Ikipe ya APR FC yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi bayo batatu b’abanyamahanga ari bo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah, ibashimira uruhare rwabo mu gihe cy’imyaka ibiri bari bamaranye n’ikipe y’ingabo z’igihugu.
Mu butumwa bwashyizwe hanze n’iyi kipe, yavuze ko aba bakinnyi bagaragaje ubwitange, ubunyamwuga ndetse n’ishyaka rikomeye mu rugendo rwabo muri APR FC, haba mu kibuga no hanze yacyo.
APR FC yavuze ko kwambara umwambaro wayo w’umukara n’umweru bidahagije kuba umukinnyi gusa, ahubwo bisaba kwakira umuco wo gukora cyane, kubaha amategeko no guharanira gutsinda. Yashimye aba bakinnyi kuba barabaye urugero rw’izo ndangagaciro mu gihe cyose bamaze muri iyi kipe.
Muri icyo gihe myugariro Souané, rutahizamu Sy n’umukinnyi wo hagati Lamine Bah bagize uruhare mu bihe bitandukanye by’ingenzi byaranze APR FC, batanga umusanzu mu ntsinzi no mu bikorwa byatumye iyi kipe ikomeza kuba imwe mu zikomeye mu Rwanda.
Ubuyobozi bwa APR FC bwagarutse ku rugendo rwiza rwabaye hagati y’impande zombi, burimo ibihe bikomeye birimo itsinzi zabonetse bafatanyije ndetse n’ibyishimo basangiye nyuma yo kugera ku ntego zitandukanye. Bwagaragaje ko ibikorwa by’aba bakinnyi bizahora byibukwa mu mateka y’iyi kipe.
Mu gihe aba bakinnyi bitegura gutangira undi mwaka w’imikino ndetse n’amarushanwa bagomba kwitabira vuba aha, APR FC yabifurije amahirwe masa, intsinzi n’iterambere aho bazakomereza gukina.
APR FC yagize iti: “Ibihe twasangiye, urugamba twarwananye ndetse n’ibyo twagezeho nk’umuryango wa APR FC bizahora mu mitima yacu kandi ntibizigera byibagirana.”
APR FC yashimiye buri mukinnyi ku giti cye, ivuga ko umusanzu wabo uzahora uri mu mateka yayo kandi ko bazahora bafite umwanya wihariye mu mitima y’abakunzi b’iyi kipe.
Nubwo aba bakinnyi basoje urugendo rwabo muri APR FC, ibikorwa byabo n’ibyo bagejeje ku ikipe bizakomeza kwibukwa n’umuryango mugari wa APR FC.








