• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

AZAM Rwanda Premier League: Shampiyona irakomeza kuri uyu wa gatanu

Ubwanditsi 12 Feb 2016 IMIKINO

Shampiyona y’ikiciro cya mbere mu Rwanda (Azam Rwanda Premier League), nyuma yo guhagarikwa mu gihe ikipe y’igihugu Amavubi yiteguraga imikino ya CHAN, iyi shampiyona irongera gusubukurwa kuri uyu wa gatanu tariki 12 Gashyantare 2016 hakinwa imikino y’umunsi wa 10 mu mpande z’igihugu zitandukanye.

-2067.jpg

Ubwo iyi shampiyona yasubikwaga, yari igeze ku munsi wayo wa cyenda (9) ubwo umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi, Jonathan Bryan McKinstry yasabaga FERWAFA ko bamuha umwanya uhagije agategura abakinnyi kugira ngo bazitabire imikino ya CHAN iri kubera mu Rwanda kuva Tariki 16 Mutarama kuzageza kuwa 7 Gashyantare 2016 n’ubwo U Rwanda rwakiriye iyi mikino, ikipe iruhagarariye yaje kuvamo igeze muri ¼ cy’irangiza, itsinzwe na DR Congo yanatwaye igikombe.

-2068.jpg

Dore uko imikino ipanze ku munsi wa 10.
Kuwa gatanu tariki 12 Gashyantare 2016:

*Sunrise Fc vs Bugesera FC (Rwamagana, 15:30’)
*AS Kigali vs Marines FC (Stade de Kigali, 15:30’)
*Gicumbi FC vs Rayon Sports (Gicumbi, 15:30’)
*Etincelles Fc vs FC Musanze (Stade Umuganda, 15:30’)
*AS Muhanga vs Rwamagana City FC (Stade Muhanga, 15:30’)

Ku cyumeru tariki 14 Gashyantare 2016:

*Mukura VS vs Amagaju (Stade Huye, 15:30’)
Kuwa gatatu tariki 17 Gashyantare 2016:
*Police FC vs Espoir FC (Kicukiro, 15:30’)

Kuwa gatandatu tariki 20 Gashyantare 2016:

SC Kiyovu vs APR FC (Stade de Kigali/Nyamirambo, 15:30’)

uyu mukino wa APR FC na Kiyovu ntuzaba kuko ikipe yagisirikare yasohokeye igihugu kimwe na Police

Kuri uyu wa gatanu, mu mukino w’ishiraniro mu ntara y’iburasirazuba, Sunrise FC izakira Bugesera FC i Rwamagana, AS Kigali kuri ubu iyoboye urutonde rw’agateganyo rwa shampiyona n’amanota 21, izakira FC Marines kuri sitade ya Kigali iri i Nyamirambo, Rayon Sports izazamuka mu karere ka Gicumbi guhura na Gicumbi FC, Musanze FC izaba yisobanura na mucyeba wayo Etincelles kuri sitade Umuganda mu gihe Rwamagana city izambuka umugi wa Kigali isanganira Muhanga FC bakisobanurira kuri sitade Muhanga.

Ku cyumweru tariki 14 Gashyantare 2016, Mukura Victory Sport izaba yakira Amagaju FC atozwa na Bekeni kuri sitade Huye.

Amakipe nka APR FC na Police FC azahagararira u Rwanda mu mikino nyafurika, azakina umunsi wa 10 wa shampiyona hagati ya tariki ya 17 na 20 Gashyantare uyu mwaka turimo.

Tariki 17 Gashyantare 2016, ikipe ya Police FC itozwa na Cassa Mbungo Andre’, izaba yakira Espoir FC y’i Rusizi ku kibuga cya Kicukiro naho APR FC yisobanure na Kiyovu Sports kuri sitade ya Kigali iri i Nyamirambo.

Umunsi wa cyenda (9) was hampiyona wasize AS Kigali iyoboye urutonde rw’iyi shampiyona iterwa inkunda na Azam Ltd n’amanota 21.Ku mwanya wa kabiri haraza Rayon Sports n’amanota 18 inganya na APR FC iza ku mwanya wa gatatu zigatandukanwa n’ibitego zizigamye.

M.Fils

2016-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

Motsepe uyobora CAF, yasabye Sénégal kujurira niba itemera icyemezo cyo kuyambura igikombe cya Afurika

RUSHYASHYA 19 Mar 2026
Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ikipe ya APR FC igiye gukina umukino wa gicuti na AS Maniema mu rwego rwo kwitegura imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo aho bazakina na na Mogadishu City FC yo muri Somalia

Ubwanditsi 31 Aug 2021
AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

AMAFOTO- Mu rwego rwo kwitegura isubukurwa rya shampiyona Rayon Sports yasinyishije Muhire Kevin na Héritier Nzinga Luvumbu.

Ubwanditsi 24 Apr 2021
Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Abakinnyi 10 bato kurusha abandi bitezweho kwigaragaza muri CHAN

Ubwanditsi 18 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.
Amakuru

Abaturage ba Kenya baramagana umugambi mubisha wa Perezida wa Uganda, Yoweri K. Museveni, wo gutobera ubutegetsi bw’Igihugu cyabo.

Ubwanditsi 06 Aug 2021
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017
Mu Mahanga

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Ubwanditsi 19 Dec 2016
Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon,  uri mu ruzinduko mu Rwanda
ITOHOZA

Byinshi utari uzi k’Umukuru w’Igihugu cya Benin, Patrice Talon, uri mu ruzinduko mu Rwanda

Ubwanditsi 30 Aug 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru