• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Ubwanditsi 18 Jun 2016 Mu Mahanga

Inkuru iteye ubwoba dukesha ikinyamakuru Makuruki, iragaragaza umurambo w’umugabo wacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi wishwe aciwe umutwe muri Gicumbi.

Ibi bintu ntibyaherukaga kumvikana muri iki gihugu, bikaba bitangaje ukuntu Abarokotse Jenoside bakicwa nk’ihene mu myaka 22, Jenoside ihagaritswe.

Tukaba dusanga Minisiteri y’Umutekano mu gihugu naba gitifu bo mu murenge wa Bukure, akagari ka Karenge , umudugudu wa Nyarutovu, abashinzwe irondo, inkeragutabara, Dacco, bakwiye gusobanura ibi bintu. Nigute umuntu yicwa mu mudugudu, abamwishe ntibabashe kumenyekana kandi bigaragara ko ari abari basanzwe bafite amakuru y’igihe atahira, uko aryama n’uko abayeho.

-3008.jpg

Abamwishe bamuciye umutwe, umuhoro bakoresheje bawusiga iruhande rwe

Ikindi kuki Minisitiri w’Umutekano mu gihugu ntacyo aravuga kuri ibi bintu by’agahoma munwa!

Bene ibi bintu ni iterabwoba rikomeye kubacitse ku icumu no kugihugu muri rusange

Mugihe cyashize Sheh Mussa Fazil Harerimana, yigeze gutangaza ko Abacitse ku icumu bakwiye kujya bataha kare, ndetse ko saa kumi nimwe bagakwiye kuba bageze murugo, amagambo nkaya yamaganiwe kure ndetse yafashwe nko gushyira mu kato abacitse ku icumu.

-3007.jpg

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu Mussa Fazil Harerimana

-3006.jpg

Nguwo umurambo w’Uwarokotse Jenoside wishwe aciwe umutwe

Nimwirebere iyo nkuru y’agahinda

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 17 Kamena 2016, ni bwo umugabo witwa Mugabo Theoneste w’imyaka 48 yasanzwe mu nzu ye yishwe aciwe ijosi n’abantu bataramenyekana ndetse n’icyatumye yicwa kikaba kitaramenyekana

Mugabo Theoneste warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, yari atuye mu karere ka Gicumbi, mu murenge wa Bukure, akagari ka Karenge , umudugudu wa Nyarutovu.

Amakuru y’urupfu rwa Mugabo Theoneste yamenywe bwa mbere na Nyirasenge witwa Mukaminega Dansilla.

Uyu Mukaminega yategereje nyakwigendera ngo amufashe akazi yari asanzwe amufasha ko gukora muri resitora abona atinze kuza, agerageje kumuhamagara inshuro nyinshi ngo akumva terefone ye itari ku murongo, nibwo yagiye kureba uko umwisengeneza we yaramutse asanga yishwe aciwe ijosi.

Ahagana saa 7h10 za mugitondo ngo ni bwo Mukaminega yageze mu rugo rwa nyakwigendera atungurwa no gusanga inzu ye irangaye, maze mu kwinjira ngo asanga Mugabo yishwe akaswe ijosi ndetse n’umuhoro bamwicishije ukirambitse hejuru y’umurambo we wari uri ku buriri bwe.

Mugabo w’imyaka 48, ngo yari akiri ingaragu kuko nta mugore yigeze ashaka akaba yibanaga wenyine mu nzu yubakiwe mu rwego rw’abantu barokotse Jenoside yakorewe abatusti batishoboye.

Umuyobozi w’umurenge wa Bukure Rusizana Joseph yatangarije Makuruki.rw ko ibyaha nk’ibi ari ubwa mbere bibaye muri uyu murenge, ndetse ko nta bibazo bizwi uyu muturage yari afitanye n’abaturage ku buryo ari byo yaba yazize.

Umunyamakuru wa Makuruki.rw wageze aho ibi byabereye, yatubwiye ko inzego z’umutekano (Polisi n’ingabo) zahageze ari ko nta makuru ziratangaza.

Twagerageje kuvugana kuri telefone n’umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyaruguru IP Innocent Gasasira ntiyabasha kutwitaba.

Mu minsi ishize muri aka karere mu murenge wa Rwamiko uhana imbibi n’uyu wa Bukure, na bwo havuzwe ibikorwa by’urugomo ku barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi aho havugwaga abantu batazwi bararaga batera amabuye ku mazu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu gihe u Rwanda ruri mu minsi yo kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 no gufata mu mugongo abayirokotse, ibikorwa nk’ibi bifatwa nko gushinyagurira abarokotse Jenoside ndetse bikanagagaza ko hari abagifite ingengabiterezo ya Jenoside.

Source: Makuruki.rw

2016-06-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Police FC yitwaye neza imbere ya VC Mokanda mu marushanwa nyafurika.

Ubwanditsi 14 Mar 2016
Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ku nshuro ya Gatatu, Umufaransa David Lappartient yongeye gutorerwa kuyobora impuzamashyirahamwe y’umukino w’Amagare ku Isi (UCI)

Ubwanditsi 26 Sep 2025
Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Ubwanditsi 27 Dec 2017
Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Rubavu: Yapfushije umwana nyuma y’ukwezi ibitaro byanze kumusezerera

Ubwanditsi 06 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura
ITOHOZA

Uganda: Buri kwezi abanyeshuri 10 ba Kaminuza ya Makerere bariyahura

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

Police FC yatangiye umwiherero w’icyumweru kimwe mu karere ka Rubavu hitegurwa umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 21 Jul 2025
Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika
ITOHOZA

Hatahuwe uko Rujugiro Tribert, akoresha Itangazamakuru mu rwego rwo gusigiriza isura ye arimo kunyereza imisoro mu bihugu by’Afurika

Ubwanditsi 17 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru