• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Amafaranga ari kuri konti zitagikoreshwa agiye kwimurirwa muri BNR

Ubwanditsi 09 Jan 2017 Mu Mahanga

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) yasabye amabanki n’ibigo by’imari gukusanya amafaranga yose ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa (dormant) agashyirwa kuri konti yabugenewe muri BNR.

Itangazo BNR yasohoye mu ntangiriro z’uku kwezi, yatanze igihe kitarenze ukwezi (iminsi 30) ngo ayo mafaranga afatwa nk’imitungo itagira ba nyirayo abe amaze gukusanywa yimurirwe kuri konti yayo yabugenewe.

Muri iryo tangazo, igira iti “Amafaranga asa n’atagira ba nyirayo ari kuri konti zimaze igihe zidakoreshwa agomba koherezwa kuri konti ya Banki Nkuru y’u Rwanda hifashishijwe ikoranabuhanga mu gihe kitarenze iminsi 30.”

-5282.jpg

BNR

Iryo tangazo rya BNR rigamije gushyira mu bikorwa itegeko ryo muri 2015 rigena imikoreshereze y’imitungo yatawe na ba nyirayo (abandoned properties).
Kubera iryo tegeko, BNR ikaba igomba kugaragariza Minisiteri y’Ubutabera amafaranga yose atagira ba nyirayo ari hirya no hino mu mabanki n’ibigo by’imari.

Ibwiriza ryerekeranye n’ ayo mafaranga ryasohotse mu igazeti ya Leta yo m’Ukuboza 2016, rivuga ko icyemezo cyo kuyakusanyiriza muri BNR kigomba guhita cyubahirizwa iryo tegeko rigisohoka mu igazeti ya Leta.

Abanyamabanki bo bavuga ko n’ubundi basanzwe baha raporo Banki Nkuru y’Igihugu ku makonti atagikoreshwa, bityo kuri ubu ngo bakaba bazabijyanisha no kwimurira kuri konti ya BNR amafaranga ari kuri izo konti.

-5284.jpg

Umuyobozi wa KCB, Maurice Toroitich

Maurice Toroitich, Umuyobozi Mukuru wa KCB akaba n’Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’Abanyamabanki mu Rwanda, yatangarije ikinyamakuru The EastAfrican ko bagiye kubanza kuvugana na ba nyir’izo konti mbere yo kwimurira ayo mafaranga muri BNR.

Yagize ati “Banki zigiye gutangira kwimurira muri BNR amafaranga yose afatwa nk’atagira ba nyirayo ariko nyine zizabanza kugerageza kuvugana na ba nyir’izo konti, abo zitazabona amafaranga yabo ahite yimurirwa muri BNR.”

Itegeko n’ubundi risaba amabanki n’ibigo by’imari kubanza kumenyesha ba nyir’izo konti hifashishijwe address batanze, ko mafaranga yabo agiye kwimurirwa BNR.
Iryo tangazo kandi rivuga ko banki cyangwa ikigo cy’imari bizinangira kwimurira ayo mafaranga muri BNR bizahanwa.

-5283.jpg

Rwangombwa John Guverineri wa Banki nkuru y’Igihugu

Source: KT

2017-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

U.S.A: Perezida Donald Trump ari mu mazi abira arashinjwa ubushinyaguzi

Ubwanditsi 19 Oct 2017
Mukomeze kurangwa n’imyitwarire myiza ishingiye Ku mahame ngenderwaho agenga akazi mugiyemo-IGP Gasana

Mukomeze kurangwa n’imyitwarire myiza ishingiye Ku mahame ngenderwaho agenga akazi mugiyemo-IGP Gasana

Ubwanditsi 19 Oct 2016
Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero
HIRYA NO HINO

Burundi: Habonetse umurambo w’uwahoze ari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’umuco wari waburiwe irengero

Ubwanditsi 04 Oct 2019
Abakobwa biga muri INES –RUHENGERI batewe n’abagizi ba nabi barabakomeretsa
Mu Rwanda

Abakobwa biga muri INES –RUHENGERI batewe n’abagizi ba nabi barabakomeretsa

Ubwanditsi 07 May 2018
Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR, General Nsengiyumva Secyugu Gabral yishwe na FARDC nyuma y’iminsi itatu gusa ahawe inshingano nshya muri uwo mutwe
Amakuru

Umwe mu bayobozi bakuru ba FDLR, General Nsengiyumva Secyugu Gabral yishwe na FARDC nyuma y’iminsi itatu gusa ahawe inshingano nshya muri uwo mutwe

Ubwanditsi 25 Oct 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru