• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Ubwanditsi 17 Jul 2016 Mu Rwanda

Agaragaza ibyaraye biganiriweho n’Abakuru b’ibihugu na Guverinona ku nkunga igenerwa AU, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi w’u Rwanda, Amb. Claver Gatete yavuze ko 76% by’amafaranga yakoreshwa n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika yaturukaga mu baterankunga, ariko ko abakuru b’ibihugu bemeranyijwe ko uyu muryango ugiye kujya witera inkunga 100%.

Amb. Claver Gatete avuga ko Abakuru b’ibihugu na Guverinona bigize Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika bagarutse ku mbogamizi zagaragaraga mu gutera inkunga uyu muryango, aho ibihugu biwugize byakoraga ku ngengo y’imari yabyo.

Abakuru b’ibihugu na Guverinoma banagarutse ku kibazo cyo kuba 76% by’amafaranga akoreshwa n’uyu muryango aturuka mu baterankunga, biyemeje ko uyu muryango ugomba kwitera inkunga 100%.

Muri ibi biganiro by’abakuru b’ibihugu na Guverinoma, hatangiwemo ibitekerezo by’uko iki kifuzo cyo kuba AU yaterwa inkunga 100% n’ibihugu biyigize cyagerwaho.

Gatete wagaragazaga bimwe mu bitekerezo byagiye bitangwa n’aba bakuru b’ibihugu na Guverinoma, yagize ati “ Uwahoze ayobora Nigeria, Perezida Obasanjo yatanze igitekerezo cy’amadolari abiri ku bijyanye n’amahotel, niba uraye muri Hotel ugatanga amadolari abiri ku ijoro rimwe…

Batanze n’igitegekerezo cy’amadolari 10 ku itiki, ni ukuvuga igihe cyose ushatse gukora urugendo , ku itiki yawe ukongeraho amadolari 10.”

Abakuru b’ibihugu na Guverinoma batanze ibitekerezo byinshi kuri iyi ngingo, bafashe umwanzuro wo gukuraho uburyo bwakoreshwaga n’ibihugu bigize AU bwo gukora ku ngengo y’imari yabyo, bemeranywa ko buri gihugu kigiye kujya gitanga 0.2% by’amafaranga y’ibicuruzwa byose byinjira mu gihugu.

Gatete avuga ko ibi bizatuma amafaranga ahabwa AU aboneka kandi ku gihe kuko azajya ahita ajya muri za Banki nkuru z’ibihugu.

Ati “ Amafaranga azajya akusanywa n’ibigo by’imisoro, ahite ajya muri za Banki z’ibihugu mu buryo bunyuze mu mucyo, ntihazongera kumvikanamo ikibazo kuko ntaho azaba ahuriye n’ahaturuka ingengo z’imari z’ibihugu cyangwa ibindi bikorwa bya Guverinoma, ni ibintu bizajya bihita byikora (Automatic).”

Amb. Gatete avuga ko iyi myanzuro yafashwe n’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma igamije gukuraho burundu iyi 76% by’amafaranga yavaga mu baterankunga.

Ati “ Ibi bivuze ko abaterankunga batazongera kudutera inkunga ya 76%,…oya, tuzajya twitera inkunga 100%, Turifuza kubigira ibyacu.”

Amb. Gatete avuga ko ibi biri mu rwego rwo gushyira mu bikorwa ibyari byemerenyijweho n’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma mu mwaka ushize, bari biyemeje ko ibihugu bigize AU bizajya byishakamo 75% by’amafaranga akoreshwa muri za Porogaramu za AU naho mu bikorwa byo kubungabunga amahoro ku mugabane wa Afurika bikitera inkunga kuri 25%.

Nta mwihariko ku bihugu bifite ibibazo,…Ahazaturuka aya mafaranga ngo ni henshi

Bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika, byugarijwe n’intambaraba, inzara, indwara z’ibyorezo byanatumye ubukungu bwa bimwe muri ibi bihugu buzahara.

Gatete uvuga ko muri iyi myanzuro nta mwihariko washyiriweho ibi bihugu bifite ibibazo by’ubukungu, avuga ko hari uburyo bwinshi aya mafaraga azajya atangwa n’ibihugu bigize AU azabonekamo.

Ati “ Ahazajya hava iyi nkunga ni henshi, mbere na mbere dukeneye guteza imbere iby’iwacu, tukabyakaho igiciro kiri hejuru, ikindi tugomba kuba maso ko dufite ingamba zo gukuraho amafaranga yasohokaga ku mugabane wacu, bivuze ko buri wese azajya yishyura imisoro agomba kwishyura.”

-3320.jpg

Minisitiri w’Imari Claver Gatete

Minisitiri Gatete avuga ko ibihano bigenerwa ibihugu bitatanze cyangwa byatinze gutanga uyu musanzu wo gushyira mu kigega AU byagumishijweho bityo ko bizakomeza gushyirwa mu bikorwa mu gihe hari igihugu cyagaragaweho aya makosa.

Source: Umuseke.rw

2016-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu ryagaruje imisoro y’arenga miliyari

Ubwanditsi 25 Sep 2017
Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Barindwi mu bayoboke b’ Ishyaka FDU-Inkingi bakekwaho kurema umutwe wagisilikare bahamijwe mu buroko undi ararekurwa

Ubwanditsi 25 Oct 2017
Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure  za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND  ikomeje gutera benshi ubwoba

Burundi : Imyitozo y’Imbonerakure za CNDD-FDD isa nk’iy’Interahamwe za MRND ikomeje gutera benshi ubwoba

Ubwanditsi 21 Nov 2016
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Ubwanditsi 24 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29
Amakuru

Nkinzingabo Fiston wakiniye amakipe arimo APR FC, Kiyovu SC yasezeye ku mupira w’amaguru ku myaka 29

RUSHYASHYA 03 Apr 2026
Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA
Mu Mahanga

Amasashe ya pulasitiki 435,000 yafatiwe mu mikwabu Polisi y’u Rwanda yakoranye na REMA

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe
SHOWBIZ

Nyampinga wa Iraq wirukanwe mu gihugu n’umuryango we kubera selfie yifotoje ari kumwe na nyampinga wa Israel,yongeye kwifotozanya nawe

Ubwanditsi 15 Jun 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru