• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Ubwanditsi 09 Jan 2017 Mu Mahanga

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.

Itangazo BNR yasohoye mu ntangiriro z’uku kwezi, yatanze igihe kitarenze ukwezi (iminsi 30) ngo ayo mafaranga afatwa nk’imitungo itagira ba nyirayo abe amaze gukusanywa yimurirwe kuri konti yayo yabugenewe.

Muri iryo tangazo, igira iti “Amafaranga asa n’atagira ba nyirayo ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa agomba koherezwa kuri konti ya Banki Nkuru y’u Rwanda hifashishijwe ikoranabuhanga mu gihe kitarenze iminsi 30.”

-5282.jpg

BNR

Iryo tangazo rya BNR rigamije gushyira mu bikorwa itegeko ryo muri 2015 rigena imikoreshereze y’imitungo yatawe na ba nyirayo (abandoned properties).
Kubera iryo tegeko, BNR ikaba igomba kugaragariza Minisiteri y’Ubutabera amafaranga yose atagira ba nyirayo ari hirya no hino mu mabanki n’ibigo by’imari.

Ibwiriza ryerekeranye n’ ayo mafaranga ryasohotse mu igazeti ya Leta yo m’Ukuboza 2016, rivuga ko icyemezo cyo kuyakusanyiriza muri BNR kigomba guhita cyubahirizwa iryo tegeko rigisohoka mu igazeti ya Leta.

Abanyamabanki bo bavuga ko n’ubundi basanzwe baha raporo Banki Nkuru y’Igihugu ku makonti atagikoreshwa, bityo kuri ubu ngo bakaba bazabijyanisha no kwimurira kuri konti ya BNR amafaranga ari kuri izo konti.

-5284.jpg

Umuyobozi wa KCB, Maurice Toroitich

Maurice Toroitich, Umuyobozi Mukuru wa KCB akaba n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyamabanki mu Rwanda, yatangarije ikinyamakuru The EastAfrican ko bagiye kubanza kuvugana na ba nyir’izo konti mbere yo kwimurira ayo mafaranga muri BNR.

Yagize ati “Banki zigiye gutangira kwimurira muri BNR amafaranga yose afatwa nk’atagira ba nyirayo ariko nyine zizabanza kugerageza kuvugana na ba nyir’izo konti, abo zitazabona amafaranga yabo ahite yimurirwa muri BNR.”

Itegeko n’ubundi risaba amabanki n’ibigo by’imari kubanza kumenyesha ba nyir’izo konti hifashishijwe address batanze, ko mafaranga yabo agiye kwimurirwa BNR.
Iryo tangazo kandi rivuga ko banki cyangwa ikigo cy’imari bizinangira kwimurira ayo mafaranga muri BNR bizahanwa.

-5283.jpg

Rwangombwa John Guverineri wa Banki nkuru y’Igihugu

Source: KT

2017-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Inzego z’umutekano mu Rwanda zirabe maso, Abantu Uganda igeza buri munsi ku mupaka wayo n’u Rwanda siko bose ari inzirakarengane, ngo haba harimo na ba Gatumwa ba RNC na CMI

Ubwanditsi 15 Jan 2022
Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Abanyamakuru basobanuriwe imikorere ya RNIT Iterambere Fund benshi barahira yuko bagomba kuyijyamo

Ubwanditsi 25 Jan 2017
Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Kayonza: Babiri bafashwe bagerageza guha Abapolisi ruswa

Ubwanditsi 27 Jul 2016
Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Rwanda : Kiliziya Gatolika yasabye imbabazi ku ruhare rw’abayoboke bayo muri Jenoside

Ubwanditsi 20 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza
SHOWBIZ

Ibintu byakwereka ko umukobwa mukundana azavamo umugore utazagutera kwicuza

Ubwanditsi 26 Nov 2017
Indimi ebyiri za  Perezida Museveni  mugihe cy’urugamba rwa RPF  rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]
INKURU NYAMUKURU

Indimi ebyiri za Perezida Museveni mugihe cy’urugamba rwa RPF rwo kubohora igihugu [ VIDEO ]

Ubwanditsi 11 Sep 2018
Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko
Mu Mahanga

Uganda: Hatangiye kumvwa ubujurire bw’abasaba ko imyaka ntarengwa ya Perezida iguma mu itegeko

Ubwanditsi 16 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru