• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bazi ko kwigomeka ku gihugu ari umuvumo niyo mpamvu babeshya ababyeyi babo ko babivuyemo 

Ubwanditsi 18 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Nyiri ikinyamakuru Kasuku Media ariwe Jay Squizzer yasuye ababyeyi b’ibigarasha bibiri aribyo Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza aho abo babyeyi bishwe n’agahinda kubera imyitwarire idahwitse y’abana babo biyemeje kugana imitwe y’iterabwoba.

Jean Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza, bahuriye ku kuba barabaye mu ngabo za APR Inkotanyi bakagana ikigarasha Kayumba Nyamwasa nyuma bakaza gutandukana bapfuye amafaranga uwitwa Ben Rutabana we bikamuhitana. Baje gushinga ishyaka ryabo bakiva muri RNC ryitwa ARC Urunana. 

Musabyemariya Odette ni umubyeyi wa Benoit Umuhoza, akaba atuye mu karere ka Kirehe watewe agahinda nibyo  umuhungu we w’imfura akora yagize ati “Njyewe rero birantangaje kumva akibikora asa naya naganiriye nawe ambwirako ibi bintu yabivuyemo. Nagize amahirwe yo kwicarana nawe aho aba. Kuva ku babyeyi bacu nubwo baguye mu mahanga bose bakundaga igihugu bose ntanumwe wanga igihugu”

Abwiwe kubyo umuhungu we yirirwa avuga ku mbuga nkoranyamabaga, Musabyemariya yagize ati “Ibyo ni ibihimbano ibyo avuga biri mu mutwe we kuko ni mukuru bihagije. Ndababaye kuko yari yavuzeko yabivuyemo. Abantu bayobye twifuza ko bagaruka. Ikibazo ni abumva ibyo avuga bamenye ko ataribyo. Bari hariya ariko amaherezo bazakenera u Rwanda” 

Musabyemariya yasoje agira ati “Imana izamukebura” 

Jay Squizzer yakomereje urugendo rwe mu karere ka Gatsibo, umurenge wa Kiramuruzi ahatuye umuryango wa Jean Paul Turayishimye. 

Ababyeyi ba Jean Paul Turayishimye aribo Pasiteri Karani n’umugore we basengeye Jean Paul Turayishimye banagaragaje ko amazina nyakuri ari Paul Turayishimye. 

Pasiteri Karani yazenze amarira ubwo bavugaga ko ari Se wa Jean Paul Turayishimye. Bemeje ko baganiriye n’umwana wabo  wa gatatu mu muryango akaba akurikira abana babiri harimo n’umuhungu wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi ubwo yari yaje gusura imiryango avuye muri Kongo. 

Batangaje ko bari babizi neza ko akorana na Kayumba Nyamwasa ariko bamaze kumva ko batandukanye bishimye bazi ngo asubiye mu murongo muzima. Bakimubaza ibikorwa bye yabanje kubihakana nyuma aza kubyemera abwira se umubyara ko abantu bose bataba abapasiteri. 

Paul Turayishimye yavuye mu Rwanda mu mwaka wa 2005 naho Kayumba Nyamwasa ava mu Rwanda muri 2009 bikaba bigaragaza amakuru y’inzego z’umutekano ko Kayumba Nyamwasa yatangiye gukora agatsiko ke akiri n’Ambasaderi w’u Rwanda mu Buhinde. 

Aba babyeyi bombi ba Paul Turayishimye na Benoit Umuhoza bahuriye ku kuba badakurikira umunsi ku munsi ibiganiro abana babo bakora ku Rwanda kuko bahita biyahura ukurikije uburyo bababazwa no kumva gusa ko abana babo baba mu mitwe y’iterabwoba.  

Baca umugani ngo uwanze kumvira Se na Nyina yumvira ijeri!!!

 

2022-07-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Rayon Sports yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona

Ubwanditsi 09 Jul 2017
Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Iperereza rya Loni ryagaragaje ko mu Burundi hagikorwa ibyaha byibasira inyokomuntu

Ubwanditsi 06 Sep 2018
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Ubwanditsi 27 Oct 2023
Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Perezida cyril Ramaphosa w’Afrika y’Epfo aratabariza Abanyapalesitina bagwa mu ntambara yo muri Gaza, ariko agashimishwa no gufasha Tshisekedi kwica Abakongomani

Ubwanditsi 26 Jan 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi
Mu Mahanga

Ibiganiro ku mutekano wo mu muhanda nibyo byaranze umunsi wa gatanu w’icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi

Ubwanditsi 16 Jun 2016
Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe umutekamutwe wiyitiriraga Abayobozi

Ubwanditsi 17 Mar 2016
Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS
Amakuru

Sunrise FC yahaye amasezerano abakinnyi 6 barimo Mukokotya watsinze ibitego byinshi muri Mukura VS

Ubwanditsi 29 Jun 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru