• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Mukura VS yasezereye Al Hilal Obayed ijya ku muryango w’amatsinda ya CAF

Ubwanditsi 23 Dec 2018 IMIKINO

Mukura VS, yubatse amateka  nyuma yo kunganya ubusa ku busa mu mikino yombi, yasezereye Al Hilal Obayed yo muri Sudani kuri penaliti 5-4.

Abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda by’umwihariko aba Mukura VS bari muri Stade Huye bita Imbehe ya Mukura VS, bitereye hejuru saa 17:37 ubwo amateka yandikwaga ikipe yabo itsindira itike yo gukina ijonjora rya gatatu ry’igikombe gihuza amakipe yatwaye ibikombe by’ibihugu iwayo.

Iyo saha niyo Umurundi Ndayishimiye Christophe yatereyeho Penaliti ya gatanu yasoje izindi. Byabaye ngombwa ko zitabazwa kuko amakipe yombi yari yanganyije 0-0 mu mukino umutoza Haringingo Francis yari yahisemo gukinisha abakinnyi benshi basatira.

Uyu mukino wo kwishyura wayobowe n’abasifuzi bakomoka muri Eswatini barimo Thulani Zibandze, Sifiso Nximulo, Zamani Thulani na Mbogiseni Eliot. Watangiye ikipe ya Mukura VS ikinira cyane mu rubuga rwa Al Hilal Obayed.

Ku munota wa 15, Mukura yashoboraga gufungura amazamu hakiri kare ariko umupira wazamukanywe na Mutijima Janvier awuha Bertrand Iradukunda arihuta cyane agera imbere y’izamu ariko agongana na mugenzi we Lomami Frank bituma umupira bawamburwa na ba myugariro ba Hilal.

Ntabwo abakinnyi ba Mukura bacitse intege kuko ku munota wa 30 yongeye guhusha ikindi gitego cyabazwe ku ishoti rikomeye Umurundi Gael Duhayindavyi yateye ariko umunyezamu Mohammed arikuramo.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa ariko abakunzi ba Mukura VS bakubita agatoki ku kandi kuko babonaga byashobokaga ko babona intsinzi muri iyi minota 45.

Mu gice cya kabiri umutoza Frank Nutall wa Hilal yabonye akomeje gusatirwa akuramo abakinnyi bakina basatira barimo rutahizamu w’ikipe y’igihugu ya Sudani Mudather El Taib, abasimbuza abakina bugarira nka Abdelrahim Hassan.

Umutoza Haringingo bita Mbaya yabibonye we yongera imbaraga mu busatirizi ashyira mu kibuga Iddy Saidi Djuma na Ndizeye Innocent mu myanya ya myugariro Rugirayabo Hassan na Iradukunda Bertrand.

Gusa izi mpinduka zose ntacyo zahinduye kuko umukino warangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa, umusaruro usa n’uwabonetse muri Sudani.

Hitabajwe penaliti

Icyizere cy’abakunda Mukura VS cyari cyinshi kuko banatwaye igikombe cy’Amahoro batsinze Rayon Sports kuri penaliti. Gusa n’ubwoba bwari bwinshi nubwo bwaje gutwikirizwa ibyishimo byinshi.

Abakinnyi batanu ba Mukura VS bateye penaliti bose bazinjije. Abo ni Gael Duhayindavyi, Iddy Saidi Djuma, Innocent Ndizeye na Christophe Ndayishimiye. Hilal yo yasezerewe kuko yahushije penaliti imwe yatewe na Yousuf Ibrahim ku giti cy’izamu.

Ikipe ya Mukura VS kuri ubu ihagaze neza [ foto igihe]

Mukura VS ntabwo iramenya iyo bizahura mu cyiciro gikurikiraho kuko bizasaba tombola iteganyijwe ku wa Gatanu tariki 28 Ukuboza 2018.

2018-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Muri gicurasi 2021, Kigali Arena izakira irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryagomba kuba umwaka ushize ntiribe kubera koronavirusi

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Bwa mbere mu karere, u Rwanda rwakiriye umwiherero wa ’Basketball Without Borders’ urimo urubyiruko 60

Ubwanditsi 23 Aug 2025
U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

U Rwanda rwahawe kwakira imikino y’akarere ka gatanu mu gushaka itike y’igikombe cya Afurika cy’abagore muri Basketball.

Ubwanditsi 17 Jun 2021
Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Kevin Monnet Paque na Ngwabije Bryan bakina mu Bufaransa bisanze ku rutonde rw’abakinnyi Mashami Vincent yahamagaye.

Ubwanditsi 28 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League
IKORANABUHANGA

Ntucikwe muri Monaco Cafe, haribwerekanirwe imikino yose ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 15 Mar 2019
Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo
MULTIMEDIA

Uwari boss wa Cadillac yakiriye agakiza abatirizwa muri Yorodani Yesu na we yabatirijwemo

Ubwanditsi 30 Mar 2017
Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango
INKURU NYAMUKURU

Urukiko rwa gisirikare rutegetse ko Bobi Wine arekurwa, yongera gutabwa muri yombi ageze ku muryango

Ubwanditsi 23 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru