza yo kwica Abatutsi, abandi bakabiyicira ubwabo, haba mu bitero, ndetse no kuri za bariyeri bayoboraga.

Ibi bitangazamakuru rero byanzura byibaza impamvu Froduald Rukeshangabo na Céléstin Munyaburanga badatabwa muri yombi, kandi Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bumaze imyaka myinshi bwarashyikirije ubwa Australia impapuro zikubiyemo ibyo baregwa, zikanasaba ko boherezwa mu Rwanda ngo bakurikiranwe.

Muri Australia havugwa Abanyarwanda b’abajenosideri benshi, bakaba ndetse barashinze ishyirahamwe Rwandan Association of Queensland (RAQ), rishinzwe guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Muri bo twavuga Théogène Rukundo unayobora RAQ, Amiel Nubaha( umuhungu wa ruharwa Rukeshangabo twavuze haruguru) n’abandi benshi.

Uretse no kwanga kubashyikiriza ubutabera kubera uruhare rwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi, Guverinoma ya Australia iranabarebera mu bikorwa byo guhakana no gupfobya iyo Jenoside, ahanini bagakingirwa ikibaba na bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu nabo bari muri uwo mugambi.

2024-02-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Huye :   Alexandre Kayiranga  yaguye  mu mpanuka ikomeye

Huye : Alexandre Kayiranga yaguye mu mpanuka ikomeye

Ubwanditsi 04 Aug 2016
Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Amavubi y’abagore ntakitabiriye amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’Afurika

Ubwanditsi 13 Oct 2021
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Lt Col Rugigana  bavugaga ko yatorotse gereza agiye kugezwa mu rw’ikirenga kubera ibyaha ashinjwa gufatanya na Kayumba

Lt Col Rugigana bavugaga ko yatorotse gereza agiye kugezwa mu rw’ikirenga kubera ibyaha ashinjwa gufatanya na Kayumba

Ubwanditsi 08 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana
ITOHOZA

Kivu, isibaniro ry’intambara ikomeye ya Afurika itaribagirana

Ubwanditsi 06 Oct 2018
Djihad Bizimana yerekeje muri Israel, Onana yerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Simba SC
Amakuru

Djihad Bizimana yerekeje muri Israel, Onana yerekanwa nk’umukinnyi mushya wa Simba SC

Ubwanditsi 06 Jul 2023
Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye urubyiruko kwirinda amakosa nk’ay’abayobozi baherutse kwegura

Ubwanditsi 17 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru