• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Umuririmbyi Chester Bennington wabarizwaga mu itsinda rya Linkin Park yapfuye yimanitse

Ubwanditsi 21 Jul 2017 Mu Rwanda

Umuririmbyi wubatse amateka akomeye mu itsinda rya muzika Linkin Park, Chester Bennington yatabarutse kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Nyakanga 2017.

TMZ yatangaje bwa mbere inkuru y’urupfu rwa Chester Charles Bennington yavuze ko uyu muhanzi yapfuye yiyahuye ubwo yari mu rugo rwe ruri mu Mujyi wa Los Angeles.
Uyu muhanzi w’imyaka 41 yari umuririmbyi wafatwaga nk’inkingi ya mwamba mu itsinda Linkin Park, iri ryamamaye cyane mu mwaka wa 2000 ubwo ryasohoraga album yaciye ibintu yitwa Hybrid Theory.

Yanaririmbye mu yandi matsinda akomeye arimo Dead by Sunrise ndetse na Stone Temple Pilots kuva muri 2013 kugeza muri 2015.

Umuvugizi wa Polisi ya Los Angeles mu gace uyu muhanzi yapfiriyemo, yavuze ko inzego z’umutekano zahise zitangira iperereza ngo zimenye by’ukuri impamvu y’urupfu rw’uyu muririmbyi bivugwa ko yiyahuye yimanitse mu mugozi.

Umwe mu bashinze itsinda Linkin Park, Mike Shinoda yanditse kuri Twitter avuga ko “yashenguwe kandi yaciwe umugongo n’urupfu rwa mugenzi we”.

Dave Farrell, wacurangaga gitari bass muri Linkin Park yanditse ati “Chester Bennington yari umuririmbyi ufite impano itangaje kandi yari afite umutima ugira ubuntu butangaje. Amasengesho yacu tuyerekeje ku muryango we mwiza no ku nshuti ze.”

Chester Bennington wavukiye muri Arizona yari azwi nk’inshuti magara y’umuririmbyi Chris Cornell na we witabye Imana mu mezi make ashize na we yariyahuye.

Chester Bennington yaririmbye “Hallelujah” ya Leonard Cohen mu gushyingura Cornell, uyu muririmbyi ni we wahise asigarana inshingano zo kwita byihariye ku muryango wa mugenzi we none na we apfuye yiyahuye.

-7309.jpg

Chester Bennington

2017-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Amafoto – Imanishimwe Emmanuel uzwi nka Mangwende ukinira ikipe ya APR FC yerekeje mu gihugu cya Maroc

Ubwanditsi 01 Aug 2021
Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

Lt Col Mpakaniye yamaze imyaka 12 arinda abayobozi ba FDLR yanabaye umuvugabutumwa muri ADEPR

RUSHYASHYA 26 Nov 2025
Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Amikoro make yatumye komite nyobozi ya As Muhanga yegura

Ubwanditsi 11 Aug 2021
John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

John Mirenge wahoze ayobora RwandAir asigaye ayobora Prime Insurance Ltd

Ubwanditsi 19 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”
ITOHOZA

Uburyo ibaruwa Museveni yandikiye Kagame yuzuyemo” ukwivuguruza”

Ubwanditsi 21 Mar 2019
Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye
Mu Rwanda

Umuyobozi ushinzwe imyubakire mu Mujyi wa Kigali yeguye

Ubwanditsi 16 May 2018
I BOSTON : RNC YIRIWE MU IKINAMICO YO GUSENGERA COL. PATRICK KAREGEYA
ITOHOZA

I BOSTON : RNC YIRIWE MU IKINAMICO YO GUSENGERA COL. PATRICK KAREGEYA

Ubwanditsi 20 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru