• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

  • Myugariro Imanishimwe Emmanuel watandukanye na AEL Limassol yo muri Chypre yerekeje mu ikipe ya Chennaiyin FC yo mu Buhinde   |   11 Aug 2026

  • Rayon Sports yaguze myugariro w’Umunya-Côte d’Ivoire, Mohamed Ouattara wakiniye Wydad Casablanca, Simba SC na Al Hilal   |   10 Aug 2026

  • Kuki Jean Bosco Gasasira yapfuye umuryango we ukabimenya nyuma y’icyumweru?     |   09 Aug 2026

  • Inganda z’inzoga zitujuje ubuziranenge nk’Ibyuma zarimo ibibazo byinshi bigira ingaruka ku buzima bw’abaturage   |   09 Aug 2026

  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Nyiri ikinyamakuru Kasuku Media ariwe Jay Squizzer yasuye ababyeyi b’ibigarasha bibiri aribyo Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza aho abo babyeyi bishwe n’agahinda kubera imyitwarire idahwitse y’abana babo biyemeje kugana imitwe y’iterabwoba.

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza, bahuriye ku kuba barabaye mu ngabo za APR Inkotanyi bakagana ikigarasha Kayumba Nyamwasa nyuma bakaza gutandukana bapfuye amafaranga uwitwa Ben Rutabana we bikamuhitana. Baje gushinga ishyaka ryabo bakiva muri RNC ryitwa ARC Urunana. 

Musabyemariya Odette ni umubyeyi wa Benoit Umuhoza, akaba atuye mu karere ka Kirehe watewe agahinda nibyo  umuhungu we w’imfura akora yagize ati “Njyewe rero birantangaje kumva akibikora asa naya naganiriye nawe ambwirako ibi bintu yabivuyemo. Nagize amahirwe yo kwicarana nawe aho aba. Kuva ku babyeyi bacu nubwo baguye mu mahanga bose bakundaga igihugu bose ntanumwe wanga igihugu”

Abwiwe kubyo umuhungu we yirirwa avuga ku mbuga nkoranyamabaga, Musabyemariya yagize ati “Ibyo ni ibihimbano ibyo avuga biri mu mutwe we kuko ni mukuru bihagije. Ndababaye kuko yari yavuzeko yabivuyemo. Abantu bayobye twifuza ko bagaruka. Ikibazo ni abumva ibyo avuga bamenye ko ataribyo. Bari hariya ariko amaherezo bazakenera u Rwanda” 

Musabyemariya yasoje agira ati “Imana izamukebura” 

Jay Squizzer yakomereje urugendo rwe mu karere ka Gatsibo, umurenge wa Kiramuruzi ahatuye umuryango wa Jean Paul Turayishimye. 

Ababyeyi ba Jean Paul Turayishimye aribo Pasiteri Karani n’umugore we basengeye Jean Paul Turayishimye banagaragaje ko amazina nyakuri ari Paul Turayishimye. 

Pasiteri Karani yazenze amarira ubwo bavugaga ko ari Se wa Jean Paul Turayishimye. Bemeje ko baganiriye n’umwana wabo  wa gatatu mu muryango akaba akurikira abana babiri harimo n’umuhungu wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yari yaje gusura imiryango avuye muri Kongo. 

Batangaje ko bari babizi neza ko akorana na Kayumba Nyamwasa ariko bamaze kumva ko batandukanye bishimye bazi ngo asubiye mu murongo muzima. Bakimubaza ibikorwa bye yabanje kubihakana nyuma aza kubyemera abwira se umubyara ko abantu bose bataba abapasiteri. 

Paul Turayishimye yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2005 naho Kayumba Nyamwasa ava mu Rwanda muri 2009 bikaba bigaragaza amakuru y’inzego z’umutekano ko Kayumba Nyamwasa yatangiye gukora agatsiko ke akiri n’Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde. 

Aba babyeyi bombi ba Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bahuriye ku kuba badakurikira umunsi ku munsi ibiganiro abana babo bakora ku Rwanda kuko bahita biyahura ukurikije uburyo bababazwa no kumva gusa ko abana babo baba mu mitwe y’iterabwoba.  

Baca umugani ngo uwanze kumvira Se na Nyina yumvira ijeri!!!

 

2022-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Amatora : Hari abaturage batarabona ikarita y’itora

Ubwanditsi 06 Feb 2016
Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Umugore wagizwe igikoresho na Kayumba Nyamwasa, Prossy Bonabaana yihakanye Ben Rutabana

Ubwanditsi 16 Oct 2019
Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye,  Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Rayon Sports, APR FC, na Kiyovu SC zatsikiye, Police FC na Gasogi zibona intsinzi y’umunsi wa 11 wa PNL

Ubwanditsi 27 Nov 2023
Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Buruseli: Urubanza rw’ubujurire ku ruhare rw’u Bubiligi mu bwicanyi bwabereye kuri ETO Kicukiro rwatangiye

Ubwanditsi 02 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside
ITOHOZA

Umwaka udasanzwe ku ihakana rya Jenoside

Ubwanditsi 18 Feb 2019
Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose
Mu Rwanda

Ruhango: Nkurunziza yagizwe Meya w’agateganyo nyuma y’iyeguzwa rya nyobozi yose

Ubwanditsi 08 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru