Nyuma y’igihe kinini umutwe wa P5 utavugwa cyane mu bikorwa bya gisirikare, amakuru mashya aturuka ku ihuriro AFC/M23 aravuga ko uyu mutwe uyobowe mu rwego rwa gisirikare na Kayumba Nyamwasa wamaze kwinjira mu ntambara ikomeje kubera muri Komini Minembwe, mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Ku wa 25 Kamena 2026, Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, yatangaje ko ubutegetsi bwa Kinshasa bukomeje kwagura ihuriro ryabwo rya gisirikare, aho bwamaze kongeramo abarwanyi ba P5 ku ngabo za FARDC, umutwe wa FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga ndetse n’ingabo z’u Burundi (FDNB).
Mu itangazo AFC/M23 yashyize ahagaragara, yavuze ko “Leta ya Kinshasa ikomeje kwagura ihuriro rya gisirikare ryayo. Kinshasa yongereye abarwanyi b’umutwe wa P5 uyobowe na Kayumba Nyamwasa kuri FARDC, FDLR, Wazalendo, abacanshuro b’abanyamahanga n’ingabo z’u Burundi.”
Iri huriro ryakomeje rivuga ko ku gicamunsi cyo ku wa 25 Kamena, ahagana saa cyenda z’amanywa, izi ngabo zifatanyije zakoresheje drones z’intambara zigatera ibisasu ku Bitaro Bikuru bya Minembwe ku nshuro ya kabiri mu gihe kitarenze amasaha 24.
AFC/M23 ivuga ko icyo gitero cyahitanye abantu benshi b’abasivili, kigasenya ibikorwaremezo by’ubuvuzi bikomeye byifashishwaga n’abarwayi, abagore n’abana bo muri ako gace.
Iri huriro ryasobanuye ko kwibasira ibitaro inshuro ebyiri zikurikiranye bidashobora gufatwa nk’ikosa rya gisirikare, ahubwo ko ari gahunda igamije gutera ubwoba abaturage no kubambura uburenganzira bwabo bwo kubaho mu mutekano.
Mu itangazo ryayo, AFC/M23 yavuze ko izakomeza guharanira umutekano w’abaturage ba Minembwe ndetse n’abo mu bice bihana imbibi na yo, igahangana n’icyo yise umugambi wo kubatsemba, kubamenesha no kubashyira mu bwoba.
P5 ni iki kandi yayoborwaga ite?
P5 ni ihuriro ryashyizweho n’imitwe ya politiki itavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, harimo RNC ya Kayumba Nyamwasa, FDU-Inkingi, PDP-Imanzi, RUD-Urunana n’indi mitwe yari ifite intego yo guhangana n’ubutegetsi bw’u Rwanda.
Mu rwego rwa gisirikare, Kayumba Nyamwasa ni we wafatwaga nk’umuyobozi mukuru w’iri huriro, rikaba ryarigeze gukorera ibikorwa byaryo mu mashyamba yo mu burasirazuba bwa RDC, aho ryashakaga gutegurira ibitero byarigamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Icyakora, ibikorwa byaryo byaje gusubira inyuma cyane nyuma y’ifatwa rya Maj (Rtd) Habib Mudathiru mu mwaka wa 2019. Mudathiru yari umwe mu bayobozi bakuru bashinzwe ibikorwa bya gisirikare bya P5 ndetse no gushaka abarwanyi bashya mu karere.
Muri uwo mwaka kandi, nyuma y’igitero cyagabwe mu Karere ka Musanze n’abarwanyi ba RUD-Urunana, ibikorwa bya P5 byatangiye gucika intege ku buryo benshi batekerezaga ko iri huriro ryari ryarazimye burundu.
Kongera kwisuganya muri Kivu y’Amajyepfo
Nubwo P5 yari imaze imyaka mike itagaragara cyane, amakuru yagiye atangwa n’abakurikiranira hafi umutekano mu karere yagaragazaga ko yari ikomeje kwisuganya.
Mu Ugushyingo 2025, Alexis Mugisha Nkurunziza, Visi Perezida wa MDRP-Twirwaneho ushinzwe politiki, imiyoborere na dipolomasi, yatangaje ko hari abarwanyi ba P5 bari bamaze gusubira muri Kivu y’Amajyepfo kugira ngo bakorane n’ingabo za RDC.
Yavuze ko bamwe muri abo barwanyi bari bamaze kugera mu gace ka Bijombo, abandi bakaba bari bagikomeje imyitozo mu Burundi. Yanasobanuye ko hari amakuru yavugaga ko bamwe muri bo bambaye impuzankano y’igisirikare cy’u Burundi kugira ngo ibikorwa byabo bitamenyekana byoroshye.
Abakurikirana ibibazo by’umutekano bavuga ko kongera kugaragara kwa P5 ku rugamba rwa Minembwe bishobora kuba ari ikimenyetso cy’uko iri huriro ryashoboye kongera kwisuganya nyuma y’imyaka myinshi ryaracitse intege.
Umutekano w’u Rwanda uhangayikishijwe n’imitwe ikorera muri RDC
Kuva Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe mu 1994, uburasirazuba bwa RDC bwakomeje kuba indiri y’imitwe yitwaje intwaro irimo FDLR, RUD-Urunana, CNRD-FLN n’indi mitwe ifite imigambi yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda.
Abasesenguzi bavuga ko kuba AFC/M23 ivuga ko P5 yinjiye ku mugaragaro mu rugamba rwa Minembwe bishobora kongera impungenge ku mutekano w’akarere, cyane cyane mu gihe amakimbirane hagati ya Kinshasa n’imitwe iyirwanya akomeje gufata indi ntera.
Kugeza ubu, nta tangazo rirashyirwa ahagaragara na P5 cyangwa Kayumba Nyamwasa ryemeza cyangwa rihakana ibyo AFC/M23 yatangaje. Gusa, amakuru aturuka ku rugamba agaragaza ko ihuriro rishya ry’ingabo rivugwa na AFC/M23 rikomeje gukorera ibikorwa bya gisirikare mu bice bya Minembwe no mu nkengero zabyo.




