• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Ubwanditsi 05 Feb 2018 IMIKINO

Areruya Joseph yegukanye isiganwa rya Tour de l’Espoir ryaberaga muri Cameroun, bimuhesha itike yo gukina Tour de l’Avenir, isiganwa ry’abatarengeje imyaka 23 rya Tour de France rizaba muri Kanama 2018.

Uyu Munyarwanda w’imyaka 22 ukomeje kwandika amateka muri Afurika, yasoje ari uwa Kane mu gace ka nyuma kabaye kuri iki Cyumweru kavaga ahitwa Akono gasoreza mu Murwa Mukuru Yaoundé ku ntera ya kilometero 80.5 kegukanwa n’Umunya-Eritrea, Henok Mulubrhan, wakoresheje 1:50’44’’.

Areruya yambaye umwambaro w’umuhondo kuri uyu wa Gatandatu nyuma yo kwitwara neza mu gace ka Gatatu k’iri rushanwa yakoreshejemo imbaraga nyinshi we na Mugisha Samuel akagaharira uyu mugenzi we kuko bagereye rimwe ku murongo maze akamusunika kugira ngo agende atsinde.

Aba basore bombi basanzwe banakinana mu ikipe ya Dimension Data for Qhubeka yo muri Afurika y’Epfo, bakoresheje amasaha 2:28:40, basiga uwaje abakurikiye Beza Million wo muri Ethiopia iminota 2:37” naho ku rutonde rusange Areruya afata umwanya wa mbere arusha Visser Louis amasegonda 40 akarusha Mebrahtom Natnael wa gatatu iminota 2:16.

Kuba yari yizigamye ibihe bihagije kandi afite umukinnyi umwe agomba gucunga cyane mu gace ka nyuma, byamufashije cyane bituma akina nta gihunga nubwo mu muhanda ikipe y’u Rwanda yagiye ihangana bikomeye n’ibitero by’Abanya-Afurika y’Epfo, Côte d’Ivoire na Eritrea bashakaga gucomoka.

Iri ribaye isiganwa rya gatatu rikomeye muri Afurika Areruya yegukanye mu gihe kitarenze amezi atatu, harimo Tour du Rwanda yatwaye mu Ugushyingo 2017 na La Tropicale Amissa Bongo yegukanye muri Mutarama 2018.

Areruya na bagenzi be barimo Mugisha Samuel, Munyaneza Didier, Ukiniwabo René Jean Paul, Ruberwa Jean na Hakiruwizeye Samuel banahesheje u Rwanda kuba igihugu cya mbere mu 13 byari byakinnye iri siganwa, Maroc iba iya kabiri naho Eritrea iba iya gatatu mu gihe Cameroun yaryakiriye ari iya karindwi.

Areruya Joseph yanditse amateka yo kwegukana Tour de l’Espoir ikinwe bwa mbere muri Afurika

Mu bakinnnyi 15 ba mbere, u Rwanda rufitemo bane rukaba ari nacyo gihugu cyabaye icya mbere muri Afurika

Mu gace ka nyuma, Areruya yabaye uwa 4, Munyaneza Didier uwa 7, Hakiruwizeye Samuel uwa 9, Ukiniwabo René Jean Paul uwa 11, Mugisha Samuel uwa 21 naho Ruberwa Jean Damascène aba uwa 36

Amafoto ya Areruya na Mugisha ubwo bitwaraga neza ku munsi ubanziriza uwa nyuma

Ubwo Areruya yambikwaga umwenda w’umuhondo kuri uyu wa Gatandatu

Yahise abona amahirwe yo kuzitabira Tour de l’Avenir, isiganwa ry’abatarengeje imyaka 23 rya Tour de France rizaba muri Kanama 2018

Yari yagereye ku murongo rimwe na Mugisha Samuel aramuharira yegukana aka gace

Abasore bari bahagarariye Team Rwanda berekanye ubuhanga mu kunyonga igare


2018-02-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Ubwanditsi 23 May 2018
Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 17 Mar 2018
Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye

Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye

Ubwanditsi 06 Oct 2021
Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Nyuma y’imyaka 11, Mugabe Aristide yasezeye gukinira ikipe y’igihugu y’umukino w’intoki wa Basketball

Ubwanditsi 30 Jun 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero
ITOHOZA

Nyamasheke : Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Gisakura yaburiwe irengero

Ubwanditsi 13 May 2017
Perezida Trump arifuza inkunga y’u Rwanda mu kuvugurura Umuryango w’Abibumbye
ITOHOZA

Perezida Trump arifuza inkunga y’u Rwanda mu kuvugurura Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 03 Sep 2017
Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu
Amakuru

Bernard Munyagishari yakatiwe gufungwa burundu

Ubwanditsi 21 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru