• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bombori bombori muri RNC yageze no mu muryango bwite wa Kayumba Nyamwasa   |   17 Jul 2026

  • Visit Rwanda n’ikipe ya Aston Villa yo mu gihugu cy’u Bwongereza basinyanye amasezerano y’ubufatanye   |   14 Jul 2026

  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Perezida Kagame arasezera Sheikh Hamad wagize Qatar igihangange   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi

P5 ya Kayumba Nyamwasa yongeye kugaragara ku rugamba rwa Minembwe: Ihuriro AFC/M23 rivuga ko yifatanyije na FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi

RUSHYASHYA 26 Jun 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nyuma y’igihe kinini umutwe wa P5 utavugwa cyane mu bikorwa bya gisirikare, amakuru mashya aturuka ku ihuriro AFC/M23 aravuga ko uyu mutwe uyobowe mu rwego rwa gisirikare na Kayumba Nyamwasa wamaze kwinjira mu ntambara ikomeje kubera muri Komini Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Ku wa 25 Kamena 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwagura ihuriro ryabwo rya gisirikare, aho bwamaze kongeramo abarwanyi ba P5 ku ngabo za FARDC, umutwe wa FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga ndetse n’ingabo z’u Burundi (FDNB).

Mu itangazo AFC/M23 yashyize ahagaragara, yavuze ko “Leta ya Kinshasa ikomeje kwagura ihuriro rya gisirikare ryayo. Kinshasa yongereye abarwanyi b’umutwe wa P5 uyobowe na Kayumba Nyamwasa kuri FARDC, FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga n’ingabo z’u Burundi.”

Iri huriro ryakomeje rivuga ko ku gicamunsi cyo ku wa 25 Kamena, ahagana saa cyenda z’amanywa, izi ngabo zifatanyije zakoresheje drones z’intambara zigatera ibisasu ku Bitaro Bikuru bya Minembwe ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze amasaha 24.

AFC/M23 ivuga ko icyo gitero cyahitanye abantu benshi b’abasivili, kigasenya ibikorwaremezo by’ubuvuzi bikomeye byifashishwaga n’abarwayi, abagore n’abana bo muri ako gace.

Iri huriro ryasobanuye ko kwibasira ibitaro inshuro ebyiri zikurikiranye bidashobora gufatwa nk’ikosa rya gisirikare, ahubwo ko ari gahunda igamije gutera ubwoba abaturage no kubambura uburenganzira bwabo bwo kubaho mu mutekano.

Mu itangazo ryayo, AFC/M23 yavuze ko izakomeza guharanira umutekano w’abaturage ba Minembwe ndetse n’abo mu bice bihana imbibi na yo, igahangana n’icyo yise umugambi wo kubatsemba, kubamenesha no kubashyira mu bwoba.

P5 ni iki kandi yayoborwaga ite?

P5 ni ihuriro ryashyizweho n’imitwe ya politiki itavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, harimo RNC ya Kayumba Nyamwasa, FDU-Inkingi, PDP-Imanzi, RUD-Urunana n’indi mitwe yari ifite intego yo guhangana n’ubutegetsi bw’u Rwanda.

Mu rwego rwa gisirikare, Kayumba Nyamwasa ni we wafatwaga nk’umuyobozi mukuru w’iri huriro, rikaba ryarigeze gukorera ibikorwa byaryo mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa RDC, aho ryashakaga gutegurira ibitero byarigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Icyakora, ibikorwa byaryo byaje gusubira inyuma cyane nyuma y’ifatwa rya Maj (Rtd) Habib Mudathiru mu mwaka wa 2019. Mudathiru yari umwe mu bayobozi bakuru bashinzwe ibikorwa bya gisirikare bya P5 ndetse no gushaka abarwanyi bashya mu karere.

Muri uwo mwaka kandi, nyuma y’igitero cyagabwe mu Karere ka Musanze n’abarwanyi ba RUD-Urunana, ibikorwa bya P5 byatangiye gucika intege ku buryo benshi batekerezaga ko iri huriro ryari ryarazimye burundu.

Kongera kwisuganya muri Kivu y’Amajyepfo

Nubwo P5 yari imaze imyaka mike itagaragara cyane, amakuru yagiye atangwa n’abakurikiranira hafi umutekano mu karere yagaragazaga ko yari ikomeje kwisuganya.

Mu Ugushyingo 2025, Alexis Mugisha Nkurunziza, Visi Perezida wa MDRP-Twirwaneho ushinzwe politiki, imiyoborere na dipolomasi, yatangaje ko hari abarwanyi ba P5 bari bamaze gusubira muri Kivu y’Amajyepfo kugira ngo bakorane n’ingabo za RDC.

Yavuze ko bamwe muri abo barwanyi bari bamaze kugera mu gace ka Bijombo, abandi bakaba bari bagikomeje imyitozo mu Burundi. Yanasobanuye ko hari amakuru yavugaga ko bamwe muri bo bambaye impuzankano y’igisirikare cy’u Burundi kugira ngo ibikorwa byabo bitamenyekana byoroshye.

Abakurikirana ibibazo by’umutekano bavuga ko kongera kugaragara kwa P5 ku rugamba rwa Minembwe bishobora kuba ari ikimenyetso cy’uko iri huriro ryashoboye kongera kwisuganya nyuma y’imyaka myinshi ryaracitse intege.

Umutekano w’u Rwanda uhangayikishijwe n’imitwe ikorera muri RDC

Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu 1994, uburasirazuba bwa RDC bwakomeje kuba indiri y’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, RUD-Urunana, CNRD-FLN n’indi mitwe ifite imigambi yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abasesenguzi bavuga ko kuba AFC/M23 ivuga ko P5 yinjiye ku mugaragaro mu rugamba rwa Minembwe bishobora kongera impungenge ku mutekano w’akarere, cyane cyane mu gihe amakimbirane hagati ya Kinshasa n’imitwe iyirwanya akomeje gufata indi ntera.

Kugeza ubu, nta tangazo rirashyirwa ahagaragara na P5 cyangwa Kayumba Nyamwasa ryemeza cyangwa rihakana ibyo AFC/M23 yatangaje. Gusa, amakuru aturuka ku rugamba agaragaza ko ihuriro rishya ry’ingabo rivugwa na AFC/M23 rikomeje gukorera ibikorwa bya gisirikare mu bice bya Minembwe no mu nkengero zabyo.

 

2026-06-26
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Etoile de l’Est yitegura gusura ikipe ya Espoir FC yahagaritse abakinnyi 4 bazira imyitwarire itari myiza

Ubwanditsi 14 Jan 2022
Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Umwe mu ba “CDR” bakuru barimbuye Abatutsi ariwe Michel Bakuzakundi yapfuye adashyikirijwe ubutabera

Ubwanditsi 21 Jun 2021
Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Hari icyizere ko u Burundi na RDC bizashyigikira kandidatire ya Mushikiwabo muri OIF-Olivier

Ubwanditsi 22 Jun 2018
Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Burundi: Ihuriro Amizero y’Abarundi ryamaze gutanga ibirego bisaba kutazemeza ibyavuye muri referandumu

Ubwanditsi 25 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa
POLITIKI

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Emmanuel Macron w’u Bufaransa

Ubwanditsi 19 Sep 2017
‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana
POLITIKI

‘Ntabwo nahunze, nta n’ ubwoba nagize ‘- Mpayimana

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Minisitiri Mukeshimana yasabye imbabazi ku ikosa ryo kwicisha inzara abashyitsi
Mu Mahanga

Minisitiri Mukeshimana yasabye imbabazi ku ikosa ryo kwicisha inzara abashyitsi

Ubwanditsi 16 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru